Komite Nyobozi nshya ya FERWAFA yaganiriye na Minisitiri wa Siporo

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda bwahuye na Minisiteri wa Siporo Nelly Mukazayire baganira ku iterambere rya ruhago.

Ni ibiganiro Komite Nyobozi ya FERWAFA iyobowe na Shema Ngoga Fabrice na begenzi be baganiriye na Minisiteri ya Siporo ku kuzamura ruhago nk’uko byatangajwe n’iri shyirahamwe.

Ati"Nyakubahwa Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahuye n’ubuyobozi bwa FERWAFA baganira ku bufatanye mu bikorwa bigamije kuzamura Siporo (Ruhago by’umwihariko), ndetse bafata n’ingamba zo gukomeza guteza imbere umupira w’Amaguru mu Rwanda."

Ni ibiganiro bibayeho nyuma y’amezi hafi abiri, iyi Komite Nyobozi nshya ya FERWAFA itorewe kuyobora mu myaka ine iri imbere. Ibi kandi bikaba binabaye mu gihe ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi isoje imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 ibyasize benshi bashidikanya ku mutoza Adel Amrouche n’umusaruro we ndetse bamwe bagera kure bakavuga ko akwiriye kwigwaho akaba yasezererwa.

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka