Mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19, Leta y’u Rwanda ikangurira abaturage bose gukoresha ikoranabuhanga mu gihe bishyurana hagati yabo, cyangwa mu kwishyura serivisi zinyuranye. Ikibazo ariko, bamwe mu bacuruzi ntibabikozwa ndetse hari abatabisobanukiwe.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru barashishikarizwa kureka gutuma abana mu isoko kuko usanga akenshi bibaviramo uburara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abantu 54 bari barwaye Covid-19 bakaba bari barashyizwe muri gahunda yo kuvurirwa mu rugo bamaze gukira icyo cyorezo.
Uruganda rutunganya Sima rwa ‘Prime Cement Ltd’ rukorera mu Karere ka Musanze, rwashyize ku isoko Sima nshya mu rwego rwo gufasha u Rwanda kwihaza no kugabanya ibitumizwa mu mahanga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida wa Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB/BAD), Akinwumi A. Adesina.
Mu kiganiro n’umunyamakuru wa Radio Ijwi rya America (VOA) Eddie Rwema cyashyizwe ahagaragara ku itariki 4 Gashyantare 2016, umunyapolitike wifata ‘nk’intwari’ yabereye inganzo filime ‘Hotel Rwanda’ Paul Rusesabagina, yatangaje ku mugaragaro ko yinjiye muri politike ndetse ko we n’udutsiko twishyize hamwe batazigera bagoheka (…)
Mu izina ry’abakinnyi ba Rayon Sports, Kapiteni wayo Rugwiro Hervé yandikiye Perezida wa Rayon Sports amugaragariza ibibazo abakinnyi bafite
Nyuma y’uko Paul Rusesabagina ushinjwa ibyaha byo kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare atawe muri yombi, umusesenguzi Tom Ndahiro akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yagize icyo abivugaho.
Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Uwimana Antoine yafashwe acuruza inzoga muri resitora ye. Abapolisi bakorera mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Musasa, ubwo bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya COVID-19, Uwimana yashatse kubaha ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu kugira (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yasabye ko we ubwe ndetse n’uwo bahanganye mu matora, umudemokarate Joe Biden, babanza bagakorerwa isuzumamubiri rigamije kureba niba badafata ibiyobyabwenge.
Rutahizamu Daddy Birori wahoze akinira Amavubi na Mukura VS, yongeye gusubira mu ikipe ya AS Vita Club yo muri Congo
Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020, Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Kibirizi yafashe uwitwa Nshimiyimana Alexandre w’imyaka 50, afite amabalo ane arimo imyenda ya Caguwa ayinjiza mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Perezida wa Liban Michel Aoun yasobanuye impamvu yo guhindura imikorere ya politiki muri iki gihugu anatangaza ishyirwaho rya Guverinoma idashingiye ku iyobokamana. Ibi byabaye mbere y’umunsi umwe ngo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron agirire uruzinduko muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko isoko riherereye rwagati mu Mujyi rizwi nka Kigali City Market rizafungurwa ku wa Kane tariki 03 Nzeri 2020. Ni mu gihe isoko rizwi nko kwa Mutangana-Nyabugogo rizakomeza gufunga.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko umubiri utamerewe neza na roho idashobora gutungana.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iratangaza ko imiryango 600 yagizweho ingaruka n’ibiza mu minsi ishize, ikaba yari igicumbikiwe mu mashuri igiye kuyakurwamo igatuzwa neza bitarenze muri Nzeri uyu mwaka wa 2020.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Mbere tariki 31 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 43 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 95 bakize.
Uwahoze ari Perezida w’u Buhinde Pranab Mukherjee yapfuye nyuma y’iminsi 21 byemejwe ko arwaye covid-19. Byatangajwe n’umuhungu we Abhijit abinyujije kuri Twitter.
Tariki 17 Kanama 2020, ni bwo icyemezo cyo gufunga isoko rya Kigali City Market n’iry’ahazwi nko Kwa Mutangana, yombi aherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali cyashyizwe mu bikorwa.
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, baguye mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 31 Kanama 2020.
Imodoka yo mu gihugu cya Tanzania ifite Plaque T322DSH yo mu bwoko bwa ‘Camion Actros’, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu muhanda Kigali-Musanze Polisi iratabara.
Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020, ni bwo uwari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, Nizeyimana Theobald yagejeje ku buyobozi bw’Akarere ibaruwa ihagarika akazi ku mpamvu ze bwite.
Mu rurimi rw’Ikinyarwanda harimo amagambo yatangiye gukoreshwa kuva kera, ku buryo hari abashobora kuba bibwira ko ari Inkinyarwanda cy’umwimerere, cyangwa se batazi inkomoko yayo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umupolisi uvugwaho kuba mu gikorwa cyo kurasa umuturage witwa Nsengiyumva Evariste wo mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma.
Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kigina mu Kagari ka Rwanteru yafashe abantu 118 bari aho bita mu butayu mu masengesho. Ni mu gihe ibyo bakoze byari binyuranyije n’amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 kuko bari begeranye cyane kandi basenga barambikanaho ibiganza ndetse ahantu bari bari hashobora (…)
Urwego rw’Igihugu rishinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruramenyesha Abanyarwanda n’amahanga ko binyuze mu bufatanye n’amahanga, Paul Rusesabagina yafashwe ubu akaba ari mu maboko ya RIB.
Abakozi batatu b’Akarere ka Muhanga bagaragayeho icyorezo cya COVID-19, ubu serivisi zatangirwaga ku karere zikaba ziri gutangirwa mu rugo hifashishijwe ikoranabuhanga kuko kuza ku karere bitemewe.
Rukera Christine, umugore wateje imbere ubuhinzi bw’urusenda, aremeza ko yamaze kubona isoko mu gihugu cy’u Buhinde aho yiteguye kugemura toni 75 z’urusenda, zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 90.
Guhera mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, abinjira mu isoko mu Mujyi i Huye basabwa kubanza kwandikwa mu gitabo.
Ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Ghana bizihije Umuganura ku nshuro yabo ya mbere kuva uwo munsi ufite igisobanuro gikomeye mu bumwe bw’Abanyarwanda wakongera kwizihizwa muri 2011.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki 30 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 177 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 14 bakize.
Mu byumweru bishize Iran yari mu bukangurambaga yise #Metoo. Binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ubuhamya bw’abagore n’abakobwa bakorewe ihohoterwa ryo ku gitsina bukomeje kwiyongera, buhamagarira polisi guta muri yombi usambanya abagore n’abakobwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli butangaza ko ibyabaye ku mashyuza mu Karere ka Rusizi bitatewe n’imitingito ahubwo byatewe n’imiterere y’amashyuza n’amabuye yaho, byakwiyongera ku ntambi zaturitse bigatuma amazi atemba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko abacuruzi bo mu isoko rikuru ry’ako karere batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bashobora kwamburwa ibibanza bakoreramo kugira ngo bataba intandaro yo kwanduza abandi, ibyo bibanza bigahabwa abandi babikeneye.
Kuri Stade ya Kicukiro (IPRC Kigali) hakusanyirijwe abantu babarirwa muri 250 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya #COVID19 muri ako Karere.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Karere ka Huye hafashwe abantu 32 saa moya zageze bakiri mu muhanda bataragera mu rugo.
Benshi mu bakuriye mu cyaro ahantu bahinga amasaka bazi umusigati icyo ari icyo n’uburyo wakundwaga cyane n’abana cyane cyane iyo babaga baragiye inka.
Abagize icyiciro cya mbere cy’impunzi z’Abarundi bagera ku bantu 493 bafashijwe gutaha mu gihugu cyabo cy’u Burundi.
Kuri iki Cyumweru KT Radio yabateguriye ikiganiro kigaruka ku ngamba zo kwirinda COVID-19 n’uburyo urubyiruko rurimo kwitwara mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo. Ni nyuma yo kubona ko ingamba zo kwirinda Covid-19 zigenda zikazwa ariko urubyiruko by’umwihariko rukiganza mu bagongwa n’izo ngamba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame abinyujije kuri Twitter, yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield.
Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop Uwimana Francis uzwi nka Fireman yatunguranye agaragaza amashusho ye apfukamye n’ivi rimwe mu ruziga rw’indabo, ibizwi nko gutera ivi, yambika impeta umukobwa witwa Kabera Charlotte bateganya gushyingiranwa mu minsi ya vuba.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 101 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 39 bakize.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwerere mu Karere ka Burera bwahagaritse ibirori byari byateguriwe mu muryango byo gufata irembo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, bushimira abaturage bakomeje gutangira amakuru ku gihe hirindwa COVID-19.
Ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield gihuza ikipe yegukanye igikombe cy’igihugu (FA) n’iyegukanye igikombe cya shampiyona mu Bwongereza , nyuma yo gutsinda Liverpool kuri penaliti mu gihe umukino wari warangiye banganya igitego 1-1.
Umuhanzi Alpha Rwirangira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashyize hanze amafoto y’ubukwe bwe na Liliane Umuziranenge baherutse gusezerana. Ni ubukwe bwabereye i Montreal muri Canada tariki 22/08/2020 gusa amafoto yabwo ntiyahise agaragara mu ruhame.
Nyuma y’uko abahanzi Deejay Pius na Bruce Melodie bakoze indirimbo ‘Ubushyuhe’ yakunzwe n’abatari bake, ndetse hakumvikanamo ijwi n’amagambo yavuzwe n’umukecuru waganiraga n’umunyamakuru, kuri ubu abo bahanzi bafashe inzira berekeza mu majyepfo ku Gisagara bahura n’uwo mukecuru bakuyeho igitekerezo cy’inganzo.
Kujya muri uwo Mudugudu wiswe Njamena(N’djamena) utari umurwa mukuru wa Chad ntibisaba gutega indege, ahubwo utega bisi cyangwa moto ikugeza ku biro by’Umurenge wa Gatenga, ukamanuka gato (nko muri metero 50) werekeza mu gishanga kijya ahazwi nko ‘kwa Gitwaza’, uba wahageze.
Ikipe ya Arsenal na Liverpool zo mu Bwongereza mu kanya saa kumi n’imwe n’igice zirahurira kuri sitade ya Wembley yo mu Bwongereza mu mukino utoroshye wo guhatanira igikombe cya Community Shield.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutaha saa moya byatangiye kumvikana ku munsi wa kabiri nyuma y’uko hasohotse amabwiriza mashya ashingiye ku byemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.