Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) bahuriye mu Karere ka Karagwe mu Nama ya 15 y’Abayobozi b’Ingabo bakorera ku mipaka, igamije gukemura ibibazo by’umutekano byo ku mipaka no gukomeza kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Igihugu cy’u Rwanda kigiye kwakira imikino ya gicuti Mpuzamahanga itegurwa n’Ishyiraramwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ’FIFA Series’, iteganyijwe kuba hagati ya tariki 26 kugeza 30 Werurwe 2026, aho ibihugu umunani bigabanyije mu matsinda abiri.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, uri mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya, yasuye mugenzi we wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, mu biro bye biherereye i Nairobi.
Banki Nkuru y’u Rwanda yahaye abafite inoti zakozwe hagati y’umwaka wa 2004 ndetse na 2015 igihe cy’amezi icyenda, kugira ngo babe bamaze kuzigeza ku bigo by’imari bibegereye maze bibahe inoti zizakomeza ku isoko, kuko ziriya zavuzwe zigiye kuvanwa ku isoko.
Kuri uyu wa Kabiri, Mohamed Salah yasezeye ikipe ya Liverpool azavamo mu mpera z’umwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imyaka icyenda ayikinira.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, kuri uyu wa 24 Werurwe 2026 yafunguye ku mugaragaro urugo mbonezamikurire y’abana bato guhera ku bamaze amezi atandatu bavutse, ku ishuri ribanza rya Ngoma.
Nicki Minaj, umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Rap, yajyanywe mu nkiko, ashinjwa kutishyura Amadolari ya Amerika 275,000 bivugwa ko yakoreshejwe mu gutegura ibitaramo bye.
Perezida Kagame ari kumwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abo mu nzego bwite za Leta, yababwiye ko ibintu bigomba guhinduka, abayobozi bakagira imikorere ikorera abaturage, ikurikirana ibyo umuturage akeneye, abayobozi bagakora neza ibyo bashinzwe, cyangwa se byabananira bakegura bakava mu myanya barimo bakajya kureba ibindi (…)
Ubuyobozi bwa Volkswagen Group Africa bwanyomoje amakuru amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko igiye guhagarika ibikorwa byayo mu Rwanda, buhamya ko ibimaze iminsi bivugwa nta shingiro bifite.
Perezida Paul Kagame arambiwe abayobozi bicara bagapanga igenamigambi ry’ibikorwa, ariko rikarangirira mu nyandiko, n’ibikozwe ugasanga bikorwa mu buryo busa nk’ubwo kwikiza aho gukora ibikorwa byagutse kandi birambye.
Igihugu cya Iran cyahakanye iby’uko cyaba kiri mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko byabaye ndetse bikaba byaratanze umusaruro mwiza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yitegura irushanwa rito rikubiyemo imikino ya gicuti Mpuzamahanga izabera mu Rwanda hagati y’itariki 26 na 31 Werurwe 2026.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi yagiriye inama bakanga kuyumva ko ’bagiye kumubona’
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi bari bateraniye mu mwiherero, ko hari ubutumwa bwe bwite ajya aboherereza ntibabwiteho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye kugaruka ku mitangire mibi ya serivisi ikirangwa ahantu hatandukanye mu Rwanda, aho hakiri abatanga serivisi bakibwira abazisaba ngo ‘bibwirize’, akavuga ko iyi mikorere yagombye gucika burundu.
Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye imbabazi Perezida wa Repubulika ku bw’umushinga wo kuhira imyaka ufatiye ku ruzi rw’Umuvumba, aho bawushyize mu bikorwa igice.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026, abayobozi mu nzego bwite za Leta ndetse n’abo mu nzego z’ibanze, bahuriye mu nama yiga ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’Igihugu, ikaba ari inama ifite insanganyamatsiko igira iti “Umuturage ku Isonga”.
Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yavuze ko igihe kigeze buri muturage wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo aho yaba aherereye hose haba mu buhungiro cyangwa imbere mu gihugu ahaguruka akarwanya ubutegetsi bw’igitugu bwamaze kwigarurira Igihugu cyabo.
Mu gihe imikino ya kamarampaka ikomeje muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, amakipe ya Gisagara VC na Kepler VC yayoboye umwaka w’imikino usanzwe, yisanze yasezerewe bitunguranye.
Nyuma y’uko Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yatewemo mpaga na Rayon Sports ku wa 22 Werurwe 2026, hakomeje kwibazwa impamvu yaba yarabiteye ahavugwa nyinshi zirimo no kuba yarifuzaga guhabwa amafaranga yatanzwe na Al Hilal SC kugira yemere impinduka zakozwe.
Abajyanama bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bafatanyije n’ubuyobozi, ndetse n’abandi bahagarariye inzego zitandukanye muri uwo Murenge, bahuriye mu gikorwa cya siporo rusange bakoreye hamwe n’abanyeshuri bo ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya APADE, nyuma yaho bagirana n’ibiganiro, bigamije gusobanurira urwo (…)
Ku Cyumweru, tariki 22 Werurwe 2026, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti izakinirwa mu irushnwa rito rizabera mu Rwanda kuva tariki 26 Werurwe 2026.
Ikipe ya 1º de Agosto yatewe mpaga na Petro de Luanda mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wagombaga kuba ku wa 22 Werurwe 2026 ariko iyi kipe ikabura ku kibuga.
Ikipe ya Gasogi United itewe mpaga y’ibitego 3-0 nyuma yo kubura ku kibuga ku mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League yagombaga kwakirwamo na Rayon Sports kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Manchester City yatsindiye Arsenal ibitego 2-0 kuri Stade ya Wembley ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup iyitwara igikombe.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ariko iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yasezerewe muri CAF Champions League nyuma yo gutsindirwa na RS Berkane kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabaye kuri iki Cyumweru.
Ikipe Police FC yanganyije na Etincelles FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-1 wabaye kuri iki Cyumweru, Kiyovu Sports itsinda Rutsiro FC.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yasabye urubyiruko rusaga 2000 rwitabiriye Inama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi kwirinda ibihuha bica ku mbuga nkoranyambaga no kurwanya ibinyoma bivugwa ku Rwanda.
Imikoreshereze y’ururimi ry’Ikinyarwanda ni kimwe mu byatinzweho mu nama y’Urubyiruko rwitabiriye Inama Nkuru ya gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi, rusaba abayobozi kujya bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda igihe batanga serivisi, bakirinda kuvanga indimi.
Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gutera no gusenya ingomero z’amashanyarazi za Iran, mu gihe icyo gihugu cyaba kitarafungura umuhora wa Hormuz mu masaha 48, kugira ngo amato atwara ibicuruzwa yongere gutambuka nta nkomyi, kuko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze (…)
Mutesi Pascaline avuka mu Karere ka Rubavu ari na ho yiga muri Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Rubavu. Yatangiye aya masomo ya Kaminuza nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2024, aho yize icyiciro cya kabiri cyayo afashwa na gahunda ya “Tubarere Neza Project” y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no (…)
Ikipe ya Police VC na REG VC mu bagabo na APR WVC zageze ku mukino wa nyuma uzagena uwegukana shampoyona 2025-2026 binyuze muri kamparamaka (Playoffs) nyumo yo gutsinda imikino itatu zasabwaga gutsinda Gisagara VC, Kepler VC na RRA WVC.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier yongerewe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri kwitegura imikino ya gicuti iri mu mpera za Werurwe 2026.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
Ishyirahamwe rya Ruhago muri Guinea ryasabye ko Maroc yamburwa igikombe cya Afurika cyo mu 1976, ivuga ko ibyatumye Senegal yamburya icya 2025 bitewe n’uko abakinnyi bivumbuye bakava mu kibuga umukino ugikomeje, Maroc nayo yabikoze mu mukino wa nyuma wabahuje wagombaga kugena uwegukana igikombe.
Ikipe APR FC yatsinze Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026, ifata umwanya wa mbere ku urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ku bwumvikane yatandukanye n’umutoza Bruno Ferry wari umaze amezi atatu ayitoza.
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo nyinshi zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda nka ‘Ziravumera’ yitabye Imana afite imyaka 80. Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026.
Muri Nyaruguru, Intara y’Amajepfo, ubwo itotezwa ry’Abatutsi ryakazaga umurego, umubyeyi wabyaye hungu na kobwa yakijije amagara ye, maze ahungana n’umuryango we i Burundi.
Mu nkuru ibanza, twabagejejeho ikiganiro twagiranye n’uwo twise Mujawamariya Bernadette winjiye mu Babikira ari umwana w’impunzi I Burundi, hanyuma akaza kubona inzira yo kuza mu Rwanda mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda, kuko yari afite ishyaka ryo gufasha FPR Inkotanyi, cyane cyane mu buvuzi.
Mu mikurire ye, Kansayisa Marie Grace yarebaga umubyeyi we yari asigaranye (mama), akumva ko byanze bikunze azakora mu bijyanye n’amafaranga, kuko nyina yakoraga ibijyanye n’Ubucungamari.
Uwakwibagirwa ibyo inama ya CHOGM yadusigiye, ntiyakwibagirwa byose ngo abure gusigarana izina "Mu Marangi".
Umuhanzi yararirimbye ati “urukundo ni indwara kandi itavuwe yakwica nk’izindi zose”, ariko rero, hari abantu baba bariyeguruye Nyagasani, ku buryo kubakunda, ibi byo gutereta bishobora gufatwa nko kurengera.
Ubundi abantu bazi ko habaho imyumbati y’imiribwa (hari abayita imiryoha), ni wa mwumbati umuntu ashobora guhekenya ukamuryohera, hakabaho n’imyumbati irura utabasha guhekenya, iyi ni yo bakunze kuvuga ko ari iy’ubugari.