Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ifunguye Ambasade muri Espagne, abasesenguzi bavuga ko ari igikorwa cy’ingirakamaro mu rwego rwo gukomeza kwagura umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere inyungu z’ubukungu, ubukerarugendo n’imikoranire mpuzamahanga.
Stanislas Simugomwa ni umwe mu bari abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), wabaye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubutaka butagira nyirabwo ku mupaka uhuza ibihugu (NO Man’s Land), ni ijambo ryakoreshwaga kuva mbere y’intambara ya mbere y’Isi, bashaka gusobanura ubutaka butagira nyirabwo, butazwi uwabushyizeho, nta wubutunze.
Nubwo ibiribwa byinshi bifitiye umubiri akamaro, hari bimwe bishobora kongera ibyago byo gutera amenyo kurwara, cyane cyane iyo bifashwe kenshi kandi nta suku ihagije ikurikiraho.
Mukamwiza Ange yavutse nk’abandi abyiruka nkabo, agera igihe cyo gushaka umugabo no kujya kubaka urwe, yizeye ko nta gisibya azabyara hungu na kobwa, agaheka, uko azabyemeranya n’uwo bashakanye.
Uyu munsi, Perezida Paul Kagame, akaba n’umugaba w’Ikrenga w’Ingabo z’u Rwanda - RDF yashoje icyiciro cya cumi na kane cy’abarangije amasomo mu ishuri rikuru ryigisha iry’ubuyobozi mu ngabo, Senior Command and Staff College riri i Nyakinama mu Mujyi wa Musanze, Intara y’Amajyaruguru.
Murigande Jacques wamamaye nka Mighty Popo mu muziki, akaba n’Umuyobozi w’ishuri ry’Umuziki ry’u Rwanda, yavuze ko abagore bari mu ruganda rwa muzika ku Isi hose bahura n’imbogamizi zikubye kabiri ugereranyije n’iz’abagabo ibintu bituma abagabo bakomeje kwiganza cyane.
Ikipe ya Police FC, Kiyovu Sports irifuza umutoza Hammadi watozaga w’Amagaju FC nayo yifuzaga kugumana.
Perezida Paul Kagame yabwiye abasirikare bashoje amasomo mu Kigo gishinzwe kwigisha aba Ofisiye Bakuru ibijyanye n’ibikorwa n’Ubuyobozi bw’Ingabo - Senior Command and Staff College i Nyakinama, ko amasomo barangije abashyize ku rundi rwego, ku buryo inshingano bahawe ziyongereye. Aha rero, n’ingaruka z’ibyemezo bafata, na zo (…)
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushishikariza urubyiruko kwinjira mu buhinzi bwa kijyambere, abakiri bato bafite imishinga y’ikoranabuhanga bavuga ko hakiri imbogamizi zibabuza kugera ku ntego, zirimo kubura igishoro no kuba udushya bahanga tutemerwa nk’ingwate mu bigo by’imari.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’Ubworozi - RAB kirakangurira Abanyarwanda, cyane cyane aborozi kongera inyambo mu mashyo yabo.
Shirley Ayorkor Botchwey, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza uzwi nka Commonwealth kuri uyu wa Gatanu yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Ikoranabuhnaga ry’ubuhinzi rya Smart Nkunganire aho Leta ifasha abaturage kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure, ryamaze guhuzwa n’izindi gahunda nshya z’ikoranabuhanga, aho umuhinzi azajya asabwa gupimisha ubutaka bwe, akamenya ubwoko bw’ifumbire n’imbuto bukeneye, akaba ari byo ahabwa.
Imyumvire imwe y’abantu igaragaza ko ibiryo bitetse ku nkwi biryoha kurusha ibitetse kuri gaze no ku mbabura, ariko hari n’abandi bavuga ko uburyo bwo guteka budahindura uburyohe bw’ibiryo iyo biteguwe neza.
Kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026, turakurikira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi, iri rushanwa rizabera mu mijyi 16 yo mu bihugu bitatu ari byo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Malawi mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri gukinirwa kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga mu Mujyi wa Kigali, kuva ku wa Gatatu w’iki Cyumweru aho rwari rwatsinzwe na Zimbabwe.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko Ebola ari indwara yoroshye kwirinda ariko igoye cyane kuyikira, kubera ko umuntu ayandura bitewe n’uko yabanje gukora ku bimenyetso bigaragara.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko inganda zitunganya imyenda zitezweho guhanga imirimo mishya isaga 50,500 bitarenze umwaka wa 2029, mu rwego rwo guteza imbere inganda no kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Ingabo z’u Rwanda zigize Rwanbatt-1 hamwe n’abapolisi b’u Rwanda (RWA-FPU III) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, ku bufatanye n’ Umuryango witwa Society for Family Health, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage barenga 200 bo mu gace ka Gudele i Juba muri Sudani y’Epfo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza (HEC), cyagaragaje ko ishoramari rikorwa mu bijyanye n’ubushakashatsi bukorerwa mu mashuri makuru na Kaminuza rikiri hasi ugereranyije n’ahandi mu Karere.
Ikipe ya Mexico iri mu bihugu bitatu byakiriye Igikombe cy’Isi 2026 yafunguye iri rushanwa itsinda Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabaye ku wa 11 Kamena 2026.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), yise “Death Was Everywhere”, ishinja Ingabo z’u Rwanda ibikorwa birimo gufungwa bidakurikije amategeko, ubwicanyi no kwinjiza abantu ku ngufu mu mitwe yitwaje intwaro.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku nyanja n’ikirere (NOAA) cyatangaje ko inkubi y’imiyaga ya El Niño yamaze gutangira mu nyanja ya Pasifika, nyuma y’izamuka rikomeye ry’ubushyuhe bw’amazi ryagaragaye mu mezi ashize.
Amagorofa amwe yo mu nyubako y’Icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kizwi nka Pentagon, yashyizwe mu kato nyuma y’uko habonetse ikibazo cy’umwuka ushobora kuba wanduye cyangwa urimo ibintu bishobora guteza ibyago.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/27 ingana na miliyari 7796,3 Frw, ugereranyije na miliyari 6952,1 Frw ari mu ngengo imari ivuguruye y’umwaka wa 2026.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, ubwo yagezaga abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ijambo k’Umushinga w’Itegeko rigena Ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2026/2027, yagaragaje ko mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2026/27 amafaranga u Rwanda ruzakoresha azagera kuri miliyari 7,796.3 Frw.
Muri iyi ngengo sinabonye ingengo y’imari yagenewe ubushakashatsi n’iterambere, kandi nyamara mu nzego zose iyo urebye usanga ahanini zikwiriye gushingira ku byavuye mu bushakashatsi kugira ngo tuzashobore kugera kuri cya cyerekezo cy’igihugu cy’igihe kirambye, yaba mu byo dukora uyu munsi cyangwa mu guhanga udushya (…)
Kaminuza y’u Rwanda n’iya Somalia (Somali National University) basinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere uburezi, ubushakashatsi no kwimakaza amahoro n’ubwiyunge. Ni amasezerano yasinywe ku bufatanye bw’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI).
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko inzego z’ubutabera zabashije kugaruza amafaranga y’umutungo wa Leta yari yaranyerejwe angana na Miliyoni 729 Frw ndetse n’ibihumbi 5 by’Amadolari ya Amerika.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi(UEFA) yemeje ko umusifuzi Omar Artan wo muri Somalia uherutse kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari gusifura Igikombe cy’Isi 2026, ariwe uzayobora umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe ku wa 12 Kanama i Salzburg.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igitaramo gikomeye kizahuza siporo n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali.
Umuryango Imbuto Foundation wahembye Imbuto z’Icyeza zirenga ibihumbi 8,103 bashimirwa gutsinda neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS),ryatangaje ko muri Afurika, abana bari munsi y’imyaka 5 bakunze kwibasirwa cyane n’indwara ziterwa n’ibiribwa bibi cyangwa se bidafite ubuziranenge bwizewe ndetse n’imirire mibi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umukinnyi wo hagati Nkundimana Fabio wakiniraga Marine FC uheruka gusinyira Rayon Sports yatangajwe ku mugaragaro yiyongera kuri Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Ganijuru Ishimwe bongereye amasezerano.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, GAO Wenqi yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Gertrude Kazarwa, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaranga (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo, yavuze ko kutabona inyandiko nyinshi z’ikoranabuhanga mu Gifaransa cyangwa mu zindi gakondo mu bihugu binyamuryango ari imbogamizi ikomeye ku kubona amakuru y’ikoranabuhanga no kurikoresha.
Sebahizi Prudence wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame, ku cyizere yamugiriye cyo gukorera Igihugu akamuha izo nshingano mu myaka ibiri ishize.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Kamena 2026, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Bwana Damien Murwanashyaka, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo asimbuye kuri uwo mwanya Dr Jimmy Gasore.
Perezida Paul Kagame yagize abarimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake na Col (Rtd) Jeannot Ruhunga ba Ambasaderi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yasimbuje ba Minisitiri b’Ibikorwa Remezo, uw’Ubucuruzi n’Inganda ndetse n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Murwanashyaka Damien, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo
Ku nshuro ya kabiri, Bodymax Promotion yateguye irushanwa ryo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora rizitabirwa n’ibihugu bitandatu bigize Afurika y’i Burasirazuba.
Urubanza rwa Dr. Eugene Rwamucyo wahoze ari umuyobozi kuri Kaminuza y’u Rwanda n’umuganga ku bitaro bya Kaminuza rwakomeje mu bujurire, nyuma y’uko urukiko rwa rubanda rw’i Paris rutesheje agaciro ibyo uregwa yari yasabye.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igaragaza ko u Rwanda rutakaza amahirwe yo kwinjiza arenga miliyoni 430 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 600 Frw) buri mwaka kubera kohereza mu mahanga impu zitarongererwa agaciro mu gihe rwinjiza ari munsi ya miliyoni 30 gusa z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 44 Frw) mu kohereza (…)
Icyayi cy’u Rwanda kizwiho ubwiza n’uburyohe butangaje ku rwego mpuzamahanga ndetse kikaba gisanzwe kinjiriza u Rwanda amadovize binyuze mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, mu minsi iri imbere kizajya cyoherezwa muri Pakistan kinyuze inzira imwe, nta handi kibanje kunyuzwa (direct exports), kugira ngo (…)
Kuva gahunda ya "Dusangire Lunch" itangijwe, abana barenga miliyoni enye biga mu mashuri ya Leta n’afashwa na Leta mu Rwanda nibo bafatira ifunguro ku ishuri.
Itsinda rya UB40 featuring Ali Campbell ryakoze amateka mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, kiba kimwe mu bitaramo byihariye bitazibagirana, cyane cyane ku bakuze bumva umuziki waryo.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Bubiligi gushyiraho itegeko ribuza cyangwa rigabanya kwinjira ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Chorale de Kigali ni imwe mu makorari akomeye, kandi akunzwe cyane mu Rwanda, muri Kiliziya Gatolika.