Mu ntangiriro z’urugamba rwo kubohora u Rwanda muri 1990, ingabo za RPA ntizorohewe n’urugamba kuko mu gihe kitageze ku kwezi kumwe, abafatwaga nk’abayobozi bakuru b’igisirakare bivuganywe n’umwanzi.
Umwami w’injyana ya ‘Coga style’ Mazimpaka Rafiki, yashyize umukono ku masezerano y’imikoreranire y’imyaka itanu n’inzu itunganya umuziki mu Busuwisi yitwa ‘Brotherhood Record’, yiyemeza kongera kuyobora muzika nyarwanda.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka ruri i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, rwemeje ko urubanza rwa Nsabinama Callixte n’urwa Herman Nsengimana bombi bari abavugizi b’umutwe witwara gisirikare wa FLN zihurizwa hamwe.
Afurika y’Epfo yafunguye imipaka ku bagenzi baturutse mu bihugu byose bya Afurika, ariko ikomeza gufunga imipaka ku bihugu bifite umubare munini w’ubwandu bwa Coronavirus harimo u Bwongereza, Amerika n’u Burusiya.
Ayingeneye Léonie utuye mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubona aho aba nyuma y’imyaka itatu arwariye mu bitaro bya Ruhengeri, aho atahiye agatungurwa no gusanga uwari umugabo we yaragurishjije inzu n’ibiyirimo byose.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Fidele Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda umuntu yakirebera mu mibanire ya buri munsi y’Abanyarwanda, kuko bigaragara ko bishimiye ko babanye mu mahoro.
Ikiganiro mpaka ku bakandida biyamamariza kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, kiba gitegerejwe na benshi, aho ababa bahanganye bahura, bagahangana mu bitekerezo bijyanye no kuyobora iki gihugu, buri wese akaba agomba guhagarara ku ngingo ze, kandi akamenya no kwisobanura mu magambo.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Rubavu yatangaje ko biturutse ku makuru yamenyekanye ku bufatanye n’abaturage, mu Murenge wa Rubavu, mu Karere ka Rubavu, abitwa Ngarambe Francis na Nsanzamahoro Innocent bari mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko basanganywe inoti 11 z’amadolari ya Amerika z’impimbano.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta umwaka wa 2019, igaragaza ko Akarere ka Karongi kagifite amakosa menshi mu mikoreshereze n’imicungire y’umutungo wa Leta, by’umwihariko mu mitangire y’amasoko yatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Gahongayire Beatrice, umuyobozi w’uruganda ‘African Buffalo Ltd’ na Niyitegeka Bonaventure umukozi ushinzwe ibikorerwa muri uru ruganda rwenga inzoga zitandukanye, bakurikiranyweho gukora no gushyira ku isoko ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu bane (4) bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abakize ari 28.
Nyuma y’amezi arenga atandatu amashuri ahagaritswe kubera Coronavirus, kuri ubu hakaba hari gutegurwa uko abanyeshuri basubira ku ishuri, mu Karere ka Huye bageze kure babyitegura.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Ngororero kwirinda kwijandika mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’ibindi bituma bahugira ku nyungu zabo ntibite ku bibazo by’abaturahe.
Mudaheranwa Augustin, umusaza ufite imyaka 85 y’amavuko,wavukiye mu cyari Sheferi ya Migongo, ubu ni mu Karere ka Kirehe, ubu atuye mu Mudugudu wa Kigabiro, Akagari ka Kigabiro, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma.
Urukiko Rusesa imanza rwa Paris rwategetse ko Kabuga Félicien yohererezwa Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, (IRMCT) rukaba ari rwo rumuburanisha.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), rigiye gutangira gukora iperereza ku bakozi baryo baregwa gufata ku ngufu abagore babarirwa muri 50, mu gihe bari mu bikorwa byo kurwanya Ebola muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Urubuga nkoranyambaga rwa Facebook hamwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nzeri 2020, batangije ubufatanye bugamije kuzamura itangwa ry’amaraso mu Rwanda.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, abafana b’ikipe ya Rayon Sports bakusanyije Miliyoni 13 Frws zo gufasha ikipe kongera kwiyubaka
‘More Events’ itegura ibitaramo bitandukanye by’umiziki yazanye irushanwa ryo kuririmba ryitwa ‘The Next Pop Star’, aho uzatsinda azahembwa miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abafite aho bahurira n’urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu, baravuga ko kuboneza urubyaro ku bangavu byarushaho gukumira ikibazo cy’inda z’imburagihe ku bakobwa batarageza imyaka y’ubukure.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko amashuri azatangira ibyumba by’amashuri byose byaruzuye ku buryo abana batazabura aho bigira.
Umunyarwenya Ben Nganji wamaze kwinjira muri filimi z’urwenya ku mazina atandukanye nka Kimondo, yahishuye ko ashaka kugaragaza impano ye nk’umukinnyi wa filimi ariko agamije gukebura umuryango.
Mu biganiro byahuje (hifashishijwe ikoranabuhanga) Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa kabiri tariki 29 Nzeri 2020, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ntawe ukwiriye kwemera ko intego z’Iterambere rirambye(SDGs) zari kuzagerwaho muri 2030, ziburizwamo n’icyorezo Covid-19.
Abahinzi bo mu karere ka Rulindo mu murenge wa Buyoga n’ituranye na wo, bavuga ko batangiye kubona umusaruro ndetse ko biteguye utubutse w’ibihingwa byoherezwa hanze kubera urugomero bubakiwe rutuma buhira imyaka yabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu bane (4) bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi umunani (8) bakize.
Nubwo ari umujyi ufite amahirwe menshi mu bikorwa by’iterambere, ubukerarugendo n’ubucuruzi, ni umujyi ugifite ikibazo mu nyubako zijyanye n’igihe n’imitunganyirize y’umujyi.
Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’Umurenge wa Matimba Akwasibwe Eric avuga ko imvura ivanzemo umuyaga n’urubura yaguye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020 yangije ibintu bitandukanye.
Mu gihe abamaze guhitanwa na Covid-19 ku isi barenze miliyoni, agakoresho gakoreshwa mu gupima byihuse Covid-19, kari gukwirakwizwa ku isi ku buryo budasanzwe.
Mu gihe muri iyi minsi Rayon Sports yatangiye kugaruka mu nzira zo kwiyubaka hakaba n’amavugurura mu miyoborere yayo, bamwe mu bafana bayo bariruhutsa bavuga ko ibibazo ikipe yabo ivuyemo byabasigiye ibikomere, ku buryo bamwe batari bakibasha gufata amafunguro, ndetse bamwe ngo basezera burundu kumva radio mu rwego rwo (…)
Imvura iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020, isambuye inzu yangiza n’imyaka myinshi ku musozi wa Gasogi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Abakunzi b’ibiganiro bya KT Radio bahora bibaza umugabo witwa Agahwayihwayi wamamaye kubera uburyo ahamagara kuri radiyo mu gukaraga ijwi no gusakuza, yewe no kudatinya kuvuga uko yumva ibintu cyane mu gusetsa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko inka ya Girinka ari ikimenyetso cy’urukundo Perezida wa Repubulika Paul Kagame akunda abaturage, bityo batagomba kuzigurisha.
Ikipe ya APR FC ni yo yabimburiye andi makipe gupimisha abakinnyi n’abandi bakozi icyorezo cya Coronavirus, mbere y’uko imikino isubukurwa
Nyirakaberuka Angeline, umukecuru w’imyaka 95 utuye mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, avuga ko yashatse umugabo afite imyaka 12 abihatiwe n’ababyeyi be bashakaga inkwano.
Abaturage batuye muri Santere ya Gisanze iherereye mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko aho Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ibagejerejeho amashanyarazi, babashije kwiteza imbere mu bikorwa byinshi ndetse ubu barushijeho kwicungira umutekano nta wapfa kubameneramo, kuko n’iyo haba n’ijoro haba habona.
Umunyambanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubiwyunge (NURC) Fidele Ndayisaba, arasaba Abanyarwanda kuzifatanya kuzirikana Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge mu bikorwa byose bizamara ukwezi k’Ukwakira.
Utubari n’amaguriro y’inzoga byo muri Kenya byafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020, nyuma y’amezi atandatu yari ashize nta kabari kemerewe gukora. Twari twarafunzwe mu rwego rwo kurwanya ikwira ry’icyorezo cya coronavirus.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yemeje ko ubuyobozi bw’Akarere businya amasezerano n’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Rubavu, abemerera guhabwa isoko rya kijyambere bagakomeza kuryubaka.
Abashinzwe ubugenzuzi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Turere twa Muhanga, Ruhango, Kamonyi na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere n’imikoranire mu rwego rwo guteza imbere abaturage.
Nkongwa idasanzwe (Armyworm) ni icyonnyi cyibasira cyane cyane ibigori ariko inarya ibimera birenga 80, ikaba itandukanye na nkongwa yari imenyerewe uhereye ku miterere yayo n’uburyo yona.
Mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yo ku wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri 2020 harimo umwanzuro wemerera abakora umurimo wo gutwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) gusubukura imirimo yabo. Ni nyuma y’igihe kirekire bari barahagarikiwe imirimo yabo yo gutwara abagenzi ahubwo bagatwara imitwaro gusa nka zimwe mu ngamba zo kurwanya (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 28 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu cumi na babiri (12) bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi cumi n’umunani (18) bakize.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, yongeye kuburira abatekereza gutaha mu gihugu babanje guhungabanya umutekano w’Igihugu, ababwira ko batabishobora, ahubwo ko bataha ku neza kuko ari uburenganzira bwabo.
Hari ibimera cyangwa ibiti umuntu abona biteye mu ngo z’abantu, bihari nk’indabo z’umurimbo gusa kuko bigaragara neza ku jisho ariko hari bimwe muri byo, biba atari indabo gusa ahubwo byaba n’umuti ku ndwara nyinshi, cyangwa se bifite akandi kamaro ku buzima bw’umuntu. Muri ibyo bimera harimo icyitwa ‘Neem’, ‘Capucine’ (…)
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yageze ku cyicaro cy’Umuryango i Rusororo aho agiye kuyobora inama ya komite nyobozi (NEC) yaguye ya FPR.
Minisiteri ya Siporo yatangaje ko ibikorwa bya Siporo zose byemerewe kongera gukora nyuma y’amezi atandatu byari bimaze byarahagaritswe.
Aba bateramakofi babigize umwuga mu cyiciro cy’abaremereye bazahura mu mukino utegerejwe na benshi ku itariki 28 Ugushyingo 2020 muri Leta ya California.
Amabwiriza y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ajyanye no kwambara udupfukamunwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, avuga ko abana bari munsi y’imyaka 12 batambara udupfukamunwa, naho abafite 12 kuzamura bo bagomba kutwambara ndetse neza nk’uko bigenda ku bantu bakuru.