Mujawase Anualithe warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, aranenga abavuga ko kuba abarokotse Jenoside bibuka bakaririra ababo bishwe ari ugukabya.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, ahamya ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari umusaruro w’uruhererekane rw’amateka y’ubuyobozi bubi, uhereye ku bukoloni bwimakaje amoko.
Mu gikorwa cyo kwibuka Abanyepolitike bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya 32, cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, kuri uyu wa 13 Mata ubwo hasozwaga Icyumweru cy’Icyunamo, Ihuriro ry’imitwe ya Politike mu Rwanda ryasabye abagizwe ingwate n’abasize bakoze Jenoside kwitandukanya na bo bakagaruka (…)
Mu Kigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, hakiriwe abashyitsi 120 baturutse muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abayobozi b’amadini n’abakuru b’imiryango gakondo (Chefs Coutumiers), basobanurirwa byimbitse ukuri ku mutwe wa FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho ikorera mu (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, baranenga abantu baho batinyutse gushinjura Oswald Rurangwa wahamijwe ibyaha bya Jenoside ndetse Urukiko rukamukatira burundu, kuko ngo birengagiza ibyo bazi.
Iyo tuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inkuru akenshi iguma mu Rwanda—ku misozi yarwo no mu midugudu yarwo. Ariko ku bihumbi by’abantu, ayo mahano ntiyahagarariye ku mipaka. Imibiri yabo yatwawe n’inzuzi, igera mu mazi y’Ikiyaga cya Victoria ku nkombe z’ibindi bihugu.
Umuryango mugari wa Kigali Today Ltd, urimo KT Press, KT Radio 96.7 FM, KigaliToday.com, na Kigali Today TV (YouTube), ntidutangaza amakuru gusa, ahubwo muri ibi bihe turibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kazi kacu k’itangazamakuru, duharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi. Twibuke Twiyubaka
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari batuye mu Biryogo bavuga ko uwashaka kumenya neza uko Jenoside yateguwe kera yazababaza, kuko bafite ibihamya byinshi nk’abantu bari baturiye ikigo cya Camp Kigali, ahabaga icyicaro gikuru cya gisirikare.
Perezida wa IBUKA, Dr. Philibert Gakwenzire, asanga imyitwarire y’Ingabo z’Ababiligi ari igihamya y’uko batigeze bifuriza u Rwanda na Afurika amahoro.
Kuri uyu wa 11 Mata, mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, mu cyahoze ari Komine Gashora habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 52 yabonetse.
Jenerali Muhoozi Kainerugaba, imfura ya Perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda akaba ari n’Umugaba Mukuru w’Ingaboza za Uganda, yavuze ko nta mushinga wo kubaka umuhanda uzongera gutangira atawuhaye umugisha.
Depite Murora Beth wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kwibuka no kunamira Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye mu Rwibutso rwa Kibagabaga, yashimye uburyo kwibuka bikorwa binyuze mu ndirimbo, ndetse bigatozwa abana bato.
Ku wa 11 Mata 2026, Abanyarwanda batuye muri New Zealand hamwe n’inshuti z’u Rwanda n’abatumirwa batandukanye, bahuriye mu Mujyi wa Auckland mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Itsinda ry’Abaganga b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2026, bashyikirije Ibitaro bya Masaka biherereye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, inkunga y’ibikoresho igamije gukomeza guteza imbere serivisi z’ubuvuzi.
Ababyeyi ba Uwanyirigira Josée n’abavandimwe be batanu barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barokoka ari abana batatu. Ashima Inkotanyi zari ku musozi wa Rebero muri Kigali zamurokoye zikamugaragariza urukundo, mu gihe abari baramusigaranye bishe benewabo we bamuretse ngo bazajye bamureberaho uko Abatutsi basaga.
Mu myaka ine ishize, Madamu Jeannette Kagame yatangije ubusitani bwiswe Garden of Memory (Ubusitani bw’Urwibutso) mu Karere ka Kicukiro, hagamijwe kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Jyewe ndarambiwe, ndambiwe ko mumbwira ibya ONU, birandambiye(j’en ai marre) - ni amagambo yavuzwe na Yolande Mukagasana, umwanditsi, umushakashatsi ku mateka, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga, abatuye I Karambi mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, bihagazeho barwanya Interahamwe.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Rurangwa Appollinnaire ukomoka mu Karere ka Ngororero, ahitwaga muri Komine Satinsyi icyo gihe, ubu akaba ari mu Murenge wa Ngororero, yari umwana w’imyaka icumi.
Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye muri Brazil mu Mujyi wa São Paulo, herekanywe Filime Nyarwanda Beyond the Genocide yakozwe n’Umunyarwanda Zion Sulaiman Mukasa Matovu, igaragaza inkomoko y’amacakubiri, uko Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, ndetse n’urugendo rurerure rwo (…)
Jyewe ndarambiwe, ndambiwe ko mumbwira ibya ONU, birandambiye(j’en ai marre) - ni amagambo yavuzwe na Yolande Mukagasana, umwanditsi, umushakashatsi ku mateka, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abahanzi bakomeye bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba barimo Dr Jose Chameleone, Harmonize wo muri Tanzaniya ndetse n’itsinda rya Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda n’Isi mu guha agaciro n’icyubahiro abazize Jenoside.
Filime Nyarwanda ’Ben’Imana’ igaruka ku budaheranwa bw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yatoranyijwe kwerekanwa muri ’Cannes Film Festival’, iserukiramuco rikomeye ku isi, bigaragaza intambwe ikomeye ku ruganda rwa sinema mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), Dan Ngabonziza, yijeje imiryango y’abanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ko hagiye kubakwa ikimenyetso (Monument), abo banyamakuru bazajya bibukirwaho mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Ministiri w’intebe Justin Nsengiyumva yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ngororero, mu Karere ka Ngororero, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 10 Mata 2026, abakozi b’amashami ya BK Group Plc ndetse n’abo mu miryango y’abishwe, bateraniye ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu gikorwa cyo kwibuka abari abakozi ba BK bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Akarere ka Ngororero kagaragazwa nk’ahantu hafite amateka yihariye mu bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ubwicanyi bwatangiye kare, mbere ya 1994, bugaragaza ko Jenoside itatangiranye n’ubwicanyi gusa ahubwo yatangiranye n’ingengabitekerezo n’imvugo z’urwango byagiye bikwirakwizwa mu baturage.
Ubwo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bibukaga ku rwego rw’Umurenge Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Gahama François watanze ikiganiro, yagarutse ku mateka mabi u Rwanda rwaciyemo kugira ngo abantu bayamenye ariko banakuremo isomo, kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Mu 1950, ababyeyi b’I Sovu, ubu ni mu Karere ka Huye, babyaye umwana bamwita Jean Rumiya, maze bamurerera mu muco nyarwanda w’Ubupfura no kwanga ikibi, ugakurikira icyiza n’aho wasabwa kubitangira ikiguzi cy’ubuzima bwawe.
Ayinkamiye Louise warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko kuri ubu icyo yumva yakwitura Igihugu, ari uko abana be bose bajya mu nzego z’umutekano, bakaba abasirikare cyangwa abapolisi, kuko ngo iyo hataba abasirikare b’Inkotanyi atari kubaho.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwasubitse icyemezo cyarwo ku kuba rwatera utwatsi cyangwa rukomeza gukurikirana dosiye ya Jenoside yakorewe Abatutsi iregwamo Agathe Kanziga, umugore wa nyakwigendera Juvénal Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda.
Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Paris ku wa 7 Mata, u Bufaransa bwongeye gushimangira ko bwiyemeje gukomeza kubungabunga amateka, guharanira ukuri no gutanga ubutabera, ndetse bushimangira gukoresha inyito nyayo ya “Jenoside yakorewe Abatutsi”.
Shimada Tomoaki, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buyapani, yashimye ubudaheranwa u Rwanda rwagaragarije Isi yose nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni mu minsi ijana gusa rugaharanira kongera kwiyubaka no kugera ku iterambere rirambye.
Ukraine yifatanyije n’u Rwanda, Abanyarwanda ndetse n’umuryango mpuzamahanga mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu guha icyubahiro no kunamira inzirakarengane zose zahitanywe n’ayo mahano yaranze ikiremwamuntu.
Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, ku bufatanye n’Abanyarwanda bahatuye, yateguye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu muhango wabereye kuri Mémorial Pierre Savorgnan de Brazza, witabirwa n’abantu barenga 350.
Ku wa 7 Mata 2026, Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda mu Burusiya yibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ry’ihumure ku bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yabereye i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 yabibukije ijambo babwiwe n’Inkotanyi bwa mbere rivuga riti ‘Baho ntugipfuye’.
Urugaga mpuzamahanga rw’abashakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi, RESIRG rufite icyicaro Bruxelles mu Bubiligi, ruravuga ko abantu bagomba kuzirikana ko batagomba kwicecekera, mu gihe hagaragaye ibibazo by’akarengane n’ihohoterwa, na mbere yuko habaho amahano nka Jenoside.
Brig. General (Rtd) El Hadji Babacar Faye, Umusirikare w’Umunya-Senegal wari mu Rwanda mu butumwa bwa UN yemeza ko ibimenyetso by’uko hari Jenoside itegurwa babibonye mu 1993 aho bari baroherejwe gukorera hatandukanye, ariko batanga ubutumwa bw’impuruz muri UN ntibumvwe nk’uko na Jenerali Romeo Dallaire nawe wari mu butumwa (…)
Umusirikare w’Umunya-Senegal, Gen. El Hadji Babacar Faye wari uri mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye (MINUAR) zari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko izi ngabo ntacyo zakoze ngo zitabare abicwaga, bityo ko Afurika itagombye gutegereza ibisubizo by’ibibazo byayo ahandi.
Umwe mu bashinze Ibuka France Jeanne Allaire Kayigirwa yavuze ko baciye mu bihe bikomeye kugira ngo bemerwe, muri iki gihugu gifite amateka akomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ubu bakaba bamaze kugera ku bikorwa byiza.
Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside iri kubera i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 hagaragajwe uburyo igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite ingengabitekerezo ya Jenoside yibasira Abanyekongo b’Abanyamurenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko (…)
Ambasaderi Dani Dayan, yaburiye abakomeje kurebera ibikorwa biganisha ku rwango ruhembera Jenoside, abibutsa ko Jenoside idatangirira mu bikorwa ahubwo ihera mu bitekerezo n’amagambo.
Karangwa Jean Marie Vianney, warokokeye Jenoside ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yagize ibyago bikomeye, aho umuntu wamumenye amusanze mu bitaro aho yari arwariye, yamwemereye ko yamufasha gusubira iwabo mu rugo, aho kumuha ubwo bufasha amuhururiza abamwica.
Perezida wa IBUKA, Dr Philbert Gakwenzire, yasabye abitabiriye umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kwegera abarokotse Jenoside ndetse no kubahumuriza kuko ari ibihe bituma batonekara kubera ibikomere basigiwe n’ibyo bahuye na byo mu gihe cya Jenoside.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Monique Huss, yasabye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kudaheranwa n’agahinda, abasaba guharanira kubaho kandi neza, ndetse bakabaho batekanye kuko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 itazongera kubaho ukundi.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka ’Walk to Remember’ rwabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mata 2026.
Inzego z’ Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’umutekano muri Mozambique zifatanyije n’Inzego z’Umutekano za Mozambique, abayobozi ba Leta ndetse n’abahagarariye Sosiyete ya TotalEnergies, mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ngiruwonsanga Théoneste warokokeye Jenoside ahahoze ari muri Perefegitura ya Cyangungu, ubu akaba ari mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Shangi, avuga ko yageze imbere y’urupfu, akaruganiriza ntirumusubize, gusa ku bwa Nyagasani akaza kurokoka imihoro y’abicanyi.