Imbuto Foundation yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu migendekere myiza y’imikino y’igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, aho icyo kigo cyatanze miliyoni 97 zizakoreshwa kugeza iyo mikino irangiye muri Nyakanga 2013.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 18 yafashe umwanya wa kane ari nawo wa nyuma mu mikino y’igikombe cya Afurika cyasojwe ku ku wa gatatu tariki 27/03/2013 i Cairo mu Misiri.
Kuri uyu wa gatanu, tariki 29/03/2013 Urban Boys bazajya kwishimana n’abakunzi babo muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare banabamurikire ibihembo beherutse kwegukana muri Salax Awards ndetse n’amahirwe yo kuba mu bahanzi bahatanira PGGSS 3.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buri gukora ibishoboka kugira ngo za SACCO zose zo muri ako karere zibashe kugezwaho ikorababuhanga rya interineti mu rwego rwo kongera umutekano w’amafaranga abitse muri ibyo bigo by’imari.
Imwe mu mazu 36 yo mu mudugudu w’abacitse ku icumu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge; yasenywe n’imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 26/03/2013.
Ibiti n’indabyo bisasiwe n’ibyatsi bya pasiparumu byaratewe ku mihanda yose yo mu Ntara y’Iburasirazuba bisigaye hake kandi aho bwitabwaho buhatera gusa neza. Ubu busitani bwatewe ubwo Theoneste Mutsindashyaka yayoboraga iyo Ntara bituma bumwitirirwa.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, atangaza ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bagaruze amafaranga miliyoni 42 n’ibihumbi 780 ba bihemu bambuye ibigo by’imari iciriritse (Microfinance) byafunze imiryango.
Umugabo witwa Rukara Muganya Barayavuga w’imyaka 31 ukomoka mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu yiciwe mu murenge wa Rambura atewe icyuma mu mutima tariki 25/03/2013.
Ikipe ya Rayon Sports yatunguwe no gutsindwa ibitego 2-1 na Bugesera FC yo mu cyiciro cya kabiri ihita inayisezerera mu mikino y’igikombe cy’Amahoro yari igeze muri 1/8 cy’irangiza ku wa gatatu tariki 27/03/2013.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga (high risk zone) bazimurwa kandi ntibagire ingurane bagenerwa, uretse guha ubufasha abo bizagaragara ko batishoboye.
Igihembwe cy’ihinga cya 2013 B cyatangirijwe ku gihingwa cy’ingano mu karere ka Nyabihu kubera ko muri aka karere hera ingano kandi zigatanga umusaruro ushimishije cyane; nk’uko byasobanuwe n’ umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB).
Abaganga n’abaforumu bo mu bitaro bya Bushenge, Mibirizi na Kibogora bari guhugurwa ku buryo bugezweho bwo kuboneza urubyaro bwa burundu basanga abagabo bakwiye kwitabira ubu buryo kuko bwunganira ubwari busanzwe ku bagore.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje kuza kuganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aho abiga ibijyanye na politiki mpuzamahanga bibanze ku bukungu n’imitegekere y’abanegihugu ndetse n’imibanire y’u Rwanda n’amahanga.
Abayobozi barimo abashinzwe uburezi, imibereho myiza y’abaturage mu mirenge; abayobozi b’ibigo nderabuzima hamwe n’abahagarariye abacitse ku icumu ,ingabo na Polisi mu karere ka Kirehe bakoze inama kuri uyu wa 27/03/2013 biyemeza gutegura icyunamo uko bigomba.
Umunyamerikakazi Julia Pierson wakoreye umutwe ushinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (secret service) igihe cy’imyaka 30, ni we watoranyijwe na Perezida Barack Obama kuyobora uwo mutwe Ni ubwa mbere umugore ahawe uwo murimo mu mateka y’Amerika.
Uwihanganye Emmanuel wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yahagaritswe ku mirimo ye kubera kudatunganya inshingano ze tariki 26/03/2013; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyabihu ushinzwe imibereho myiza, Sahunkuye Alexandre.
Mfashwanayo Eugene w’imyaka 24 wabanaga n’ubumuga bwo kutavuga yahitanywe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bamujugunya mu ishyamba ry’ahitwa mu Kajagari ryo hafi y’iwabo mu murenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Rifatanyije n’abafatanyabikorwa baryo cyane cyane umuryango w’ababyeyi warishinze mu mwaka w’1985, ishuri ryisumbuye rya APAKAPE ryatangije inyubako y’igorofa ikubiyemo isomero (library), icyumba cya mudasobwa (ICT Room) ndetse n’icyumba mberabyombi.
Muri iki gihe hari imvugo igira iti “Abagabo barabuze”. Ibi biterwa n’uko hari abakobwa bageza igihe cyo gushinga ingo ariko ugasanga babuze abasore babakura iwabo. Ese ni uko abasore batagishaka kurongora cyangwa n’abakobwa babigiramo uruhare?
Imiryango 384 igizwe n’abantu 1634 mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yashyikirijwe amazi meza yakozwe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ibinyujije mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (PAM), ukaba ushyirwa mu bikorwa n’umuryango w’Abanyakoreya wa Good Neighbors ifatanije na Unity Club.
Intumwa za Minisitiri w’Intebe, kuva tariki 25-26/03/2013, zari mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo gufasha abahesha b’inkiko kurangiza imanza z’imitungo z’abarokotse Jenoside no gukemura n’ibindi bibazo by’abacitse ku icumu bijyanye no kurangiza kwishyurwa imitungo yabo.
Umuntu umwe yahitanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade, naho abandi umunani barakomereka ubwo icyo gisasu cyaterwaga ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wa tariki 26/03/2013.
Ihuriro ry’abagore Women Foundation Ministries ryo mu karere ka Kayonza, rifite intego yo guteza imbere umuryango nyarwanda rihereye ku mugore n’umwana w’umukobwa, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iryo huriro Pastor Alice Mignonne.
Imvura nyinshi ivanze n’inkubi y’umuyaga yaguye ku mugoroba wa tariki 25/03/2013, yasenye inzu eshanu z’abaturage hamwe n’urusengero rwa EAR mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi.
Akarere ka Nyamagabe katangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’uburyo bwo guhererekanya inyandiko hifashishijwe ikoranabuhanga hagati y’abakozi b’akarere, ibi bikaba bizazanira akarere inyungu haba mu kunoza imitangire ya serivisi, kwihutisha akazi ndetse no kugabanya amafaranga yakoreshwaga mu kugura impapuro.
Abanyengoma barakangurirwa kurwanya abatekamutwe bakoresha amafaranga y’amahimbano bagashuka abaturage ngo babatuburire babahe menshi.
Abakuriye amadini n’amatorero mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko biyemeje gushishikariza abayoboke babo kwitabira gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo ibikorwa bizagende nk’uko byateganyijwe.
Ubwo basurwaga n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ya Gitambi, Nyakabuye na Nzahaha, bamwe mu bagororwa bari muri gereza nkuru ya Cyangugu basabye ko ibibazo by’imiryango yabo byajya bikemurwa kugira ngo idasigara inyuma mu iterambere igihugu kiri kuganamo.
Ubwo yatangizaga igikorwa cyo kongerera ubushobozi abunzi mu karere ka Muhanga, Minisitiri w’ubutabera, Tarcisse Karugarama, yasabye abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda ko batazajya bayifata nk’umukeba wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye abanyeshuri 33 bavuye muri Kaminuza ya Stanford yo muri Reta zunze ubumwe za Amerika (USA) bari baje kwiga uburyo u Rwanda rubayeho, akaba yabasobanuriye ko intambwe rugezeho yo kwiyubaka ruyikesha uruhare rw’abaturage mu kwishakamo ibisubizo.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 18, ku wa mbere tariki 25/03/2013 yatsinzwe amaseti atatu kuri imwe na Algeria mu mukino wa mbere w’igikombe cya Afurika kirimo kubera i Cairo mu Misiri.
Habarurema Emmanuel wari ufite imyaka 33 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gasiza, akagali ka Gasiza mu murenge wa Muhanda yivuganywe n’abantu bavugwa ko bari bavuye kwiba inka tariki 25/03/2013.
Abakora uburaya bo mu karere ka Rusizi biyemeje kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya bwa SIDA birinda kwandura ndetse bakarinda ababagana.
Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza watangije gahunda y’itorero ry’igihugu mu mashuli abanza n’ayisumbuye yo muri uwo murenge kugira ngo abana batangire kwigishwa kugira indangagaciro na kirazira bakiri bato.
Uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Amajyaraguru atangaza ko abacuruzi bafite igicuruzo kitarenga miliyoni ebyiri basonewe kwishyura umusoro ku nyungu ariko bazakomeza kwishyura ipantante nk’uko bisanzwe.
Abayobozi bakuru mu nzego zose z’ubuyobozi mu Rwanda bazahura ku matariki ya 28-30/03/2013 mu mwiherero wihariye w’abayobozi bakuru b’igihugu uzabera mu ishuri rya Gisirikare bita School of Infantery i Gabiro mu karere ka Nyagatare.
Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.
Nyirabarura Primitive w’imyaka 19, utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu yabyaye abakobwa 2 n’umuhungu 1 ku mugoroba wa tariki 24/03/2013 mu bitaro bya Kabaya. Akarere kamuhaye amafaranga 100.000 byo kumufasha kamwemerera n’inka.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko abacuruzi bo mu isoko rya Muhanga batarebwa n’itegeko rishya ry’umusoro, basabwa kwiyandukuza muri icyo kigo bitarenze tariki 31/03/2013.
Umugabo Emanuel wihaye izina ry’ingwe ngo atere abantu ubwoba abambure, aherutse gufatwa na Polisi iramufunga bitewe nuko abaturage bagaragaje ko yambura abantu ariko habuze umuntu n’umwe umushinja.
Imyiteguro yo gushyira kaburimbo mu muhanda uhuza uturere twa Rutsiro na Rubavu igeze kure ku buryo nta gihindutse imashini zizaba zatangiye gusiza mu kwezi kwa mbere 2014.
Hakunze kugaragara cyane ibibazo hagati y’abahanzi n’ibyamamare ariko wakurikirana ugasanga ba bahanzi hagati yabo ntacyo bapfa cyangwa se baba bakwisanzuyeho bakakwibwirira ko rwose babanye neza.
Polisi yo mu mujyi wa Bangalore, mu gihugu cy’Ubuhinde yatangiye gukora abapolisi bakoze mu bikarito, maze ngo abashoferi nibabona bagende neza ngo badahanwa.
Umusore witwa Munyanziza Boniface wo mu kagari ka Rwindume mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yishwe n’ingona ziramurya ziramumara ubwo yajyaga kuroba rwihishwa mu kiyaga kitwa Gashanga.
« …it’s moving … (Biteye ubwoba) ni ijambo ryasohotse mu kanwa ka Angelina Jolie, icyamamare mu gukina filime muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari agisohoka mu muryango w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, nk’uko umwe mu bakozi b’uru rwibutso bari bamwegereye babitangarije Kigali Today.
Abanyarwanda bibumbiye muri company yitwa Algorithm Incorporation bashyize ahagaragara porogaramu za mudasobwa zifashishwa mu bucuruzi cyangwa ibindi bikorwa bisaba kubara cyangwa kubika amakuru umuntu aba azakenera.
Nyuma y’uko umutoza Didier Gomes Da Rosa agaragarije ko ari umutoza ushoboye, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamereye gusinya andi amasezerano y’imyaka ibiri yiyongera ku yo yari asanganwe y’umwaka ari hafi kurangira.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Murekezi Anastase, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izaba ari ihuriro ry’imyuga itandukanye bita “agakiriro” mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.