Urwego rushinzwe Ubwikorezi bwo mu Kirere muri Afurika (African Civil Aviation Commission) ku bufatanye n’Umuryango w’Isoko rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), bateguye inama mpuzamahanga ibera i Kigali mu Rwanda tariki 08 – 12 Nzeri 2025, yiga ku kunoza ubwikorezi bwo mu kirere no kurebera (…)
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsindiye Zimbabwe igitego 1-0 muri Afurika, mu mukino w’umunsi wa munani wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Abanyarwanda n’abaturarwanda barakangurirwa kugita ibisenge by’inzu zabo bitanga amashanyarazi, ni ukuvuga ko babishyiraho ibyuma bifata imirasire y’izuba ubundi akaba ari yo mashanyarazi bakoresha mu ngo zabo, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisubira.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed, Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe itangazamakuru (NMO) akaba n’uw’Inama ishinzwe itangazamakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAEMC), ari kumwe n’intumwa ayoboye.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Imiyoborere (African School of Governance/ASG), ryakiriye icyiciro cya mbere cy’abanyeshuri bagiye gutangira amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu miyoborere (Master of Public Administration - MPA).
Icyegeranyo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nzeri 2025, kigaragaza ko impuzandengo y’umwaka wose, ni ukuvuga kuva muri Nyakanga 2024 kugera muri Kamena 2025, ishimangira ko umusaruro w’inganda wiyongereye ku kigero cya 6.5%.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoreye imyitozo kuri Orlando Stadium muri Afurika y’Epfo aho yakirirwa na Zimbabwe kuri uyu wa Kabiri mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, kapiteni n’abatoza bizeza Abanyarwanda intsinzi bakumbuye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2024, abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye kurangiza ibihano byabo, bari mu mahugurwa mu Igororero rya Nyamasheke ku kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa, bahawe ikiganiro kuri ‘Ndi Umunyarwanda’, basobanurirwa ko mbere y’umwaduko w’abazungu Abanyarwanda bari basangiye (…)
Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025, yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi bane bashya, guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Nubwo Abanyaburayi bagize uruhare rukomeye mu kugurisha Abanyafurika nk’abacakara, bakabakoroniza; nyuma bakaza kubabeshya ko babahaye ubwigenge kandi ubukungu bwose bw’Afurika aribo babwitwarira, bagashyiraho bakanakuraho bamwe mu bayobozi b’Afurika, icyo bagiye gukora bakabanza kubagisha inama, burya na bo ngo ni (…)
Rutahizamu w’Amavubi Nshuti Innocent ntabwo azakina umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzahuza Zimbabwe n’Amavubi kuri uyu wa Kabiri saa cyenda zuzuye.
Mu Rwanda hashyizweho uburyo bushya bwo kwihutisha ubutabera, buzwi nka ‘plea bargain’, aho ukekwaho icyaha ashobora kwemera icyaha cye mu magambo ye bwite, maze uwahohotewe akemererwa gusaba indishyi mu gihe cy’ibiganiro.
Banki ya Kigali (BK) yishimiye kwifatanya n’u Rwanda ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, mu birori byo Kwita Izina ku nshuro ya 20, byabereye mu nkengero za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, aho abana 40 b’ingagi bitiwe amazina, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025.
Abantu 26 barimo abagabo 25 n’umugore umwe, bakurikiranyweho ubwambuzi bushukana n’ibindi byaha bifitanye isano. Bari mu kigero cy’imyaka 18-54 bose bakaba bakomoka mu Karere ka Rusizi. RIB ivuga ko bahamagaraga abaturage, bakababwira gukora ibintu bitandukanye, bikarangira babibye.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Joseph, yasabye ababyeyi gukurikirana imyigire y’abana babo, bityo ntibaharire inshingano abarimu zo kubigisha bonyine, bityo abanyeshuri bazabashe gutsinda neza.
Uyu munsi, imihanda y’u Rwanda yahinduye amabara, yakira abagenzi bashya mu mpuzankano zitandukanye. Barimo abagenda n’amaguru, abatega moto, igare, za bisi cyangwa batwawe n’imodoka z’ababyeyi babo. Ni itangira ry’amashuri, umwaka wa 2025-2026.
Mu ijoro ryo kuri iyi tariki ya 7 - 8 Nzeri 2025, abatuye hirya no hino muri Afurika, u Burayi, Aziya na Australiya, batangajwe no kubona ubwirakabiri bw’ukwezi bwuzuye (total lunar eclipse).
Inkuru zo Kwita Izina ntituraziva imuzi kuko abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baje muri ibi birori baracyaramutsa abaturage mu nguni zose, bakareba ibyo u Rwanda rwagezeho, ndetse n’uburyo igihugu cyiyubatse nyuma y’amateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri iki Cyumweru, Nkaka Longin wayoboraga ikipe ya Muhazi United yeguye kuri uwo mwanya.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko kibabajwe n’urupfu rwa Lt Gen Innocent Kabandana, witabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 07 Nzeri 2025 azize uburwayi. Yaguye mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe aho yivurizaga. RDF yihanganishije umuryango we, iwizeza kuwuba hafi muri ibi bihe bikomeye.
Mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Rulindo habereye Isiganwa ry’Imodoka rya Nyirangarama Rally 2025, ryakinwaga ku nshuro yaryo ya gatatu. Ni isiganwa ryagaragayemo Miss Aurore Kayibanda wari wungirije Gakwaya Eric mu gutwara (co-driver), umuhanzi Semana Ish Kevin wari wungirije Hakizimana Jacques ndetse na Miss Kalimpinya (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV, amaze gushyira mu rwego rw’Abatagatifu Carlo Acutis, umusore wamamaye nka “Influencer wa Yezu” na Pier Giorgio Frassati, umusore w’Umutaliyani wabaye icyitegererezo mu gufasha abakene mu kinyejana cya 20.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Kiyovu Sports yashyize hanze ibiciro by’umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2025-2026 uzayihuza na Rayon Sports aho itike ya macye ari ibihumbi 5 Frw ahasigaye hose.
Ikipe ya REG women Basketball Club yegukanye shampiyona ya basketball mu Rwanda 2025 nyuma yo gutsinda bigoranye ikipe ya Kepler WBBC.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsindiwe na Nigeria igitego 1-0 na Nigeria mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, wabereye kuri Godswill Akpabio International Stadium mu mujyi wa Uyo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare ba Brigade ya 503 ya RDF ibarizwa muri Diviziyo ya Kabiri, mu rugendo rwari rugamije imyitozo rureshya n’ibilometero 26 mu Kinigi, mu Karere ka Musanze, abibutsa ko umusirikare udafite ubuzima bwiza, adashobora kurinda neza (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye (UN) ku bijyanye n’umutekano wo mu muhanda, Jean Todt ari kumwe n’umufasha we Michelle Yeoh, icyamamare mu gukina filime, akaba yaregukanye n’ibihembo bya Oscar.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, nibwo binyuze mu itangazo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli byavuguruwe, bikaba byatangiye gukurikizwa uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasinye iteka rya Perezida ritegeka ko Minisiteri y’Ingabo izajya yitwa Minisiteri y’Intambara.
I Bushagara, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), intimba n’agahinda ni byo bihora mu nkambi z’impunzi ziri hafi y’Umujyi wa Goma.
Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu, u Rwanda rwitegura kwakirirwa na Nigeria kuri Godswill Akpabio International Stadium mu mukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, abarimo Enzo, Kavita na Biramahire Abeddy bari mu bakinnyi bashobora kubanza mu kibuga kuri uyu munsi.
Umuyobozi wa Rwanda Golf Union, Amb. Bill Kayonga yacyeje Nsanzuwera Celestin wegukanye irushanwa rya SportsBiz Golf Africa Championship ryabera i Kigali ahigitse ibihangange ku mugabane w’Afurika. Nsanzuwera akimara kwinjiza agapira ka nyuma yahise asanganirwa n’abafana
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Djihad Bizimama yavuze ko Amavubi atari ikipe nto imbere ya Nigeria nkuko byatekerezwa ahubwo ishobora gukina kandi igahangana mu gihe umutoza avuga ko bazi impamvu bari muri Nigeria.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byazamutse, aho igiciro cya lisansi cyabaye 1,862Frw kuri litiro, ivuye kuri 1,803 Frw, bivuze ko hiyongereyeho 59Frw, naho mazutu ikaba yageze kuri 1,808 Frw, ivuye kuri 1,757Frw, ikaba yiyongereyeho 51Frw.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 5 Nzeri, umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi Ntawangundi Dominique yatangaje urutonde nta kuka rw’abakinnyi azajyana mu gikombe cy’afurika.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko kwita umwana izina atari umuhango gusa ahubwo ari n’ikimenyetso cy’urukundo, kwiyemeza n’icyizere bikorerwa mu muryango.
Uyu munsi, inzira zose zaganishije Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, mu kirenge cya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, mu Kinigi, iwabo w’ingagi zo mu Birunga, zisigaye gusa mu birunga biri hagati y’u Rwanda, u Bugande ndetse na Congo Kinshasa.
Binyuze muri gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka ku bukerarugendo (Revenue sharing), aho abaturiye pariki bahabwa 10% by’amafaranga aba yarinjiye abuturutsemo, abaturage by’umwihariko abaturiye pariki y’Ibirunga, bahinduriwe ubuzima n’ubukerarungendo bwo gusura ingagi.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko Afurika ari yo ifite imisoro n’amahoro bihanitse kurusha ahandi hose, bigatuma amatike y’indege ahenda cyane.
Itsinda ryamamaye ku Isi mu njyana ya Zouk, Kassav, ritegerejwe gususurutsa abitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20, binyuze mu gitaramo cyiswe Conservation Gala Dinner gitegerejwe kuri uyu wa 6 Nzeri 2025 muri Kigali Convention Center.
Abanyeshuri bitabiriye gahunda y’Intore mu biruhuko mu Karere ka Muhanga, bafite kuva ku myaka ine kugera kuri 14, bagaragaje impano z’umuco Nyarwanda zirimo ubuhanzi nko gushushanya, kuririmba, kumenya gusomera mu ruhame, guhimba indirimbo n’imivugo, kimwe no guhamiriza.
Gukoresha uburyo bwo kuhira hifashishijwe imirasire y’izuba mu Ntara y’Iburasirazuba, byahinduye ubuzima bw’abahinzi n’ubuhinzi muri rusange binyuze mu gufasha abahinzi guhangana n’amapfa, bitewe no kongera kubona umusaruro mwinshi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arasaba buri wese kugira ibibazo by’umuryango ibye, bityo ubwo bufatanye butume Igihugu kigira imiryango myiza.
Mu gihe irushanwa mpuzamahanga rya Golf “SportsBiz Africa Championship” ribura umunsi umwe ngo rishyirweho akadomo, umunyakenya Charles Gacheru yatangaje ko guhitamo u Rwanda hagendewe ku bintu byinshi birangajwe imbere n’ibikorwa remezo, koroshya ingendo, amahoteri ndetse n’ibindi
Mu gihe u Rwanda rwitegura igikorwa kimaze kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga cyo Kwita Izina abana b’ingagi kizaba kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Nzeri 2025, abarimo ibyamamare bazita amazina abo bana bamaze kumenyekana.
Perezida Paul Kagame atangiza inama ya cyenda Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’, ibera muri Kigali Convention Center, yavuze ko hagikenewe gushora imari mu buryo bufatika mu nzego zijyanye n’iby’indege ku Mugabane wa Afurika.