Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko umwanzuro wo kudafungura ingendo muri aka karere watumye bashyira imbaraga mu gukosora aho kwirinda COVID-19 bitagenda neza.
Ikipe ya Gasogi United yasinyishije abakinnyi babiri bashya barimo Nzitonda Eric Wari usanzwe ari kapiteni wa Gicumbi
Kuwa mbere tariki ya 01 Kamena 2020, ni bwo Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yatangaje ko niba abayobozi b’Intara n’Imijyi bananiwe guhosha imyigaragambyo, azohereza igisirikare, kigakoresha imbaraga zose mu kugarura ituze.
Abakora umwuga wo gutwara abantu ku magare(Abanyonzi) bo mu turere dutandukanye tw’igihugu baratangaza ko batunguwe no kuba batisanze mu byiciro by’abasubukuye imirimo yo gutwara abagenzi.
Ibikoresho Ingabo z’u Bushinwa zahaye ingabo z’u Rwanda bifite agaciro k’ibihumbi 290 by’Amadolari ya Amerika.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abandi barwayi bashya cumi na batatu ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 397.
Ubwo itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri ryari ritarasohoka, abamotari bakorera mu mujyi wa Musanze baremeza ko bari bafite ubwoba ku gisubizo kiri butangwe kijyanye n’akazi kabo, aho ngo imitima yadihaga kubera ubwoba bw’ibyemezo bibafatirwa.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yamaganye iyicwa rya George Floyd wiciwe mu mujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Tariki ya 03 Kamena buri mwaka, isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana igare. U Rwanda nk’igihugu kiri gutera imbere, umukino wo gusiganwa ku magare na wo uri muyafashije kuzamura isura yarwo mu gihugu imbere ndetse no hanze.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe ibicuruzwa bigizwe n’insinga z’amashanyarazi ibizingo icumi ndetse n’iminzani icumi ipima imyaka. Polisi yabifatanye uwitwa Uyisenga Marie Jeanne ufite imyaka 37 y’amavuko, akaba yarafashwe mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Gicurasi 2020 afatirwa mu karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma.
Kuri uyu wa gatatu tariki 03 Kamena 2020, ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali ndetse n’ingendo zo gutwara abantu kuri moto zongeye gusubukurwa, nkuko Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa kabiri tariki 02 Kamena yabyemeje.
Félicien Kabuga ushinjwa kuba ku isonga mu gutegura no gutera inkunga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda akaba aherutse gufatirwa mu Bufaransa, agiye kuburanishwa n’urwego IRMCT rwasimbuye ICTR.
Eric Ngendahimana wari umaze igihe ari mu bafatiye runini ikipe ya Police FC, yamaze kuyivamo na we yerekeza mu ikipe ya Kiyovu Sports.
Ibyishimo ni byose ku bafashamyumvire mu buhinzi bo mu Karere ka Musanze, nyuma y’uko kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru batangiye kwishyurwa amafaranga y’ibirarane bari bamaze amezi asaga arindwi bishyuza Akarere ka Musanze.
Nyuma y’amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri avuga ko ingendo hagati y’Intara n’Umujyi wa Kigali zisubukuwe kuri uyu wa 03 Kamena 2020, bamwe mu bari barahejejwe i Kigali na Covid-19 bishimiye gusubira mu ngo zabo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa kabiri tariki ya 02 Kamena 2020, yafatiwemo ibyemezo birimo icyemerera ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’intara zinyuranye, ingendo hagati y’intara ndetse n’ingendo zo kuri moto kongera gusubukura, uretse gusa mu turere twa Rubavu na Rusizi.
Muri Kanama 2020 mu Rwanda hagombaga kubera iserukiramuco ry’umukino wa Basketball, ubu ryamaze gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus.
Kuva kuri uyu wa 03 Gicurasi 2020, serivisi z’ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali, ndetse no gutwara abagenzi kuri moto zasubukuwe. Ibi bije bikurikira izindi serivisi zafunguwe kuva tariki ya 04 Gicurasi 2020, aho abantu basabwe gusubukura imirimo ariko bakubahiriza ingamba zo kwirinda, ababishoboye bagakomeza gukorera (…)
Isi yose ikomeje gufatanya mu kwamagana ihohoterwa rikorerwa abirabura, aho byakajije umurego nyuma y’urupfu rw’umwirabura George Floyd.
Amabwiriza yo kwirinda ikwirakizwa rya Covid-19, avuga ko serivisi zose zisaba kwishyura amafaranga zishyiraho uburyo abaturage bishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Mu ijoro ryo ku wa mbere tariki ya 01 Kamena 2020, abajura bataramenyekana binjiye mu rusengero rwa ADEPR Paruwasi ya Kora mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, biba ibikoresho binyuranye birimo ibyuma by’umuziki.
Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa kabiri tariki 2 Kamena 2020, yemereye ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali no gutwara abantu kuri moto gusubukura, uretse mu Turere twa Rusizi na Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba.
Ku wa Kabiri tariki ya 02 Kamena 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima aravuga ko umurwayi wa kabiri yitabye Imana azize COVID-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko abatuye muri ako Karere bagomba gukaza ingamba mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 nyuma y’uko habonetse abarwayi bayo mu Karere ka Rusizi.
Bikunze kuvugwa ko ikipe ifite abafana benshi mu gihugu cy’u Rwanda ari Rayon Sports, ariko iyi kipe yumvikanye kenshi mu makuru inshuro nyinshi zikaba impamvu zidasobanutse.
Abarokokeye i Kabgayi mu Karere ka Muhanga baravuga ko ijambo babwiwe n’Inkotanyi mu gitondo cyo ku wa 02 Kamena 1994 na n’ubu rikomeje kububaka mu gihe bibuka Abatutsi benshi bahiciwe.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu biratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kamena 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
U Rwanda na Uganda byiteguye gusubukura ibiganiro ku mubano w’ibihugu byombi ku wa Kane tariki ya 04 Kamena 2020. Ibyo biganiro bizakorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga, bikazaba birimo abahuza b’impande zombi ari bo Angola na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Umucungamutungo wa SACCO Inyange yo mu Karere ka Musanze ari mu maboko ya RIB Station ya Muhoza, akekwaho kunyereza amafaranga y’abagize amatsinda.
Ikipe ya Rayon Sports yandikiye iya Kiyovu Sports iyimenyesha ko yaguze umunyezamu Kimenyi Yves mu buryo budakurikije amategeko.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe iharanira iterambere ry’umugore, ivuga ko abanyamuryango bayo barimo AVEGA Agahozo batazasubira inyuma n’ubwo haba mu bihe bikomeye nk’ibi by’icyorezo cya Covid-19.
Abaturage 41 bo mu Karere ka Huye baturiye ishyamba ry’Ibisi bikora ku Karere ka Huye, Nyamagabe na Nyaruguru bafashwe batema amashyamba ya Leta yari abiteyeho, kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Kamena 2020 baburaniye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Ngoma mu Karere ka Huye.
Ku wa mbere tariki ya 1 Kamena 2020, Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yavuze ko niba ba Guverineri b’Intara n’abayobozi b’Imijyi inyuranye muri Amerika batabashije kugarura ituze, ngo bahoshe imyigaragambyo ikorwa n’abasaba ubutabera ku mwirabura w’Umunyamerika George Floyd, azohereza ingabo zikajya (…)
Ba rwiyemezamirimo b’abari n’abategarugori 25 ni bo batoranyijwe mu babarirwa mu 130 bari bahatanye mu irushanwa Banki ya Kigali (BK) yateguye rizwi nka ‘BK-Urumuri’.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), yemeje ko igihugu cy’u Bubiligi cyahamagaje Abadipolomate bacyo babiri, bazira kuba barateguye igikorwa cyo kwibuka Abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda, bakabikora ku munsi utari wo.
Mu gihe Jenoside yakorwaga mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane 1994, Abatutsi batangiye guhunga berekeza i Kabgayi bavuye mu bice bitandukanye kuva ku itariki 12 Mata 1994. Kugeza ku itariki ya 20 Mata 1994 i Kabgayi hari hamaze kugera impunzi nyinshi z’Abatutsi maze zishyirwa ahantu hatandukanye mu mazu ari i Kabgayi.
Hashize icyumweru kimwe Umucamanza Raphaël Yanyi, wayoboraga urubanza ruregwamo Vital Khamerhe, uyobora ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo Felix Tshisekedi apfuye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Mirenge ya Kanama na Kanzenze ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2020 yafashe abantu 13 barimo gutema ibiti mu ishyamba rya Gishwati. 11 muri aba bantu bafatanwe ibiti babyashijemo inkwi abandi 2 bafatanwa imbaho.
Minisiteri y’Uburezi yatangiye kubaka ibyumba bisaga 22.000 bigomba kuba byuzuye mu mezi atatu ku buryo ukwezi kwa Nzeri 2020 abana bazatangira kubyigiramo.
Umukozi wIkigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe kurwanya indwara n’ibyonnyi, Bahunde Ernest, arasaba abahinzi gukoresha imbuto zizewe kuko ari zo zitanga umusaruro, bakanakoresha ifumbire y’imborera iboze neza kuko iyo itaboze izana udukoko mu murima tukangiza umusaruro.
Ubufatanye bwo kurwanya irondaruhu ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abirabura, bwarenze Amerika aho bwageze mu bihugu by’i Burayi, nyuma y’icyumweru kimwe George Floyd yishwe.
Nyuma y’uko mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki ya 1 Kamena 2020, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bitangaje ko ingendo hagati y’Intara n’Umujyi wa Kigali bikomeza gusubikwa, bamwe mu batwara moto n’imodoka bakorera mu Karere ka Musanze bavuga ko nubwo bari bamaze iminsi bitegura gusubukura akazi bakiriye iki cyemezo kiri mu (…)
Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta mbere y’uko ibi bitangazwa yari yabwiye Abanyakenya ko ahangayikishijwe bikomeye n’uburyo imibare y’abandura ikomeje kwiyongera umunsi ku wundi muri Kenya, ndetse ko nta n’icyizere ko iyi virusi izagabanya umuvuduko ifite mu gukwirakwira muri ibi byumweru biri imbere.
Amakuru mashya aturuka muri Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kamena 2020 habonetse abarwayi bashya barindwi ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 377.
Minisitiri w’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eteni Longondo, yatangaje ko mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’iki gihugu hongeye kwaduka icyorezo cya Ebola.
Iyi myigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwirabura George Floyd wishwe n’umupolisi amutsikamije ivi ku ijosi kugeza aheze umwuka.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke barashimira ibikorwa by’umurinzi w’igihango ku rwego rw’igihugu Habumugisha Aron byo kubanisha imiryango ibanye nabi hagamijwe ubwiyunge.
Dr Charles Murigande wari umuyobozi wungirije muri Kamunuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere(Deputy Vice Chancellor for Institutional Advancement) yatangiye ikiruhuko cy’izabukuru, ashimirwa ibikorwa by’indashyikirwa byamuranze muri Kamunuza y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahumurije Abanyarwanda bari bateguye gusubukura imirimo kuri uyu wa 01 Kamena 2020 abizeza ko bihangana iminsi ibiri hagasuzumwa uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze.