Umunyarwanda Félicien Kabuga ushinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yavanywe mu Bufaransa ajya gufugirwa muri Gereza y’Urukiko ruzamuburanisha i La Haye mu Buholandi.
Abahanzi b’ibyamamare muri Tanzania bakomeje gususurutsa abaturage mu bikorwa byo kwiyamaza ku bazahatanira umwanya wa Perezida.
Raporo ya Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irerekana ko hari abarimu 1,566 mu mashuri ya Leta bari mu kazi badafite ibyangombwa bibashyira mu kazi.
Akarere ka Kicukiro ku bufatanye na Rabagirana Ministries baganirije urubyiruko ku mateka y’igihugu, hanatangwa ibihembo ku mirenge yitwaye neza mu gushyira mu bikorwa gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge.
Ikibazo cy’amikoro ni kimwe mu bigaruka buri gihe iyo havuzwe urukundo cyangwa se kubana mu rugo hagati y’umugabo n’umugore. Pasiteri Niyonshuti Theogene avuga ko nubwo gatanya ari nyinshi bitavuze ko ingo nziza zidashoboka.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo n’abo mu zindi ntara bishimira kuba baratangiye kubona amafaranga, kubera akazi bakora mu mushinga wo gutera amashyamba no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bari bamaze iminsi bari mu karuhuko, bamaze gusubira mu mwiherero wo gutegura imikino ibiri bazakina na CAP-Vert
Umubyeyi witwa Kwizera wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko ahohoterwa n’umugabo we kuva muri 2012, biturutse ku kuba umugabo yarafunguwe agasanga umugore we yaranduye Sida.
Hirya no hino mu gihugu abaturage batangiye gushyirwa mu byiciro bishya by’ubudehe, aho abagize umuryango bagomba kuba basangira inkono imwe kugira ngo bashyirwe mu cyiciro kimwe.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice aratangaza ko uturere tw’Intara y’Amajyepfo tugiye kujya twigiranaho kugira ngo udukora nabi twigire ku dukora neza, mu rwego rwo kwirinda kugwa mu makosa yo gucunga umutungo n’imari ya Leta.
Umuhanzi Uwimana Francis ukoresha izina rya Fireman mu muziki, ngo ahora ababazwa no kuba adafite umuntu n’umwe yita uwo mu muryango we cyangwa mwenewabo, kuko benshi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya APR FC na AS Kigali zanganyije igitego 1-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, aho nta mufana wari wamerewe kwinjira muri uyu mukino
Rutare, ni kamwe mu dusantere Akarere ka Gicumbi kavuga ko kazagira umujyi wunganira umurwa mukuru wako, hakaba hitaruye cyane umuhanda wa kaburimbo werekeza i Byumba, aho umuntu uva i Kigali akatira mu kuboko kw’iburyo yerekeza ku kiyaga cya Muhazi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Tumba mu Kagari ka Cyarwa, yafashe Nshimiyimana Olivier bakunze kwita Major w’imyaka 22 na Sadamu abdoul w’imyaka 27, bafatanywe udupfunyika tune turimo ifu y’ikiyobyabwenge gihambaye cya Heroyine (Héroine), (…)
Umuryango mpuzamahanga WaterAid umaze imyaka 10 ufasha Abanyarwanda bo mu turere turindwi kubona amazi meza no kubahugura ku isuku n’isukura, ukaba kandi wongereye indi myaka 10 yo gukomeza ibyo bikorwa bifitiye benshi akamaro.
Musenyeri Antoine Kambanda watangajwe ku rutonde rw’abo Papa Francis yazamuye mu cyiciro cy’aba Karidinali, yavuze ko ari ibintu byamutunguye kuko atari abizi, ndetse ngo atanabitekerezaga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 25 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 6 bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi abakize bakaba ari 24.
Umunya-Brazil witwa Edson Arantes do Nascimento wamenyekanye nka Pelé wamamaye cyane mu mupira w’amaguru yujuje imyaka 80 tariki 23 Ukwakira 2020, akaba yaratangiye ikiruhuko cy’izabukuru mu mwaka wa 1977.
Umubyeyi witwa Yamuragiye Odette wo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze yari aherutse kugaragaza ikibazo cy’umwana we wari urembye, asaba ko uwo mwana yahabwa ubuvuzi bukwiye. Icyakora amakuru ageze kuri Kigali Today aravuga ko uwo mwana witwa Rugwiro Olga amaze kwitaba Imana.
Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS hamwe n’umutoza wabo ndetse n’abandi bakozi bakurikirana iyi kipe, kuri iki cyumweru tariki ya 25 Ukwakira 2020 bapimwe Coronavirus.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Murunda, tariki ya 22 Ukwakira 2020, yafashe Ndayambaje w’imyaka 26 na Munyakinyaga Samuel w’imyaka 33, bombi bafatanwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 42 y’amiganano.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yatangaje ko Arkiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda yazamuwe mu ntera akaba yatorewe kuba Karidinali.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yinjiye mu njyana gakondo atari amenyereweho, avuga ko agiye gukora indirimbo nyinshi zibyinitse Kinyarwanda.
Mu rukerera rwo ku itariki 25 Ugushyingo 2020, uwitwa Mugabo wo mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, biravugwa ko yabyutse agiye mu bwiherero asanganirwa n’amaraso, arebye abona ni ay’inka ye imaze gutemwa.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe amahame y’imyitwarire mu bacungagereza, CSP Thérèse Kubwimana, avuga ko hari abagororwa babarirwa mu bihumbi 18 hakenewe ko binjizwa muri gahunda yo kwegera abo bahemukiye bakabasaba imbabazi, kuko byagaragaye ko bivura abahemutse n’abahemukiwe.
Bamwe mu babyeyi baganiriye na Kigali Today, bavuga ko batewe impungenge n’abana bagiye gukora imirimo inyuranye mu gihe bamaze batiga, ngo kuko bizagorana kubasubiza mu ishuri baramenyereye gukorera amafaranga.
Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yashyize ahagaragara itangazo rivuguruza amakuru yitiriwe Papa Francis, aho bimwe mu bitangazamakuru ngo byamubeshyeye bivuga ko yagaragaje ko ashyigikiye kubana nk’umugabo n’umugore kw’abahuje imiterere y’ibitsina (ubutinganyi).
Muri iki gihe, iyo umuntu yumvise ko ahantu runaka habaye ibirori, urugero nk’ibyo kwizihiza isabukuru y’amavuko (Anniversaires/birthdays), ahita yumva ko byanze bikunze haza gukatwa umutsima bita uwa kizungu, (cake/gateau). Ni kimwe no mu bukwe, ubu iyo abantu bategura ubukwe, ntibashobora kwibagirwa kugura uwo mutsima (…)
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Huye tariki 23 Ukwakira 2020 bifatanyije n’abatuye mu Murenge wa Huye mu gikorwa cyo gutera ibiti bivangwa n’imyaka bigera ku 7,750.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 8 bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi hakaba ntawakize mu bari barwaye.
Ikipe ya Patriots BBC itwaye igikombe cya Gatatu yikurikiranya nyuma yo gutsinda REG BBC amanota 76 kuri 61,The Hoops Rwanda yandika amateka itwara igikombe cyayo cya mbere nyuma yo gutsinda IPRC Huye y’abagore amanota 68 kuri 63.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakurikiranye umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball, umukino wabereye mu nyubako ya Kigali Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukwakira 2020.
Ikipe ya Rayon Sports imaze kubona ubuyobozi bushya, burangajwe imbere na Uwayezu Jean Fidele watorewe kuba Perezida
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bategerezanyije amatsiko umuhanda wa kaburimbo ugiye kubakwa mu Karere kabo, ngo bakaba biteguye kuwubyaza umusaruro kuko ubuhahirane buziyongera.
Imiryango 833 yo mu Karere ka Nyagatare irimo iyagaragayemo imirire mibi yahawe ibiti by’imbuto ihabwa n’inyigisho zo gutegura indyo yuzuye, naho imiryango 200 yorozwa amatungo magufi.
Abakora ingendo mu modoka barishimira imanuka ry’ibiciro by’ingendo, aho byavuye ku mafaranga 25,9 ku kilometero kimwe bigera kuri 21 mu ngendo zerekeza hirya no hino mu Ntara z’igihugu.
Mu Midugudu ya Gasenga ya II na Nyabivumu yombi ibarizwa mu Kagari ka Nyamata-Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ni hamwe mu habereye igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe. Abaturage bagaragaza ko banyuzwe n’ibyiciro bahawe, mu gihe mbere wasangaga hari abinubira ibyiciro bashyizwemo.
Imibare yatanzwe n’abashinzwe ubuzima mu Bubiligi ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020 irerekana ko abantu hafi ibihumbi 17 ari bo banduye covid-19. Abajyanywe mu bitaro mu masaha 24 bari 498, naho abarembye cyane bari 573.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, arakangurira abaturage gufata neza amashyamba yabo ari na yo agize igice kinini cy’amashyamba yose ari mu gihugu, kuko ubushakashatsi bwerekanye ko afashwe nabi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority - RRA) cyashyikiriye Akarere ka Ngororero inkunga ya Miliyoni 25Frw yo kugura isakaro ry’amabati ku baturage basenyewe n’ibiza bari bacumbikiwe mu baturanyi no mu bigo by’amashuri.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdun Twizeyimana arasaba abaturage kudakinisha icyuma cyose babonye kandi batakizi. Abitangaje nyuma y’aho ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020 inzego z’umutekano zikuye gerenade mu rwuri rwa Munyandamutsa Alphonse wo mu Mudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka (…)
Amakipe ane ahurira ku mikino ya nyuma muri shampiyona ya Basketball 2019/2020 yamenyekanye nyuma y’imikino ya 1/2.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yanditse kuri Twitter, ashimira umuntu wese wamwoherereje ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rufatanyije n’izindi nzego mu Karere ka Rusizi rwafashe abagabo 10 bakekwaho gusambanya abangavu bakabatera inda.
Ikiganiro mpaka cya kabiri ari na cyo cya nyuma hagati y’abakandida babiri bahatanira kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika cyagenze neza kurusha icya mbere kuko abakandida bombi bahanaga umwanya wo kuvuga, bitandukanye n’inshuro ya mbere aho bacanaga mu ijambo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko Paul Rusesabagina uregwa kurema no gutera inkunga umutwe wa MRCD-FLN akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakurikiranye imikino ya ½ ya shampiyona Basketball, imikino iri kubera muri Kigali Arena
Hagendewe ku ngengabihe nshya ya FIFA igaragaza amatarikyi no kugura ndetse no kwandikisha abakinnyi, mu Rwanda bizasozwa mu Gushyingo.
Umuhanzi Safi Madiba, yongeye kwisuganya asubira muri studio akora indirimbo yise ‘Sound’, nyuma yo kugira ibibazo by’urushako byatumye aba nk’uhagarika imishinga ye y’umuziki.