Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH) birakoresha uburyo butunganya amazi yanduye akongera akaba meza ku kigero cya 90%. Ubwo buryo bukoreshejwe bwa mbere mu ivuriro mu Rwanda, buzajya bufasha gukoresha ayo mazi mu bikorwa byo kubungabunga ibidukikije.
Nyuma yo gusohora indirimbo yise “Iz’ubu” muri Werurwe uyu mwana, umuhanzi Bigirimana Fulgence yasohoye indi ndirimbo yise “Ibanga” aho aririmba ibyiza by’urukundo rutari urumamo. Yemeza ko urukundo rw’ukuri hagati y’abakunzi babiri ruhwanye na paradizo hano ku isi.
Ndaruhutse Jean De Dieu uyobora akagali ka Gahima mu murenge wa Kibungo,akarere ka Ngoma yahawe moto na Polisi kubera kuba indashyikirwa mu gushyiraho morare irimo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira gahunda za Leta no kwicungira umutekano.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abo mu tugari bigize akarere ka Ngoma bahawe iminsi itarenze 20 yo kuba barangije gukemura ibibazo byose abaturage bagaragaje mu kwezi kw’imiyoborere myiza ku uyu mwaka wa 2013.
Umwana w’imyaka 16 witwa Uwimana Habineza wo mu mudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 02/06/2013, aburirwa irengero.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bishimira ko nyuma y’amezi abiri babonye umuyobozi mushya ibibazo byabo bibasha gukemuka vuba bagereranyije na mbere, hakabaho n’inama zibahuza n’abayobozi zigamije kwigira hamwe uko bafatanya mu bikorwa by’iterambere.
Polisi iratangaza ko hari abantu bamaze gufatwa bari guhatwa ibibazo ku bijyanye n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasira ishuri rya Ecole des Sciences de Byimana.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cyitiriwe Nelson Mendela kiri mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yakubise abanyeshuri babiri b’abakobwa bibaviramo guhungabana none ubu bivuriza mu kigo nderabuzima cya Ntarama.
Umudage w’imyaka 24 wahoraga ataka umutwe, aherutse gutungura abaganga bo mu gihugu cy’Ubudage bamukuye mu mutwe ikaramu y’igiti (crayon) ipima cm 7.
Mu gikorwa cyo gushishikariza urubyiruko kwirinda SIDA no kubafasha kumenya uko bahagaze ku buryo bworoshye, tariki 03/06/2013, urubyiruko rusaga ijana rwo mu karere ka Muhanga rwipimishije ku bushake ndetse runagirwa inama.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.
Kuwa 03/06/2013 ikigo MTN gicuruza serivisi z’itumanaho cyatangije gahunda y’iminsi 21 cyise iyo kugira impuhwe no kugaragariza Abaturarwanda urukundo mu buryo bunyuranye burimo gufasha no gutabara.
Ministiri ushinzwe iterambere n’ubutwererane w’Ubudage, Dirk Niebel, wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva tariki 02/06/2013, yatangaje ko igihugu cye gishyigikiye uburyo u Rwanda rurimo gutera imbere, ndetse n’uko rwitwaye neza mu kugarukana amahoro muri Kongo.
Chantal Mukankwanga w’imyaka 36, yaretse akazi yakoraga ko kubumba inkono ahitamo guhindura akajya mu bukorikori bwo kubumba amavaze agezweho, none asigaye atunze urugo rwe akabasha no kwishyurira abana be amashuri.
Abanyamuryango ba koperative Abasangirangendo Twisungane Mukama y’abafite ubumuga ikorera mu murenge wa Mukama ho mu karere ka Nyagatare yacitse ku ngeso mbi yo gusabiriza babikesha umwuga w’ubukorikori.
Umugore witwa Nyiransabimana Foibe utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera yafashe umwanzuro wo gukorera ubushake yigisha gusoma, kubara no kwandika abaturage batari babizi mu mudugudu atuyemo kuko hari hari abantu benshi batazi gusoma no kwandika barasabitswe n’ubujiji.
Inama ya gatanu y’u Buyapani n’ibihugu by’Afurika yasojwe kuri uyu wa mbere tariki 03/06/2013, umugabane w’Afurika wijejwe inkunga ingana na miliyari 10.8 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Umwana w’imyaka 5 witwa Sophia Moss ukomoka mu Ntara ya Louisiana muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika amaze gusoma ibitabo bigera 874 mu gihe cy’umwaka umwe amenye gusoma.
Dukomeze Ezechiel w’imyaka 30 utuye mu mudugudu wa Maya, akagari ka Kabuga, umurenge wa Kageyo, mu joro rishyira tariki 03/06/2013, yatemye umugore we witwa Mukamana Vestine nawe w’imyaka 30 aramukomeretsa bikomeye ku ijosi arangije nawe ahita yitwika na essance.
Umuhanda wa kaburimbo ukorwa mu karere ka Nyamasheke watangiye gusaduka bu bice bitandukanye, mu gihe nta mwaka urashira ukozwe. Ibi ngo bishobora kuba biterwa n’uko abawukoze bagiye ifungirana amasoko y’amazi bakayazibya badashyizeho ibiraro.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete KBS yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza i Kigali yagonze ikiraro cya Base ubwo yakwepaga imodoka itwara abagenzi izwi nka “Twegerane”, abagenzi batatu barakomereka.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwibuka abiciwe i Kabgayi mu gihe cya Jenoside uba buri tariki 02 Kamena, abaharokokeye basabye ko urwibutso rushya rugiye kuhubakwa rwagaragaza ubugome bwahabereye ndetse n’urugare abihayimana bagize.
Inama y’abamimisitiri iherutse kuba yagejejweho umushinga wo guhindura inoti y’amafaranga 500 igasimburwa n’indi nshya kugeza ubu ikiri kwigwaho.
Ubwo yatangizaga gahunda ya siporo rusange (sport de masse) mu bigo by’amashuri mu Karere ka Huye, ku tariki 01/06/2013, Dr. Harebamungu Mathias, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, yibukije abayobozi b’ibigo by’amashuri ko gukoresha abanyeshuri babo siporo ari itegeko, kandi ko abatazabyitabira (…)
Mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi ku cyumweru tariki 02-06-2013 bimuriye mu rwibutso rushya imibiri y’abatutsi basaga 3500 baturukaga mu duce dutandukanye tw’ahahoze ari muri perefegitura ya Kibuye bishwe muri jenoside yo muri Mata 1994.
Imibiri 77 y’inzirakarengane zo mu cyahoze ari amakomini ya Mukingi na Masango zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero mu karere la Nyanza tariki 02/06/2013.
Abakorerabushake ba komisiyo y’igihugu y’amatora bo mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 01/06/2013 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Rukumberi banarusigira inkunga y’ibihumbi 100 yo gusana uru rwibutso rutangiye kwangirika.
Ikipe ya Kaminuza y’Ubuhinzi n’Ikoranabuhanga ya Kibungo (INATEK) mu bagabo, na Pipeline yo muri Kenya mu bagore, nizo zegukanye igikombe mu irushanwa ryo kwibuka abakunzi ba Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ryasojwe ku cyumweru tariki 02/06/2013.
Niyikora Marthe w’imyaka 33 wari warahungiye mu Burundi atangaza ko hari igihe yari agiye guta abana be batandatu ariko ngo umutima ukamucira urubanza. Kubera ubuzima bubi yabagamo, yafashe icyemezo cyo gutahuka agera mu Rwanda tariki 01/06/2013.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (iCPAR) gifatanije n’ikigo gishinzwe guteza imbere imari n’imigabane (Capital Market Authority ) n’ Isoko ry’imari n’imigabane (Rwanda Stock Exchange) basuye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu wa Kamabuye mu karere ka bugesera.
Mu muhango wo kwibuka abahoze ari abashumba n’abavugabutumwa b’itorero ry’Abangirikani ba Diyosezi ya Kigali bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Guverineri w’intara y’i Burasirazuba Uwamariya Odette yasabye buri wese guharanira kudahutaza ikiremwa cy’Imana kuko yaremye muntu mu ishusho yayo.
Munyemana Jean Claude w’imyaka 23 yitabye Imana ahagana saa saba z’amanywa tariki 01/06/2013 azize intebe yakubiswe mu mutwe kuwa gatanu tariki 31/05/2013 ubwo yari mu mudugudu wa Muganza ho mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Igice cya mbere cya Filimi “Ineza Yawe” yanditswe n’umukinnyi wa filimi, Iyaremye Yves, ukomoka mu karere ka Burera, cyageze ku isoko ku wa gatandatu tariki 01/06/2013, nyuma y’iminsi myinshi gitegerejwe.
Bamwe mu bacuruzi b’utubari tw’inzoga bafungura utubari mu masaha y’akazi, abaturage bakanywa inzoga bakageza ubwo basinda ntacyo bikanga aho kujya gukorera ingo zabo ngo zitere imbere.
Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona, igatwara n’igikombe cya ‘Champions League’, tariki 01/06/2013, Bayern Munich yanatwaye igikombe cy’igihugu bita ‘DFB-Pokal’ itsinze Stuttgart ibitego 3-2.
AS Kigali bakina ari bakinnyi 10 mu kibuga, bwa mbere mu mateke yayo, yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera APR FC iyitsinze penaliti 4-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 01/06/2013.
Mu muhango wo gutangiza siporo mu bigo by’amashuri ndetse no kwibuka abakoraga siporo bazize Jenoside, tariki 31/05/2013, umukozi ushinzwe ubushakashatsi muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Gasanabo Yohani Damaseni, yasobanuriye abanyeshuri bo mu bigo byo mu mujyi wa Butare ko Jenoside n’intambara bitandukanye.
Abantu babiri bitabye Imana abandi babiri barakomereka cyane mu mpanuka y’imodoka ya FUSO yabaye mu gitondo cya tariki 01/06/2013 mu gice cy’ishyamba rya Nyungwe giherereye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Mu isozwa ry’inama ngaruka mwaka za Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) zari zimaze iminsi itanu zibera Marrakech, muri Maroc zasojwe tariki 31/05/2013 hemejwe ko inama nk’izo z’umwaka utaha zizabera i Kigali tariki 19-23/05/2014.
Kubera inkongi y’umuriro yongeye kwibasira ishuri rya Ecole des Science Byimana, tariki 02/06/2013, abanyeshuri 320 b’abahungu biga muri icyo kigo basubijwe iwabo mu gihe hagishakishwa ahandi bazajya barara.
Ubwo Umuryango w’abibumbye (UN) wizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ababungabunga amahoro ku isi tariki 29/05/2013, Ingabo na Polisi b’Igihugu babihariye gusuzuma uburyo bitanga hirya no hino ku isi, mu kurengera ubuzima bw’abantu no guharanira iterambere rusange ry’abo bagiye kurinda.
Kuwa gatandatu tariki 01/06/2013 byari ibintu bidasanzwe ubwo ikipe ya Rayon Sports yerekanaga igikombe cya shampiyona yatwaye muri uyu mwaka wa 2013 imbere y’abafana bayo aho iyo kipe ikomoka mu karere ka Nyanza.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) kiremeza ko nta gihugu na kimwe cyagera ku iterambere nyaryo kandi rirambye ribaye ridashingiwe ku miyoborere myiza, bityo RGB igasaba Abanyarwanda guharanira imiyoborere myiza mu nzego zose ngo u Rwanda ruzatere imbere ku buryo busesuye.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 01/06/2013 yatahuye abacururizaga ibiyobyabwenge by’urumogi mu gisenge cy’inzu mu murenge wa Musha ahitwa Kadasumbwa.
Amakipe atatu y’abagabo n’amakipe abiri y’abagore yose yo mu Rwanda yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi b’umukino wa Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, iyo mikino ikaza gusozwa kuri icyi cyumweru tariki 02/06/2013.
Ku bufatanye bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) na komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), urubyiruko rukora siporo n’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na Kaminuza mu karere ka Rubavu bibutse abanyeshuri n’abakoraga siporo bishwe mu gihe cya Jenoside.
Minisitiri Vincent Biruta ushinzwe uburezi mu Rwanda aravuga ko Guverinoma y’u Rwanda ihamagarira Abaturarwanda bose guhaguruka bakarwana ku buzima bwabo bitabira gukora siporo byibura rimwe mu cyumweru kuko abahanga bagaragaje ko siporo n’imyitozo ngororamubiri birinda abantu kurwaragurika.
Inama y’Igihugu y’Abantu Bafite Ubumuga kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013 yatangije gahunda y’imihigo ku rwego rw’igihugu, igikorwa cyabereye mu karere ka Karongi ahahuriye abahuzabikorwa bo mu Ntara y’iBurengerazuba.
Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi mu ishuri rya Green Hills Academy, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/6/2013, bemereye Mme Jeannnette Kagame ibyo yabasabye, birimo kudata umuco w’iwabo wo kwihesha agaciro no guharanira kugira ubuhanga buhanitse, aho bagiye kwiga hirya no hino ku isi.