Umunyamerika Robert Francis Prevost wamaze gutorerwa kuba Papa, ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 08 Gicurasi 2025, yahise afata izina ry’Ubutungane rya Leo XIV.
Ku gicamunsi cy’itariki ya 7 Gicurasi 2025, abakunze kujya gusengera mu Ruhango n’i Kibeho batangiye kumva inkuru y’urupfu rw’umukecuru, wari uzwiho kubyina bidasanzwe mu gihe cya misa.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), imbanziriza mushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 irenga miliyari 7032.5Frw, ikaba izavamo ayo kurangiza kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Bugesera.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa Kane imbanzirizamushinga y’ingengo y’Imari ya Leta y’umwaka wa 2025/2026 (Budget Framework Paper), hamwe n’ingamba zo mu gihe giciriritse 2025/2026-2027/2028, yatangaje ko amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu (…)
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kane, yisubiza umwanya wa mbere wari warayeho APR FC ku rutonde rw’agateganyo.
Mu matora ya Papa yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine, Umunyamerika Robert Francis Prevost ni we utorewe kuba Papa, afata izina rya Gishumba rya Leo XIV.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique zashyikirije Koperative y’abagore (Cooperativa Moda do Litoral), imashini 10 zidoda n’ibikoresho byazo mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’ubumenyi bikajyana no kwinjiza amafaranga. Iyi koperative iherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.
Nk’uko bikubiye mu iteka rya Perezida ryasomwe kuri televiziyo na radio by’igihugu cya Mali, ibikorwa byose by’amashyaka ya politiki byahagaritswe kugeza igihe hazatangwa amabwiriza mashya.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyanza bari barazahajwe n’ingaruka zo guhinga barumbya imyaka kubera ubutaka busharira bayobotse ubuhinzi bwitaweho bwa Avoka bakorera ku butaka buhuje, bakaba bategereje umusaruro uzatuma bihaza mu biribwa bakanasagurira amasoko.
Abacururiza mu isoko ry’Ingenzi za Huye barinubira kuba basigaye bataha nimugoroba, mu gitondo bamwe muri bagenzi babo baza bakabura ibicuruzwa baba basize babitse neza.
Mu gikorwa cyo kwibuka abihayimana n’abakristu b’Itorero Anglicane mu Rwanda (EAR) bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye ku cyicaro cy’Itorero Anglicane Diyoseze ya Shyogwe ku wa Gatatu tariki 7 Gicurasi 2025, abitabiriye icyo gikorwa banenze abapasiteri bagambaniye abakristu babahungiyeho aho kubarinda, (…)
Ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2024/2025, itsinze Arsenal ibitego 2-1, isohoka muri ½ cy’irangiza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino yombi isanga Inter ku mukino wa nyuma.
Ikipe ya APR FC yatsinze Marine FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, ikura Rayon Sports ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Muri Kenya, umupasiteri wari utashye ava muri Uganda agarutse mu gihugu cye, yafatanywe inzoka ya metero ebyiri mu gikapu, abajijwe iby’iyo nyamaswa arimo agendana, agorwa no kubisobanura.
Kuri uyu wa Gatatu, hasojwe shampiyona y’icyiciro cya kabiri 2024-2025, hakinwa imikino y’umunsi wa gatandatu wa kamarampaka wasize AS Muhanga igarutse mu cyiciro cya mbere itsinze La Jeunesse 2-1 mu gihe Gicumbi FC yatsinze Etoile de l’Est 2-0 kazamukana igikombe.
Muri Chapeli yitwa Sistine, ahabera umwiherero (Conclave) w’Abakaridinali batora Papa, igikorwa kiba kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Mata 2025, hamaze gutegurwa ibyumba bikorerwamo ayo matora birimo n’urwambariro rwa Papa mushya.
Perezida Paul Kagame yageze i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu 07 Gicurasi2025, agirana ibiganiro na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.
Myugariro w’iburyo wa Rayon Sports Fitina Omborenga yasabye gutandukana n’iyi kipe kubera impamvu zirimo kudahemberwa ku gihe.
Umudugudu wa Gakoma, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi, ni wo wabaye uwa mbere mu Ntara y’Iburasirazuba mu Midugudu itarangwamo ibyaha, dore ko ufite n’umwihariko wo kuba umaze imyaka umunani nta mwangavu uraterwa inda.
Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta (OAG), buvuga ko ba nyiri inzu zubatswe mu bibanza bigera kuri 6,242 byagenewe ibindi bikorwa, nk’uko bigaragazwa n’Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, bashobora kuzihomba.
Abadepite banenze imishinga yo kuhira hirya no hino mu Gihugu, yatwaye akayabo ka Miliyari 60 z’Amafaranga y’u Rwanda ariko ikaba idakora neza, ikaba ikomeje kudindiza gahunda ya Leta yo gushyira umuturage ku isonga.
Mu ijoro ryo ku wa 6 Gicurasi 2025, ikipe ya Inter yasezereye FC Barcelona muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League iyitsinze 4-3 mu mukino wo kwishyura, yongera kugera ku mukino wa nyuma yaherukagaho 2023.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, ubwo yagezaga ku bagize Inteko Ishinga Amategeko raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2024, yavuze ko Leta yagaruje Miliyari 3.3Frw muri Miliyari 3.4Frw yari yanyerejwe mumwa wa 2023-2024, igikorwa (…)
Amakipe y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 18 na 20 yatangiye abona intsinzi imwe mu mikino ibiri yakinnye ku munsi wa mbere w’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu muri Handball riri kubera muri Uganda .
Urukiko Rwisumbuye rwa Kicukiro kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025, rwatangiye kuburanisha urubanza rw’umunyamideri Moses Turahirwa, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye bijyanye no gukoresha ibiyobyabwenge.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yabwiye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano ko ubutwererane n’ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere bwinjirije u Rwanda Miliyoni 587Frw mu mwaka wa 2023/2024.
Mu Bwongereza, umugabo ukunda bikabije abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro, yahanishijwe n’urukiko gufungwa imyaka ibiri, nyuma y’uko we yiyemereye ko yitwikiye inzu ku bushake, akabikora inshuro ebyiri zitandukanye mu ijoro rimwe, agamije kureba uko abashinzwe kuzimya inkongi bitwara mu bikorwa byo kuzimya iyo nzu ye.
Mu Burusiya, ibitero by’indege zitagira abapilote byagabwe na Ukraine mu majoro abiri yikurikiranya, byatumye ibibuga by’indege byo mu Mujyi wa Moscow bifungwa.
Abahinga mu cyanya cyuhirwa n’urugomero rwa Muyanza bavuga ko kuva batangira kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka umusaruro wiyongereye mu bwinshi ndetse no mu ireme.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi wa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (Croix Rouge) ku Isi, Mirjana Spoljaric Egger.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, barasaba ko inzego zibishinzwe zishaka ibisubizo by’ibibazo bafite, aho guhora bisubirwamo mu bihe byo kwibuka, kuko ari bwo abakeneye ubufasha barushaho kwitabwaho, na bo bakumva ko barokokeye kubaho neza.
Abagize amakipe y’u Rwanda y’abakobwa y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yageze i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye irushanwa rya #IHFTrophy/Zone 5 bavuga ko ikibajyanye ari ugutwara ibikombe gusa.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibinyujije mu mujyanama wa Perezida Donald Trump mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2025, yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zamaze kuyishyikiriza umushinga w’amasezerano y’amahoro.
Umuryango Never Again Rwanda wagaragarije Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu ko kwigisha uburere mboneragihugu mu mashuri abanza, byafasha urubyiruko kutagira ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abayoboke b’ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), barasabwa kurindira Ubunyarwanda bwabo mu kumenya amateka y’ukuri y’Igihugu cyabo, kugira ngo buzabe bufite icyo bushingiyeho.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yemeje ko rurimo kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku kuba rwakwakira abimukira iki gihugu cyirukanye ku butaka bwacyo.
Muri Kenya, Polisi yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu bakekwaho gutera urukweto Perezida William Ruto, mu gihe yarimo ageza imbwirwaruhame ku baturage b’ahitwa i Kehancha, ku Cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025.
Nyuma yo gutsindirwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2025, Munyakazi Sadate wigeze kuyobora Ikipe ya Rayon Sports yeretse abakunzi b’iyi kipe ko uyu utari umwanya wo gucika intege, ahubwo bashyira hamwe bagakomeza kurwana.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya 14, nyuma yo gutsindira Rayon Sports ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro ibitego 2-0, unaba uwa mbere ubonetsemo intsinzi n’ibitego muri ine aya makipe amaze kuhahurira mu mezi 11 kuva yavugururwa.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije(REMA) kivuga ko uburyo bwo gupima imyotsi iva mu binyabiziga igahumanya umwuka bugiye kuvugururwa, kandi ko moto na zo zizajya zinyuzwa mu kigo kireba ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyitwa ‘Contrôle Technique’.
Ikipe y’Indahangarwa WFC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo kunyagirira Rayon Sports WFC 4-2 kuri Stade Amahoro mu mukino wanyuma wakinwe kuri iki Cyumweru.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’umukino wo gusiganwa ku igare “Bugesera Cycling Team” nyuma y’imyaka 6 ishinzwe ubu yamaze kubona umufatanyabikorwa uzayiha miliyoni 50 y’amafaranga y’u Rwanda
Ikipe ya APR WVC yari imaze iminsi itazi uko gutsinda POLICE WVC bimera yayigobotoye iyihanije, iyitsinda amaseti 3-0 mu mukiino wa mbere wa kamparampaka mu bagore wakinwe ku wa 2 Gicurasi 2025 muri Petit Stade i Remera.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye igikombe cya Handball mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera muri Ethiopia
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier yavuze ko Guverinoma y’ubumwe yahinyuje abateguye umugambi wa Jenoside bari bazi ko Abanyarwanda batazongera kubana.
Ikipe ya Police FC, yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo gutsinda Mukura VS igitego 1-0, mu mukino wo kuwuhatanira wakinwe kuri uyu wa Gatandatu kuri Kigali Pele Stadium.
Perezida Paul Kagame yageze muri Gabon aho yifatanije n’abayobozi batandukanye ku Isi mu birori by’irahira rya Gen Brice Clotaire Oligui Nguéma watorewe kuyobora iki Gihugu.
U Rwanda na RDC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamaze kwemeranya ko amasezerano y’amahoro azasinywa muri Kamena, akazashyirwaho umukono na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi, mu muhango uzabera muri White House imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump.