Mu rugo rumwe rwo mu Mudugudu w’Agakera mu Kagari ka Rango-A Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, hari urugo rurimo abantu barindwi, kugeza kuri iyi saha ya saa saba bikingiranye mu nzu kubera inyamaswa babonye mu rugo bakeka ko ari ingwe.
Ku wa Kane tariki ya 10 Nzeri 2020, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage bo mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, bafashe abantu 25 bateraniye mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19, barimo kubyigana barangura imyenda ya caguwa.
Ikigo cy’ikoranabuhanga cy’Abanya-Suede, ku wa Gatatu tariki ya 9 Nzeli 2020, cyashyize hanze agakoresho k’ikoranabuhanga kazajya gafasha abantu gucunga umutekano w’ibyo bakorera kuri za mudasobwa zabo ndetse no kuri telefone zigendanwa.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kane tariki ya 10 Nzeri 2020, yemereye imodoka z’abantu ku giti cyabo kujya no kuva mu Karere ka Rusizi, nyuma y’uko nta ngenzo zari zemerewe kujya no kuva muri ako karere kuva muri Werurwe ubwo icyorezo cya Covid-19 cyageraga mu Rwanda.
Tariki ya 11 Nzeri 2001, ni itariki itazibagirana mu mateka ya Leta zunze ubumwe za Amerika, ubwo umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaeda wagabaga ibitero ku miturirwa ya World Trade Center na Pentagone, abasaga 2,500 bakahasiga ubuzima, naho ababarirwa mu 9000 bakahakomerekera.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahakanye ibaruwa yavugaga ko yatumijeho inteko rusange idasanzwe, ko ahubwo hagomba kubanza gushyirwaho Komisiyo y’amatora
Urubyiruko rutandukanye ruri ku Mugabane wa Afurika rwaganiriye na Perezida wa Repubulika Paul Kagame hifashishijwe ikoranabuhanga, akaba yarumenyesheje ko amahirwe yo kwikura mu bushomeri ari mu buhinzi.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020 yongereye igihe cy’ingendo zemewe yemeza ko ingendo ubusanzwe zari zemewe kugeza saa moya z’ijoro ubu noneho zemewe kugeza saa tatu z’ijoro.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 19 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 27 bakize.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare cyavuze ko ubukungu bwa Afurika y’Epfo bwagabanutseho kimwe cya kabiri; mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka; biturutse ku bikorwa by’ubucuruzi muri iki gihugu byahagaze bitewe n’icyorezo cya coronavirus.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Aborozi b’inka bo mu misozi ya Ndiza, ni ukuvuga mu Murenge wa Rongi n’indi iwukikije mu Karere ka Muhanga, bagiye kubakirwa ikusanyirizo ry’amata rizahesha agaciro umukamo wabo.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 7 Nzeri 2020 ahagana saa mbili nibwo inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Mbugangari zafashe uwitwa Manzi Cedric w’imyaka 20.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe Abanenayo Dinnah, Twajamahoro Eliezel na Ndagijimana Ignace bakurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira urwego rw’umwuga no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Mu ijoro rishyira tariki 10 Nzeri 2020 mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, Polisi y’u Rwanda yakumiriye itsinda ry’abarembetsi ryari rigerageje kwinjira mu Rwanda rinyuze ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda.
Nsabimana Callixte ushinjwa ibyaha by’ubugizi bwa nabi yakoze ubwo yari umuvugizi w’umutwe witwara gisirikare wa FLN arasaba ko dosiye y’urubanza rwe itahuzwa n’iya Herman Nsengimana wamusimbuye ku buvugizi bw’uwo mutwe.
Kuri bamwe, Dr. Denis Mukwege afatwa nk’umuganga w’intwari, wahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel muri 2018, uzwi mu kuvura no gutanga ubujyanama ku bagore n’abakobwa bahuye n’ibyago byo gufatwa ku ngufu, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo bumaze imyaka myinshi mu ntambara.
Polisi y’u Rwanda irongera kwizeza abaturage ko batazongera guhohoterwa n’abayitirirwa bakoresha imbaraga z’umurengera mu kwica abantu bafunzwe cyangwa abafatiwe mu makosa.
Nyuma y’ikiganiro Kigali Today yagiranye na Umwali Fanny waririmbye indirimbo nyinshi zitaka u Rwanda, harimo Ibyiza by’u Rwanda, akavuga ko yifiza ko Jules Sentore na Teta Diana baririmba indirimbo ze, Jules yabimushimiye amwizeza ko azaziririmba neza.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Sindayigaya Ildephonse, Karangwa Jean Bosco na Ndahiro Elisa bari mu bashinzwe umutekano ku rwego rw’ibanze, bagaragaye mu mashusho ku itariki ya 08 Nzeri bakubita Tuyisenge Evode.
Hari abantu bashakira ubwiza bw’uruhu mu mavuta yo kwisiga, cyane cyane abagore n’abakobwa, ibi ugasanga bishobora kugira ingaruka bitewe n’ibyo ayo mavuta akozemo, ndetse bikanagira ingaruka no ku bukungu.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi ’UCI’ yahannye Patrick Schelling wabaye uwa gatatu muri Tour du Rwanda azira kunywa imiti itemewe.
Umunyezamu Bashunga Abouba wamenyekanye mu makipe nka Rayon Sports, Bandari yo muri Kenya na Buildcon yo muri Zambia kuri ubu akaba aharutse gisinya amasezerano mu ikipe ya Mukura Victory Sports, yavuze ko ikipe ya Mukura Victory Sports ari yo aha amahirwe kurusha andi makipe ku gikombe cya shampiyona ya 2020-2021.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko kuva muri Werurwe 2020, ubwo Covid-19 yageraga mu Rwanda, impanuka zo mu muhanda ziyongereye ku buryo kugeza uyu munsi zimaze guhitana abantu 90.
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020, itsinda rya kabiri ry’impunzi 507 z’Abarundi bari mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe zasubiye mu gihugu cyazo.
Umugore ukundwa n’abatari bake ku isi kubera imyambarire ye n’uburanga bwe, Kim Kardashian, yatangaje ko ikiganiro yahuriragamo n’abo mu muryango we cyakundwaga na benshi kigiye guhagarara.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 21 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 18 bakize.
Abatuye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bavuga ko ibitero byabagabweho mu ijoro rishyira tariki 5 Ukwakira 2019 bigahitana abaturage 14, byabasigiye isomo ryo kwicungira umutekano, ku buryo ngo uwo babonye wese batamuzi muri ako gace bamusaba ibyangombwa.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyatangiye kwakira ubwoko bwose bw’ibinyabiziga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, aravuga ko kuba Charles Ndereyehe Ntahontuye yarekuwe n’u Buholandi nyuma y’igihe gito cyari gishize atawe muri yombi bidasobanuye ko kumukurikirana byahagaze.
Igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 Miss Uwase Raissa Vanessa, yabujijwe kwiyahura na nyina ndetse n’umuvandimwe we, mu gihe yageragezaga kwiyahura nk’uko yabyanditse ku mbuga nkoranyambaga (whatsapp).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko imvura y’umuhindo wa 2020 izaba iri munsi gato y’imvura isanzwe iboneka mu bihe byiza by’umuhindo, mu bice byinshi by’igihugu.
Izindi mpunzi z’Abarundi zisaga 500 zirahaguruka i Mahama mu nkambi, zerekeze iwabo i Burundi kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020. Ni icyiciro cya kabiri kije gikurikira icya mbere cy’abatashye tariki 27 Kanama 2020.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri 2020, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Paul Rusesabagina, ukekwaho kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare igizwe n’abahezanguni, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.
Abagore bacuruza imbuto mu Mujyi wa Gisenyi bongeye kwibasira imihanda nyuma yo gufungirwa isoko bari bashyiriweho n’ishyirahamwe ‘Femme active’. Abagore babarirwa mu 150 ni bo bari basanzwe bakorera mu isoko ry’imbuto ryashyizweho na ‘Femme active’ mu Mujyi wa Gisenyi ahazwi nko kwa Rujende.
Nyampinga w’u Rwanda 2020 Nishimwe Naomie, yatangije ibikorwa bizamara icyumweru ashishikariza urubyiruko guhangana n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu, mu Karere ka Nyaruguru.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatagiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita ’abamen’ bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye.
Ku wa Kabiri tariki 8 Nzeri 2020, umunsi w’ibyishimo kuri Musenyeri Antoine Kambanda Arikiyepisikopi wa Kigali na Musenyeri Vincent Harolimana Umushumba wa Diosezi Gatolika ya Ruhengeri, bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bahawe Ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo ll.
Ikipe y’Isonga yandikiye Ferwafa iyisaba kudaha ibyangombwa abakinnyi babiri barimo Iradukunda Axel na Hakizimana Adolphe kuko hari ibyo ibona Rayon Sports itubahirije
Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha Patrick SIbomana amasezerano y’imyaka ibiri, aba umukinnyi wa karindwi iyi kipe isinyishije
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku wa mbere tariki ya 7 Nzeri 2020 ryafashe Tuyisenge Jean Baptise w’imyaka 25, wari umucuruzi ukomeye w’ urumogi. We na bagenzi be bafatiwe mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana mu Kagari ka Kiyanza, Umudugudu wa Kivubwe.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko u Buholandi bwafashe Umunyarwanda Charles Ndereyehe washakishwaga n’u Rwanda kubera uruhare ashinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi iratangaza ko mu mpera z’icyumweru gishize yafashe abasore 15 bakurikiranyweho gushuka abaturage biyita abakozi b’ibigo by’itumanaho n’ubundi bwambuzi bushukana bakiba abaturage amafaranga. Bafatiwe mu Murenge wa Nyakarenzo mu tugari twa Murambi na Kanoga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 30 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 36 bakize.
Umubyeyi wari mu ndege ari kumwe n’abana be ndetse n’umugabo we, yavuze ko yumvise afite icyokere, asohokera ahatemewe ajya gufata akayaga ku ibaba ry’indege. Iyo ndege yari imaze guhagarara (atterrir ) ahitwa i Kiev muri Ukraine. Kuva ubwo ariko yahise ashyirwa ku rutonde rw’abantu batemerewe kuzongera gukoresha indege za (…)
Abagize Inama Njyanama z’Utugari mu Karere ka Huye bavuga ko zarushaho gukora neza zigiye zigenerwa inyoroshyangendo, nk’uko bigenda kuri Njyanama z’Imirenge n’iz’Uturere.