Umushoramari wo mu Bufaransa ari gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka umudugudu w’umuco wa Kigali ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, ikigo cy’imyidagaduro kiri ku buso bwa hegitari 30 kigiye gutanga serivisi z’imyidagaduro ku muco w’u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), gitangaza ko mu bapimwa COVID-19 mu Rwanda, abarenga 70% nta bimenyetso bagaragaza, ibyo bikaba byashoboka ko bavurirwa mu ngo zabo kandi bagakurikiranwa kugeza bakize bitabaye ngombwa ko bajyanwa kwa muganga.
Uwari umuyobozi w’Ikipe ya Rayon Sports Munyakazi Sadate, kimwe n’abandi bose bagaragaye mu makimbirane amaze igihe avugwa muri iyo kipe, amakuru aravuga ko bamaze guhagarikwa.
Minisiteri ya Siporo yatumiye abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, ngo ibatangarize imyanzuro yavuye mu biganiro byahuje inzego zitandukanye ku bibazo bimaze iminsi bivugwa mu ikipe ya Rayon Sports.
Umukinnyi wo mu bo hagati mu Ikipe ya Arsenal, Umudage Mesut Ozil, aratabariza umwana wo muri Turukiya (Turkey) wavukanye uburwayi budasanzwe butuma imikaya ye idakora neza.
Ku bwinjiriro bw’Ikigo Nderabuzima cya Karama mu Karere ka Huye, kuwa mbere tariki 21 Nzeri habonetse umubiri w’uwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ahatunganywaga ngo hubakwe urukarabiro.
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe iterambere ry’uturere Rugaju Alex, avuga ko kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bitakomye mu nkokora gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga (NUDOR) rivuga ko kugeza ubu abafite ubumuga bwo kutabona bagihura n’ikibazo cyo gusoma, kuko mu masomera rusange hataboneka ibitabo bijyanye n’ubumuga bwabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruherutse gutangaza ko umuhango ngarukamwaka wo kwita izina abana b’ingagi kuri iyi nshuro uzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ku cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020 Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Mukura, mu Kagari ka Kagano mu midugudu ya Kazizi na Gakeri.
Mu gihe habura iminsi 40 ngo habe amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Côte d’Ivoire Henri Konan Bédié, wigeze kuyobora iki gihugu mu myaka ya 1993 – 1999, akaba ari no mu bahatanira kujya kuri uwo mwanya, yasabye abaturage kwigaragambya, bamagana ko Alassane Ouattara yongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.
Umugabo w’imyaka 58 y’amavuko abaye umuntu wa 27 wishwe na Covid-19 mu Rwanda akaba yitabye Imana ari i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nzeri 2020.
Nyuma y’amezi make atandukanye n’umuraperi Jay Polly, Uwimbabazi Sharifa yambitswe impeta n’umukunzi we mushya biyemeza kubana nk’umugore n’umugabo.
Byabereye mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango kuri uyu wa 20 Nzeri 2020 ubwo Moto ifite Plaque RF 996 C yari itwawe n’uwitwa Mbarushimana Joseph w’imyaka 26 y’amavuko, ukomoka Karere ka Nyanza yagwirwaga n’igiti batemaga ku muhanda, ibiti byatemwaga ku muhanda mu murenge wa Kabagari.
Ikoranabuhanga mu bigo by’imari bibitsa bikanaguriza ni imwe mu nzira zihutisha gutanga serivisi, kandi rikabika amakuru yizewe hirindwa kwibeshya kwa muntu mu gukora raporo.
Mu rwego rwo kurwanya Malaria, ubusanzwe mu bigo nderabuzima bya Leta, haba inzitiramibu zihabwa abagore batwite mu gihe baje kwipimisha inda, bakongera kuzihabwa mu gihe baje gukingiza urukingo rw’amezi icyenda nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Bugesera.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Armel Ghislain byari biherutse kuvugwa ko yongereye amasezerano muri Kiyovu Sports
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko guhera tariki 01 Ukwakira 2020, abakozi ba Leta bose bazatangira gushyirwa mu myanya hashingiwe ku mbonerahamwe nshya y’imirimo.
Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa mu Karere ka Rubavu bigeze kuri 60% biratanga ikizere ko Ukwakira kuzasiga birangiye.
Isaïe Hategekimana utuye mu Karere ka Ngororero, yahishije inzu muri iki gitondo cyo ku itariki ya 21 Nzeri 2020, ibintu byose bihiramo, ariko ngo ikimubabaje kurusha ni amafaranga y’umukwe yari abitse.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya Kiyovu Sports, bandikiye Perezida w’iyi kipe bamusaba ko mu ngingo zizasuzumwa mu nama y’inteko rusange hakwiyongeramo iyo kuvugurura amategeko
Sudani yohereje intumwa muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu kugira ngo zumvikane n’abayobozi b’Abanyamerika mu gihe iki gihugu kigerageza gusaba kuvanwa ku rutonde rw’ibihugu Amerika yashyize mu mubare w’ibitera inkunga iterabwoba.
Mu banyarwanda bakina hanze, Ally Niyonzima na Meddie Kagere nib o babashije kwitwara neza, mu gihe hari abandi batakandagiye mu kibuga
Isesengura ku mikoreshereze n’imicungire y’imari ya Leta riragaragaza ko hari amafaranga adakorerwa igenzura, bigatuma akoreshwa nabi cyangwa akanyerezwa.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe uwitwa Ngendonziza Gilbert wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 20 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 22 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 51 bakize.
Amakuru y’ibanze aravuga ko inkongi y’umuriro yibasiye Kaminuza ya Makelele muri Uganda, yaba yatangiriye ku gisenge cy’inyubako yahiye. Ni amakuru atangazwa na Polisi yo muri Uganda, ivuga ko yatangiye iperereza rigamije kumenya icyaba cyateye iyo nkongi.
Mu ijoro rya tariki ya 17 Nzeri 2020, inzego z’umutekano zikorera mu Murenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare, zafashe uwitwa Mugisha Juma w’imyaka 20, afite umufuka wuzuyemo amasashe ibihumbi bibiri aje kuyacuruza mu Rwanda.
Ibaruwa irimo uburozi bwa ‘ricin’ yari yohererejwe Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafashwe mbere y’uko igera mu biro bye (White House).
Abaturage bo mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahawe akazi muri VUP, barifuza kujya bishyurirwa ku gihe kuko amafaranga abageraho byaratinze.
Ku itariki 11 Nzeri 2020 ahitwa mu i Rango mu Karere ka Huye, mu rugo rw’iwabo wa Ndayambaje Alexis, barabyutse mu gitondo babura uko basohoka mu nzu, kuko umwana yari amaze kubaburira ko hanze hari igisa n’ingwe munsi y’ibisanduku biba mu rugo.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020, mu Mujyi wa Kigali hongeye kubera siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’, yitabiriwe n’abantu banyuranye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, mu Rwanda umuntu wa 26 yishwe na COVID-19. Uwo muntu wishwe na COVID-19 ni Umunyarwandakazi w’imyaka 26 witabye Imana ari i Kigali.
Urwego rwasigariye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT, rwanze ubusabe bwa Laurent Semanza wahamijwe ibyaha bya Jenoside ubu akaba arimo kurangiriza igihano muri Benin, wasabye gufungurwa kandi atararangiza igihano.
Polisi y’u Rwanda iributsa abantu ko kubera siporo ngarukakwezi ‘Car Free Day’ izaba ejo ku Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020 guhera saa moya kugeza saa yine, imwe mu mihanda izaba ifunze ku buryo nta kinyabiziga kizaba cyemerewe kuyikoresha.
Gahunda y’Imbonezamikurire y’abana bato (NECDP), igiye guhindura uko yakoraga, ikorane cyane n’inzego z’ibanze kuko byagaragaye ko itagera ku bo igenewe uko bikwiriye.
Ikamba rya purasitike (plastic) umuraperi Notorious B.I.G yamabaye ari kwifotoza iminsi itatu mbere y’uko apfa, ryagurishijwe muri cyamunara arenga igice ya miliyoni y’amadorali ya Amerika.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru cyo kuva ku wa Gatanu tariki 11 kugera ku wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020, habaye impanuka zitandukanye zihitana ubuzima bw’abantu 17.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Gabiro mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, barifuza korozwa kugira ngo babashe kwikura mu bukene, kuko no kubona ibumba bakuragamo ibibatunga bitakiborohera.
Umugabo w’imyaka 50 witwa Uwarayeneza Jackson wo mu Kagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, amaze imyaka ine adatekanye bitewe n’ikibyimba yarwaye mu ijosi, akaba atewe impungenge n’ubuzima bwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, avuga ko amarimbi ari ikibazo mu ntara kuko buri kagari katari karibona, ariko bagiye kubyigaho ahari ikibazo gikomeye aboneke byihuse.
Ambasade ya Uganda mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, icyiciro cya kabiri cy’abaturage b’Abagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera icyorezo cya Covid-19 batashye mu gihugu cyabo.
Zimwe mu nzoga zitemewe zengwa rwihishwa mu Rwanda kandi mu buryo butemewe, usanga zifite amazina asekeje izindi zikitwa amazina asanzwe akoreshwa mu buzima bwa buri munsi, ariko yose afite aho ahuriye n’ingaruka zigira ku wazinyoye.
Bamwe mu baganga bo mu bitaro bikuru n’iby’uturere binyuranye byo hirya no hino mu gihugu, basoje amahugurwa y’iminsi ibiri ajyanye no kwiga uburyo barushaho gutanga serivise nziza ku bantu bafite ubumuga baza babagana.
Hoteli yari imaze imyaka 17 mu mushinga yagombaga kubakwa mu Karere ka Muhanga igiye kubakwa ihuriweho n’Uturere twa Ruhango, Muhanga na Kamonyi, ari na ryo zina Hotel izahabwa kuko yiswe ‘RMK (Ruhango, Muhanga Kamonyi) Resort Hotel’.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Nzeri 2020, mu Rwanda abantu babiri byishwe na COVID-19.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko Umudugudu wa Gakoma wo mu Kagari ka Kigeme mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe wakuwe muri Guma mu Rugo (lockdown) guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga rikwiye kwifashishwa mu guhangana n’ibindi biza byakugariza isi, nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 kizaharije ubukungu bwayo.