Umunya-Romania Laurențiu Reghecampf wari umaze umwaka atoza Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yasubiye muri Espérance de Tunis yari yaje aturukamo.
Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru, Kigali International Peace Marathon ya 2026 ryasize amateka mashya mu mujyi wa Kigali, haba mu mubare w’abayitabiriye, uburyo ryakinwemo, ibihembo byatazwe ndetse no mu musaruro udasanzwe w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half-Marathon.
Amateka ashingiye ku buhamya bw’ababaye i Bugesera, barimo abarokotse Jenoside, abayikoze n’abarinzi b’Igihango, agaragaza ko Leta ya Juvenal Habyarimana yateguye Jenoside, ikanayishyira mu bikorwa.
Perezida Paul Kagame yageze i Lomé muri Togo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kamena, aho yitabiriye Inama n’Imurikabikorwa byerekeye ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika (African Air Transport Convention and Expo), iteganyijwe kuva tariki 15-19 Kamena 2026.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwasanze 44% by’Abiga mu mashuri abanza aribo bashobora gusubiza neza ibyo basomye.
Umuhanzi Nyarwanda Ngabo Richard umaze kwamamara nka Kevin Kade, ntazitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival nk’uko byari biteganyijwe, nyuma yo gutangaza ko afite ibibazo by’uburwayi.
Denise Zaneza na Théophile Mpozembizi ni bamwe mu bandi benshi bahuriye ku mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Umuryango w’Abaskuti mu Rwanda (Rwanda Scouts Association) wifatanyije n’Abanyarwanda muri iyi minsi 100, Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.
Ingabire Victoire, umunyapolitiki uyobora ishyaka ritemewe mu mategeko ryitwa DALFA Umurinzi ukurikiranyweho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yabwiye urukiko rukuru rw’i Kigali ko adashobora kuburana kuko atameze neza mu mubiri, mu marangamutima no muri roho.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yavuze ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kugeza serivisi z’imari ku baturage benshi n’ubwo imibare igaragaza ko hakiri icyuho hagati y’abagore n’abagabo.
Lt Col Emmanuel NSENGIYUMVA wo mu Ngabo z’u Rwanda yarangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare mu gihugu cya Jordan (Royal Jordanian Command and Staff College).
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yatangaje ko guverinoma igiye gushyiraho itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, mu rwego rwo kurinda ubuzima bwo mu mutwe n’imibereho yabo.
Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, Kigali Today yanditse inkuru y’uruganda rwabuze abakozi rwari rukeneye mu Rwanda, maze biba ngombwa ko rujya kubashaka hanze.
Banki ya Kigali (BK), yinjiye mu bufatanye bwo kuzana mu Rwanda imodoka nini (Trucks) z’ubwikorezi zikoresha amashanyarazi gusa.
Minisitiri w"intebe wa Pakistani, Shehbaz Sharif akaba n’umuhuza mu mpande zihanganye, yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bemeranyijwe ku mwanzuro wari utegerejwe wo gusinya amasezerano y’amahoro, ndetse bakaba bahise bahagarika intambara yari imaze guteza isi igihombo kinini.
Perezida Paul Kagame, kuri iki cyumweru yakiriye Amb. Johan Borgstam, Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Umuhanzikazi Jennifer Lopez, yishimiye bidasanzwe ikipe ya New York Knicks yegukanye igikombe cya Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) nyuma y’imyaka 53.
Abakinnyi bose b’ikipe y’Igihugu ya Portugal bahawe udukomo two kwambara ku maboko twanditseho amazina ya Diogo Jota witabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Umusifuzi w’Umunyasomaliya azahabwa amafaranga yose yagombaga kubona mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi yagombaga gusifura, nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kimwe mu bihugu bitatu byakiriye iki gikombe.
Abasirikare babiri ba RDF, Fils Niyikiza na Elie Ndagijimana, bari mu basoje amasomo ya gisirikare ku rwego rwa ba Ofisiye bato, mu ishuri rya gisirikare ry’u Buhinde (Indian Military Academy).
Abagize imiryango y’abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bitegura kurangiza ibihano, bavuze ko biteguye kubakira bakabasobanurira Igihugu basanze ariko kandi bakabafasha gutera intambwe yo gusaba imbabazi, kuvugisha ukuri ku byabaye no gutanga amakuru.
Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu bya Afurika y’I Burasirazuba bwaraye butangaje ingengo y’imari y’uyu mwaka ya Miliyoni 110,863,576 z’Amadolari ya Amerika. Ayo ubaze mu Manyarwanda arenga Miliyari 162.4 Frw.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igikorwa cyihariye cyo kurasa ibishashi by’umuriro (fireworks).
Mu gihe Igikombe cy’Isi 2026 cyirimbanyije, mu bakinnyi bakitabiriye harimo 11 bahembwa amafaranga menshi kurusha abandi, haba mu mishahara bahabwa n’amakipe bakinamo ndetse no mu masezerano y’ubucuruzi n’iyamamaza bagirana n’ibigo bikomeye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu miryango y’abari abakozi ba MICOMART (Ministère du Commerce, de l’Artisanat et du Tourisme), bashimira cyane abakora muri iyo Minisiteri, ubu yahindutse Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM), ko bababereye umuryango mwiza, bikabagarurira icyezere cy’ubuzima.
Minisitiri w’Ubuzima wa Leta ya Central Equatoria muri Sudani y’Epfo, Madamu Joyce Bakwa, yashimye abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa by’ubuvuzi bwahawe abaturage ku buntu.
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’umupira w’amaguru The Three Lions, yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko ibikoresho byinshi byayo byibwe mbere y’umukino wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi uzayihuza na Croatia, ku wa 17 Kamena 2026.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yatangije ku mugaragaro Marathon Mpuzamahanga y’Amahoro ya Kigali iri kuba ku nshuro ya 21, aho ku munsi wayo wa mbere hakinwe icyiciro cy’abatarabigize umwuga.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yahawe igihembo nk’ikigo gitanga serivisi nziza zo mu ndege kurusha ibindi muri Afurika kizwi nka ‘Best Cabin Service in Africa 2026’.
Itsinda ry’abaririmbyi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas batangaje ku mugaragaro ko bamaze guhagarika imikoranire bari bafitanye na MIE ya Irene Murindahabi, icyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa ako kanya.
Umukinnyi wa filime, umunyamideli ndetse n’umucuruzi w’icyamamare muri Tanzania, Wema Sepetu, ari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana we wa mbere w’umuhungu.
Umunyamideli n’umucuruzi w’icyamamare muri Uganda, Zari Hassan, yatangaje ko we n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya batandukanye nyuma y’imyaka itanu bari bamaze babana.
Depite Uwamohoro yagaragarije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (Minagri) n’ibigo biyishamikiyeho, abafatanyabikorwa mu buhinzi ndetse n’abahinzi bagarariye abandi, ko ingengo y’imari y’igihugu, cyane cyane iy’ubuhinzi ikiri imbogamizi ku iterambere ry’uru rwego kuko hagikorwa ubuhinzi bushingiye ku mvura, nyamara hari (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyatangaje ko ikoranabuhanga mu buhinzi rizafasha guhanga imirimo igera ku 849,000 bitarenze mu mwaka wa 2029.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Solange Uwituze, yavuze ko ikoranabuhanga rya drones risigaye rifasha abaturage gutahura hakiri kare indwara zishobora kwibasira ibihingwa.
Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ifunguye Ambasade muri Espagne, abasesenguzi bavuga ko ari igikorwa cy’ingirakamaro mu rwego rwo gukomeza kwagura umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere inyungu z’ubukungu, ubukerarugendo n’imikoranire mpuzamahanga.
Stanislas Simugomwa ni umwe mu bari abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), wabaye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubutaka butagira nyirabwo ku mupaka uhuza ibihugu (NO Man’s Land), ni ijambo ryakoreshwaga kuva mbere y’intambara ya mbere y’Isi, bashaka gusobanura ubutaka butagira nyirabwo, butazwi uwabushyizeho, nta wubutunze.
Nubwo ibiribwa byinshi bifitiye umubiri akamaro, hari bimwe bishobora kongera ibyago byo gutera amenyo kurwara, cyane cyane iyo bifashwe kenshi kandi nta suku ihagije ikurikiraho.
Mukamwiza Ange yavutse nk’abandi abyiruka nkabo, agera igihe cyo gushaka umugabo no kujya kubaka urwe, yizeye ko nta gisibya azabyara hungu na kobwa, agaheka, uko azabyemeranya n’uwo bashakanye.
Uyu munsi, Perezida Paul Kagame, akaba n’umugaba w’Ikrenga w’Ingabo z’u Rwanda - RDF yashoje icyiciro cya cumi na kane cy’abarangije amasomo mu ishuri rikuru ryigisha iry’ubuyobozi mu ngabo, Senior Command and Staff College riri i Nyakinama mu Mujyi wa Musanze, Intara y’Amajyaruguru.
Murigande Jacques wamamaye nka Mighty Popo mu muziki, akaba n’Umuyobozi w’ishuri ry’Umuziki ry’u Rwanda, yavuze ko abagore bari mu ruganda rwa muzika ku Isi hose bahura n’imbogamizi zikubye kabiri ugereranyije n’iz’abagabo ibintu bituma abagabo bakomeje kwiganza cyane.
Ikipe ya Police FC, Kiyovu Sports irifuza umutoza Hammadi watozaga w’Amagaju FC nayo yifuzaga kugumana.
Perezida Paul Kagame yabwiye abasirikare bashoje amasomo mu Kigo gishinzwe kwigisha aba Ofisiye Bakuru ibijyanye n’ibikorwa n’Ubuyobozi bw’Ingabo - Senior Command and Staff College i Nyakinama, ko amasomo barangije abashyize ku rundi rwego, ku buryo inshingano bahawe ziyongereye. Aha rero, n’ingaruka z’ibyemezo bafata, na zo (…)
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushishikariza urubyiruko kwinjira mu buhinzi bwa kijyambere, abakiri bato bafite imishinga y’ikoranabuhanga bavuga ko hakiri imbogamizi zibabuza kugera ku ntego, zirimo kubura igishoro no kuba udushya bahanga tutemerwa nk’ingwate mu bigo by’imari.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’Ubworozi - RAB kirakangurira Abanyarwanda, cyane cyane aborozi kongera inyambo mu mashyo yabo.
Shirley Ayorkor Botchwey, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza uzwi nka Commonwealth kuri uyu wa Gatanu yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Ikoranabuhnaga ry’ubuhinzi rya Smart Nkunganire aho Leta ifasha abaturage kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure, ryamaze guhuzwa n’izindi gahunda nshya z’ikoranabuhanga, aho umuhinzi azajya asabwa gupimisha ubutaka bwe, akamenya ubwoko bw’ifumbire n’imbuto bukeneye, akaba ari byo ahabwa.
Imyumvire imwe y’abantu igaragaza ko ibiryo bitetse ku nkwi biryoha kurusha ibitetse kuri gaze no ku mbabura, ariko hari n’abandi bavuga ko uburyo bwo guteka budahindura uburyohe bw’ibiryo iyo biteguwe neza.