Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Judith Uwizeye, yatangaje ko gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bizafasha Leta kumenya icyo ikwiriye gukora kugira ngo imibereho yabo izamuke.
Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano n’amahoro mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, bazateranira i Kigali mu Rwanda kuva tariki 14 kugeza ku ya 18 Ukuboza 2020 aho bazitabira inama z’inzego nkuru zirimo inama izahuza impuguke mu by’umutekano izakurikirwa n’ iy’abayobozi bakuru b’Ingabo n’Umutekano, ndetse n’iya ba (…)
Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli, yihanangirije Abaminisitiri bifotora amafoto ya selfies bari mu kazi, ndetse avuga ko hari ibihano ku Baminisitiri bakoresha whatsapp bari mu kazi.
Ibiro bitanze 65, uburebure guhera kuri metero 1.7 kuzamuka n’imyaka hagati ya 18 na 24, ni bimwe mu byahindutse ku bakobwa bari butangire kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2021.
Urwego rw’Iigihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangarije abahagarariye inzego zitandukanye ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu gihugu kugeza ubu (Rwanda Governance Scorecard (RGS), aho abaturage bashima imikorere y’inzego z’umutekano kurusha izindi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye Nana Akufo-Addo wongeye gutsinda amatora nk’Umukuru w’Igihugu muri Ghana.
Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko abafite umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bashobora kuwucuruza mu gihugu cya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo batavuye aho bari, ahubwo bakoranye n’amashyirahamwe n’abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bakabafasha.
Mu gihe habura amasaha atagera kuri 25 kugira ngo amatora ya komite nyobozi y’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) abe, abakandida abakomeje kugaragaza imigabo n’imigambi bazakora mu gihe baba batowe.
Umuryango w’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice mu Karere ka Musanze, urasaba ubufasha bwo kumuvuza uburwayi bw’umutima bwamuzahaje.
Imiryango 100 yiganjemo impunzi ziba mu mujyi wa Huye yakennye cyane kubera Coronavirus, ku wa Kane tariki 10 Ukuboza 2020 yahawe ibyo kurya hamwe n’ibikoresho byo kwirinda Coronavirus.
Marina ubarizwa muri Label ya The Mane yasabye imbabazi ku mugaragaro abayobozi bayo kuba yararenze ku mabwiriza akitabira amarushanwa ya ‘The Next Pop Star’.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abantu babiri bari barengewe n’ikirombe kuva ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 09 Ukuboza 2020 bakuwemo ari bazima, ariko hakaba hagiye gukurikiranwa ba nyir’ikirombe kuko cyari cyarahagaritswe bakarenga ku mabwiriza bakoherezamo abakozi.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yagaragaje uburenganzira 11 bwahutajwe mu Rwanda mu gihe cya ‘Guma mu rugo’, ariko ngo Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rirabyemera usibye abishe n’abahohoteye abaturage.
Bamwe mu banyeshuri bavuye muri kaminuza zafunzwe bavuga ko bakomeje guhura n’ibibazo mu zindi kaminuza bagiye kwigamo, aho basabwa gusubira inyuma y’umwaka bari bagezemo.
AS Kigali yakinaga umukino wa mbere wa shampiyona yatsinze Mukura ibitego 2-0, Police FC itsindira Bugesera iwayo.
Kuvuga igare mu Karere ka Bugesera, bijya gusa no kuvuga ibirayi mu Karere ka Musanze, kuko usanga abantu bavuga ko nta muntu waba ukomoka mu Karere ka Bugesera utazi gutwara igare yaba umugore cyangwa umugabo, umusore cyangwa inkumi.
Irage ni igikorwa mbonezamategeko, kigirwa n’umwe mu bo kireba. Gishobora guseswa kandi kigakorwa muri bumwe mu buryo buteganywa n’itegeko, aho umuntu agena amerekezo y’ibintu bye igihe azaba atakiriho. Uraga afite uburenganzira bwo gutanga indagano ku muntu ashaka yaba uwo bafitanye isano cyangwa uwo batayifitanye.
Polisi y’u Rwanda yamaze impungenge abantu bazitabira imurikagurisha riteganyijwe gutangira tariki ya 11 Ukuboza rikazarangira tariki ya 31 Ukuboza 2020, aho risanzwe ribera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 07 Ukuboza 2020, bafatiye mu cyuho abantu umunani. Muri bo harimo abafunguye utubari bitemewe, hari n’abacuruzaga inzoga bitwaje ko bafite resitora ariko bakabikora barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira (…)
Umuhanzi Makanyaga Abdoul amaze imyaka isaga 50 ari umuhanzi, umuririmbyi n’umucuranzi. Ku myaka 20 yafashe icyemezo cyo kureka inzoga none kugeza magingo aya ijwi rye riracyaracyameze nk’iryo mu 1967.
Hari abatuye mu Karere ka Nyaruguru batekereza ko ababyarana n’abangavu bagiye bategekwa kubafasha kurera, byatuma umubare w’abaterwa inda ugabanuka.
Hirya no hino mu Karere ka Musanze, cyane cyane mu mirenge y’icyaro haracyagaragara indwara ziterwa n’umwanda n’imirire mibi, hakaba abaturage bavuga ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buba bushaka guhisha icyo kibazo, bityo ntikigaragazwe ngo gishakirwe umuti.
Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Naseeb Abdul uzwi ku izina rya Diamond Platnumz atanga ikiganiro kuri ‘Wasafi Radio’ yatangaje ibyo yahuye na byo mu gutunganya indirimbo yitwa ‘Waah’ yakoranye n’Umuhanzi w’Umunyekongo Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide.
Abamotari bo mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi bw’akarere kubongerera iminsi yo kwishyura umusoro w’aho bahagarara kuko minsi isoza umwaka baba bagomba kwishyura ibintu byinshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko hari abaturage bari gushaka kubyiganira kujya mu cyiciro cya nyuma cy’ubudehe cya D, ibyo ngo bikaba bishobora kuba biterwa n’amarangamutima akomoka ku byiciro by’ubudehe byabanje.
Inzu itunganya umuziki yitwa A.I Records Kenya ikorera muri Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group muri Kenya yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’umuhanzi mushya mu njyana ya Country Elvis Nyaruri.
Abantu birirwa mu mirimo yo kwita ku rugo (akenshi baba ari abagore basigaranye abana) iyo ubabajije icyo bakora bakubwira ko nta kazi bafite, ariko Josephine Uwamariya arabaza ati “koko ubwo urumva nta kazi ufite”?
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) itangaza ko gutanga kandidatire ku bashaka kuziyamamaza mu matora y’inzego z’ibanze azaba mu mwaka utaha bizaba mu mpera z’uku kwezi, bityo ko abayobozi bariho bagomba kuba batakiri mu myanya.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika watowe, Joe Biden, yihaye intego yo kuba yatanze urukingo rwa Covid-19, ku Banyamerika miliyoni 100, mu minsi 100 ya mbere akigera ku butegetsi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu babiri b’imyaka 60 na 56 bitabye Imana i Kigali n’i Ngororero bishwe na Covid-19.
Guverineri Munyantwali Alphonse avuga ko icyorezo cya COVID-19 n’ibiza byibasiye iyi Ntara mu mwaka wa 2020 byagize uruhare mu kutesa imihigo uko bikwiye mu Ntara ayobora.
Mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, hari umugabo wapfuye bikekwa ko yazize urwagwa rupfundikiye bamwe bita Cungumuntu, abandi bakarwita Dundubwonko.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko hakwiye ikiguzi cya Politiki mu kurwanya ruswa, kuko kutayirandura bigira ingaruka zikomeye cyane cyane ku bakene n’abanyantege nke.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuye imiryango 48 yari ituye ahitwa muri Bannyahe (Kangondo I&II na Kibiraro ya mbere) ubu yimuriwe mu Busanza mu Karere ka Kicukiro.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri Nyaruguru hari imigezi yabyazwa amashanyarazi, akanashishikariza ba rwiyemezamirimo kubishoramo imari.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku Buzima (RBC), kirasaba abantu bose kudasuzugura indwara y’ibicurane muri ibi bihe by’ubukonje, kuko ishobora kuba ari Covid-19 banduye bakibwira ko ari ibicurane bisanzwe.
Urukiko rwo muri Senegal rwakatiye abagabo batatu igifungo cy’imyaka ibiri bazira kohereza abana babo kuba abimukira muri Esipanye, umwe akagwa mu rugendo atagezeyo.
Nk’uko biteganwa mu ngingo ya gatatu y’itegeko ry’umurimo N° 66/2018 ryo ku wa 30/08/2018 ryaje risimbura irya 2009 mu gice cy’igisobanuro cy’amagambo, risobanura ko ikosa rikomeye ko ari ikosa rikozwe n’umukozi, hashingiwe ku buremere by’icyakozwe, ikitakozwe, imyitwarire, uburyo ryakozwemo cyangwa ingaruka ryateje ku (…)
Ubusanzwe abarimu bo mu mashuri y’incuke ya Leta bahembwaga ari uko ababyeyi b’abana bakusanyije amafaranga y’umushahara ariko ngo hari ubwo byagoranaga umwarimu akamara amezi nk’atatu adahembwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 08 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 46 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye abakize ni 19.
Uwitwa Simbarikure Evariste bakunze kwita Mushi w’i Kagugu mu Karere ka Gasabo, kimwe n’abandi benshi bafite utubari hirya no hino mu gihugu, yahisemo gutaka ibiziriko bikozwe mu birere by’insina ku muryango bw’inzu y’ubucuruzi bwe.
Kimwe no mu bindi bice by’igihugu cy’u Rwanda, mu Karere ka Bugesera na ho hari ibyiza nyaburanga bitandukanye kandi bisurwa n’abantu baturutse hirya no hino ku isi, nubwo ahenshi mu haboneka ibyo byiza nyaburanga hataratunganywa uko bikwiriye kugira ngo hatangire kwinjiza amadevize.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iratangaza ko itangazamakuru ryitwaye neza mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, binyuze mu biganiro n’inkuru bijyanye no kwibuka.
Abana bo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali barasaba ababyeyi, abarimu ndetse n’abandi bafite mu nshingano zabo uburere, guhagarika ibihano bibabaza umubiri n’umutima ndetse n’ibibatera ipfunwe mu bandi, hamwe n’imirimo ivunanye ikoreshwa abana.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinzwe na Marines Fc ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, wabereye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo
Leta ya Eritrea yarekuye abantu 28 bagize itsinda ry’Abahamya ba Yehova nyuma yo gufungwa igihe kitazwi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba gafite impano karemano zashingirwaho mu guhanga ibisubizo byafasha kuzahura ubukungu bwadindijwe n’icyorezo cya Covid-19.
Komite yifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda yavuze ko gutangiza icyiciro cya kabiri ndetse no gufasha amakipe kubona abaterankunga ari zimwe mu ngingo zimirijwe imbere niramuka itowe.