Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 20 Ukuboza 2020, mu Rwanda abagabo babiri n’abagore babiri bitabye Imana.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 19 Ukuboza 2020, Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’iz’ibanze basanze abantu 36 mu nzu ya Nyiranduhura Pelagie w’imyaka 40 utuye mu Mudugudu wa Rwimpongo ya 2, Akagari ka Rwintashya mu Murenge wa Rukumbeli, Akarere ka Ngoma. Aba bantu 36 bafashwe barimo gusenga mu (…)
Imibiri 10 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu Murenge wa Ntongwe na Kinazi mu Karere ka Ruhango yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Ruhango kuri uyu wa 19 Ukuboza 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko nubwo icyorezo cya COVID-19 cyakomye mu nkokora ubukungu n’ibikorwa by’abafatanyabikorwa muri gahunda yo gukura mu bukene abaturage bo mu muhora wa Kaduha-Gitwe, Leta izakomeza gutera inkunga icyo gikorwa.
Maze igihe kitari gito ngenda numva abantu aho bahuriye bavuga ko nta mukobwa w’igikara ukiba mu Mujyi wa Kigali. Aha muri make iyi mvugo iba ishaka gusobaura ko abakobwa n’abagore hafi ya bose bisize amavuta abahindura uruhu, abari ibikara baba inzobe, ku buryo bigoye kubona umugore w’igikara.
Abatuye i Shaba mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko babonye ko icyayi gitanga amafaranga menshi, none bifuza kwagura ubuso bagihingaho ariko bakabura ingemwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 19 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 127 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye “ntawakize”.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu, anamwizeza ubufatanye mu gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Abaturage bibumbiye muri Koperative ya COCOBEGI mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahawe inguzanyo na BDF yo kugura imashini zo kudoda imyenda ikorewe mu Rwanda (Made in Rwanda) ariko bakaba batazi kuzikoresha.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yasabye umukunzi we Mimi Mehfira ko amubera umugore.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko yafunze by’agateganyo amashuri 20 y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) nyuma y’aho ikoreye igenzura igasanga hari ibyo atujuje, bikabangamira ireme ry’uburezi muri ayo mashuri.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) kiratangaza ko cyongereye igihe cyo kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa, kwishyura bikaba byemewe kugeza tariki 31 Werurwe 2021.
Ubwo yatahaga uruganda rukora amazi ari mu macupa y’ibirahure ya SKOL Brewery Ltd ku wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2020, Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yatangaje ko imigezi, ibishanga n’ibiyaga by’u Rwanda biruhutse amacupa ya pulasitiki.
Abatuye mu Mudugudu wa Bubandu mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze akanyamuneza ni kose nyuma kwegerezwa aho bagurishiriza inkari ku mafaranga 1000 ku ijerekani.
Nyirankundimana Claudine ari mu byishimo byinshi nyuma yo kwemererwa gusezerana imbere y’amategeko n’umukunzi we n’ubwo imihango yose y’ubukwe itabaye.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Haruna Niyonzima, yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri Young Africans yo muri Tanzania.
Ishami rya Polisi y’Igihugu rishinzwe umutekano wo mu muhanda ritangaza ko imodoka zitwara abanyeshuri cyangwa izitwara abantu bakora hamwe, na zo zigomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, zigatwara abantu kuri 50%.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 73 bashya banduye COVID-19, mu bari narwaye “ntawakize”.
Inzego z’ubuyobozi n’izishinzwe umutekano zafashe abantu 111 batubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 barimo abari bambaye nabi agapfukamunwa, abasuhuzanya, kudahana intera hagati y’umuntu n’undi no kujya mu tubari.
Ambasaderi Mandisi Bongani Mabut MPAHLWA ugiye guhagararira Afurika y’Epfo mu Rwanda yahize gukura agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo.
Muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha inyubako z’ibyumba bishya by’amashuri, Akarere ka Burera ni ko kabimburiye uturere tugize Intara y’Amajyaruguru mu kumurika ku mugaragaro ibyo byumba bishya, aho ku wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020 ku ikubitiro hafunguwe ibyumba 36 n’ubwiherero 26 byo mu Murenge wa Rugarama muri ako Karere.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwashyize ahagaragara amakuru yerekeye iyo kipe kugira ngo abanyamuryango, abafana ba APR FC ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange babone amakuru y’imvaho no gukuraho urujijo ruterwa na bamwe mu banyamakuru (birengagiza gukora kinyamwuga kubera impamvu zabo bwite) kenshi bagatambutsa (…)
Leta yashyizeho ikigega cya miliyari 200 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kuzahura ubukungu bwazahajwe na Covid-19, abacuruzi bagakangurirwa kukigana ngo bagurizwe kuko amafaranga agihari.
Umuhuzabikorwa w’ibiro by’umuryango utari uwa Leta, Transparency International Rwanda, mu Karere ka Kayonza, Mukeshimana Jeannette, arasaba ababyeyi n’umuryango nyarwanda muri rusange gusubira ku nshingano zo kurera abana aho kubaharira Leta.
Mu Rwanda mu ngingo ya 49 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano rya 2018, itegeko riteganya ko umucamanza agena igihano ku cyaha cyakozwe hashingiwe ku buremere bwacyo, ingaruka cyateje, icyateye icyaha n’ibindi. Iyo bigeze mu gihe cy’ikatira (sentencing) ni ho dushobora kubona igihano cyagabanutse cyangwa kiyongereye cyane (…)
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi muri manda ebyiri (1987-1993, 1996-2003) ariko akaba yari aherutse gukatirwa igifungo cya burundu n’inkiko z’icyo gihugu adahari, yaraye yitabye Imana.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Ngamba, ku wa Kabiri tariki ya 15 Ukuboza 2020, yafashe abasore babiri; Ndayishimiye William w’imyaka 20 na Bisangwa Roberto w’imyaka 18 bakekwaho icyaha cyo kwiba mudasobwa (Laptops ) eshatu z’ikigo cy’ishuri cya Frère Ramon Kabuga TVET School, giherereye mu Kagari (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 78 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 32.
Abageze ku cyiciro cya nyuma cy’irushanwa rya The Next Pop Star harimo abakobwa babiri n’abahungu bane barimo abasanzwe ari abahanzi babiri ari bo Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin.
Natacha Polony, umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cyitwa ‘Marianne’ yoherejwe kuburanishwa ku rukiko mpanabyaha rw’i Paris.
Ikigo cy’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (RSE) gihamya ko CIMERWA Plc ihagaze neza ku Isoko ry’Imari n’imigabane nubwo imaze igihe gito iryinjiyemo.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ibipimo byagaragaje ko afite ubwandu bwa Virus ya COVID-19, nk’uko ibiro bye byabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020. Emmanuel Macron yahise afata icyemezo cyo kwishyira mu kato mu gihe cy’iminsi irindwi.
Inama nkuru y’igihugu ishinzwe amashuri makuru na kaminuza (HEC) yasohoye itangazo rihagarika amasomo ya nimugoroba mu mashuri makuru yose yo mu Rwanda mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, bikaba byatangiye kubahirizwa kuva ku itariki ya 15 Ukuboza 2020.
Ibi ni ibintu maze kugenzura kenshi mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse n’igihe abahanzi baba baganira, aho abakobwa benshi baririmba indirimbo za Kinyarwanda bavuga ko umuririmbyi bafatiraho urugero cyangwa icyitegererezo ari Kamaliza.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko amafaranga Leta yemeye guha amakompanyi atwara abantu mu modoka rusange yunganira igiciro cy’urugendo azatangira kubageraho mu cyumweru gitaha.
Leta y’u Rwanda yasubije Umudepite wo mu Nteko ya Leta zunze ubumwe za Amerika Carollyn B. Maloney, wari uherutse kwandikira Perezida wa Repubulika Paul Kagame asaba ko yafungura Paul Rusesabagina akongera akoherezwa muri Amerika.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Shyaka Anastase avuga ko abafite ubukwe muri iyi minsi bagomba kuba babuhagaritse mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 gikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 16 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 122 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 21.
Mu Mirenge ya Cyanika na Nkomane mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturage 178 bavuga ko bubatse ubwanikiro bw’imyaka bakorera Kampani yitwa SOCOBACO, ariko bakaba barategereje kwishyurwa amaso agahera mu kirere.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), ruraburira abantu bafite imodoka zitagenewe gutwara abagenzi ariko zikabatwara, ko bahagurukiwe kuko ibyo bakora binyuranyije n’amategeko, cyane ko batanubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwamuritse icyiciro cya kabiri cy’ibyumba by’amashuri 115 n’ubwiherero 120 byatanzweho amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni magana acyenda (948,174,758frw). Haracyategerejwe ibyumba 223 ibyinshi muri byo bikaba birimo kubakwa ku bufatanye na Banki y’isi.
Nyuma y’uko Akarere ka Musanze gafatiwe ibyemezo byo guhagarika ingendo kuva saa moya z’umugoroba, ku ikubitiro abasaga 150 baraye muri stade nyuma yo gufatwa n’inzego z’umutekano barenze kuri ayo mabwiriza.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, arasaba abaturage kwihisha COVID-19 aho kwihisha Polisi y’igihugu. Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukuboza 2020 mu kiganiro n’itangazamakuru ku ngamba nshya zo kwirinda COVID-19.
N’ubwo imibare y’abandura Covid-19 yiyongereye muri iyi minsi, ndetse hagafatwa n’ingamba zigamije gutuma abantu birinda kurushaho, zigatangazwa mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 14 Ukuboza 2020, bigaragara ko hari abantu batarumva neza amabwiriza ashyirwaho n’inzego z’ubuzima mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya (…)
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, yagaragaje ko hari ingamba ziri gutegurwa zigamije gufasha amakipe gukomeza shampiyona y’umupira w’amaguru yahagaritswe kubera kutubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko gusaba abatuye mu Mujyi wa Musanze kuba bageze mu ngo bitarenze saa moya z’umugoroba, ari ikintu gishobora kubangamira abagenzi mu muhanda Kigali-Rubavu.
Abana bo mu Mudugudu wa Nyamagana A na Nyamagana B, ho mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, bubakiwe imyicundo.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, uri mu ruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Zambia, Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Ukuboza, yasuye ishuri rikuru rya Polisi ya Zambia rya Kinfinsa, iri shuri rikaba ryigisha ibijyanye no guhosha imyigaragambyo.
Inama y’Abaministiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2020, yemereye amashuri makuru abiri yigisha iyobokamana gutangira gukorera mu Rwanda.