Mu gihe Itegeko rigenga ubwisungane mu kwivuza bita mituweli (Mutuelle de Santé) riteganya ko umuntu udafite ubwisungane mu buvuzi ateganyirizwa ibihano birimo igifungo ndetse n’ihazabu, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko icyo bushyize imbere ari ukwigisha abaturage b’aka karere bakumva umumaro wo gutanga uyu (…)
Umuryango Imbuto Foundation wagendereye abanyeshuri b’abakobwa biga mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ubashishikariza kwiyitaho, kugira intego y’ubuzima ndetse no kurwanya bivuye inyuma ibyababuza kugera ku ntego yabo mu gitaramo bagiranye kuwa gatandatu tariki ya 02/03/2013.
Nyuma y’aho Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ritegetse ko bitarenze muri Mata 2013, ikipe ya Rayon Sport igomba kuba yamaze kwishyura Raoul Shungu amafaranga itamuhaye ubwo yayitozaga, iyi kipe iterwa inkunga n’akarere ka Nyanza yatangiye gushakisha amafaranga yo kwishyura uwo mwenda mu rwego rwo kwirinda (…)
Umukecuru witwa Karubera Berina wo mu mugudu wa Twabumbogo mu kagari ka Nsanga ho mu murenge wa Rugendabari yatangiye ibikorwa byo kwiteza imbere ahereye ku mafaranga ibihumbi 10 gusa none ubu ageze aho kwitwa umumiliyoneri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi UNHCR ryatangarije i Bukavu muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo ko mu mwaka ushize wa 2012 ryacyuye impunzi z’Abanyarwanda 1,154 babaga muri Kivu y’Amajyepfo, barimo abari abarwanyi ba FDLR 390.
Igabanuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu mashuri yo mu karere ka Ngoma, ryagizwemo uruhare n’insanganyamatsiko abanyeshuri biga mu mashuri bari bihaye ubwo hatangizwaga imikino mu mashuri mu 2012.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon mu karere ka Nyanza bufatanyije na sosiyete y’itumanaho ya MTN, Rwanda batangije uburyo bushya bwo gufasha abafana bayo bafite amikoro macye gutanga imisanzu bakoresheje ikoranabuhanga rya telefoni zigendanwa.
Shampiyona y’umwka wa 2013 mu mikino ya Sitball na Sitting Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02/03/2013, ikabera ku bibuga bya Gatagara mu karere ka Nyanza.
Abanyeshuri biga mu Kigo cy’Amashuri Abanza cya Mbuga i giherereye mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke bamaze imyaka ibiri badakoresha mudasobwa bahawe muri gahunda ya One Laptop per child kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bihuriye mu biyaga Bigari (CEPGL), wahagurukiye guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorwa n’abagore muri uyu muryango kuko bufite uruhare mu iterambere nubwo budahabwa agaciro.
Umumotari n’uwo yari ahetse baraye baguye mu mpanuka yabereye ahitwa mu Dusego mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yagongaga moto bariho ahagana isaa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 01/03/2013.
Abagize njyanama y’akarere ka Gicumbi biyemeje kurushaho gukorera hamwe hagamijwe guteza imbere abaturage bagize akarere ka Gicumbi nyuma yo kunengwa kudatanga umusaruro ukwiye, mu mwiherero Nama Njyanama yari imazemo iminsi.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye, bakorera ishami ry’uwo muryango rishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, bashimye amasomo baherewe mu Rwanda. bakemeza ko atandukanye n’ayo baboneye mu bindi bihugu, kuko ibyo bigishwaga bagendaga bagahita banabyibonera mu baturage.
Nyuma yo gusoza shampiyona ya 2012/2013, nk’uko bisanzwe mu mukino wa Basketball hakinwa imikino uhuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona (Play-offs), iy’uyu mwaka mu bagabo ikazatangira ku wa wa gatanda tariki ya 2/3/2013 ku kibuga cya Kimisagara.
Ababyeyi bo mu karere ka Burera bafite abana biga mu mashuri abanza batangaza ko gahunda ya One Laptop per Child ari ingira kamaro, kuko ituma abana babo biyungura ubwenge haba mu ikoranabuhanga ndetse no mu bundi bumenyi bwo mu ishuri.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye impuzamiryango y’abanyarwandakazi Pro-femmes Twese Hamwe, kwitondera ibivugwa ko ihohoterwa mu miryango rikabije cyane muri iki gihe, aho ngo bishobora kuba atari ko bimeze, ahubwo ko ari uko abantu bahagurukiye kuvuga ihohoterwa.
General Pieng Deng Kuol, Umuyobozi w’igipolisi cya Sudani y’Amajyepfo, aratangaza ko kuza mu Rwanda ari icyubahiro kuri we kuza mu Rwanda bimuhesha icyubahiro kuko, mu Rwanda ahafata no kuza mu ishuri aho yigira ibyananiye abandi ko bishoboka.
Isabelle Uzamukunda w’imyaka 32, utuye mu karere ka Musanze ariko avuka mu karere ka Nyamasheke, yarangije kwiga atekereza guteza imbere aho avuka none ubu afite uruganda “AGASARO ORGANIC” ruri mu karere ka Nyamasheke, rubyaza umusaruro imbuto ku buryo rushobora gutanga umutobe wa litiro 500 mu munsi.
Umuyobozi Wungirije w’ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere myiza (RGB), Ambasaderi Fatuma Ndangiza, aratangaza ko mu turere twose yasuye, Karongi ari yo yabashije kumugaragariza ibikorwa bifatika kandi bishimije.
Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Turkiya yagizwe Lt. Gen. Cesar Kayisari, mu gihe Dr. Jeanne D’arc Mujawamaliya yoherejwe mu Burusiya naho Jean Pierre Kabaranga yoherejwe mu Buholandi.
Mu biganiro (sondage) abanyamakuru ba Kigali Today bakorera mu Ntara y’amajyepfo bagiranye n’abaturage bo mu turere bakoreramo mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare, abasaga 80% bagaragaje ko bifuza ko Perezida Kagame Paul yaziyamamariza manda ya gatatu.
Umutoza wa APR FC Eric Nshimiyimana aravuga ko afite icyizere cyo gutsinda akanasezerera Vital’o FC ubwo bazaba bakina umukino wo kwishyura muri ‘Champions League’ ku cyumweru tariki ya 3/3/2013 kuri Stade Prince Louis Rwagasore i Bujumbura.
Akarere ka Karongi kongeye kwesa umuhigo wo kuza ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza ku kigereranyo cy’100%. Kuva mu mwaka wa 2008 akarere ka Karongi ntikaratsimburwa ku ntebe ya mbere mu turere dufite abaturage bitabira ubwisungane bwo kwivuza mutuelle de santé bita mituweli.
Umukecuru witwa Reba Williams ufite imyaka 106 ngo yaba agiye guhabwa impamyabushobozi ye akwiye kuba yarahawe mu myaka 87 ishize. Amakuru dukesha Mansfield News Journal aravuga ko mu mwaka wa 1926 Reba Williams yari inkumi yigaga mu ishuri ryisumbuye rya Mount Vernon muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Umugore Mukanyandwi Esperance yabwiye abari bitabiriye gusezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi ko Ntahomvukiye Jean Pierre wari ugiye gusezerana na Nyirahabimana Elisabeth ari umugabo we babyaranye, ndetse bakaba bari banararanye mu ijoro ryo kuwa 27 rishyira kuwa 28/02/2013 ku munsi yari (…)
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe iterambere mpuzamahanga mu Bwongereza amaze gutangaza ko inkunga igera kuri miliyoni 16 z’Amayero Ubwongereza bwari bwahagarikiye u Rwanda irekuwe ikazoherezwa mu Rwanda ariko ngo ayo mafaranga azanyuzwa mu mishinga ikorana n’abaturage aho kunyuzwa mu ngengo y’imari ya leta y’u Rwanda.
Mutera Pater wari umubitsi wa koperative CUCUNYA ihuje abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza akaba yari aherutse gutorokana inkunga yabo isaga miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda yafatiwe mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, akaba yagejejwe i Nyanza aho yakoreye icyaha uyu munsi (…)
Umushinga Vision for Nation w’Abongereza ukorana na Minisiteri y’Ubuzima wazanye indorerwamo z’amaso zifashishwa n’abarwaye amaso zifite umwihariko ko zakoreshwa na buri murwayi kuko buri muntu azishyira ku murongo n’igipimo cy’uburwayi afite.
Umuryango ugamije ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari CEPGL ubitewemo inkunga n’Umuryango w’ibihugu by’Iburayi EU urateganya gukora imihanda ihuza imipaka y’ibihugu bihuriye muri uyu muryango kugira ngo bishobore korohereza imihahirane y’ababituye.
Abayobozi b’akarere ka Kamonyi basabye abakora ubucuruzi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga mu birombe bibarurirwa muri ako karere kwitwararika amabwiriza n’amategeko agenga iyo mirimo ngo habungwabungwe umutekano n’ubuzima bw’abaturage bitaba ibyo bagafatirwa ibihano.
Polisi y’u Rwanda ikurikiranye umukozi wa Banki y’Abaturage y’u Rwanda wakoreraga ku ishami ry’iyo banki mu Rutsiro acyekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda miliyoni icyenda n’ibihumbi 224.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro arasaba abatuye uwo murenge gutanga amakuru ku bantu bacukura amabuye rwihishwa mu mugezi unyura iruhande rw’ikibuga gikoreshwa mu myidagaduro, inama n’ibirori abo baturage bakenera mu murenge wabo.
Abanyamuryango ba Koperative Umurenge SACCO “Urufunguzo rw’ubukire” yo mu murenge wa Kaduha mu karere ka Nyamagabe batashye ku mugaragaro inyubako ya kijyambere yo gukoreramo biyubakiye ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 20.
Umuyobozi wa polisi ya Uganda, akaba n’umuyobozi w’ihuriro ry’igipolisi cyo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba, Lit. Gen. Kale Kayihura, aravuga ko kurwanya iterabwoba bishoboka, gusa bigasaba ko ibihugu byose bishyira hamwe ubumenyi, imbaraga n’amakuru.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, nyakubahwa Donald W. Koran yasuye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira mu Burengerazuba bw’u Rwanda aganira nazo ku bibazo bizugarije aho mu buhungiro kandi ashyikiriza ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR inkunga ya miliyoni eshatu n’ibihumbi (…)
Minisitiri mushya w’Ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba yatangaje ko imbogamizi agiye kujya ahangana nazo muri Minisiteri ayoboye ari ibikorwaremezo bidahagije nk’ingufu z’amashanyarazi, amazi, imihanda n’imiturire. Ibi byose ngo biterwa n’amikoro make y’Abanyarwanda ariko kandi ngo baranabikeneye ngo batere imbere.
Umubyeyi witwa Yankurije Eugenie wo mu mudugudu wa Rwinyana, mu kagari ka Shyogo, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, yiyemeje kujya akamishiriza abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu mudugudu atuyemo. Abo bana ngo azabakamishiriza nta kiguzi asabye ababyeyi babo.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko mu bakozi hari umwe ufunze akekwaho kuba yarafashe umukobwa ku ngufu. Hari amakuru avuga ariko ko uwo mukozi yaba atumvikanaga n’abayobozi akaba yageretsweho icyaha.
Mu bitaro bya Murunda mu Karere ka Rutsiro Intara y’Iburengerazuba haravugwa abakozi 6 batorotse akazi baburirwa irengero nyuma yuko biketswe ko baba bakoresha impamyabushobozi z’impimbano.
Abatuye mu Rwanda barasabwa guca burundu isakaro ya Fibrociment bita asibesitosi kuko abahanga n’inzego z’ubuzima zivuga ko iyo sakaro itera ingaruka zikomeye ku buzima. Ngo indwara indwara ziterwa n’iyi sakaro ni nyinshi zitandukanye kandi ngo umuntu ashobora kuzirwara zikazagaragara mu myaka iri hagati ya 20 na 40 zaramaze (…)
Ku nshuro ya gatanu kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti INILAK yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 631 bayirangijemo amasomo y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, ibirori byabereye i Kigali uyu munsi tariki ya 28/02/2013.
Nyuma y’inkuru yatangajwe na radio BBC y’Abongereza ku italiki ya 26/2/2013 mu rurimi rw’Ikinyarwanda ivuga ko hari abaturage bafunzwe mu karere ka Rubavu bazira kudatanga umusanzu mu bwisungane mu kwivuza bita mituweli, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwakurikiranye icyo kibazo busanga nta muturage wafunzwe azira ko atatanze (…)
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Iterambere ry’igihugu RDB, Rwanda Development Board, cyiremeza ko mu gihe cy’umweki kumwe ubuvumo buzwi nk’ubwa Musanze buherereye I Musanze mu karere ka Musanze buzaba bwamaze gutunganywa bunasurwa n’ababyifuza bose barimo na ba mukerarugendo, nk’ahandi hantu nyaburanga haboneka mu gihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu araburira abaturage ba Nyabihu n’abandi Banyarwanda guhungira kure ibikorwa byose byabahuza no gucuruza, gusakaza no gukoresha ibiyobyabwenge.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt. Gen Charles Kayonga aratangaza ko ingabo z’u Rwanda zikiri ku rugamba kuko hari benshi baba bibwira ko urugamba rw’Ingabo z’igihugu rwarangiriye ku guhagarika Jenoside no kurwanya ingoma y’igitugu. Lt. Gen Kayongo aremeza ko Ingabo z’igihugu zikirwana, kuko magingo aya zifite byinshi (…)
Minisitiri mushya ushinzwe Imari n’Igenamigambi mu Rwanda, Ambasaderi Claver Gatete aremeza ko mu mirimo mishya yashinzwe azihatira kunoza imikoreshereze myiza y’ingengo y’imari ya Leta kandi ngo azabigeraho neza kuko ari inshingano yumva kandi na minisiteri ayoboye ikaba ifite abakozi babishoboye.
Abarimu bigisha mu ishuri ry’isumbuye rya Gitisi i Bweramana mu karere ka Ruhango bemerewe kwishyurwa kimwe cya kabiri cy’umushahara wabo, nabo basabwa gusubira mu ishuri kugirango amasomo y’abanyeshuri bigishaga adakomeza guhagara mu gihe ibibazo by’imishahara bitarakemurwa burundu.
Ubucuruzi bushya bumeze nka “tombola” bumaze gukurura benshi Karere ka Burera ku buryo aho bukorerwa usanga huzuye abaturage benshi kuruta abahahira mu yandi masoko, ababwitabira bagerageza amahirwe yabo batanga igiceri cya 50 gusa, bamwe bagahomba abandi bakunguka.
Uzabakiriho Elias aremeza ko yatangiye aboha ibitebo ariko gahunda nziza za leta ziha urubuga n’imari abashaka kwiteza imbere zikamufasha kuba yarigejeje kuri byinshi birimo imodoka ebyiri kandi akemeza ko byose abikesha imiyoborere myiza yashyizwe imbere na Perezida Kagame.