Madame Jeannette Kagame yasabye buri Munyarwanda kuba ijisho, urumuri ndetse n’akabando abageze mu za bukuru basindagiriraho, muri ibi bihe bikomeye bya Covid-19.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 24 izakoresha mu mwaka w’imikino 2020/2021, rugaragaraho Bashunga ABouba waherukaga gusinyira Mukura VS
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 birimo kubakwa hirya no hino mu gihugu bizagabanya ubucucike, ku buryo buri cyumba cy’ishuri kitazarenza abana 46.
Inama yiga ku mutekano mu Karere k’Ibiyaga bigari ihuza u Rwanda, Uganda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), u Burundi na Angola iraterana hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Ukwakira 2020.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) yategetse Akarere ka Kamonyi n’Inama Njyanama gushaka no kwishyura hafi miliyoni zirindwi z’Amafaranga y’u Rwanda yanyerejwe n’uwahoze ari umucungamari wa Farumasi y’Akarere mu myaka itanu ishize.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu batandatu bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abakize ari 20.
Ikiraro cya Kanyonyomba gifasha mu buhahirane hagati y’abaturage b’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera n’abo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma cyamaze gusanwa, nyuma y’amezi atanu cyari kimaze kidakora cyarasenywe n’ibiza.
Umubare w’abibasiwe n’imyuzure muri ibi bihe by’imvura mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba warazamutse ku gipimo kidasanzwe, aho wiyongereyeho inshuro esheshatu ugeraranyije n’imyuzure yagiye ibaho mu myaka itanu ishize, nk’uko raporo y’Umuryango w’Abibumbye ibigaragaza.
Ku wa Mbere tariki 5 Ukwakira 2020, u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa mwarimu, abarimu bakaba baribukije ko hari miliyari 11Frw yagombaga gushyirwa mu ‘Mwalimu SACCO’ nk’uko byari byemejwe, bagasaba Leta ko yayashyiramo.
Leta y’u Buyapani ibinyujije mu kigo cyayo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA), yahaye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) imbuto z’imboga zaguzwe amadolari ya Amerika ibihumbi 950, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 900.
Umukozi w’Akarere ka Kirehe ushinzwe guhuza abafatanyabikorwa n’akarere (DJAF Officer), Bititi Fred, afunze akekwaho kunyereza amafaranga 4,837,500 y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko ibyavuye mu bipimo 400 byafatiwe mu nsengero, mu mihanda no muri siporo rusange ya Car Free Day muri Kigali bigaragaza ko muri abo bantu ntawagaragayemo arwaye COVID-19.
Iserukiramuco ‘Urusaro’ rihuza abagore bakora sinema mu Rwanda, ubu ririmo rirakorwa mu buryo butandukanye n’ubwo abantu bari bamenyereye, kuko ubu harimo hakoreshwa ikoranabuyanga n’itangazamakuru risakaza amashusho ngo iserukiramuco ribashe kugera kuri benshi.
Mu myitozo ya kabiri y’ikipe ya APR FC, abayobozi bakuru b’ingabo basuye iyi kipe i Shyorongi baganira ku mwaka w’imikino wa 2020/2021 ugiye gutangira.
Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Havugiyaremye Aimable, yatangaje ko hari abarwanyi 16 ba FLN barimo abayobozi bakuru bafunzwe, bakekwaho kugira uruhare mu bitero byabaye mu majyepfo y’u Rwanda muri 2018.
Umwarimu mu Rwunge rw’Amashuri rwa SOPEM Rukomo mu Karere ka Nyagatare Sinamenye Albert, ni we wabaye indashyikirwa mu gihugu, kubera gukora umuti usukura intoki mu gikakarubamba.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, wanduye icyorezo cya Covid-19, yavuye mu bitaro bya Walter Reed ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 04 Ukwakira 2020, aho yahise yurira kajugujugu ye asubira mu biro bya ‘Maison Blanche’.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu, ku Cyumweru tariki 04 Ukwakira 2020, yataye muri yombi umugabo witwa Yotam Segahutu, afatanwa litiro 1000 z’inzoga itujuje ubuziranenge izwi ku izina rya ‘Dunda Ubwonko’.
Ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha ry’abakinnyi, Edinson Cavani na Thomas Partey ni bamwe mu bavuzwe cyane, mu gihe Chelsea ari yo yatanze amafaranga menshi ku isoko.
Abakinnyi, abatoza ndetse n’abakozi ba AS Kigali, bapimwe icyorezo cya Coronavirus mbere y’uko bazatangira imyitozo kuri uyu wa Gatatu.
Akarere ka Kamonyi katangaje ko Uruganda rw’Ikigage rwubatswe hafi y’isoko rya Bishenyi mu Murenge wa Runda, ubu rwatangiye gukora.
Abashakashatsi batatu bavumbuye virusi itera indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C izwi nka ‘Hépatite C ni bo batsindiye igihembo cyitiriwe Nobel mu byerekeranye n’ubuvuzi.
Twahirwa Laurent w’imyaka 40 y’amavuko wari uhagarariye Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) mu turere twa Karongi na Rutsiro yitabye Imana akubiswe n’inkuba.
Perezida w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda yafashe icyemezo cyo kohereza Kabuga Félicien uregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuburanira i La Haye mu Buhorandi aho kuburanira i Arusha muri Tanzaniya.
Abaturage batuye ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bashyikirijwe ubwato buzabafasha mu guhahirana n’abandi baturage mu Ntara y’Iburengerazuba.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 05 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse umuntu umwe mushya wanduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abakize ari 10.
Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Aimable Havugiyaremye yatangaje ko urubanza rwa Paul Rusesabagina rwahujwe n’urw’abavugizi b’umutwe wa FLN, ari bo Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana.
Umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi muri iyi minsi, MPC Padiri, yamaze kwerekeza mu gihugu cya Tanzania aho yagiye gukora amashusho y’indirimbo “I miss you”.
Abakunzi b’isambaza n’abacuruzi bazo bavuga ko bishimiye gufungurwa k’uburobyi mu kiyaga cya Kivu ariko bakavuga ko babangamiwe n’uburyo igiciro cyazo gikomeje kuzamuka.
Kunywa amazi ni ikintu abantu bamwe bavuga ko cyoroshye, hakaba n’ubwo bagereranya ikintu cyoroshye no kunywa amazi, umuntu akaba yavuga ati “ibyo byoroshye nko kunywa amazi”, ariko hari n’abandi bavuga ko kunywa amazi ari kimwe mu bintu bibagora, bagahitamo kuyanywa ari uko bayavanze n’ibindi binyobwa nk’umutobe w’imbuto (…)
Ahitwa i Bunazi mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, umugabo witwa Jean Pierre Ntaganira yabyutse ajya gucukura amabuye yifashishwa mu bwubatsi, agwirwa n’ibuye rinini ahita apfa.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Niyomugisha Issa na Ufitinema Jacques bakekwaho guhohotera abakobwa babiri bo mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Byumba.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), gitangaza ko abarimu bose mo mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) n’abandi bakozi b’ibyo bigo bagiye gukora ikizamini cyo kureba urwego bariho mu rurimi rw’Icyongereza.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC), yirukanye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe Ngarambe Alfred, mu cyumba abayobozi muri ako karere batangiragamo ibisobanuro kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ku bibazo byagaragaye mu (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ubutumwa agaruka ku kamaro ka mwalimu anabashimira akazi bakora.
Abasirikare bagize itsinda ry’Ingabo zo mu Karere zishinzwe kugenzura ibibazo bibera ku mipaka (Expanded Joint Verification Mechanism-EJVM), kuri uyu wa 5 Ukwakira 2020, baje i Nyaruguru kureba ingabo 19 za RED Tabara ziherutse gufatirwa kubutaka bw’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko abakorerabushake ari abantu bakora badategereje igihembo, bityo ko ntawe ukwiye kugira icyo yaka mu gihe yakoze abizi ko ari ubukorerabushake.
Ku wa Gatandatu tariki ya 3 Ukwakira 2020, Polisi yafashe uwitwa Munguyiko Djabil w’imyaka 23, yafatanywe amafaranga y’u Rwanda miliyoni 13 n’ibihumbi 600 y’amahimbano. Yafatiwe mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rubavu mu Kagari ka Byahi.
Abakinnyi b’ikipe ya APR FC barimo n’abongewemo uyu mwaka, bakoze imyitozo ya mbere itegura umwaka w’imikino 2020/2021, ibera ku kibuga cy’I Shyorongi.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 04 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 14 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abakize ari batanu.
Umunyamerika Robert Sylvester Kelly, wamenyekanye mu muziki nka R Kelly, ntakigaragara mu ruhando rw’abanyamuziki bakunzwe, kuko ari muri gereza aho akurikiranyweho ibyaha byo guhohotera no gufata ku ngufu abantu banyuranye, barimo n’abana.
Abarinzi ba Pariki y’Ibirunga, Akagera, Nyungwe na Gishwati bifatanyije n’abandi barinzi muri Afurika mu kwiruka n’amaguru ibirometero 21, mu kuzirikana ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bibumbiye mu itsinda ry’ikimina bise ‘Twitezimbere Mituweri Kanyamigezi’, barasaba inzego z’ubutabera kubakurikiranira abayobozi batatu b’iryo tsinda, nyuma y’uko baketsweho kunyereza amafaranga akabakaba miliyoni ebyiri n’igice bari biteguye kugabana ngo batange mituweri.
Ushobora kubona undi muntu mukuru ku isi yose wiriranwa n’abana barenze 20 buri munsi, umwaka ugashira undi ugataha, atari mwarimu? Ubwo se ko nta mubyeyi ubyara ngo arere abana bageze kuri uwo mubare, uwo muntu wundi yaba akora iki kitari ukubigisha cyangwa kuberekera ibyo bakora?
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, avuga ko imiryango yasizwe iheruheru n’ibiza yahawe imfashanyo y’agateganyo kugira ngo ubuzima bukomeze.
Hari abagore n’abakobwa b’abirabura bavuga ko gutunga imisatsi y’umwimerere bibagora kuko ikomera mu kuyisokoza cyane cyane iyo ari myinshi, cyangwa se bagahora bayisutse kugira ngo bitabagora guhora basokoza, uretse ko hari n’abavuga ko kuyisuka kenshi bituma ikura ikaba miremire.
Mu gahinda kenshi n’amarira, umuririmbyi wo muri Repubulika iharanira demolarasi ya Kongo Koffi Olomide, abicishije kuri facebook yavuze ko nyina umubyara yapfuye.