Mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020, Akarere ka Musanze ni ko kafatiwe ibyemezo bitandukanye n’ibyafashwe ahandi mu gihugu, nyuma y’uko mu bushakashatsi bumaze iminsi bukorwa na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) bwagaragaje ko mu bantu bapimwe mu mujyi wa Musanze, 13% basanze (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 15 Ukuboza 2020, mu Rwanda umugabo w’imyaka 70 y’amavuko yitabye Imana i Rubavu yishwe na Covid-19.
Jean Kambanda wabaye Minisitiri w’Intebe muri Leta yiyise iy’Abatabazi ubwo yatabwaga muri yombi uwahakanaga ibyaha byose yatunguye abantu imbere y’urukiko yiyemerera ibyaha byose yashinjwaga aza no gukatirwa igifungo cya burundu.
Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 Umuryango w’Ubufatanye mu by’Ubukungu n’Iterambere (Organisation for Economic Co-operation and Development-OECD) umaze ushinzwe, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yijeje ubufatanye buhoraho bw’u Rwanda na Afurika n’uwo muryango.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko ibiciro by’ingendo bitahindutse, Leta ikaba izunganira abaturage yishyura igiciro gisigaye.
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda iratangaza ko iri kwiga uburyo izafasha amakipe yagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19 gikomeje kuyogoza ibikorwa by’imikino n’amakipe mu Rwanda.
Irerero ni gahunda ibera mu turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, aho urubyiruko rwibumbiye mu muryango wa FPR-Inkotanyi ruhura mu gihe cy’ukwezi rugahugurirwa kurushaho gusobanukirwa amahame n’indangagaciro z’umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Tariki 14 Ukuboza 2020, Banki ya Kigali yatangiye poromosiyo igenewe impera z’umwaka, ikaba yarayise “Mu Munyenga na Mastercard”. Ni ubukangurambaga buzarangira tariki 31 Mutarama 2021, aho buri cyumweru abakiriya bayo bazajya batsindira (cashback) amatike yo guhahiraho, hakaba abatsindira za mudasobwa na moto buri kwezi, mu (…)
Bamwe mu bageni biteguraga gukora ubukwe mu mpera z’iki cyumweru bavuga ko kuba ubukwe bwahagaritswe nta kundi babigenza kuko icya mbere ari ukubahiriza amabwiriza gusa ngo bishobora gutuma bamwe bishyingira.
Ishyirahamwe ryo gutwara abantu n’ibintu (RFTC) rirasaba abatwara abagenzi kwihangana bagakora batongeza ibiciro kandi bagatwara abantu mu gihe Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rutarashyiraho ibiciro bishya by’ingendo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020, yemeje ko imihango yose y’ubukwe ihagaze mu gihe cy’ibyumweru bitatu kugira ngo hirindwe ikwirakwira rya Covid-19, kuko muri iyo mihango ngo byagaragaye ko hazamo ubusabane, kwirinda bikirengagizwa.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020 iyobowe na Perezida Kagame, yashyizeho ingamba zihariye zo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 zizubahirirwa mu Mujyi wa Musanze uherereye mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020 iyobowe na Perezida Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.
Icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana cyatumye Guverinoma y’u Rwanda ifata icyemezo cyo gusubika Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Imwe muri gahunda z’imena zo guhangana n’ikwirakwizwa ry’icyorezo cya covid19, harimo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki 14 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 88 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 41.
Igisirikare cya Nigeria kivuga ko abajenerali bagera kuri 30 basanze baranduye covid-19; nyuma yo kwitabira inama ngarukamwaka ya gisirikare yatangiye tariki 7 Ukuboza 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatangaje ko bitarenze ukwezi kwa Mata k’umwaka utaha wa 2021, buzaba bwubakiye imiryango 132 yose itishoboye ituye muri ako Karere.
Umuyobozi mushya w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda, Mugwiza Désiré, yavuze ko muri manda nshya y’imyaka ine batorewe u Rwanda rugomba kuzakira umukino uhuza abakinnyi b’Abanyafurika bakina muri shamoiyona ya Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) n’abandi bakinnyi basigaye bose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe na Tanzania mu mukino wa mbere wa CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 iri kubera i Rubavu mu Rwanda
Hari abatekereza ko guhishira ihohoterwa ryakorewe abangavu, bikozwe n’abangavu ubwabo cyangwa abandi bantu, biri mu bituma umubare w’abangavu babyara ukomeza kwiyongera, aho kugabanuka.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, avuga ko hari abibwira ko abarwara Covid-19 ari abasanganywe izindi ndwara cyangwa abakuze gusa, ariko ngo si byo kuko n’abandi ibafata.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye, avuga ko hari resitora zemerewe gukorera ahabera imurikagurisha mpuzamahanga i Kigali zitwaye nk’utubari zirafungwa zizira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Kompanyi Chipper Cash ifite icyicaro i San Francisco muri California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Ikorera mu bihugu birindwi byo muri Afurika , igakorera no mu Bwongereza.
Ikipe ya FC Barcelone na Paris Saint Germain zacakiranye muri Tombola ya 1/8 ya Champions League yabaye uyu munsi
Umubirizi ni igiti usanga kizwi n’abantu benshi kandi gikunze kuboneka ahantu hose hari ibihuru. Gusa abenshi bazi umubirizi nk’umuti w’inzoka zo mu nda, hakaba n’abakunda kuwushyira mu mazi bagiye kuhira amatungo kuko ngo bituma anywa neza kandi ukayagirira akamaro. Iyi nkuru iragaruka ku kandi kamaro k’umubirizi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iratangaza ko imibare y’abandura COVID-19 nikomeza kwiyongera bizateza igihombo ku bucuruzi bw’imbere mu gihugu n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 13 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 131 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 63.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko irimo gutambamira imitungo y’abantu 2,679 babereyemo Leta amafaranga arenga miliyari eshatu, ndetse ikaba yagiranye amasezerano n’abahesha b’inkiko bazishyuza ayo mafaranga.
Joy Kobusinge wo mu Mudugudu wa Nyamiyonga, Akagari ka Nyamiyonga mu Murenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare, avuga ko ku myaka 72 y’amavuko ari bwo araye mu nzu irimo urumuri rutari agatadowa.
Yusuf Munyakazi wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yaguye muri gereza y’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Mali.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije aratangaza ko ku ikubitiro Abanyarwanda 20% bafite ibyago byo kwandura COVID-19 ari bo bazakingirwa urukingo rukigera mu gihugu mu mezi atatu ari imbere.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu itangaza ko kuva muri Nyakanga uyu mwaka mu Rwanda hafunzwe utubare dusaga 9,600 twarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, dufungura bitemewe.
Aloys Guillaume wari umupadiri wa Diyoseze Gaturika ya Butare, yapfuye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 12 Ukuboza 2020, azize impanuka y’imodoka.
Ku wa gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2020, Polisi y’u Rwanda yahaye umuriro w’amashanyarazi abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo imiryango 178 yo mu Murenge wa Ruhunde mu Karere ka Burera, na 181 yo mu Murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga wo gukumira amazi ava mu birunga akangiza ibikorwa by’abaturage kigeze kuri 96% gishyirwa mu bikorwa. Mu bice bimwe na bimwe by’Uturere twa Musanze na Burera aho uyu mushinga watangiriye, abaturage bavuga ko batangiye kubona impinduka zishingiye ku kuba ubukana bw’amazi aturuka mu birunga (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukuboza 2020, mu Rwanda umugabo w’imyaka 61 y’amavuko n’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko bitabye Imana i Kigali bishwe na Covid-19.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe, buremeza ko umwana w’umukobwa wavuzweho kuguruka hejuru y’inzu ubu ameze neza, kandi ko umuryango we wasabwe kumujyana kwa muganga mu gihe yaba agize ikindi ikibazo.
Nyuma y’amezi atandatu abaturage bo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze batunganyirijwe igishanga cya Mugogo cyari cyaravutsemo isoko yatewe n’amazi y’imvura aturuka mu misozi ya Nyabihu akimura abaturage akanangiza imyaka yabo, ubu bari mu byishimo nyuma y’uko Leta itunganyije icyo gishanga bakongera guhinga imirima yabo.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Kane tariki 10 Ukuboza 2020, yashyikirije amashanyarazi y’imirasire y’izuba ingo 217 zo mu Mudugudu wa Subukiniro mu Karere ka Nyamagabe.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda uratangaza ko ubu igitabo cyifashishwa n’idini ya Isilamu cyizwi nka Korowani gisobanuye mu Kinyarwanda cyamaze kuboneka nyuma y’akazi katoroshye kakozwe mu myaka itari mike. Ubu ngo hagiye gukurikiraho ibikorwa byo kugikwirakwiza hirya no hino mu gihugu no gusohora ibitabo byinshi kugira (…)
Komite ishinzwe gutegura CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 yagombaga gutangira kuri uyu wa Gatandatu i Rubavu, yamaze kwigizwa inyuma habura amasaha make ngo umukino wa mbere utangire
Abahoze batuye n’abari bafite imirima ahari kubakwa amapiloni agize umuyoboro uzakura amashanyarazi ku rugomero rwa Mukungwa uyajyana ku ikusanyirizo ry’amashanyarazi rizwi nka (Sub-station) riri mu Karere ka Nyabihu, baratangaza ko bamaze imyaka ikabakaba ine bagerwaho n’ingaruka baterwa no gusiragira mu buyobozi, bishyuza (…)
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Kavumu na Sovu mu Karere ka Ngororero bari bafunzwe bamaze kurekurwa, ubuyobozi bw’akarere bukaba buvuga ko byose byakozwe mu butabera bwuzuye.
Miss Mutesi Jolly, wabaye Miss Rwanda 2016, yatangaje ko ibimuvugwaho byo kuba mu gihe cyo gutoranya Miss Rwanda, ajya akanga abakobwa akabatera ubwoba atari byo, kuko atari we ubagira Miss.
Mu Mudugudu wa Gasenga I, Akagari ka Nyamata-ville, Umurenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera, haravugwa inzu irimo ibintu by’amayobera, bituma uhereye kuri nyirayo n’undi wese ugerageje kuyigura ngo ahita apfa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, aratangaza ko hatangiye ubukangurambaga mu nzego z’ibanze n’abaturage mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije birimo n’amashyamba mu gice cy’Amayaga.