Abandi bakinnyi batatu ba Paris Saint Germain basanzwemo Coronavirus, nyuma y’abandi barimo Neymar yari yaragaragayeho
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko mu gihe urukingo rwa Covid-19 rwaba rumaze kwemezwa, Afurika izabona nibura miliyoni 220 za doze y’urukingo.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 2 Nzeri 2020, ku bufatanye n’inzego z’ibanze, Polisi yafatiye mu kabari abantu 19 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 barimo kunywa inzoga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yatanze amabati 5,760 ku miryango ikennye cyane yo mu Karere ka Rusizi, kugira ngo ibone aho kuba heza.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zahagarikiye Ethiopia inkunga ya miliyoni 100 z’Amadolari ya Amerika, nyuma yo gukimbirana na Misiri na Sudani biturutse ku rugomero Ethiopia yubatse ku ruzi rwa Nil.
Umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero akurikiranywe n’Urwego rw’Ubugenzacyaga (RIB) kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, akanywa agasinda akanasagarira abubaka amashuri muri uwo murenge.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga amaraso butangaza ko nyuma y’amezi 6 ibikorwa byo gutangira amaraso ahitwa nka Car Free Zone bihagaze byongeye gusubukurwa.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 03 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 37 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 92 bakize.
I Nyagatare mu Burasirazuba bw’u Rwanda hari aborozi ngo baba bogesha amatungo imiti y’ibihingwa kuko iyagenewe amatungo ihenda kandi ntiyice uburondwe.
U Rwanda rumaze hafi amezi atandatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, kugeza ubu kidafite umuti cyangwa urukingo ariko gishobora kwirindwa mu gihe abantu bubahirije amabwiriza yo kwirinda yashyizweho n’inzobere mu by’ubuzima.
Abatubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 mu Mujyi wa Kigali bashyiriweho ibihano bikaze birimo amande y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi icumi (10,000) kugera kuri miliyoni (1,000,000).
Ba nyir’isoko ry’Umujyi wa Kigali (Kigali City Market) riri mu Karere ka Nyarugenge ryongeye gufungura kuri uyu wa kane, bafashe ingamba zo kugabanya 3/4 by’abari basanzwe bacururizamo ibiribwa byangirika ubwo ryafungwaga ku itariki 16 Kanama 2020.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ubuhinzi n’ubworozi biri mu byitezweho kugira uruhare rukomeye mu kuzahura ubukungu bw’u Rwanda bwazahajwe n’icyorezo cya Covid-19.
Ikipe y’impunzi z’abarundi ziba mu Rwanda, yandikiye Ferwafa isaba kuba yakwemererwa gukina shampiyona y’icyiciro cya kabiri ndetse n’andi marushanwa
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Maj Gen Emmy Ruvusha, avuga ko umutekano muke atari uko haba humvikana urusaku rw’amasasu gusa, ari yo mpamvu asaba abayobozi n’abaturage kutirara.
Ikipe ya APR FC yamaze kwemeza ko umukinnyi wayo Bukuru Christophe yafatiwe ibihano n’ikipe kubera ktubahiriza ibyo basabwe n’umutoza mu gihe cya COVID19
Hari abantu barya amagi nk’uko barya ibindi biryo bisanzwe, ndetse ntibanitwararike ku bindi byo kurya n’ibyo kunywa bafata mu gihe bariye amagi. Ku rubaga https://timesofindia.indiatimes.com, bavuga ko kurya ibiryo bikwiye mu gihe gikwiye bituma umuntu agira ubuzima bwiza.
Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020, Umuryango Geraldine Trada Foundation (GT Foundation) watanze inkunga ku miryango 15 itishoboye ifite abana barwaye diyabete yo mu bwoko bwa mbere bivuriza ku Bitaro bya Muhima mu Mujyi wa Kigali.
Umujyi wa Kigali washyize ahagaragara amabwiriza mashya y’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali yerekeye uburyo bwo guhana abatubahirije ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19 mu Mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko Inama y’Umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) ku bijyanye n’iterambere ry’imijyi, yashojwe ku wa Gatatu tariki 02 Nzeri 2020, yanzuye ko politiki y’imiturire inoze yava mu magambo ikajya mu bikorwa.
Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali yashyizeho amabwiriza yerekeye uburyo bwo guhana abatubahirije ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu Mujyi wa Kigali, ndetse inateganya ibihano ku barenga kuri ayo mabwiriza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, arasaba bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Muhanga bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubicikaho kuko bitemewe kandi bituma barangara bakanarangaza abo bayobora bityo ntibagere ku ntego bihaye.
Muri Madagascar batangiye gukora ibizamini byemerera abanyeshuri barangije amashuri abanza kujya mu yisumbuye. Ni mu gihe Madagascar ari kimwe mu bihugu bifite abarwayi benshi ba covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 76 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 27 bakize.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Uburezi (REB), kiratangaza ko kiri gutegura gukoresha ibindi bizamini by’akazi ku barimu, nyuma y’uko abarimu 34,134 bangana na 85% by’abari bakoze bose batsinzwe ikizamini cy’akazi.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Kane tariki 03 Nzeri 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka ku buryo bukurikira:
Abatuye mu Karere ka Nyabihu basenyewe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo ku itariki 6 rishyira tariki 7 Gicurasi 2020 abantu 72 bakahasiga ubuzima, barashima uburyo Leta ikomeje kubaha inkunga yo kubafasha gusubira mu ngo zabo.
Umuhanzi w’icyamamare ku isi Ed Sheeran yatunguye abantu benshi ubwo yagarukaga ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’amezi menshi atagaragara.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, arateguza abayobozi n’abaturage barenga ku mabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 ko ibihano bikomeye bibateganyirijwe.
Mu rwego rwo kongera ibyumba by’amashuri mu Karere ka Bugesera harubakwa ibyumba by’amashuri bigera kuri 863. Gusa ibyumba byubakwa birubakwa mu byiciro bibiri kuko hari icyiciro cya mbere cy’ibyumba by’amashuri bigera ku 109 n’ubwiherero 141 byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi igice cya mbere (World Bank phase 1).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Nzeri 2020 nibwo uyu mutoza ukomoka muri Espagne yashyikirije ibaruwa isezera ubuyobozi bwa Mukura Victory Sport yari amazemo umwaka, yerekeza mu ikipe ya Real de Minas yo muri Honduras.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi yamaze gutangaza ko umujyi wa Imola wo mu Butaliyani.
Bakiriya bacu, Mu rwego rwo gukomeza kunoza serivisi tubagezaho, tariki ya 09/09/2020 kuva saa sita z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo hazakorwa amavugururwa ku muyobora wa satellite.
Mu ijoro rishyira ku itariki ya 02 Nzeri 2020, mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye havuzwe inkuru y’umugabo wishwe, mu bakekwaho kumwica hafatwamo n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu w’Akabuga uwishwe yari atuyemo.
Ikipe y’igihugu mu mukino wa Basketball yamaze gushyiraho Henry Mwinuka nk’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu, asimbura Mwiseneza Maxime wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Karemera Edouard wari ufungiye muri Senegal nyuma yo gukatirwa igifungo cya burundu kubera ibyaha bya Jenoside yahamijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), yaguye muri gereza.
Hashize iminsi mike mu rugo rw’umuturage utuye i Nyamirambo ku rya nyuma habonetse ibyobo byajugunywemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Cyamatare Eugene, ni umwe mu Batutsi barokokeye ku Kivugiza i Nyamirambo. Yashoboye kumenya igitambaro umubyeyi we (nyina) yari yitwikiriye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) Emmanuel Ndayisaba, yahamagariye ibitaro n’amavuriro kubakira inzira abafite ubumuga kugira ngo bashobore koroherwa kubona serivisi z’ubuzima.
Forbes, ikinyamakuru cyandika ku bukungu cyashyize hanze urutonde rw’ibyamamare 100 bitandukanye ku isi byinjije amafaranga menshi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2020.
Abantu 90 bamaze gupfa naho abarenga ibihumbi 400 bibasiwe n’imvura idasanzwe yateje umwuzure ukomeye muri Sudani, bituma Uruzi rwa Nil rwuzura ku buryo butarabaho na rimwe mu myaka 100 ishize.
Ubwo Covid-19 yageraga muri Kenya yagendanye no kwiyongera gukomeye kw’imibare y’abasambanyijwe. Amakuru atangwa na Leta ya Kenya avuga ko ukwezi kumwe gusa nyuma y’uko Covid-19 ihagera, habarurwaga abakoze ibyaha byo gusambanya abakobwa biyongereyeho 42%.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Nzeri 2020, yitabiriye inama yo ku rwego rwo hejuru yahuriyemo n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 79 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 31 bakize.
Theophile Ruberangeyo wayoboraga Ikigega gifasha abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (FARG), yashyikirije inyandiko z’icyo kigega Uwacu Julienne uherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri nk’Umuyobozi mushya wa FARG.
Mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Covid-19, Leta y’u Rwanda ikangurira abaturage bose gukoresha ikoranabuhanga mu gihe bishyurana hagati yabo, cyangwa mu kwishyura serivisi zinyuranye. Ikibazo ariko, bamwe mu bacuruzi ntibabikozwa ndetse hari abatabisobanukiwe.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru barashishikarizwa kureka gutuma abana mu isoko kuko usanga akenshi bibaviramo uburara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abantu 54 bari barwaye Covid-19 bakaba bari barashyizwe muri gahunda yo kuvurirwa mu rugo bamaze gukira icyo cyorezo.
Uruganda rutunganya Sima rwa ‘Prime Cement Ltd’ rukorera mu Karere ka Musanze, rwashyize ku isoko Sima nshya mu rwego rwo gufasha u Rwanda kwihaza no kugabanya ibitumizwa mu mahanga.