Leta ya Congo yongeye kugaragaza ko gahunda yatangaje mu cyumweru gishize yo gufata abagize umutwe w’iterabwoba wa FDLR ntacyo izageraho.
Ikiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026 kiragaruka ku buryo bwo kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro binyuze mu kwagura murandasi (Internet) n’ibikorwa remezo. Ibi byafasha kugira amahirwe angana ku myigire hirya no hino mu (…)
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yabonye intsinzi ya kabiri yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya nyuma izabera i Kigali.
Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium hasorejwe Imikino ya gicuti Mpuzamahanga ’FIFA Series’ mu itsinda rya kabiri aho ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe naho Tanzania ikegukana umwanya wa gatatu inyagiye Macau 6-0.
Abanyeshuri 28 biga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) n’abarimu babo baturutse muri SOAS University of London mu Bwongereza, basuye Ikigo gitegurira abahoze mu mitwe yitwaje intwaro n’abahoze ari abasirikare gusubira mu buzima busanzwe kiri i Mutobo mu Karere ka Musanze.
Ibikorwa bibiri by’impurirane byabaye muri iki cyumweru, byongeye kwibutsa urubyiruko ko ruri mu gihugu kirutegerejeho gufata iya mbere mu iterambere.
Abaturage bo mu Murenge wa Rutunga n’abo mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo, ku wa Gatandatu tariki 28 Werurwe 2026, bifatanyije n’abayobozi mu nzego zitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa, mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Werurwe, batera ibiti ku musozi uherereye mu Mudugudu w’Urukerereza mu Kagari ka Kigabiro (…)
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Pastor Lopez ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, yatangaje ko yishimiye cyane ubufatanye yagiranye na Prosper Nkomezi mu ndirimbo yabo bise “Imana Ikomeye.”
Abantu baragirwa inama yo kwita ku buzima bwo mu kanwa boza mu kanwa nibura gatatu ku munsi kandi bakoresheje uburoso n’umuti wabugenewe. Mu gihe kandi abenshi usanga boza amenyo batambitse uburoso, ni byiza gukoresha uburoso mu cyerekezo gihagaze kuko iyo butambitse byangiza igice cy’inyuma cy’amenyo ndetse n’ibiryo (…)
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika(AU) muri iyi minsi uri mu bibazo by’imiyoborere, bituma ikora amakosa menshi muri dipolomasi mpuzamahanga.
Perezida w’Umuryango AVEGA Agahozo, Hon. Mukamugema Alphonsine, yagaragaje uburyo urugendo rw’Ubudaheranwa rwafashije Abapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kongera kwiyubaka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bitangaje kuba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, uhuje ibihugu bigize umugabane wose ushobora gusigwa icyasha, ukisanga mu bibazo biturutse ku muyobozi wawo, umaze igihe kitagera no ku mezi abiri awuyobora.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Werurwe 2026, hateganyijwe ibirori bikomeye by’umukino w’iteramakofe bizwi nka Kigali Fight Night, bigiye kuba ku nshuro ya kabiri bikazabera muri rond-point ya Kigali Convention Centre, ahazitibara abakinnyi baturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika.
Twagirimana Jean, yavukanye ubumuga bw’amaboko yombi, ku buryo ibyo ashobora gukora byose abikoresha amano cyangwa se ibirenge, ariko ntibyamubujije kugera ku nzozi ze, haba mu mashuri, mu rushako n’akazi karebana no guteza imbere imibereho myiza y’abantu bafite ubumuga n’ibindi byiciro.
Mu ntangiriro z’umwaka ushize, ubwo intambara yari igeze mu gihe cy’amahina mu baturanyi b’u Rwanda ni bwo twumvise ijambo rishya rigira riti “ikirere cy’i Goma kirafunze, nta ndege zishobora kugikoresha.”
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL i Pretoria muri Afurika Yepfo, yatangiye itsinda Al Ahly yo muri Libya
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Werurwe, Kaminuza ya Mount Kigali University yamuritse ku mugaragaro robot nshya ifite imiterere nk’iy’umuntu (Humanoid Robot) yahawe izina rya “Unitree G1 EDU U6”, izafasha mu myigishirize, guhanga udushya ndetse n’ ubushakashatsi.
Umwongereza uzwi cyane mu bijyanye n’ibidukikije witwa David Attenborough, agiye gushyira hanze filime mbarankuru igaruka ku ngagi zo muri Pariki y’u Rwanda y’Ibirunga yise "A Gorilla Story: Told by David Attenborough".
Amafi ni kimwe mu biribwa bifitiye akamaro kanini umubiri. Nyamara hari beshi usanga bayafata nk’ikiribwa kitari icyabo, gihenze cyangwa cy’abasirimu. Uko u Rwanda rutera imbere cyane cyane mu bijyanye n’ubworozi, ntibikiri inzozi kuba umuntu yabona ifi ku isahane ye mu buryo bworoshye. Biranashoboka kandi kuyiyororera (…)
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arashimira imikorere y’ishuri ry’abayobozi ry’Akarere ka Ruhango, nk’agashya gafasha guha serivisi inoze abaturage, no kurema umuyobozi nyawe.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yanyagiriye ikipe y’igihugu ya Grenada imbere ya Perezida Paul Kagame ibitego 4-0, mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro, mu mikino ya FIRA Series 2026, iri kubera i kigali.
Igihugu cya Danemark, cyahoze kiri ku isonga mu gukoresha ikoranabuhanga mu mashuri kuva mu 2011, cyafashe icyemezo gikomeye cyo guhindura icyerekezo mu burezi mu kurengera abana hafatwa umwanzuro wo guhagarika ikoreshwa rya telefoni zigezweho (smartphones), imbaraga zishyirwa mu gushora amafaranga mu kugura ibitabo.
Ukwezi kurarangiye, warakoze cyane, agashahara karaza, none igihe cyo kwihemba kirageze.
Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ndi hano’, yakoranye n’umuhanzikazi w’umunyamerika Kimber Terry, ikaba iri mu zigize Album nshya ari gutegura gushyira hanze mu minsi iri imbere.
Guhomba byagera kuri buri wese, ariko nanone nta wakwirengagiza ko bamwe mu bagenda bivugisha mu muhanda, bamwe mu bafata imiti y’uburwayi bwo mu mutwe n’izindi ngaruka, babikomora ku guhomba akayabo bakabura aho bifata.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yinjiye mu masezerano y’ubufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi mu buhinzi, International Institute of Tropical Agriculture (IITA), agamije guteza imbere ubuhinzi bushingiye ku ikoranabuhanga no kongera umusaruro w’ibiribwa.
Abagore bafashijwe na ASA International (Rwanda) Plc bavuga ko bageze ku rwego rushimishije mu kwiteza imbere, binyuze mu bikorwa by’imari biciriritse bibafasha kwiyubaka no guteza imbere imiryango yabo.
Abajyanama b’ubuzima barenga ibihumbi 58 mu Rwanda bagiye gushyirwa muri Koperative Muganga SACCO, mu rwego rwo kurushaho kubafasha kwiteza imbere.
Ikipe y’igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein itsindwa igitego 1-0, mu mukino wa kabiri mu itsinda rya Kabiri ry’imikino Mpuzamahanga ’FIFA Series 2026’, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kane mu gihe Maccau yatsinzwe na Aruba ibitego 4-1.
Abahagarariye inyungu za gisirikare z’ibihugu byabo mu Rwanda (Defence Attachés) basobanuriwe uko umutekano w’u Rwanda n’uwo mu Karere wifashe, ndetse bagaragarizwa n’uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye no mu butumwa bw’amahoro bushingiye ku mikoranire ya gisirikare (…)
Abadepite n’Abasenateri bagaragarije Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ abaganga bimukira mu bindi bihugu kubera ikibazo cy’umushahara muto n’ibindi bibagenerwa bavuga ko bidahagije, ndetse n’ikibazo cy’abajya kwiga hanze Leta ibatanzeho amafaranga menshi, barangiza kwiga ntibagaruke ahubwo bagahitamo kwigumira mu mahanga (…)
Hirya no hino ku mavuriro, haba ku bigo nderabuzima ndetse no ku bitaro, hagaragara imirongo miremire y’abarwayi baba baje kwivuza, bikababangamira kubera kuhamara igihe kinini batarakirwa, haba n’aho bamwe bataha bakazagaruka bukeye, gusa iki kibazo ngo kiraza gukemuka bidatinze.
Umuraperi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Gandhi Djuna, uzwi nka Maître Gims yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo gutera inkunga imitwe y’abagizi ba nabi.
Inteko rusange ihuriweho n’imitwe yombi, muri iki gitondo yakiriye Minisitiri w"intebe Justin Nsengiyumva, ku kiganiro kijyanye no Gushyira umuturage ku isonga, kibanze cyane ku buzima.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kuzamura urwego rw’Ubuzima, aha ikaba irimo gukomeza kongera umubare w’abakozi b’urwo rwego, ihereye mu mashuri.
Depite Niyorurema Jean Rene yabajije Minisitiri w’Intebe icyo bateganya gukora kugira ngo babuze imbangukiragutabara gukomeza kwibasira ubuzima bw’abantu, baba abazitwaye, abarwayi ndetse n’abakoresha umuhanda.
Mu gihe Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva yagezaga ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi, gahunda ya Leta yo "Gushyira umuturage ku isonga", umwe mu bari mu nteko yasabye ko ubuvuzi bwa Gakondo bwashyirwamo imbaraga, ndetse, bukaba bwanandikishwa mu murage wa UNESCO.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ko abaturage batagmba kugira impungenge z’ibyiciro by’amafaranga azatangwa muri gahunda nshya y’Ubwisungane mu kwivuza, Mituweli, kuko "byakoranywe ubushishozi."
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva yagaragaje ko u Rwanda rumaze kwiyubaka mu kurwanya indwara zitandura, ku buryo mu myaka isaga itanu izi ndwara zagabanutse inshuro zirenga eshatu.
Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani mu Bwongereza, hashyizweho Musenyeri w’umugore uwo akaba ari Sarah Mullally.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaganye abihisha inyuma y’amadini n’amatorero bakambura abaturage, akenshi biyita ibyo batari byo, avuga ko ibyo bidakwiye mu Rwanda.
Perezida Kagame yemereye Abayisilamu gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare, hifashishijwe indangururamajwi uzwi nko gutora Adhana. Perezida Kagame yabibemereye mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2026.
Uyu munsi wabaye umunsi w’ibyishimo ku Bayisilamu mu Rwanda, kuko babonye amahirwe yo guhura na Perezida wa Repubulika imbonankubone, bakamugezaho ibyifuzo n’ibitekerezo byabo.
Umusaza w’imyaka mirongo inani w’Umuyisilamu ufite ubumuga yabwiye Perezida Kagame ko yabuze umwitaho, akaba ari we wenyine ushobora kumurengera, uko ngo abafite ubumuga bateraganwa.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Mussa Sindayigaya yashimiye Perezida Kagame uburyo yasubije agaciro Abayislamu bakaba batakitwa amazina y’amahimbano arimo no kubita Abaswayile. Mufti Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026 mu gikorwa cyo guhura no kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul (…)
Umuyisilamu wabaye mu itsinda ry’abigize intagondwa yashimye Ubutabera u Rwanda rwamuhaye na bagenzi be bari bafunganywe nyuma yo gutahurwaho ibyaha by’iterabwoba.