Nyamagabe: REB yasanze kuri GS Gikongoro abanyeshuri bakererwa cyane

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yagendereye ishuri GS Gikongoro tariki 3 Kamena 2019, asanga hakererewe abanyeshuri benshi, hari n’abarimu basibye batabisabiye uruhushya.

Saa moya na 26 abanyeshuri bakererewe bari kwinjira ari benshi. Hari na bagenzi babo basigaye inyuma bagenda bitonze nk'aho batakererewe
Saa moya na 26 abanyeshuri bakererewe bari kwinjira ari benshi. Hari na bagenzi babo basigaye inyuma bagenda bitonze nk’aho batakererewe

Yagendereye iki kigo azindutse muri gahunda y’ubukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry’uburezi Minisiteri y’Uburezi irimo gukorera mu turere twose two mu Rwanda, guhera tariki 27 Gicurasi 2019 kuzageza tariki 07 Kamena 2019.

Ahagana saa moya n’igice za mu gitondo, ubwo Dr. Irénée Ndayambaje, ari we muyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yagendereraga GS Saint Kizito Gikongoro, ishuri riri bugufi cyane y’ibiro by’Akarere ka Nyamagabe, abanyeshuri yanyuzeho mu nzira bagana ku ishuri bari benshi, batanihuta nk’abakererewe.

Byageze saa moya na 45 abanyeshuri bakiza, nyamara amasomo aba agomba gutangira saa moya na 20.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Ndayambaje Irénée yasabye abanyeshuri n'abarezi bo kuri G. S Saint Kizito Gikongoro kuzajya bubahiriza igihe
Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Ndayambaje Irénée yasabye abanyeshuri n’abarezi bo kuri G. S Saint Kizito Gikongoro kuzajya bubahiriza igihe

Umuyobozi w’iri shuri, Aimé Claude Gisaza, umaze amezi hafi atandatu atangiye kuyobora iri shuri, yabajijwe impamvu abanyeshuri bakererwa cyane, avuga ko mbere bakererwaga kurushaho, ariko ko bigenda bigabanuka kubera kubaganiriza, kandi ko yizeye ko hari igihe bizacika.

Yagize ati “Hari igihe bahageraga birenze saa mbiri, ariko ubu batangiye kuzajya bakererwaho iminota itanu, icumi. Tuzakomeza kubishyiramo imbaraga kuzageza igihe bazasigara nta n’umwe ugikererwa.”

Ubwo umuyobozi mukuru wa REB yageraga kuri iri shuri kandi, hari abarimu batandatu batari bahari, kandi umwe wenyine ngo ni we wari wamenyesheje umuyobozi we ko atari buze kubera ingorane yari yahuye na zo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Prisca Mujawayezu, yavuze ko aba barimu bazahwiturwa.

Yagize ati “Abarimu babikora si benshi cyane, ariko n’ababikora turaza kubahwitura bikurikije amategeko.”

Saa moya na 46 baracyaza, nyamara amasomo agomba gutangira saa moya na 20
Saa moya na 46 baracyaza, nyamara amasomo agomba gutangira saa moya na 20

Dr. Ndayambaje yasabye ubuyobozi bw’iri shuri gushyira imbaraga mu gukemura ibi bibazo byombi, anashimangira ko gukererwa kw’abanyeshuri bigira ingaruka ku kumva neza ibyo bigishijwe.

Ati “Iyo umwana ageze ku ishuri yakererewe, hari byinshi biba byamusize. Iyo uhageze isomo rya mbere rirangiye, ntabwo uba uzabasha gukurikirana neza isomo ry’ejo kuko isomo ry’uyu munsi ritegura iry’ejo.”

Saa mbiri na 46 hari abari bakirimo kuza
Saa mbiri na 46 hari abari bakirimo kuza
Itsinda ry'abagenzuzi ba Minisiteri y'uburezi ryageze no muri muri GS Cyanika
Itsinda ry’abagenzuzi ba Minisiteri y’uburezi ryageze no muri muri GS Cyanika
Intumwa za Minisiteri y'Uburezi mu gikorwa cy'ubukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry'uburezi muri Nyamagabe
Intumwa za Minisiteri y’Uburezi mu gikorwa cy’ubukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry’uburezi muri Nyamagabe
Abagenzuzi boherejwe na Minisiteri y'Uburezi mu Karere ka Nyamagabe mu gikorwa cyo kugenzura ibijyanye n'imyigishirize
Abagenzuzi boherejwe na Minisiteri y’Uburezi mu Karere ka Nyamagabe mu gikorwa cyo kugenzura ibijyanye n’imyigishirize
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka