Muri Mali abaturage bagera ku bihumbi 10, batitaye ku cyorezo cya Covid-19 cyugarije isi yose harimo n’igihugu cyabo cya Mali, bagiye mu mihanda mu murwa mukuru BAMAKO, basaba Ibrahim Boubacar Keita “IBK” kwegura ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.
Kwizera Jean Bosco ufite imyaka 30 y’amavuko yafashwe tariki 5 Kamena 2020 afite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bitatu avuga ko arujyanye i Kigali.
Inteko Ishinga Amateko y’u Rwanda yatangaje ko hari imishinga minini iri mu rwego rw’ubukungu n’imibereho y’abaturage itaragenewe ingengo y’imari mu mwaka wa 2020/2021.
Perezida Jair Bolsonaro wa Brazil yatangaje ko ashobora kuvana igihugu cye mu bikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Komisiyo y’Ubujurire ya Ferwafa yanze ubujurire bw’ikipe ya Gicumbi na Heroes Fc zari zareze zivuga ko zasubijwe mu cyiciro cya kabiri mu buryo bnyuranije n’amategeko.
Bamwe mu bamotari bo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bavuga ko bishimiye cyane kugaruka mu kazi cyane cyane ko abenshi muri bo bavuga ko nta handi bakura imibereho.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba batangiye kugezwaho imfashanyigisho zikubiyemo amasomo ari mu nyandiko babasha gusoma izwi nka ‘Braille’ kugira ngo na bo bajye babasha gukurikirana amasomo nk’abandi.
Abafite inganda zahawe uburenganzira bwo gukora udupfukamunwa baravuga ko bari mu gihombo baterwa no kuba barakoze twinshi tukaba twaraheze mu bubiko kubera kubura isoko.
Mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Mulinga ku manywa yo ku wa Gatanu tariki 05 Kamena 2020 hadutse inkangu yibasiye imiryango itanu igizwe n’abantu 24 itwara inzu zabo.
Abatwara abagenzi ku magare bamenyerewe ku izina ry’Abanyonzi basanzwe bakorera mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bifuza ko Leta mu bushishozi bwayo yazabemerera bakagaruka mu kazi kimwe na bagenzi babo batwara abagenzi kuri za moto.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc, yashimye uruhare rw’Abanyarwanda n’Abafatanyabikorwa, bakomeje kubungabunga imigezi ibishanga n’ibiyaga kera byafatwaga nk’aho kujugunya umwanda.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abandi barwayi bashya icumi ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 420.
Rukundo Patrick Nyamitari wari umaze igihe ari mu gihugu cya Kenya yagarutse gukorera umuziki mu Rwanda nyuma y’igihe yari amaze ari mu mirimo itandukanye muri Kenya aho yagiye ubwo yari yitabiriye irushanwa ryaTusker Project Fame.
Parezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko yagiranye ibiganiro kuri telefone na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi. Ibyo biganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi, baganira no ku bufasha u Buhinde bukomeje guha u Rwanda.
Yvan Buravan ni umwe mu bahanzi bakiri bato wazamutse mu buryo bwihuse mu myaka ya za 2015. Azwi mu njyana ya ‘pop’ akaba yarakunzwe cyane kubera ijwi ryiza ku buryo no mu 2018 yabonye igihembo cya ‘Prix Découvertes RFI’.
Umuraperi Kanye West wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yatanze Miliyoni ebyiri z’Amadolari ya Amerika yo kwishyurira amashuri ya kaminuza umukobwa wa George Floyd, Umwirabura uherutse kwicwa n’umupolisi w’uruhu rwera (Umuzungu).
Muri gahunda yo gutahura abiba umuriro w’amashanyarazi, Sosiyete Nyarwanda ishinzwe ingufu (REG) ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ndetse na Polisi y’u Rwanda, ku bufatanye n’abaturage, guhera tariki ya 29 Gicurasi kugeza tariki ya 04 Kamena 2020, bataye muri yombi abantu 4 bakekwaho kwiba umuriro.
Ku Ishami rya Polisi rikorera i Remera mu Karere ka Gasabo, Polisi yamurikiye itangazamakuru abantu 29 bafatiwe mu bikorwa bihabanye n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwiza ry’Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda ndetse n’isi muri rusange.
Abakozi bo mu buvuzi muri Ghana baravuga ko batewe impungenge n’abaganga 70 banduye Covid-19, mu gihe abapimwe ari abo mu gice cyo mu karere ko hagati mu gihugu gusa, nkuko byemezwa n’inzego z’ububuzima.
Abahagariye amashuri yigenga mu Rwanda bavuze ko batazapfa kwihutira gufatira abarimu babo inguzanyo igomba kubatunga muri ibi bihe, bitewe no kutizera ko aba barimu bazakomeza kubakorera mu gihe amashuri azaba yongeye gutangira.
Abasanzwe bakora akazi ko gusiga abageni n’abandi bafite ibirori bitandukanye ibirirungo (Make Up) baravuga ko bari mu gihombo bitewe n’uko ubukwe, ibirori n’ibitaramo bitandukanye byahagaritswe.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo buratangaza ko ku itariki ya 4 Kamena 2020 icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze guhitana abaturage batandatu.
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda bikeneye kugira ubushake bwa politiki mu gukemura ibibazo byagaragajwe n’impande zombi bibangamira imibanire yabyo, ikabasha gusubira uko yahoze.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Nyirarukundo Ignatienne avuga ko nta muturage ugomba kwitwaza ihungabana ry’ubukungu ryatewe na Covid-19, ngo areke kwishyura ubwisungane mu kwivuza ‘mituelle de santé’.
Mu Murenge wa Rusatira ho mu Karere ka Huye, umusore n’inkumi bagiye gusezerana kwa padiri, ubuyobozi burabafata bubagaragariza ko ibyo bakoze binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.
Mu muhango wo kwibuka no guha icyubahiro George Floyd watangiye kuwa 05 Kamena muri Minneapolis, umujyi yiciwemo, abawitabiriye bafashe umwanya wo gutuza, baraceceka, bibuka urupfu uwo mwirabura yishwe, tariki 25 Gicurasi 2020.
Ikipe ya Police FC yongereye amasezerano ya rutahizamu wayo Ndayishimiye Antoine Dominique umaze imyaka ine ayikinira.
Minisiteri ya Siporo yatangaje imwe mu mikino igomba gusubukurwa nyuma y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa Kabiri w’iki cyumweru.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) watangije gahunda yo gupima coronavirus abantu bagera kuri miliyoni icumi mu mezi atatu ari imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hashyizweho ibihano ku batubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo COVID-19.
Kuva igikorwa cyo gushakisha imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe mu cyuzi cya Ruramira cyatangira muri Nyakanga 2019, hamaze kubonekamo imibiri 218.
Abamotari bo mu Karere ka Huye barishimira ko basubiye ku kazi nyuma y’amezi arenga abiri badakora, gusa bakavuga ko abakiriya bataraboneka ari benshi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 04 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abandi barwayi bashya cumi na batatu ba COVID-19 bituma abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 410.
Nyuma y’uko bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bayitaye bayisize mu bibazo bakerekeza mu yandi makipe harimo n’akunze guhangana na Rayon Sports, umunyezamu w’iyi kipe Mazimpaka André yavuze ko kuba iyi kipe yaramubaye hafi mu gihe yari afite imvune aribyo bizatuma atayihemukira ngo ayivemo nkuko abandi bayiteye umugongo mu (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Anastase Shyaka yatangaje ko gusubiza Umujyi wa Kamembe wo mu Karere ka Rusizi muri gahunda ya Guma mu Rugo byatewe n’uko imibare y’abarwayi bashya muri ako gace ikomeza kwiyongera, kandi ngo uburemere bw’icyorezo muri Rusizi bukaba buruta ubwagaragaye ahandi hose mu gihugu n’Umujyi (…)
Umunyezamu w’ikipe ya Sunrise FC, Nsabimana Jean de Dieu uzwi nka Shaolin, yiteguye kuba yasezera muri Sunrise FC mu gihe yaba itamwishyuye umwenda ungana na miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda yasigaye ku yo yamuguze.
Umucamanza mukuru muri Minnesota yafashe icyemezo cyo kongera uburemere bw’icyaha ku mupolisi wishe umwirabura George Floyd muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Urugereko rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka mu karere ka Nyanza rwasubitse urubanza ruregwamo Callixte Nsabimana ku byaha bitandukanye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda yakoreye mu Rwanda no mu mahanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa yatangaje ko mu cyumweru gitaha Leta y’igihugu cye izarekura Abanyarwanda 130 bafungiye mu magereza atandukanye yo muri icyo gihugu.
Guverinoma ya Kambanda yababajwe n’ifatwa rya Kabgayi, bituma iyo Guverinoma ishyira umuvuduko mu kwihutisha Jenoside no gushakisha imbunda n’amasasu byo gusoza Jenoside.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko Umujyi wa Kamembe, ni ukuvuga Imirenge ya Kamembe, Nyakarenzo, Mururu n’igice cya Gihundwe, ushyizwe muri gahunda ya #GumaMuRugo, izamara nibura ibyumweru bibiri.
Urubanza rwiswe urw’iminsi 100, ruregwamo Vital Kamerhe na bagenzi be bashinjwa kunyereza agera kuri miliyoni 50 z’amadorari ya Amerika, yari agenewe kubaka inzu rusange, rwasubukuwe kuwa 03 Gicurasi muri gereza nkuru ya Makala, ahakomeje kumvwa abatangabuhamya.
Abatwara imodoka zitwara abagenzi zemerewe kongera gusubukura ingendo zigana mu zindi ntara n’Umujyi wa Kigali zivuye mu Karere ka Musanze, baravuga ko baruhutse ubushomeri bari bamazemo amezi arenga abiri n’igice, bakaba barahigiye isomo ryo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.
Ngarambe François waririmbye ‘Umwana ni Umutware’ ari mu bahanzi nyarwanda bahuriye mu ndirimbo yiswe ‘Corona’ igamije gukangurira abantu kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, ubutumwa bwe muri iyi ndirimbo bukaba bwibanda ku kuvuganira umwana muri ibi bihe abanyeshuri bari mu rugo.
Abamotari bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bishimira gusubukura akazi ariko ko abagabo bari kubagora kuko bibagirwa kuza bitwaje udutambaro two kwambara imbere y’ingofero y’ubwirinzi (casque).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko umwanzuro wo kudafungura ingendo muri aka karere watumye bashyira imbaraga mu gukosora aho kwirinda COVID-19 bitagenda neza.
Ikipe ya Gasogi United yasinyishije abakinnyi babiri bashya barimo Nzitonda Eric Wari usanzwe ari kapiteni wa Gicumbi
Kuwa mbere tariki ya 01 Kamena 2020, ni bwo Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yatangaje ko niba abayobozi b’Intara n’Imijyi bananiwe guhosha imyigaragambyo, azohereza igisirikare, kigakoresha imbaraga zose mu kugarura ituze.