Kuva tariki 12-26/04/2013, abagize Inteko ishinga amategeko y’ibibihugu bitanu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EALA), bazaba bari kumwe n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, aho bagiye gufata ingamba zatuma amahame y’umuryango wa EAC ashyirwa mu bikorwa byihuse.
Mu gihe cy’ibiganiro byo kuwa 10/04/2013 bijyanye no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abacitse ku icumu bo mu mujyi wa Butare bagaragaje ikibazo cy’imfubyi yitwa Rutsindura Alexis waburiwe irengero. Ngo yagiye agirirwa nabi kenshi biza kurangira abuze burundu.
Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Butare bahangayikishijwe n’impunzi zituruka mu nkambi ya Kigeme zikaza gusabiriza mu mujyi batuyemo.
Athanase n’uwo bita Tunga barwaniye mu mudugudu wa Bigega mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu ijoro rishyira tariki 10/04/2013 bapfuye umugore birangira umwe akuye undi iryinyo ndetse n’urugi rw’inzu barushinguzamo.
Abaturage icyenda bo mu murenge wa Bugarama ku karere ka Rusizi barinubira kuba batishyurwa amafaranga yabo nyuma y’uko babujijwe kugeza ikibazo cyabo kuri Perezida Kagame bizezwa ko bazahembwa vuba.
Mu kiganiro Gen. Alexis Kagame uyobora ingabo mu Ntara y’amajyepfo yagejeje ku baturage bo mu Kagari ka Butare, umurenge wa Ngoma ku karere ka Huye, kuwa 09/04/2013, yagaragaje ko Jenoside yo mu Rwanda ifite umwihariko wo kuba yarifashishije abicanyi benshi.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) yamuritse urwibutso rukubiyemo amazina y’abakozi bakoraga muri iyi minisiteri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabaye ubwo bongeraga kunamira izo nzirakarengane ku nshuro ya 19, tariki 09/04/2013.
Abakozi ba Minisiteri y’ubutabera (MINIJUST) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu karere ka Bugesera, tariki 09/04/2013, batashye biyemeje guharanira ko abagizeuruhare muri Jenoside bakidegembwa hirya no hino bashyikirizwa inkiko.
Mu gihe u Rwanda rwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu ntara y’uburengerazuba hamaze gutabwa muri yombi abantu icyenda bashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo butandukanye.
Abana 28 b’imfubyi ndetse n’abatawe n’ababyeyi bakiri impinja, bahawe inzu ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 300, mu murenge wa Gacaca, akarere ka Musanze.
Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 abaturage bo mu karere ka Gicumbi bamaze gukusanya miliyoni 13 zo kuzasana amazu y’abarokotse.
Wizeyimana Bernadette warokotse Jenoside utuye mu mudugudu Ituze, akagari ka Pera mu murenge wa Bugarama yagiye hanze kwihagarika mu ijoro rya tariki 08/04/2013 maze amaze kwika hasi umuntu amuturuka inyuma amupfuka igitambara mu maso ikindi ikimusyira mu kanywa atangira kumukubita umuhini.
Mu rucyerera rwa tariki 08/04/2013, abantu bataramenyekana batemaguye inka y’umugore witwa Mugiraneza Ernestine wo mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero maze bayisiga ivirirana barigendera.
Ndayisaba w’imyaka 29 na Iyakaremye Thomas w’imyaka 31 bo mu Kagali ka Muhororo, Umurenge wa Mataba bafatanwe hafi ikiro cy’urumogi tariki 08/04/2013, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke.
Nubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kuva cyera, urupfu rwa Perezida Habyarimana rwabaye imbarutso yo kwica Abatutsi ku mugaragaro. Dore amwe mu matariki yabayeho ubwicanyi bukomeye.
Bamwe mu barokokeye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rugango barasaba byimazeyo ubuvugizi n’ubufasha mu kubaka urwibutso no gushyingura imibiri ahasubiza icyubahiro n’agaciro abavandimwe babo bahashyinguwe.
Kimwe n’Abanyarwanda bose muri rusange, tariki 07/04/2013 Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Haiti bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko kuba urubyiruko rwumva neza gahunda yo kwibuka biratanga icyizere cy’uko Abanyarwanda bazubakira ku mateka mabi igihugu cyanyuzemo ariko bigatuma bubaka u Rwanda ruzima.
Inyigisho zijyanye n’intego yo guharanira kwigira mu gihe cyo kunamira abazize Jenoside mu karere ka Nyarugenge zatanzwemo n’imigani Abanyarwanda bakoreshaga mu kwirwanaho, nk’igira iti “urya ibitamuvunnye mu maboko avuga ibitamuvuye mu mutwe” na “umwana uzi ubwenge umusiga yinogereza”.
Intara ya Rhénanie Platinat yo mu gihugu cy’u Budage yashyikirije amashuri 14 yo mu karere ka Ruhango ibikoresho byo muri Laboratwari bigenewe gukoreshwa mu masomo y’ubutabire (Chemistry), ubugenge (Physics), n’ibinyabuzima (biology).
Dusingizimana Israel wahoze ari conseiller ( Konseye) wa segiteri Mushirarungu mu cyahoze ari komini Nyabisindu mu gihe cya Jenoside ubu akaba afungiye muri gereza ya Mpanga yatanze ubuhamya bw’uko Jenoside yateguwe n’uruhare yayigizemo.
Ikipe ya Basketball y’intore ziri ku rugerero mu karere ka Ngoma zatsindiye amafaranga ibihumbi 800 mu marushanwa ku miyoborere myiza no kurwanya malariya yateguwe n’akarere ka Ngoma.
Bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya II mu kagali ka Gahogo mu mujyi wa Muhanga bahangayikishijwe n’ubujura bukorerwa mu ngo nijoro bwongeye gufata intera ikabije muri iyi minsi.
Minisitiri ushinzwe umuco n’itangazamakuru muri imwe muri Leta zigize Sudani Ragab Elbash n’itsinda ry’abanyamakuru bo muri Sudani tariki 04/04/2013 basuye Radio Izuba bagamije kureba imikorere y’amaradio y’abaturage mu Rwanda n’icyo Sudani yakwigira kuri iyo mikorere.
Umurenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro uranengwa ko umwaka ushize wari ku mwanya wa kane none muri uyu mwaka ukaba uri ku mwanya wa 12 mu kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arimo gutegura uko azibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi b’imikino bazize Jenoside, ibyo bikorwa byo kwibuka bikaba biteganyijwe muri Gicurasi na Kamena uyu mwaka.
Ubwo abantu bavuye mu mpande zose z’igihugu bahuriraga ku Rwibutso rwa Buranga, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke baje gushyingura imibiri y’abazize Jenoside, abantu 14 bagize ikibazo cy’ihungabana, kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013.
Ishyaka ryo muri Afurika DA (Democratic Alliance) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa ANC rirasaba Prezida Jacob Zuma gutanga ibisobanuro ku butumwa bw’ingabo z’Afurika y’Epfo zitegura kujyamo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Alexis Nzamwitakuze w’imyka 29 utuye mu kagari k’Amahoro umurenge wa Muhima ari mu maboko ya polisi akurikiranywe kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside mu buturage avuga ko kwibuka jenoside ari iby’Abatutsi gusa.
Ikipe ya APR Volleyball Club iri mu mikino y’igikombe cya Afurika gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo irimo kubera i Antananarivo muri Madagascar yasezerewe muri ¼ cy’irangiza itsinzwe amaseti 3-0 na Al Ahl yo mu Misiri mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 08/04/2013.
Bwamwe mu batuye akarere ka Muhanga basanga Leta y’u Rwanda yarakoze byinshi biganisha ku guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo haracyari byisnshi byagakozwe birimo ubushakashatsi bwimbitse kuri Jenoside.
Umutoza w’ikipe ya Manchester City, Roberto Manchini, yanejejwe cyane no gutsinda mukeba Manchester United ibitego 2-1 ku wa mbere tariki 08/04/2013, ariko avuga ko azatwara igikombe umwaka utaha kuko igikombe cy’uyu mwaka cyo ngo asanga cyaramaze kumucika.
Mujawayezu yarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Zaza mu ntara y’Iburasirazuba ariko kuri ubu atuye mu murenge wa Nemba, akarere ka Burera, mu ntara y’Amajyaruguru.
Robert Bobby Williamson watozaga ikipe y’igihugu ya Uganda yasezerewe kuri iyo mirimo, nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Liberia, bikagabanyiriza Uganda amahirwe yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze ni hamwe mu hantu hagaragaye ukwica Abatutsi mbere y’umwaka 1994, ndetse abahatuye bakemeza ko bwari uburyo bwo kugerageza Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata rwubatse mu karere ka Bugesera mu murenge wa Nyamata rushyinguyemo imibiri y’abantu barenga ibihumbi 45, rukaba rubitse amateka menshi agaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi w’imideli akaba n’umunyamakuru, Dady de Maximo Mwicira Mitali, abinyujije kuri facebook kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013 yatanze ubutumwa bujyanye n’icyunamo cya Jenoside mu buryo bw’igisigo.
Kuri uyu wa mbere tariki 08/04/2013, sosiyete ye MTN icuruza itumanaho rya telefone zigendanwa yasuye abacitse ku icumu bo mu Bisesero, umurenge waTwumba mu karere ka Karongi babatera inkunga y’amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 500.
Nyampinga w’u Rwanda, Umutesi Aurore, afatanyije n’urubyiruko, ba Nyampinga, abahanzi na Positive Production barategura ijoro ryo kwibuka urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Imwana w’imyaka itandatu yitabye Imana, nyina umubyara arakomereka kubera imvura nyinshi yateye inkangu yagwiriye inzu babagamo kuri iki cyumweru tariki 07/04/2013. Iyo mvura nyinshi yanangije amazu 13 mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke.
Birasa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kavumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana yatawe muri yombi tariki 07/04/2013 akurikiranyweho amagambo ashinyagurira Abatutsi bishwe muri Jenoside no kuyipfobya.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni (UNMISS) muri Sudani y’Amajyepfo zifatanyije n’Abanyasudani, tariki 07/04/2013, bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 19Jenoside yakorewe Abatutsi.
Icyiciro cya kabiri cya gahunda y’imbaturabukungu (IDPRS II) iteganya ko bukungu n’imibereho y’Abanyarwanda bagomba kwiyongera. Amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka azava ku madorali y’Amerika 644 agere ku madorali 1200.
Ubwo yagiranaga inama n’abakozi b’akarere ndetse n’izindi nzego zitandukanye, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, yabasabye ko bajya bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane, mu rwego rwo kugaragaza isura nyayo by’umwihariko w’aho bakorera.
Nyuma y’uko Nyirakanyana Francoise abyaye abana bane mu mpera z’umwaka ushize, akaza kugabirwa inka y’inzungu ikamwa hamwe n’iyayo, tariki 06/04/2013 yagabiwe inzu.
Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yagiranye inama n’abakozi ndetse n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013 bagamije kwibukiranya ku cyo Leta ibifuzaho, barebera hamwe aho intege nke ziri, bafata n’ingamba zo kwikosora kugira ngo bihute mu iterambere.
Stade ya Cyasemakamba iri mu karere ka Ngoma yari yarashaje, iri kubakwa ku buryo bugezweho. Nubwo iyi stade iri kubakwa ngo ntizaba ari iy’umupira w’amaguru ahubwo izaba ari stade y’imyidagaduro (petit stade).