Ubucuruzi bw’utubari ni imwe muri serivisi zahagaritswe mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19. Nubwo bimeze bitya ariko, hari bamwe bize uburyo bwo kurema utubari aho tutemewe, haba mu ngo z’abantu, ahakorerwaga ubundi bucuruzi ariko nyuma hagahindurwa ibisa n’utubari, binyuranyije n’amabwiriza.
Uwizeyimana Evode uri mu Basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa gatanu tariki ya 16 Ukwakira 2020, avuga ko umuntu adakwiye gusanishwa n’amakosa runaka yaguyemo, ko ahubwo hakwiye kurebwa uburyo akosora ayo makosa.
Aborozi bo mu Karere ka Rubavu bakenera ibiryo by’amatungo bizwi nka ‘drêche’ biva mu ruganda rwa Bralirwa rukorera mu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko bibona umugabo bigasiba undi bitewe n’ubucuruzi buri mu kigo cya SOSERGI kibigurisha.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu Gatanu tariki 15 Ukwakira 2020, mu Rwanda abantu 63 bakize COVID-19, haboneka abarwayi bashya 12.
Umukozi w’Umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro wari ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage (ASOC) witwa Hakizimana Vedaste yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020 azize impanuka ya moto yari atwaye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko bwamaze kubona ibiro bishya biherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba Guverinoma y’u Rwanda kuyishakira abakozi n’abashakashatsi bazayifasha kugera ku nshingano zayo.
Abagore bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko n’ubwo umugore wo mu cyaro yahawe agaciro, hari ibikimugora birimo kubona igishoro.
Dr Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge gufungwa imyaka 10 no gutanga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 10 y’ihazabu.
Umunyamabanga mukuru wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Bazivamo Christophe, avuga ko mu bihugu binyuranye bya Afurika batangazwa n’intambwe u Rwanda rwateye mu guteza imbere umugore.
Bamwe mu babitsa muri Banki y’Abaturage (BPR) ya Ngoma mu Karere ka Huye, bavuga ko hashize igihe bifuza gusubizwa imigabane yabo, ariko bakaba babona baratindiwe.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) ishami rya Nyagatare Nzamurambaho Sylvain, avuga ko ubwiteganyirize butavangura abakozi ahubwo bose bafite uburenganzira bwo guteganyirizwa ndetse na nyakabyizi.
Umuryango mushya w’ umuhanzikazi Nick Minaj n’umugabo we Kenneth Petty, bibarutse umwana tariki ya 20 Nzeri 2020, ariko kuva icyo gihe amazina n’igitsina cy’umwana byari bitaramenyekana.
Ikipe yo mu Ntara y’Amajepfo mu Karere ka Huye, Mukura Victory Sports & Loisir, yamaze gusinyana amasezerano y’imyaka ine n’uruganda rukora imyenda rwitwa ‘Masita’ rubarizwa mu Buholandi.
Mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge bikunze kugaragara mu Karere ka Rubavu, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abaturage ikomeje ibikorwa byo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu cyane cyane muri aka Karere ka Rubavu.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu batarimo abakina hanze y’u Rwanda ndetse n’aba APR FC bakomeje imyitozo itegura imikino ibiri bafitanye na Cap Vert
Bamwe mu bagore bavuga ko kutagira uburenganzira ku mutungo bituma batabasha kubona ingwate ngo babone inguzanyo mu bigo by’imari.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 80, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Abasenateri bane ari bo, Dr Dusingizemungu Jean Pierre, Kanziza Epiphanie, Twahirwa André na Uwizeyimana Evode.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, hamuritswe Urubuga rwiswe ‘50Million African Women Speak Platform (50MAWSP)’, ruje guha ijambo abagore Miliyoni 50 bo muri Afurika binyuze kuri murandasi, aho ubuyobozi bwemeza ko ruzagera no ku bagore bafite ubushobozi buke by’umwihariko abatunze telefoni zo (…)
Muri iki gihe abantu bashishikarizwa gukaraba intoki kenshi mu rwego rwo kwirinda Coronavirus, hari bamwe bibwira ko gukaraba intoki bifasha kwirinda icyo cyorezo gusa.
Komite nyobozi ya CECAFA yateranye ku wa Gatandatu ushize, yemeje ko u Rwanda ari rwo ruzakira CECAFAy’abatarengeje imyaka 17 mu kuboza 2020.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasobanuye impamvu ibiciro byo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange byagabanutse ariko ntibigere ku bya mbere ya Covid-19, ahanini ngo bikaba byatewe n’uko n’ubundi byari bigeze igihe cyo guhinduka.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, yafashe imyanzuro irimo uvuga ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zifite imyanya y’abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by’umubare w’abantu zemerewe gutwara. Ku modoka zifite imyanaya y’abagenda bicaye n’abagenda bahagaze, zemerewe (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu Kane tariki 15 Ukwakira 2020, mu Rwanda abantu 203 bakize COVID-19, haboneka abarwayi bashya 13.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo baremeye inzu imiryango icyenda y’abagore bakennye mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe Nshimiyimana Jean Claude na Nshimiyimana Fils bakurikiranyweho icyaha cy‘ubwambuzi bushukana bakoreye mu Karere ka Nyagatare babeshya ko bagurisha imashini ikora Amadolari.
Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi itangaje itangira ry’amashuri makuru na za Kaminuza, zimwe muri za Kaminuza zari zujuje ibisabwa zahise zitangira kwigisha, izindi zigejeje kure imyiteguro, kuburyo mu ntangiriro z’icyumweru gitaha zizaba zatangiye gutanga amasomo mu byiciro by’abanyeshuri bari mu myaka yanyuma.
Ingabire Joselyne ni umwana w’umukobwa wiga ibijyanye n’ubwubatsi (Civil Engineering) muri INES Ruhengeri, akavuga ko adatewe impungenge n’uko uwo mwuga urimo imirimo isaba ingufu ahubwo we ngo agashyira imbere ubwenge.
Banki y’Abaturage (BPR Atlasmara) yatangije ubufatanye n’Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi, aho abayoboke b’iryo torero bose bazajya batanga amaturo na kimwe mu icumi(1/10) babinyujije mu ikoranabuhanga rya Mo-Pay.
Muri iki gihe kwiga umwuga bigenda birushaho kumvikana neza kurusha mu myaka yashize, ubwo umuntu wigaga imyuga ari uwabaga yananiwe kwiga ibindi, bityo akajya mu myuga nko kubura uko agira.
Mu Kagari ka Bweya, Umurenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, umuturage witwa Sindikubwabo Makezi, yahawe akazi na Singayirimana Emmanue ko gukura mu musarane wa metero 25 ingurube ye ( Singayirimana) yari yaguyemo, asezeranywa guhembwa amafaranga 2000Frws, ariko mu gushaka kuyikuramo ahasiga ubuzima.
Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Rugarama ku wa Kabiri tariki ya 12 Ukwakira 2020 yafashe umuturage witwa Habimana Jean Damascene w’imyaka 40 wakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge. Abapolisi basanze yari afite igisa nk’uruganda akora ikinyobwa cyitwa ‘Akeza k’Ibimera’.
Abashakashatsi mu bijyanye n’indwara bavuga ko gukoresha imibavu yo guhumuza mu kwaha izwi nka (deodorant) irimo ibyo bita ‘sel d’alminum’, bishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri y’ibere.
Umuyobozi w’umuryango COCAFEM uhuriwemo n’imiryango iharanira uburenganzira bw’umwana n’umugore, avuga ko abana bihakanywe na ba se bagiye kubafasha kugira uburenganzira bwo kumenya ababyeyi babo bombi, hafatwa ibizamini bya ADN abakekwa ko ari ba se.
Ikipe ya Waasland Beveren ikinamo umunyarwanda Djihad Bizimana, yatangaje ko abakinnyi barindwi bayo babasanzemo icyorezo cya #COVID19
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu Mujyi wa Kigali, ndetse n’ibiciro by’ingendo zihuza Intara. Ni ibiciro bigomba gukurikizwa guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Ukwakira 2020, nk’uko itangazo rya RURA ribivuga.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye amabwiriza ajyanye n’impinduka mu gutwara abagenzi mu modoka za rusange, izo mpinduka zikaba zigaragaza ko ibiciro byagabanutse, hashingiwe ku kuba umubare w’abagenda mu modoka wongerewe.
Amafi ni ikiribwa kigenda cyitabirwa cyane, bitewe n’uko hari abantu bavuga ko batagikunda kurya inyama zitukura, ahubwo bakarya amafi kuko yo afatwa nk’inyama z’umweru. Icyakora abayagura bagaragaza impungenge ku giciro cyayo kuko bavuga ko kiri hejuru.
Muri Nigeria, Polisi yashyizeho umutwe mushya w’abapolisi barwanya abajura, bakaba basimbuye abakoraga ako kazi bahagaritswe bashinjwa guhohotera abaturage.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu Gatatu tariki 14 Ukwakira 2020, mu Rwanda abantu 268 bakize COVID-19, haboneka abarwayi bashya 32.
Inzego z’ubutabera zivuga ko hagiye gukoreshwa ibikomo by’ikoranabuhanga (bracelet électronique) ku bakurikiranyweho ibyaha cyangwa kuri bamwe mu bahawe ibihano aho kubafunga, hagamijwe kugabanya ubucucike mu magereza.
Mu rwego rwo kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu, Leta y’u Rwanda yihaye intego yo kugeza kuri buri rugo amashanyarazi, yaba afatiye ku muyoboro mugari cyangwa atawufatiyeho yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.
Abatuye ku musozi wa Ngorwe mu Mudugudu wa Rango, Akagari ka Runyombyi mu Murenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bahangayikishijwe no kuba hari abakomoka ku mutware Sehene watwaye i Runyombyi guhera mu myaka ya 1930, bari gushaka kubambura ubutaka batuyeho.
Ikipe ya Bugesera Women Cycling team yatanze ubwisungane mu kwivuza bungana n’ibihumbi 150 Frws ku baturage 50 batishoboye b’Umurenge wa Ntarama.
Mu gihe habura ukwezi kumwe gusa ngo imikino yo guhatanira itike ya CAN 2021 isubukurwe, ibihugu biri mu itsinda rimwe n’u Rwanda bikomeje imyitozo irimo n’imikino ya gicuti
Umuhanzikazi ukizamuka Ivy Kerubo yatangaje ko afite inzozi zo guhagararira Abanyarwanda mu muziki mpuzamahanga, kubera kuririmba Ikinyarwanda neza, Igiswayire ndetse n’Icyongereza.
Ibigo 24 bicukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero byahagaritswe by’agateganyo imirimo yabyo, mu rwego rwo kunoza ibiteganywa n’amabwiriza y’ubucukuzi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yatangaje ko ibiciro by’ibiribwa ari byo bishobora kugabanuka mu mpera z’uyu mwaka, ariko ko ibicuruzwa bituruka hanze byo bishobora gukomeza guhenda.
Bamwe mu bubaka ibyumba by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bamaze iminsi 40 badahembwa nyamara bagomba guhembwa buri minsi 15.
Umuryango wo mu Bwongereza uharanira guteza imbere ubwisanzure bw’ibitekerezo (English PEN), igihembo cyawo cya 2020 gihabwa Umwanditsi Mpuzamahanga Ushirika Ubwoba (International Writer of Courage) wagihaye umusizi w’Umunya-Eritrea witwa Amanuel Asrat.