Umuhanzi Vestine yagaragaje ko yagowe n’urushako rumaze iminsi 136

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine usanzwe ufatanya na murumuna we Kamikazi Dorcas, yanditse ubutumwa bukomeye bukubiyemo agahinda ndetse n’ubuzima bushaririye akomeje gucamo.

Mu butumwa bwahise bwakirirwa hejuru n’ababubonye ku rukuta rwe rwa Instagram, Ishimwe Vestine yanditse amagambo agira ati “Uyu munsi, ubuzima mbayeho ntabwo aribwo buzima nahisemo. Mbayeho nabi, kandi sinari nkwiye ibi. Nzi ko nafashe icyemezo kibi mu buzima bwanjye, ariko ntacyo bitwaye."

Muri ubu butumwa yakomeje avuga ko Imana yemera ko hari ibintu bimwe na bimwe bibaho kugira ngo bibe isomo. Aha ni ho yahise avuga ko yize byinshi kandi nta muntu uzongera kumubeshya ukundi.

Ati "Nize byinshi. Nta muntu uzongera kumbeshya ngo yangize ubuzima bwanjye. Umugabo nzongera guhitamo nzabanza kumumenya neza, menye umuryango we, menye byose kuri we. Nta muntu uzongera kunkoresha cyangwa kunkinisha.”

Ubu butumwa buje nyuma y’uko yari aherutse gutanga ikiganiro kuri MIE Empire ya Murindahabi Iréné, usanzwe ureberera inyungu z’aba bavandimwe bombi, icyo gihe Ishimwe Vestine yavuze ko amezi atatu yonyine ashize arushinze na Idrissa Ouedraogo w’imyaka 36 ukomoka muri Burkina Faso, yabaye ishuri rikomeye ry’ubuzima.

Vestine na Ouedraogo, barushinze ku wa 5 Nyakanga 2025, mu birori byabereye mu Intare Conference Arena.

Ibitekerezo   ( 7 )

uwomukobwa nakomeze kwihangana bibaho

YACKIN yanditse ku itariki ya: 4-03-2026  →  Musubize

pole vestin satani azatsindwa?

Alias yanditse ku itariki ya: 23-02-2026  →  Musubize

Mbabaye akakanya nkiyisoma esubuko ko?
cyokora vestin polee kbx
satani azatsi ndwa?

Alias yanditse ku itariki ya: 23-02-2026  →  Musubize

yihangane bibaho iyo utabanje gushishoza

Emmy yanditse ku itariki ya: 12-01-2026  →  Musubize

NIYIHANGANE GUSA NDAMUSENGERA

CLENIE yanditse ku itariki ya: 12-12-2025  →  Musubize

Pole Vraiment bibaho IMANA iguhe kwihangana

Alain Pomsent yanditse ku itariki ya: 21-11-2025  →  Musubize

SHA UWOMUKOBWA NI YIHANGANEPE.

GIKUNDIRO yanditse ku itariki ya: 19-11-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka