Ku wa Kane tariki 17 Kamena 2021, ni bwo Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire yakiriwe i Abidjan, agarutse mu gihugu cye nyuma y’imyaka icumi avuye ku butegetsi bw’icyo gihugu, aho yari yaroherejwe ku Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu Buholandi gukurikiranwaho ibyaha by’intambara.
Kuri uyu Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021, Ubushinjacyaha bwasabiye ibihano abantu bane bagabye ibitero mu Karere ka Rusizi bigakomerekeramo abantu bikangiza n’imitungo yabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifatanyije mu kababaro n’abaturage ba Zambia bababajwe n’urupfu rwa Kenneth Kaunda wabaye Perezida w’icyo gihugu kuva mu mwaka wa 1964 kugera mu 1991.
Banki ya Kigali yinjiye mu bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabuhanga mu kwishyura, Virtual Pay International, mu rwego rwo gufasha abacuruzi bo mu Rwanda no mu Karere kugeza ibicuruzwa byabo hirya no hino ku Isi hifashishijwe ikoranabuhanga bakishyurwa hakoreshejwe ikarita ya Visa cyangwa Mastercard.
Padiri Uwimana Jean François usanzwe aririmba indirimbo zo mu njyana ya Rap zihimbaza Imana, yamaze gushyira hanze indirimbo yitwa ‘Igitangaza’ aho yabyinanye n’abazungu bo mu gihugu cy’u Budage aho ari gukomereza amasomo ye.
Uwayoboye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba MRCD-FLN mu nzira ibageza ku butaka bw’u Rwanda, witwa Shabani Emmanuel, Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa imyaka 25.
Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Skol Brewery Limited (SBL) ku bufatanyije n’Ikigo cy’Abadage gishinzwe Iterambere (GIZ), bitewemo inkunga na MasterCard Foundation, rutangaza ko rurimo guhugura abacuruza ibinyobwa byarwo kugira ngo bamenye gufata neza abakiriya.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’agateganyo mu mikino ya shampiyona isigaye
Kimwe mu bidindiza imikorere y’itangazamakuru n’umutekano mu bihugu binyuranye bya Afurika, ngo ni bamwe mu bayobozi badatanga amakuru uko bikwiye, n’ababikoze bagatanga aya nikize, bityo inkingi y’ubakirwaho mu kubaka sosiyete ishyizehamwe kandi itekanye ikadindira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko ubucuruzi bw’amata bukorwa mu kajagari, biri mu bikoma mu nkokora ubuziranenge bwayo, ndetse n’ingano y’umukamo iba ikenewe ngo atunganywe neza kandi anongererwe agaciro ntiboneke uko bikwiye.
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yategetse ko abana bose barererwa mu miryango ibigo byareraga imfubyi bigafungwa, abana bafite ubumuga bari basigaye mu bigo na bo bagiye koherezwa kurererwa mu miryango.
Umunyarwenya Kansiime Anne w’umunya Uganda, yambitswe impeta na Abraham Tukahiirwa uzwi nka Skylanta bamaze amezi make bibarutse imfura yabo.
Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ryatangije ubukangurambaga buzamara icyumweru ku bakoresha umuhanda bose.
Abarwanyi ba Hamas barimo gukoresha andi mayeri mu rugamba nyuma y’aho ibisasu byabo bya misile babyohereza ariko bikaburizwamo n’ikoranabuhanga rya Israel.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 17 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 422 babasanzemo Covid-19, abakize ni 9, umuntu umwe yitabye Imana, naho abarembye ni 9 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye mu Karere ka Musanze, hatangijwe ibiganiro by’iminsi ibiri, byiga ku gushaka umuti wo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika n’ibindi bishobora kuvuka.
Nyuma y’inkuru yamenyekanye y’umugabo wo mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe waziritse umwana we ku nkomangizo akayimaraho iminsi ibiri, akayikurwaho n’umuturanyi yarakomeretse, bamwe mu baturanyi bavuga ko yabasebeje, abandi bakamwifuriza igihano kuko ngo ibyo yakoreye umwana we bidakwiye.
Uwahoze ari Perezida wa Zambia Kenneth Kaunda yitabye Imana ku myaka 97. Yayoboye Zambia kuva mu mwaka w’1964 kugera 1991.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko hatagize igikorwa mu gukumira icyaha cyo gusambanya umwana no kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Abanyarwanda bazisanga ingaruka zabyo zigera ku mubare munini w’abantu kandi kuzikumira bitagifite igaruriro.
Bizimana Cassien bita Passy wayoboye ibitero byagabwe mu Karere ka Rusizi, ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 kubera ibikorwa by’iterabwoba aregwa.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 16 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugunga bafunze by’agateganyo ‘Aiport Inn Motel’ iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, iyo Motel abayobozi bayo baracyekwaho gutorokesha umuntu wari uyicumbitsemo kandi afite ubwandu bwa Covid-19. Uwo (…)
Imbere y’amategeko ahana y’u Rwanda no mu mategeko mpuzamahanga, icyaha ni igikorwa kibujijwe n’itegeko cyangwa kwanga gukora igitegetswe ku buryo bihungabanya umutekano mu bantu kandi hari itegeko ribiteganyiriza igihano, amategeko agira n’ihama rigira riti nta cyaha nta gihano, nyamara ariko nubwo amategeko ahana icyaha (…)
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, arasa abaturage kuzirikana ko kwita ku buzima bw’umwana kuva agisamwa, bigira uruhare rukomeye mu guteza imbere imikurire ye yaba mu gihagararo, mu bwenge, mu mbamutima no mu mibanire ye n’abandi.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, ubushinjacyaha bwasabiye Nizeyimana Marc igihano cy’igifungo cya burundu kubera ibyaha akurikiranyweho bijyanye n’iterabwoba ndetse n’ubwicanyi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko bitarenze muri Nyakanga 2021, mu tugari n’Imirenge byo mu gihugu hose hazaba hakoreshwa igitabo cy’irangamimerere cy’ikoranabuhanga, nk’uburyo bwizewe bwo kubika amakuru no kurinda abaturage kongera gusiragira bashaka izo serivisi; ubusanzwe zatangwaga mu buryo bwa (…)
Mu myaka icumi ishize, umubare w’abanyeshuri b’Abanyarwanda bajya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) wariyongereye ku rugero rwa 215%, kuko umubare wakomeje kuzamuka cyane guhera mu 2006.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, Ubushinjacyaha busabiye Herman Nsengimana igifungo cy’imyaka 20.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, urubanza ruregwamo Rusesabagina n’abo bareganwa rwakomeje, Ubushinjacyaha bukaba bwasabiye Paul Rusesabagina igifungo cya burundu.
Mu gitondo cyo ku itariki 14 Kamena 2021 ni bwo hamenyekanye inkuru y’umusore n’inkumi basanze biyahuye bazirikanye agashumi bari ku nkombe z’urugomero rw’amashanyarazi mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) bwatangaje urutonde rwa hoteli na resitora byo mu Mujyi wa Kigali, aho abakozi n’abakiriya bazigana bazajya basabwa kwisuzumisha Covid-19 ndetse ibisubizo bikagaragaza ko ari bazima mbere yo kwemererwa kuzinjiramo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kamaze gushyirwa muri Guma mu Karere, buratangaza ko abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka gahunda yabo ntacyo iri buhindukeho uretse gukomeza kubahiriza amabwiriza asanzwe mu kwirinda Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 263 banduye Covid-19, ntawakize, abitabye Imana ni 4 mu gihe abarembye ari 11 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Uruganda rwa Ferrari rwo mu Butaliyani rusanzwe rukora imodoka zihenze, rwerekanye imyenda yarwo ya mbere rwakoze.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko bamwe mu bakingiwe COVID-19 mu Rwanda hari abo basuzumye nyuma bakabasangamo ubwandu bw’icyo cyorezo, iyi ikaba ari yo mpamvu abantu bose basabwa gukomeza kwitwararika na nyuma yo gukingirwa.
Akarere ka Nyarugenge kizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe Umwana w’Umunyafurika kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021, gasaba buri Sibo ikagize kugira urugo mbonezamikurire rwiriranwa abana, mu gihe ababyeyi bagiye mu mirimo itandukanye.
Umutoza Guy Bukasa watozaga Rayon Sports amaze gusezera nyuma yo gutsindwa na APR FC.
Umudepite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani yasabye imbabazi nyuma yo gusanisha agapfukamunwa ka Konoravirusi n’ihohoterwa Abayahudi bakorerwaga n’aba Nazi mu Budage.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 15 Kamena 2021, mu masaha ya saa tatu n’igice z’ijoro, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamagabe ku bufatanye n’inzego z’ibanze zikorera mu Murenge wa Kibirizi, bafatiye mu kabari abantu 19 barimo kunywa inzoga abandi bakina imikino y’amahirwe izwi nk’ikiryabarezi.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Ndahindurwa Fiacre, avuga ko guhera ku ya 15 Kamena 2021, Abajyanama b’akarere batangiye icyumweru cy’abajyanama basanga abaturage mu mirenge ahanini hagamijwe kumva ibibazo byabo, ariko by’umwihariko kubashishikariza gukomeza ingamba zo kwirinda Covid-19.
David Dushman wari umusirikare w’Umuyahudi wavuye ku rugerero mu ngabo z’Abasoviyete bitaga Red Army, akaza kuba umukinnyi w’inkota mu mikino ngororamubiri (Olympic), yatabarutse aguye mu Budage.
Mu mikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona, ikipe ya APR FC na AS Kigali zikomeje gukubana nyuma yo kubona amanota atatu buri yombi
Nyirayumve Eliane waburiye umugabo we mu bitero bya FLN, arasaba urukiko kumuha ubutabera akabasha kurera abana batanu yasigiwe n’umugabo ndetse no kuzuza inzu yubakwaga.
Mu Karere ka Gakenke hafunguwe ibagiro ry’ingurube ryuzuye ritwaye agera kuri miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda, aho rije kongera ubuziranenge n’isuku y’inyama z’ingurube cyangwa se ‘akabenzi’.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Kamena 2021 mu masaha ya saa tanu za mu gitondo indege yakoze impanuka hafi y’ikibuga cy’indege cya Kavumu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umuntu wigaragambyaga wo mu muryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta wita ku bidukikije wa ‘Greenpeace’ washakaga kugaragaza politiki mbi ya ‘Volkswagen’ ku bijyanye n’ibidukikije, yahanukiye mu kibaga abakinnyi batangiye gukina. Ibyo byabaye ku wa Kabiri tariki 15 Kamena 2021, mu mukino wa Euro 2021 wahuzaga u Bufaransa (…)
Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kwemera ikirego cyabwo kuri Nsabimana Callixte no kwemeza ko gifite ishingiro, kandi rukemeza ko ahamwa n’ibyaha byose bwamureze, hanyuma buvuga ko yari akwiriye igihano cy’igifungo cya burundu.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Pfunda rwongereye amafaranga ahembwa umukozi ku munsi, akurwa ku mafaranga y’u Rwanda 1,100 ashyirwa ku 1,550.
Umwunganizi mu mategeko Mukashema Marie Louise, yiyemeje gufasha bamwe mu bagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN, barimo Ngirababyeyi Desire w’umushoferi wa kompanyi ya Alpha na Habimana Zerot babuze ubushobozi bwo gushaka ababunganira mu mategeko.
Rutahizamu w’ikipe ya Musanze FC, Imurora Japhet bakunda kwita Drogba, arasezera gukina umupira w’amaguru kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyizeho amabwiriza mashya ku turere turimo kubonekamo abarwayi benshi ba Covid-19, harimo na Guma mu Karere.