Abahinze inanasi mu materasi barasaba uburengazira bwo kuzirandura, kuko zajemo uburwayi zikaba zidatanga umusaruro, bigatera abaturage gusonza. ariko ubuyobozi bw’umurenge ntiburabibemerera kuko bwemeza ko iyo ndwara ishobora kuvurwa.
Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) n’umujyi wa Kigali bagaragaje ko guha amazina imihanda no gushyira nimero ku mazu bizafasha abatuye umujyi n’abawugendamo, kurangira no kurangirwa mu buryo bworoshye, umuntu atabanje kuyobagurika.
Ikiciro cya nyuma cy’Abanyasudani y’Amajyepfo bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri icyo gihugu, bahabwaga amahugurwa mu Rwanda, baravuga ko batunguwe no kubona ko nyuma yo kuva mu bihe bikomeye u Rwanda rwashoboye kwihuta mu iterambere.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wateye u Rwanda inkunga ya miliyoni 40 z’amayero, azakoreshwa mu kubaka imihanda mu rwego rwo gufasha gukwirakwiza imyaka ku masoko kugira ngo harwanywe inzara mu gihugu.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Burera yabaye tariki 14/03/2013, hagaragajwe ko mu gihe cy’iminsi 60 ishize abana barindwi, bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere, bamaze gufatwa ku ngufu.
Ku rutonde rw’uko amakipe y’ibihugu akurikirana ku isi rwashyizwe ahagarahara tariki 13/03/2013, u Rwanda ruri ku mwanya wa 132, rukaba rwasubiye inyuma imyanya ibiri kuko mu kwezi gushize rwari ku mwanya wa 130.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko gahunda yo gufasha abanyeshuri gutahuka bajya mu biruhuko izakomeza uko yari isanzwe iriho, aho bazataha bikurikije intara. Ariko Minisiteri igasaba ababyeyi gufasha abana babo kubahiriza igihe n’amabwiriza yashyizweho.
Ku mugoroba wa taliki 14/03/2013 abandi Banyecongo 1143 bahungiye mu Rwanda zitinya ko intambara ihuje abarwanyi ba M23 basubiranamo ishobora kubageraho.
Abunzi bari guhabwa amahugurwa mu mushinga wo kwegereza abaturage ubutabera batangaje ko hari byinshi bakoraga basanze bigomba guhinduka mu rwego rwo gutanga ubutabera bwunga nyabwo.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukora ibishoboka kugira ngo babone aho bimurirwa hisanzuye ndetse n’umutekano wabo ucungwe neza kurushaho.
Banki y’isi yataganje ko yageneye u Rwanda impano ya miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika, agenewe gufasha igihugu mu ngamba zo guhangana n’ingaruka ziterwa n’indwara, kubura imirimo cyane cyane mu cyaro, cyangwa izituruka ku biza n’imihindagurikire y’ibihe.
Abakozi b’ibitaro n’ababyeyi babyarira mu bitaro bya Nyagatare no mu bigo nderabuzima bikorana barasabwa kurushaho kwita ku mutekano w’abana babyaye, bakirinda gupfa kubaha uwo babonye nyuma y’aho umubyeyi witwa Murekatete Donata yibiwe uruhinja yaramaze icyumweru abyaye.
Mu mvura yaguye tariki 14/03/2013, mu mudugudu wa Gasiza, akagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi karere ka Ruhango, imbwa zatatse ihene z’abaturage zirazirya 9 muri zo zihita zipfa.
Abaganga 16 b’impuguke baturuka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) baza inshuro ebyiri ku mwaka mu bitaro bya Gitwe kuvura indwara zananiranye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo kubaga abafite indwara y’umwingo ku buntu.
Ubukene batewe n’umusaruro mubi wavuye mu buhinzi bwa Soya n’ubw’inanasi, uburyo bwakoreshejwe mu bukangurambaga bwo kwitabira Mituweli ni byo bibazo byaganiriweho mu kiganiro abatuye umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi bagiranye n’abanyamakuru tariki 14/03/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu rwego rwo gukomeza guhashya ikiyobyabwenge cya kanyanga hafashwe ingamba ko umudugudu uzajya ufatirwamo kanyanga abawutuye bazajya babibazwa.
Intumwa zo mu gihugu cya Lesotho ziri mu ruzinduko mu Rwanda ziratangaza ko zikuye isomo rikomeye ku Banyarwanda ku bijyanye no kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage kuburyo zigiye kubyifashisha mu guteza imbere imiyoborere yo mu gihugu cyabo.
Mugiraneza Jean Baptiste ntabwo yahamagawe n’umutoza Milutin Sredojevic ‘Micho’ ubwo yashyiraga ahagaragara abakinnyi 24 bagiye gutangira kwitegura gukina na Mali mu gushaka itike y’igikombe cy’isi.
Ubwo hasozwaga imurikabikorwa ry’iminsi ibiri mu karere ka Kirehe, tariki 13/03/2013, umujyanama mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) yasabye abaturage kwitabira kumurika ibyo bakora kuko ari kimwe mu bigaragaza ko bishimishije ibyo bakora.
Perezida w’abanyamakuru baharanira guteza imbere ururimi n’umuco, Rukizangabo Shami Aloys, aravuga ko iyo umwenegihugu yataye umuco we ndetse n’ururimi rwe nkana, aba atakiri umwenegihugu.
Urwego rw’umuvunyi rwamenyesheje abaturage n’inzego z’ibanze mu turere twa Gakenke na Karongi, ko kuva tariki 18-29/03/2013, Umuvunyi mukuru, Aloysia Cyanzayire azumva ibibazo bishingiye ku karengane yakiriye mu biro bye ndetse n’ibindi azasanga abaturage bafite.
Abanyeshuri 31 biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK), kuri uyu wa 13/03/2013, bafatanije n’abanyeshuri bari ku rugerero mu murenge wa Kirehe basaniye abaturage batishoboye amazu abiri batanga n’ihene 13 ku batishoboye.
Abakozi ba Minisiteri ifite mu nshingano zayo umuco ndetse n’ab’inteko nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) baratangaza ko basanze umuco n’ururimi rw’ikinyarwanda biri kugenda bitakara buhoro buhoro.
Abanyeshuri biga bacumbikirwa mu bigo bimwe na bimwe byo mu karere ka Rutsiro bashima imikorere y’amatsinda y’abanyeshuri azwi ku izina rya Media Club kuko afasha abanyeshuri kumenya amakuru y’ibyabereye hirya no hino, mu gihe ngo nta handi baba babashije kuyakura kubera ko batemerewe gutunga amaradiyo n’amaterefoni.
Umugore witwa Mukandutiye Drocella uri mu kigero cy’imyaka 50 yabonetse mu mugezi wa Rwebeye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 14/03/2013.
Umukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wagombaga guhuza Rayon Sport na Police FC tariki 17/02/2013 ukaza kwimurwa, uzakinwa tariki 31/03/2013, ukazabera kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.
Mu karere ka Gatsibo harimo harategurwa igenamigambi ry’umwaka utaha, muri iri genamigambi ngo hakaba hari kwibandwa cyane ku bikorwa remezo no ku mafaranga azafasha mu bikorwa by’Akarere muri rusange.
Ibihugu bigize umuryango w’itumanaho mu karere ka Afrika y’Uburasirazuba (EACO) birakoza imitwe y’intoki ku iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, nubwo hakiri ibibazo bikomeye muri urwo rwego.
Umushinjacyaha wo mu gihugu cy’u Buholandi, kuwa gatatu tariki 13/03/2013 yajuririye igihano cyahawe Yvonne Basebya mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe ngo kuko ari gito ukurikije ibyaha yakoze.
Abagize sosiyete sivile mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bashimishijwe no kuba akarere kari ku rwego rushimishije mu gushyira mu bikorwa imihigo ku buryo inzego zose nizirushaho gufatanya nta kabuza iyi mihigo izeswa nk’uko yahizwe.
Ibitego 3 Arsenal yatsindiwe ku kibuga cyayo byatumye isezererwa nubwo mu mikino yombi igiteranyo cy’ibitego byabaye 3 bya Arsenal kuri 3 bya Bayern Munich.
Umugabo wo mu bwongereza witwa Paul Marshallsea, w’imyaka 62, yirukanywe ku kazi yari asanzwe akora mu gihugu cye kuko yagaragaye ku mbuga za internet afata igifi cyo mu bwoko bwa requin i Brisbane mu gihugu cya Australia, mu gihe yari ari mu kiruhuko cy’uburwayi.
Umuturage witwa Deo Musabyimana wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yashizemo umwuka nyuma y’impanuka yabaye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Itegeko rishya rigenga abantu n’umuryango rifite impinduka nyinshi kandi nziza kurusha iryari risanzweho ariko rirasaba kuganirwaho mbere y’uko ritorwa kuko abaturage bagomba kugira ijambo kandi bagatanga ibitekerezo.
Umusore utamenyekanye imyirondoro ye yakubiswe kugeza abaye intere ku mugoroba tariki 13/03/2013 akekwaho kwiba ipantaro yo mu bwoko bwa Jeans mu iduka riri mu gikari cy’aho abagenzi bafatira imodoka za Volcano Express mu mujyi wa Nyanza.
Umwana w’Umwongereza w’imyaka 12 witwa Neha Ramu yinjiye mu rutonde rugizwe n’abantu barusha abandi ubwenge ku isi, nyuma yo kugira ikigero kinini ku gipimo QI.
Ministri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Karibata, arasaba inzego zose zifite ubuhinzi mu nshingano n’abandi bafite aho bahuriye nabwo kubushyiramo imbaraga nyinshi kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda budahungabana cyane cyane ko ari ho bishingiye.
Itsinda ryashyizweho na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe - amaze kungurana ibitekerezo n’izindi nzego ngo rikemure ibibazo byerekeye imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 kuri uyu wa kabiri 12/03/2013 ryakoreye mu murenge wa Muhanda.
Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zifasha kurinda inkuba ndetse no kwangiza ibyuma bituma umuriro utajya mu mapoto (isolateurs) bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Ku cyumweru tariki 17/03/2013, Isange Corporation Ltd izamurika ikinyamakuru cya gikristu gifite umurongo wo guhuza Politiki ya Leta na Politiki y’amadini.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru ashishikariza abaturage bo mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera, kwitabira gukora umuganda kuko umuganda ariwo gisubizo ku bibazo u Rwanda rufite.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’isaha (course contre la montre) rizaba ku cyumweru tariki 17/03/2013 guhera saa tatu za mu gitondo i Masoro.
Amashuri n’ibigo by’imyuga byagaragaje ubuhanga mu kunoza imishinga igamije kwigisha urubyiruko imyuga no kwihangira umurimo yasinye amasezerano ayemerera guhabwa amafaranga y’inkunga, mu cyiciro cya mbere cya gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA).
Nyuma y’uko inama y’umutekano yateranye mu kwezi kwa Gashyantare isabye ko isuku nke yo mu mujyi wa Gakenke ihagurukirwa, kuva kuwa kabiri tariki 12/03/2013 komisiyo idasanzwe yasuye amaresitora n’utubari, igenzura isuku, aho isanze ari nke ikahafunga kugeza igihe bazavugururira.
Uturere twa Nyamasheke na Karongi ni two dufite abantu benshi bakennye kandi ngo biratuma Intara y’Uburengerazuba yose iri ku cyigereranyo cya 48.4% mu gihe hifuzwa byibuze ko bagabanuka bakagera kuri 40%.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Buye mu murenge wa Nyamiyaga hibwe mudasobwa z’abana 22 muri 510 bari barahawe, kandi ubuyobozi bw’ikigo bukaba bataramenye igihe izo mudasobwa zibiwe. Hashize icyumweru bimenyekanye, polisi y’igihugu imaze gutahura abatwaye enye.
kiliziya Katolika yongeye kubona umushumba mushya ariwe Papa Francis wa I, watowe n’Abakaridinari mu mwiherero w’iminsi ibiri bari bateraniye kugira ngo bitoremo ugomba kubasimbura.
Abikorera babifashijwemo n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwihutisha iterambere RDB, baravuga ko imurikagurisha ry’ibicuruzwa by’u Rwanda rizabera i Burundi kuva tariki 22-25/03/2013, rigamije gutegura uburyo u Rwanda rwakongera ubwinshi bw’ibyoherezwa ku masoko yo mu karere.
Ku rwibutso rushyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwo mu Murenge wa Kiziguro ho mu Karere ka Gatsibo hafatiwe abagabo batatu barimo kwiba amakaro yubakishijwe uru rwibutso hamwe n’andi yateganwaga kuzakoreshwa.
Urubyiruko rugera kuri 200 ruturuka mu mirenge itanu muri 17 igize akarere ka Nyamagabe ruri mu biganiro ku kurwanya ibiyobyabwenge n’icyorezo cya Sida. Ibi biganiro byatangiye tariki ya 11/03/2013 bizamara iminsi 5 bibera mu mujyi wa Nyamagebe, aho indangaciro z’umuco Nyarwanda zizagaragazwa nk’inkingi ikomeye mu gufasha (…)