Rutahizamu ukomoka muri Portugal, Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana ari hamwe n’umuvandimwe we bazize impanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Isiganwa ry’imodoka rimaze kumenyerwa mu Rwanda rizwi nka ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ ryongeye ryagarutse, iry’uyu mwaka rikazatangira ku wa Gatanu tari 4 Nyakanga 2025.
Abaturage n’abayobozi barenga 4,000 bavuye hirya no hino mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane cyane i Nyagatare, bakoze urugendo rw’amaguru rureshya n’ibilometero hafi 22 bajya i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe, aho bataramiye bakumva amateka y’agataka kiswe Santimetero n’indake ya mbere Perezida Kagame yabayemo, mbere yo kwimurira (…)
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026 igaragaramo Bugingo Hakim, Iraguha Hadji na Fitina Omborenga bavuye kuri Rayon Sports.
Amakipe ya Brazil igizwe na Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjili na Young Boys irimo umunyezamu Kwizera Olivier zasanze Golden Generation na Native Sports muri 1/2 cy’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Umutoza Gatera Musa watozaga Rutsiro FC yasinyiye gutoza ikipe ya AS Muhanga iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 31 umunsi wo Kwibohora, uba tariki 4 Nyakanga buri mwaka, KT Radio yagiranye ibiganiro na bamwe mu banyamakuru bakoze kuri radio Muhabura mu gihe cy’urugamba rwo kubohoro Igihugu, bagaragaza uruhare rwayo muri urwo rugamba ndetse banahamya ko yafashije Inkotanyi kurutsinda.
Kuri uyu wa Kabiri Nyakanga, KT Radiyo yimuriye ibiganiro byayo ku Mulindi w’Intwari, aho ni mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, ahakorereye Radiyo Muhabura yamenyekanye cyane mu rugamba rwo kubohora u Rwanda kubera amakuru mpamo yagezaga ku Banyarwanda mu gihe ikinyoma n’urwango byari byibasiye igihugu.
Abaturage n’abayobozi bavuye hirya no hino mu Burasirazuba bw’u Rwanda barizihiriza Isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu gataka ka mbere Inkotanyi zafashe mu 1990 k’ahitwa i Gikoba mu Murenge wa Tabagwe w’Akarere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, avuga ko bitewe n’imishinga yo kongera amazi irimo gukorwa, mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere abaturage bose bazaba bagerwaho n’amazi meza.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bavuze ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ritazagira ingaruka zikomeye ku biciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi mu Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo yiganjemo abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.
Urwego rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ibicirobishya bya lisansi, aho byazamutse biva ku mafaranga y’u Rwanda 1633 bigera ku 1803Frw, rikaba ari izamuka ry’amafaranga 170 kuri litiro.
Uyu munsi, u Rwanda rurizihiza isabukuru y’Ubwigenge, aho rwemerewe kwifatira ibyemezo, no kugena ahazaza harwo, mu bwisanzure, mu ituze n’umudendezo.
Kuri uyu wa Kabiri, Umunya-Tunusia Ben Moussa El Kebil Abdessattar yasinyiye ikipe ya Police FC nk’umutoza wayo mushya asimbuye Mashami Vincent uheruka gusoza amasezerano.
Urugamba rwo kubohora u Rwanda rwabaye intangiriro y’ibihe, naho ikurwaho rya Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi naryo ritangiza ubuzima bushya butari bufite ireme.
Uko imyaka ishira indi igataha, ni ko umuco n’ururimi bigenda bihinduka bitewe na politiki n’imiyoborere by’igihugu, biba bigamije imibereho myiza y’abaturage nta busumbane hagati y’abagore n’abagabo, abakobwa n’abahungu. Ni yo mpamvu hari amagambo n’imvugo bitandukanye bigenda bicika mu rurimi, bimwe ndetse bikaba byafatwa (…)
Kuri uyu wa Mbere, amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore yashyikirijwe ibendera, anahabwa impanuro mbere yo kwitabira Shyampiyona Nyafurika izabera muri Kenya.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, ntiyanyuzwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ku idindira ry’umushinga wo mu Karere ka Kirehe uzwi nka ETI Mpanga, utabashije kugera ku ntego zawo.
Muri Kenya, Minisitiri w’Umutekano w’imbere muri icyo gihugu, Kipchumba Murkomen, yakomerewe no gusobanura impamvu yatumye atanga amabwiriza kuri Polisi, yo kurasa no kwica abaturage bigaragambya.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente, yagaragaje ko ahazaza ha Afurika hazarushaho kurangwa no gukenera amashanyarazi, cyane ko uyu munsi abarenga Miliyoni 600 kuri uyu mugabane batagira umuriro w’amashanyarazi, kandi abawukenera bazakomeza kwiyongera.
Mu 1921, James Biggs, Umwongereza ukomoka mu Mujyi wa Bristol wakoraga umwuga wo gufotora, yakoze impanuka ikomeye imusigira ubumuga bwo kutabona.
Mu Mujyi wa Kigali abanyeshuri 29,262 ni bo bazindukiye mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, aho bagomba gukorera kuri site 99.
Ihuriro ry’abatumiza mu mahanga imiti n’ibikoresho byo kwa muganga, ndetse n’ibiribwa nyongeramirire (Association des Importateurs Grossistes en Produits Pharmaceutiques – AIGPHAR), tariki 27 Kamena 2025 bahuriye mu nama y’Inteko rusange y’abanyamuryango iba rimwe mu mwaka, barebera hamwe ibyagezweho, ndetse baganira ku (…)
Ubuyobozi bukuru w’Umuryango uharanira kwihuza no kwigenga kw’Abanyafurika (Pan African Movement (PAM) ishami ry’u Rwanda, bwiyemeje gushyira cyane imbaraga mu gutoza urubyiruko indangagaciro nyafurika, kugira ngo barusheho kumenya no guharanira icyateza imbere u Rwanda na Afurika muri rusange.
Ikipe ya APR Basketball Club isezereye Patriots BBC iyitsinze amanota 81 kuri 67, bituma yerekeza ku mukino wa nyuma isangayo REG BBC.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibilira, banaremera uwarokotse Jenoside bamworoza inka, nk’uko babyiyemeje ko buri mwaka bazajya bakora bene icyo gikorwa.
Bamwe mu Ngabo zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bateraniye mu Rwanda aho bari mu bikorwa bihuza Ingabo n’abaturage, bakaba bari mu bikorwa by’ubuvuzi ndetse n’iterambere ry’abaturage hirya no hino mu gihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, arasaba urubyiruko kwirinda kwipfusha ubusa, rwishora mu bikorwa birwandarika ahubwo rugakura amaboko mu mifuka rugakora, kuko iyo rwipfushije ubusa ruba rusenya ejo harwo hazaza n’ah’Igihugu muri rusange.
Muri Pakistan, umwiyahuzi yashoye imodoka yari arimo yuzuye ibisasu ku mudoka zari zitwaye abasirikare b’icyo gihugu, 16 muri bo bahasiga ubuzima, nk’uko inzego z’ubuyobozi muri icyo gihugu zabitangarije AFP.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije abakinnyi babiri bashya, inongerera amasezerano myugariro Serumogo Ally.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), yabajije Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), abiba mudasobwa ziba zagenewe ibigo by’amashuri ndetse n’iherezo ry’izibwe uko bizagenda, cyane ko kuzigaruza bigenda biguru ntege.
Ubuyobozi bukuru bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), bwatangaje ko ibitaro bizimuka ariko Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruhari n’amateka y’ibyabere mu cyahoze ari CHK mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bisigare.
Ikipe ya APR Basketball Club yatsinze Patriots mu mukino wa kane wa kamarampaka banganya imikino 2-2, bityo bagomba gutegereza umukino wa gatanu hakamenyekana ujya ku mukino wa nyuma.
Diplomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatsinze igitego cy’umutwe ubwo yageraga ku ntego yari yihaye y’ubuhuza hagati ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo(DRC) n’u Rwanda. Amasezerano y’amahoro yasinywe biturutse kuri ubu buhuza, ni inkingi ya mwamba mu rubuga rwa politiki y’aka karere dore ko agamije kuzana ituze (…)
Nyuma y’ingendo Abadepite bakoze kuva tariki 28 Gicurasi kugeza ku ya 4 Kamena 2025 mu Turere twose tw’Intara hasurwa imwe mu mirenge, ndetse n’imirenge yose y’Umujyi wa Kigali, basanze ibibazo biri muri serivisi y’irangamimerere bikwiriye gukemuka vuba, kugira ngo umuturage ahabwe serivisi ku gihe.
Uruganda Inyange Milk Powder Plant ruri i Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, rwatangiye kugurisha amata y’ifu ku bayakeneye mu Rwanda barimo n’inganda, bikaba bizatuma Igihugu kizigama Amadolari ya Amerika arenga Miliyoni 25 buri mwaka, yakoreshwaga mu kugura amata y’ifu aturuka hanze.
Kuri uyu mugoroba, ba MInisitiri b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo basinye amasezerano arebana n’urugendo rwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Banki ya Kigali (BK) yatangije igikorwa cyo guhura no kuganira n’abakiriya bayo banini mu rwego rwo kugira ngo bagire n’ibindi bikorwa bakorana bishobora gufasha impande zombi bitari kubitsa amafaranga no gutanga inguzanyo gusa.
Ku wa Kane tariki 26 Kamena 2025, ikipe ya Police Volleyball Club isanzwe ikina mu cyiciro cya mbere muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, yafunguye ku mugaragaro irerero ryayo rizajya ryigisha abana gukina volleyball.
Intumwa zaturutse mu gihugu cya Uganda muri Kaminuza Ya Kampala zagiriye uruzinduko mu Rwanda, zisura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, barushaho gusobanukirwa n’ibyabaye mu Rwanda, ndetse biha n’intego yo kwigisha amahoro aho bazajya hose.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), ibicishije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko abanyeshuri basoza amashuri abanza batangira ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kamena 2025.
Muri Kenya, abari mu myigaragambyo mu rwego rwo kwibuka bagenzi babo bapfuye baguye mu myigaragambyo yakozwe umwaka ushize wa 2024, bafashwe nk’abashaka guhirika ubutegetsi.