Urugendo rwo guhatanira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika rurakomeje, hagati y’Umudemokarate Joe Biden, n’Umurepubulikani Donald Trump. Kuwa kabiri tariki ya 11 Kanama, Joe Biden yatangaje ko Senateri wa Leta ya California Kamala Harris, ari we uzaba Visi Perezida, mu gihe yaba atowe, ndetse bakaba baziyamamazanya.
Akarere ka Muhanga kashyikirije ibitaro bya Kabgayi imbangukiragutabara yaguzwe mu nyungu ya Farumasi y’Akarere, ikaba igiye kunganira izisanzwe kuri ibyo bitaro zidahagije ngo abarwayi bahabwe serivisi nziza.
Mu gihe mu Rwanda hatangiye gutekerezwa ku bizagerwaho muri 2050, urugaga rw’abagore rushamikiye ku Muryango RPF-Inkotanyi rwifuza ko icyo gihe umugore w’Umunyarwandakazi azaba abasha kuzuza inshingano z’urugo neza, yaranateye imbere.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima gishya cya Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, baratangaza ko kuva iki kigonderabuzima cyatahwa bivuriza ahantu hasa neza, by’umwihariko abarwariye mu bitaro bakaba batakirwarira mu cyumba kimwe nka mbere.
Nyuma y’icibwa ry’amasashi (bitewe n’uko yangiza ibidukikije), hagiyeho ibipfunyika (envelopes) bikozwe mu mpapuro zisa na kaki, ndetse haza no kwaduka abapfunyika mu mpapuro zisanzwe zanditseho.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasohoye itangazo rivuga ko rurimo gushakisha umugabo witwa Zirikana Daniel ukekwaho icyaha cyo kwica umugore we.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwerekanye ibyumba by’amashuri 104 n’ubwiherero 114 bimaze kubakwa mu rugamba uturere twose turimo rwo gukemura ubucucike bw’abanyeshuri igihe amashuri azaba yongeye gufungura.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’icyenda banduye COVID-19, naho abandi 86 bari barwaye bakaba bakize.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bushobora gukoresha ibipimo bikoreshwa na Polisi mu gupima ingano y’ibisindisha umuntu yafatiye muri resitora.
Urukiko rwa kiyisilamu mu Ntara ya Kano, mu majyaruguru ya Nigeria rwakatiye igihano cy’urupfu umuririmbyi Yahaya Aminu Sharif, ashinjwa gutesha agaciro intumwa y’Imana.
Ambasaderi Ignatius Kamali Karegesa wigeze kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo no muri Uganda, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2020, azize uburwayi. Abinyujije ku rukuta rwa twitter rw’Umuryango FPR-Inkotanyi, Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, Hon François Ngarambe, yihanganishije (…)
Umwuga w’ubukanishi kimwe n’indi myuga itandukanye, ngo ushobora kuwukora kugeza no mu zabukuru kuko harimo byinshi bikorwa kandi bisaba imbaraga. Bagabo Saleh ni umugabo ufite imyaka 55 y’amavuko. Atuye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Akora umwuga w’ubukanishi guhera mu 1988, ariko ngo mu 1990 ngo yaratabaye (…)
Abashakashatsi baravuga ko umunuko ukabije w’imbuto ushobora gutanga ingufu zifite ububasha bwo gushyira umuriro muri telefoni ngendanwa, mu gihe uwo munuko utunganyijwe neza.
Hari abapasitoro bo mu byaro babona ibyo basabwa kugira ngo insengero zabo zifungurwe (mu rwego rwo kwirinda Coronavirus) ari nk’amananiza kuko abayobozi babagenzura na bo batabasha kubyubahiriza uko byakabaye.
Muri iki gihe icyorezo cya covid-19 cyugarije isi yose, mu Rwanda imwe mu ngamba zafashwe ni uguhagarika ibitaramo byose n’amahuriro. Abahanzi bisanze akazi kabo kahagaritswe ariko ibirori bibera ku mateleviziyo n’imbuga nkoranyambaga birakomeza.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko kirimo gukoresha ibitabo bisaga miliyoni umunani bizagabanya ubucucike bw’abana ku gitabo kimwe bukava kuri batanu bukagera kuri batatu ku gitabo.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafunze umuhanzi Bruce Melodie na Shadyboo uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, bakurikiranyweho kurenga ku mabwiriza ya Leta yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 no guteza urusaku.
Ubworozi bw’inkoko mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicuro mu Karere ka Nyagatare, bumaze kwinjiza miliyoni zirenga eshanu mu gihe cy’ukwezi kumwe gusaabahatujwe bamaze babukora.
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yemeje ko igihugu cye cyabonye urukingo rwa mbere rwa COVID-19, ndetse ko umwe mu bakobwa be yamaze guhabwa kuri uru rukingo.
Akarere ka Ruhango katashye ibyumba 59 by’amashuri n’ubwiherero 108 byuzuye ku nkunga ya Banki y’Isi byo mu mirenge icyenda yo muri ako karere.
Bitewe n’imyigaragambyo ikomeye yari imaze iminsi itatu mu Mujyi wa Beirut, Guverinoma yose ya Liban yafashe icyemezo cyo kwegura.
Abakozi 14 muri 16 baherutse guhagarikwa n’Akarere ka Rutsiro batawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB). Ni nyuma y’iminsi ine ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bubahagaritse bubashinja uruhare mu kunyereza ibikoresho mu kubaka imihanda ya VUP mu mirenge itanu ari yo Ruhango, Mushubati, Rusebeya, Murunda na Nyabirasi.
Mu mpera z’icyumweru gishize hakwirakwiriye amakuru avuga ko umuhanzi The Ben yaba yasinye amasezerano y’imikoranire mu nzu y’umuziki ya Bruce Melodie, bisa n’ibiciye igikuba mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na babiri banduye COVID-19, naho abandi 46 bari barwaye bakaba bakize.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yashyize ahagaragara itangazo rivuga ko yishimiye icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi cyo gushyiraho Komisiyo yiga ku ngaruka zatewe n’ubukoloni bw’u Bubiligi mu bihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Rayon Sports Munyakazi Sadate, yatangaje ko yakuyeho inzego zose zishamikiye ku muryango wa Rayon Sports
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Munyiginya habereye impanuka y’imodoka yari yikoreye ibinyobwa bya Bralirwa, umushoferi wayo n’umuherekeza (kigingi) barakomereka.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yarashe ku bantu babiri bari bafungiye kuri Sitasiyo ya Ndera mu Karere ka Gasabo bashakaga gutoroka, umwe agahita yitaba Imana.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ifatanyije n’ishinzwe Ubuzima (MINISANTE), zatangiye kwandikira abavutse n’abapfuye kwa muganga aho kuba ku biro by’umurenge nk’uko byari bisanzwe.
Umunyarwanda Mugisha Samuel ukina umukino w’igare nk’uwabigize umwuga, aratangaza ko icyumweru cya mbere amaze mu Bufaransa cyamaze kumuha ishusho y’intego afite imbere.
Ikipe ya Bakambwe Sport Club, yo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, yavutse mu mwaka wa 2007, ubu ikaba ifite abanyamuryango 36, yakira abantu bose bifuza gukora siporo no gusabana, kugeza ku barengeje imyaka 70 y’amavuko.
Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kanama 2020, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rweretse itangazamakuru Bizimana Celestin akurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo n’icyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, aho yacuruzaga abakobwa ku bagabo mu bikorwa by’ubusambanyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko budashobora kwemerera insengero zose gukora, mu gihe imibare y’abanduraba COVID-19 ikiyongera.
Mupenda Ramadan uzwi nka Bad Rama, akaba ari we washinze inzu itunganya umuziki ya ‘The Mane’ akaba abarizwa no muri Sinema Nyarwanda burya ngo akina n’umukino wa Karate.
Imyigaragambyo yarushijeho gukaza umurego ku Cyumweru tariki ya 09 Kanama 2020 mu Mujyi wa Beyrut, aho abaturage bahanganye n’inzego z’umutekano, uyu ukaba wari umunsi wa kabiri w’imyigaragambyo, basaba ko Guverinoma yose ya Liban yegura, nyuma y’iturika rikomeye ryabaye ku cyambu cya Beirut, rigahitana abagera ku 160.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, avuga ko bidakwiye ko umuntu yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari uko hari ijisho rya Polisi.
Mbere y’imikino ya ¼ cya Champions League igomba kubera I Lisbonne muri Portugal, abakinnyi babiri ba Atletico Madrid basanzwemo Coronavirus.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 09 Kanama 2020, umuntu wa karindwi yishwe na Coronavirus mu Rwanda. Uwo ni umubyeyi w’imyaka 77 wo mu Mujyi wa Kigali.
Amakuru dukesha urubuga rwa interineti www.doctissiomo.fr avuga ko indwara y’igituntu yamenyekanye mu kinyejana cya 19, icyakora amateka yo akagaragaza ko yabayeho mbere y’ivuka rya Yezu (Yesu).
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko hashingiwe ku busesenguzi bwakozwe n’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya Coronavirus mu Mujyi wa Kigali, amasibo atatu yo muri Kicukiro yari iri muri gahunda ya #GumaMuRugo yakuwemo, guhera kuri iki Cyumweru tariki ya 09 Kanama 2020.
Abanyarwanda b’inararibonye mu muco Nyarwanda baravuga ko kugarura Umuganura mu Rwanda byagize ingaruka nziza zo kongera kunga ubumwe no gusabana, ndeste binagira uruhare mu iterambere.
Polisi y’u Rwanda yasohoye urundi rutonde rw’abantu 87 barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, arimo kutarenza isaha ya saa tatu z’ijorp bataragera aho bataha, bakagerekaho no gusuzugura amabwiriza bahabwa n’abapolisi iyo babahagaritse muri iryo joro.
Minisiteriy’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Kanama 2020, umuntu wa gatandatu yishwe na Coronavirus mu Rwanda. Uwo ni umugabo w’imyaka 51 wo mu Mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abantu babiri bishwe mu minsi ibiri ikurikiranye ku matariki ya 06 na 07 Kanama 2020, baba barazize amakimbirane hagati yabo n’ababishe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Kanama 2020, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu barindwi bakekwaho ubujura mu ngo z’abaturage.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko kubera imirimo yo kubaka imihanda, guhera tariki 09 Kanama 2020 uduce tumwe tw’imihanda Nyabugogo-Gatsata, Nyacyonga-Gasanze, Prince House n’agace gato ka Sonatube-Rwandex izaba ifunze.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi Muhawenayo Augustin na Kwizera Eric, nyuma yo kugaragara mu mashusho ku itariki 15 Nyakanga 2020, biba mu rugo rwa Serwanga Ronard ruherereye i Kibagabaga mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru habaye impanuka zinyuranye zihitana ubuzima bw’abantu 14, ahanini ngo zaturutse ku muvuduko ukabije.