Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahagarikwa na FPR Inkotanyi, bikwiye kwibutsa ibihugu kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside, zemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko abirirwa mu nama zo kugirira nabi u Rwanda ntacyo bazageraho, yemeza ko Jenoside itazongera kuba mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yijeje Abanyarwanda ko u Rwanda rutazongera gupfa ukundi kuko bidashoboka ko rushobora gupfa kabiri, bityo ko uwabigerageza bitamuhira.
Mu gihe ku ya 7 Mata 2026, u Rwanda rwatangiye Icyumweru cy’Icyunamo ndetse n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikipe ya Arsenal yifatanyije n’Abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye.
Mu masaha make nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Perezida Juvénal Habyarimana ku wa 6 Mata 1994, inzego zitandukanye z’ubutasi zo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi zirimo iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubwongereza n’u Bubiligi, zahuriye ku mwanzuro uremereye kandi usobanutse neza: icyo gitero cyaturutse imbere mu nzego (…)
Umujyi wa Kentwood, muri Leta ya Michigan mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wemeje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata buri mwaka ari Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda igahitana ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe mu minsi ijana gusa.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yabwiye amahanga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda bidahagije kuko bisaba kwigira ku mateka y’ibyabaye ndetse no kurengera abarokotse.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umunyarwandakazi Urujeni Nathalie yagaragaje urutonde rw’abayoboye abandi mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, bakajije umurego mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w’Urwibutso rwa Yad Vashem rushyinguwemo abazize Jenoside yakorewe Abayahudi, Dani Dayan yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, ahashyinguwe abarenga ibihumbi 100 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026, Urwego rutegura rukanagenzura Shampiyona Nyarwanda y’Icyiciro cya Mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ rwatangaje ikirango cyarwo gishya gisimbura icyari gisanzwe.
Ikipe Al Hilal SC yanganyije na Marines FC igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Mbere tariki 6 Mata 2026.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko imodoka z’amashanyarazi zitwara abagenzi zatumye igiciro cy’ubwikorezi kitazamuka cyane, kuko ubu cyazamutseho 35% mu gihe cyagombye kuba cyarazamutseho 120%.
Abadepite bagaragaje impungenge ku mitangire y’amasoko ya Leta, bavuga ko akomeje guharirwa abantu bake bifite, bigatuma ba rwiyemezamirimo bato n’urubyiruko badafashwa kugera ku mahirwe yo kuyapiganira, basaba ko hajyaho ingamba zituma umutungo wa Leta usaranganywa mu buryo buboneye.
Ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore,ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’amanota 57, irusha ikipe ya Police WFC ya kabiri amanota atatu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye, avuga ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ntaho rihuriye n’intambara irimo kubera mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane muri Iran, nk’uko hari abamaze iminsi babivuga ndetse basa n’ababiteramo urwenya.
Ikipe APR FC yatsinze AS Muhanga mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 5 Mata 2026, maze ikomeza kotsa igitutu Al Hilal SC iyoboye urutonde rw’agateganyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko Gaz icukurwa mu Kiyaga cya Kivu izatangira gukoreshwa mu gihembwe cya mbere cya 2028, ni ukuvuga mu mezi atatu abanza y’uwo mwaka.
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Beyoncé Knowles-Carter yamaze kwinjira ku rutonde rwa Forbes rw’abaherwe bafite umutungo ubarirwa muri Miliyari z’Amadolari, nk’uko byatangajwe mu rutonde rwa 2026.
Musenyeri Dr Laurent Mbanda, uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), yagarutse ku bantu batandukanye muri iki gihe usanga bizihiza umunsi wa Pasika kandi batari Abakirisitu, batanamwemera, bizihiza Pasika kuko ari umunsi mukuru gusa, mbese bakayizihiza mu ‘kigare’, agaragaza ko ibyo bidakwiye, ariko ngo hari (…)
Abanyakigali kimwe n’abandi bakirisitu bo hirya no hino ku Isi babukereye mu kwizihiza ibirori by’umunsi mukuru wa Pasika, wizihijwe kuri iki Cyumweru tariki 05 Mata 2026.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, mu butumwa bwabo bwa Pasika bageneye abakristu, babasabye kuba abahamya b’ukuri ba Kristu wazutse, by’umwihariko mu gihe u Rwanda n’Isi yose byitegura kwinjira mu cyumweru cy’icyunamo no mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi w’amafilime, Mugisha Emmanuel uzwi cyane mu ruhando rw’ubuhanzi nka Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Jacky bamaranye imyaka umunani babana, akaba yamubwiye ko ubu ari bwo agiye kumukunda kurushaho.
kipe Rayon Sports yanganyije na Gicimbi FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mata 2026, ikomeza kugenda biguru ntege ku gikombe cya shampiyona y’u Rwanda.
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yikurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange mu Ntara, bikazatangira gukurikizwa ku wa Mbere tariki 06 Mata 2026.
Hari abantu basohokera ahantu, bakaba bazi ko bari burye inkoko, bicaye mu busitani buri iruhande rwa Piscine, maze bagataha.
Nubwo muri iki gihe Isi ishishikajwe no gutubura ibiribwa hakoreshwa amafumbire n’imiti mvaruganda, umuhinzi-mworozi witwa Albert Nkundabagenzi, we yiyemeje gusigasira ubuhinzi bw’umwimerere aho akoresha amafumbire yikorera nk’imborera n’imiti yikorera mu bimera.
Ben Serugo na Mbanza Chance ni umugabo n’umugore bazwi mu muziki bakorana wo kuramya no guhimbaza Imana aho bakoresha izina rya ‘Ben&Chance’. Ben na Chance batangiye baririmbana mu 2011 ubwo bari bahuriye muri Alarm Ministries. Baje gutangira gukundana ndetse bakora ubukwe mu 2014.
Wari uzi ko habaho akabyiniriro k’abakirisitu? Yego! Ora Center iherereye Kicukiro yateguye Christian Dance Party and Games. Ni ibirori cyangwa se akabyiniriro kari buze kuba karimo umuziki uhimbaza Imana, ibyo kunywa bidasembuye ndetse n’imikino itandukanye kandi ihesha Imana icyubahiro. Bamwe mu bari bwitabire kano (…)
Jean Ahishakiye, utuye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, amaze imyaka irenga 20 atuye muri aka gace. Avuga ko hafi ya buri rugo rufite icyobo kijyamo amazi yakoreshejwe, ariko abantu bake akaba ari bo bamenya aho ayo mazi aherera.
Umujyi wa Buruseli ugiye kwakira umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Alexis Dusabe mu gitaramo ’Umuyoboro 25 Concert’ cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki.
Mu kinyejana cya 19, mu bitaro byo mu Mujyi wa Vienna muri Austria, habaye ikibazo gikomeye cy’ubwiyongere budasanzwe bw’imfu z’abagore bapfaga nyuma yo kubyara ariko ndwara yabahitanaga yari itaramenyekana.
U Burundi buherutse guhura n’ibyago. Mu Mujyi wa Bujumbura, ku wa 31 Werurwe, Ikigo cya gisirikare cya "Base" muri zone ya Musaga, cyafashwe n’inkongi, intwaro zose zirashya ziratokombera.
Kuri uyu wa 2 Mata, umuryango UNABU wateguye igikorwa cyiswe “Easter Chocolate Hunt”, cyabereye ku ishuri rya Ecole Internationale de Kigali (EIK), kigamije gufasha no gushyigikira abakobwa bafite ubumuga mu rugendo rwabo rwo kwiga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye kwibutsa abantu bose ko ari umubyeyi, kandi ufite uburenganzira bwo kuruhuka, akabana n’umuryango we.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6:00), ibiciro ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, harimo n’umusoro ku nyongeragaciro (VAT), bivuguruwe mu buryo bukurikira: Lisansi iragura Amafaranga y’u Rwanda 2,303 kuri Litiro, naho Mazutu iragura (…)
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko ubukungu bw’igihugu kugeza ubu buhagaze neza nubwo isi yugarijwe n’ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Perezida Paul Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana na Jeune Afrique, yabajijwe ku byo akunze kuvuga by’imikoranire y’ingabo za RDC na FDLR, abazwa niba yaba azi umubare w’abagize FDLR.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda nta kintu rushobora gukora mu byo rwasabwe byo gukuraho ingamba z’ubwirinzi, niba Perezida wa Congo Felix Tshisekedi bakomeje kumureka agakora ibyo yishakiye.
Muri gahunda ya RIB yo gukumira ibyaha, abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye ryitiriwe St Ignace riherereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, baganirijwe ku byaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga cyangwa se ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, nka bimwe mu byo urubyiruko rukunze kwisangamo, basabwa kubyirinda.
Mu Karere ka Ruhango hatangijwe umushinga w’icyitegererezo, ugamije gukusanya imyanda, no kuyitunganya, ku bufatanye n’Igihugu cy’u Bufaransa.
Ababyeyi b’abana bafite Autisme bavuga ko ari abana nk’abandi nubwo baba bafite imyitwarire idasanzwe, itandukanye n’iy’abandi, kuko iyo bakurikiranywe uko bikwiye bashobora kwigirira akamaro bakakagirira n’Igihugu.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteraniye muri Village Urugwiro, yavuze ko ibibazo by’intambara biri mu Burasirazuba bwo hagati, bizagira ingaruka ku bukungu bw’igihugu, cyane cyane mu rwego rw’ingufu.
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Mata, Ambasaderi GAO Wenqi ari kumwe n’abakozi bose ba Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, bagiye kunamira no guha icyubahiro Abashinwa bashyinguye mu irimbi riherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
CP Theos Badege yagizwe Komiseri mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri Barthazard Ntivuguruzwa, aranenga abavugabutumwa bihisha mu binyoma bakiba abaturage binyuze mu itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.