Gatambayire Aimable, Hajabakiga Gilbert, Rukundo Juvenal na Mukarukundo Rose bari mu mabko ya Polisi Station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho gukora no gucuruza inzoga z’inkorano “ibikwangari.”
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rusizi ziri mu gikorwa cyo guhiga umuntu wese waba ufite imitego itemewe ikoreshwa mu kuroba injanga, nyuma yo gusanga amafi ari mu kiyaga cya Kivu ashobora kuzimira kukoabenshi nta wundi mwuga bagira uretse uburyobyi.
Umurambo wa Ntezirizaza Pierre w’imyaka 73 y’amavuko wabonetse mu ishyamba riherereye mu mudugudu wa Karuruma mu kagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro tariki 31/05/2013, nyuma y’iminsi itandatu yari ishize nta muntu uzi aho aherereye.
Mani Martin na Massamba bibumbiye muri Art For Peace, basusurukije urubyiruko rw’i Kayonza kuri uyu wa Gatanu tariki 31/05/2013, muri gahunda ya Youth Connekt yo muri kwezi kwahariwe urubyiruko.
Ikigo cy’amashuri cya Lycee de Rusumo giherereye mu murenge wa Nyamugari, bibutse Abatutsi bazize Jenoside ku nshuro ya 19, aho umuyobozi w’iki kigo yasabye abanyeshuri bahiga gukoresha ubumenyi bahabwa mu kugira neza no kwirinda ingengabitekerezo iyo ariyo yose yahagara.
Itsinda ry’Abadepite batanu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije basuye akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 31/05/2013, kugira ngo birebereye ibibazo bididinza igikorwa cyo gutera inka intanga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, aratangaza ko n’ubwo mu gihugu hamaze iminsi hagaragara ibikorwa bibangamiye umutekano nk’inkongi z’umuriro n’ubwicanyi mu miryango nta gikuba kiracika kugeza ubu, ku buryo umuntu yakwemeza ko nta mutekano uhari.
Abasore bane barimo umwarimu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi kuva kuwa Kane tariki 30/05/2013, nyuma yo gufatirwa mu cyuho bakina umukino urusimbi mu Gasentere k’ubucuruzi ka Muhondo, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke.
Nyuma y’uko intore zo kurugerero zitangiye icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa by’urugerero cyatangiye tariki 22/04/2013, urwo rubyiruko rurashimirwa imyifatire myiza rugaragaza kuva mu nyigisho rwahawe kugeza muri iki cyiciro cy’urugerero.
Imiryango 49 igizwe n’abantu 121 bari bamaze imyaka 19 m’ubuhunzi mu gihugu cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo bahungutse kuri uyu wa gatanu tariki 31/05/2013. Batangaza ko kimwe mu byababuzaga gutaha ari ukutamenya ukuri kw’ibibera mu Rwanda.
Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NHRC), itangaza ko raporo z’imiryango mpuzamahanga zivuga ko uburenganzira bwa muntu butubahirizwa mu Rwanda, zirangwa no kwivuguruza kuko zinenga ariko zikisubiraho zivuga ko birimo gukemurwa.
Amakipe arindwi ya volleyball, harimo abiri yo mu Rwanda, yatangaje ko atazitabira irushanwa ryo kwibuka abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, rizatangira kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013.
Fidele Kubwimana w’imyaka 21 y’amavuko arwariye mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro nyuma yo gutemwa mu mutwe n’umwe mu barwanaga, ubwo yari agiye kubakiza.
Bamwe mu bakenera serivisi zinyuranye mu karere ka Rwamagana bemeza ko babona inzego z’imirimo zinyuranye zaratangiye kunoza imitangire ya serivisi, bagasaba Leta kongerera ubushobozi izigicumbagira nko mu bigo by’imari.
New Forest Company, ikigo cyahawe uburenganzira bwo kubyaza umusaruro ishyamba rigabanya Pariki y’igihugu ya Nyungwe n’imirima y’abaturage (buffer zone) mu myaka 49, uretse gutunganya iryo shyamba ku buryo bwa gihanga, ngo iki kigo kizongera agaciro ibiti.
Abagize imitwe ya politike n’abahagarariye amadini mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare rugaragara mu mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 kuko bafite abayoboke benshi bagomba gukangurira kuzitabira aya mato.
Senateri Bizimana Evariste, umuyobozi wungirije wa komisiyo y’iterambere ry’ubukungu muri Sena y’u Rwanda arasaba ko ibigo byashyizweho hirya no hino mu turere ngo gifashe abaturage muri gahunda zitandukanye harimo no kwiga imishinga bitaba umwihariko w’abajijutse gusa.
Abana b’abakobwa 111 bo mu karere ka Rulindo bagiye bahura n’ibibazo bitandukanye, birimo no kubyarira iwabo kuri ubu barimo guhabwa amasomo akubiyemo imyuga itandukanye izabafasha mu buzima bwabo.
Umugabo ufite imyaka 45 wabanaga mu rugo n’umwana we w’umukobwa w’imyaka 9, yamuhohoteye tariki 25/5/2013. Bwacyeye umwana abimenyesha nyirasenge nawe wabimenyesheje Polisi maze atabwa muri yombi.
Frederick Sematama w’imyaka 33 y’amavuko wari atuye mu mudugudu wa Gasasa akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda basanze umurambo we umanitse mu giti tariki 30/05/2013, bikaba bicyekwa ko yimanitse ariko impamvu yatumye yiyahura ntiyabashije guhita imenyekana.
Nyirashyirambere Claudine w’imyaka 45 utuye mu Kagali ka Mubuga, Umurenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke tariki 29/05/2013 yishe uruhinja arunize nyuma y’umunsi umwe arubyaye.
Akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu kwita ku mibereho myiza n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umwana, biyemeje gufatanya no gushyira ingufu hamwe mu guhangana n’ikibazo cy’abana bata imiryango ndetse n’amashuri bakajya mu dusantere dutandukanye kuba inzererezi.
Umuvugizi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) yemeza ko inshingano z’umutwe udasanzwe w’ingabo zoherejwe kurwanya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo (brigade d’intervention) ari ukurwanya imitwe yitwaza intwaro harimo na FDLR.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF), mu karere ka Burera, bagera kuri 57, mu basaga 100 bari bitabiriye, nibo biyemeje kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa, rigamije guteza imbere ubucuruzi mu Rwanda.
Ikigega cy’ibiribwa ku isi (PAM) kiratangaza ko imihindagurikire y’ibihe ikomeje kongera inzara ku isi, bityo ibihugu bidahagurukira guhangana n’iki kibazo, bikaba bizahura n’ingaruka zirimo iz’inzara n’imirire mibi.
Sosiete y’abashoramari bo mu gihugu cya Turkiya yitwa Babilaks Construction Limited yamaze gushiga ibiro byayo mu Rwanda igiye kubaka stade nshya i Gahanga ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 40.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02/06/2013, itorero Indangamiraguhimbaza rizataramira abakunzi b’imbyino gakondo mu gitaramo bise « Abato mu muco » kizabera ku Kivugiza i Nyamirambo, ku rusengero rwa Bethlehem Miracle Church.
Ku mugoroba wa tariki 29/05/2013, inzuki zo mu ruvumvu ruri mu mudugudu wa Bitaba mu kagari ka Rugari mu murenge wa Macuba zaraturuye zirya abantu, zica inka ndetse n’ingurube.
Uwari myugariro wa FC Barcelona, Umufaransa Eric Abidal wari umaze iminsi afite uburwayi bw’umwijima yatangaje ku mugaragaro n’agahinda kenshi ko asezeye ku mupira w’amaguru.
Hashize iminsi Leta y’u Rwanda isaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwakira neza ababagana, nka bumwe mu buryo bwo kubafasha kugera ku iterambere. Bamwe mu bacururiza mu isoko ryo mu mujyi wa Butare batugaragarije ko bumva neza icyo bagomba gukora.
Umuryango Imbuto Foundation wakoze ubukangurambaga ku ndwara ya malariya ku baturage batuye mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 30/05/2013. Igikorwa cyaranzwe n’ibiganiro n’imikino bigamije kwerekana ububi bwa malariya.
Abahagarariye inzego z’urubyiruko mu karere ka Kayonza barasabwa kuba aba mbere mu kwitabira umurimo kugira ngo babere intangarugero urundi rubyiruko bahagarariye.
Imurikagurisha ryari kuba mu karere ka Nyamasheke kuva tariki ya 31/05/2013 kugeza ku ya 06/06/2013 ryasubitswe, nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Nyamasheke ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere.
Abasore batatu tutabashije kumenya amazina batuburiye umugenzi amafaranga ibihumbi 100 muri gare ya Kayonza baracika, ariko nyuma baza gufatirwa mu kabari bari bagiye kwiyakiriramo bakubitwa n’abaturage karahava mbere yo kugezwa kuri Polisi.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) ku bufatanye n’umuryango w’Abanyamerika Global Financial Integrity (GFI) igaragaza ko mu myaka 30 umugabane w’Afurika wabuze amafaranga arenga miliyari 1000 z’amayero.
Radiyo y’Abaturage Isangano ivugira i Rubengera mu karere ka Karongi yasuye umukecuru Nyiraminani Mariya ufite imyaka 79 warokotse Jenoside utuye mu kagari ka Mataba mu murenge wa Rubengera.
Bamwe mu bageni bo mu karere ka Bugesera bavuga ko bategekwa kuzana inyemezabuguzi z’ibishyingiranwa aba batahanye ku mugabo kugirango harebwe agaciro bifite kuko iyo umugabo asanze nta bintu azanye bifatika ahita asubizwayo.
Nshimiyimana Kayitani w’imyaka 29, yiciwe mu muhanda uva ku Ruyenzi werekeza i Gihara, mu rukerera rwa tariki 30/05/2013, ahagana saa cyenda n’igice z’ijoro. Mu bakekwaho kumwica basangiriraga mu kabari, umwe niwe umaze gutabwa muri yombi.
Abahanzi b’abanyarwanda Tom Close na Ama- G The Black bazagaragara mu gitaramo kizaba kirimo umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cya Uganda Ragga Dee kikazabera i Kigali tariki 08-09/06/2013.
Umugabo witwa Twiringiyimana Stanislas afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera akurikiranyweho icyaha cyo kuburanira abandi (avoka) kandi atabifitiye uburenganzira.
Aborozi bo mu mirenge y’akarere ka Rutsiro iherereye ku ishyamba rya Gishwati bavuga ko amafaranga 80 bahabwa kuri litiro y’amata ari macye cyane bagereranyije n’ingufu ubworozi bwabo bubasaba ndetse n’agaciro k’ifaranga muri iki gihe.
Mu ruzinduko abasenateri bo muri komisiyo ishinzwe ubukungu bagirira mu karere ka Nyabihu tariki 29-31/05/2013 bagaragarijwe ikibazo cya SACCO zitanga inguzanyo zidakurikije amabwiriza yo gutanga inguzanyo.
Bimenyimana Remy wo mu karere ka Rusizi yahumye amaso yombi afite imyaka 12 ariko akora ibintu bitangaje kuko abasha kumenya aho ageze akoresheje amaso y’umutima ku buryo utamuzi washidikanya ko afite ubumuga bw’amaso.
Ubuyobozi bwa EWSA bugiye gutangira gukora isuzuma ry’amashyuza ngo barebe ko yatanga umuriro w’amashanyarazi wakongera uwari usanzwe mu Rwanda. Iri gerageza rizabera mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu.
Umuyobozi w’akagari ka Ijwi mu murenge wa kamember ari mu maboko ya Polisi akekwaho gufata ruswa y’amafaranga ibihumbi 120 yahawe n’abo yari yafatiye imitego ya kaningini itemewe.
Kuva tariki 01-15/06/2013 hazaba amarushanwa yo kwibuka abari abakunzi b’imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Aya marushanwa yateguwe na Minisiteri ya Siporo n’umuco ku bufatanye na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Célestin, aratangaza ko imihigo y’uturere twose tugize iiyo ntara igeze kuri 80%, kandi ko na 20% bisigaye nabyo bizagerwaho muri Kamena 2013.
Abana bo mu mudugudu wa Gakagati, akagali ka Rutungo, umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinja ababyeyi babo kutita ku myigire yabo ariko ababyeyi bo bavuga ko biterwa n’amafaranga bacibwa n’ubuyobozi bw’ishuli ribanza barereraho.