Abagize Itorero Iganze Gakondo batangaje ko igihe kigeze ngo Abanyarwanda bagishidikanya ko indirimbo n’imbyino gakondo ziryohera isi yose babibone, ndetse babe umusemburo wo kuzikundisha abandi.
Bazimenyera Thomas, umusaza ufite ubumuga utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze, avuga ko yirinze gusabiriza ahitamo kwihangira umurimo wo kwasa inkwi akazigurisha, akaba ahamya ko umutungiye umuryango.
Amapera ni imbuto ziboneka mu bice bitandukanye by’igihugu, kandi zigakundwa cyane cyane n’abana, ariko ibyiza by’amapera ntibigarukira ku mbuto gusa, ahubwo abahanga batandukanye mu by’ubuzima bavuga ko ibibabi by’amapera ndetse n’igishishwa cy’igiti cy’ipera bigira akamaro gakomeye mu gukemura ibibazo by’ubuzima (…)
Abadepite basuye Akarere ka Muhanga baravuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwo kwihutisha gahunda yo kwandikira abana bavukira n’abapfira ku bigo nderabuzima nk’uko bikorwa ku bitaro by’uturere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 07 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu batanu bashya banduye COVID-19.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rurashimira itangazamakuru ryo mu Rwanda kubera uruhare ryagize mu kurwanya icyorezo cya Covid-19, rigeza amakuru yo kucyirinda ku baturage kandi byihuse, bikaba byaratanze umusaruro mwiza.
Joe Biden yatprewe kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Donald Trump wari umaze imyaka ine ayobora iki gihugu.
Mu mukino wa mbere wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Alpha FC igitego 1-0 mu mukino wabereye ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 07 Ugushyingo 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye intumwa ziturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, zamugejejeho ubutumwa bwa mugenzi we wa Kongo Felix Antoine Tshisekedi, ku bijyanye n’umubano w’igihugu byombi.
Nyuma y’uko u Bufaransa bwongeye gusubira muri Guma mu rugo, imibare y’abandura n’abapfa ikomeje kuzamuka.
Kaminuza mpuzamahanga yigisha ibijyanye n’ubuzima rusange kuri bose (University of Global Health Equity-UGHE), yateguye iserukiramuco ngarukamwaka ryiswe ‘Hamwe Festival’ (ibitaramo bivanze n’ibiganiro), rizamara iminsi itanu rikurikiranwa mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Joe Biden uhanganye na Donald Trump mu guhatanira kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, yongeye kuvuga ko yizeye intsinzi mu gihe bigaragara ko ari kwegereza gutsinda Donald Trump mu matora ya Perezida wa USA.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje ko hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo yatangajwe, ku wa Mbere tariki ya 23 Ugushyingo 2020, hateganyijwe gusubukura amasomo ku banyeshuri bari mu cyiciro cya kabiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu Rurangwa Steven, avuga ko umushinga wa PASP wafashije abahinzi n’aborozi gufata neza umusaruro no kuwongerera agaciro.
Uko ibihe bihinduka, ni na ko imyambaro abantu bambara ihinduka haba mu bukonje cyangwa mu gihe cy’ubushyuhe (impeshyi). Muri iyi minsi nubwo mu Rwanda hakonje, nanone ntibiragera aho abantu bakenera kwambara inkweto zirimo ubwoya.
Umuhanzi Edouce Softman yatangaje ko ashima uburyo Producer Element yazanye umwihariko mu muziki Nyarwanda. Ibi yabivuze mu gihe hashize iminsi mike umuhanzi Lil G we avuze ko Producer Element nta gishya yazanye, ahubwo akora indirimbo zijya gusa.
Charles Munyaneza utuye mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko akarere atuyemo kari gasanzwe kaza mu myanya y’inyuma mu mihigo, ariko ko kuba barabaye aba mbere noneho bitamutunguye.
Umwiherero w’Intwararumuri ni umwanya wo kwibukiranya inshingano n’imyitwarire iranga Intwararumuri. Ni igihe abanyamuryango ba Unity Club basubiza amaso inyuma bakisuzuma kugira ngo barebe ko urumuri batwaye rucyaka.
Amazi yitwa ‘Amakera’ aboneka mu Karere ka Musanze byakomeje kugaragara ko akunzwe cyane n’imbaga y’abaturage iza kuyanywa, akomeje gutera impungenge z’uburyo ashobora gutera indwara zinyuranye zituruka ku mwanda.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), gitangaza ko mu bigo bigera kuri 27 byavurirwagamo icyorezo cya Covid-19, bitandatu byonyine ubu ari byo bikorerwamo icyo gikorwa naho ibindi bikaba byarafunzwe.
Koperative Tuzamurane yo mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara ifite umwihariko wo kumisha inanasi z’umwimerere (Organic). Buri kwezi itunganya toni ebyiri z’inanasi zumye zivuye muri toni 40 z’inanasi mbisi, zikagurishwa mu Bufaransa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 16 bashya banduye COVID-19, naho abandi 13 mu bari barwaye bakaba bakize.
Abantu batanu barimo n’uruhinja rw’amezi ane bo mu Karere ka Muhanga bitabye Imana bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko kuko cyari cyarafunzwe.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ko Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 23 ryari riteganyijwe kubera i Gikondo kuva tariki ya 21/07/2020 kugeza ku ya 10/08/2020 ryimuriwe kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 31/12/2020.
Mu rwego rwo gufasha abanyamuryango kwirinda Coronavirus, impuzamakoperative Unicoopagi yatanze kandagirukarabe n’amasabune ku makoperative 34 ayigize, ku wa 28 Ukwakira 2020.
Mu gihe akomeje gushinja Komisiyo ishinzwe amatora muri amerika ko yamwibye amajwi, Donald Trump, yatangiye gufatirwa ibyemezo na televiziyo zikomeye ndetse n’imbuga nkoranyambaga muri Amerika.
Abatuye Umudugudu wa Susa mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, baturiye ubuvumo bwa Susa, barasaba Leta kubakemurira ikibazo bamaranye imyaka icyenda cy’uducurama tuba muri ubwo buvumo, aho bafite impungenge zo kwandura indwara z’ibyorezo.
Abarimu bigishaga mu bigo by’amashuri byafunze imiryango mu Karere ka Nyagatare, baratangaza ko bari mu gihirahiro kuko batigeze bamenyeshwa ko akazi kahagaze burundu, ndetse bakaba bataranishyuwe ibirarane baberewemo.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatanze imodoka 21 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari imwe ku bitaro bishya n’ibifite akazi kenshi kandi biri ahantu hagoye, kugira ngo zifashe gukwirakwiza inkingo no kugenzura ko iyo gahunda yubahirizwa.
Paul Rusesabagina uregwa ibyaha 13 birimo iby’iterabwoba, yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko urubanza rwe rwakwimurirwa mu cyumweru gitaha, kubera impamvu z’uko abunganizi babiri bamwunganira bavuye mu rubanza.
Rutahizamu Aboubacar Lawal wari umaze iminsi akora igeragezwa mu ikipe ya AS Kigali yamaze kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gushimwa n’umutoza.
Madame Jeannette Kagame, washinze akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Unity Club Intwararumuri, yavuze ko ubunyarwanda ni isoko Abanyarwanda bavomaho, bukaba isano-muzi yabo, urumuru rubasusurutsa, aho kuba ikibatsi kibatwika.
Ku wa Kane tariki ya 05 Ugushyingo 2020, umusore witwa Munezero Yves w’imyaka 19 y’amavuko bikekwa ko afite uburwayi bwo mu mutwe, yinjiye mu kigo cy’amashuri cya GS Bihinga mu Karere ka Gatsibo, akomeretsa umwarimu.
Bagenzi Bernard, ufite inzu itunganya umuziki yitwa ‘Incredible Records’, yavuze kugeza n’ubu atazi impamvu itsinda rya Active bakoranye akabazamura mu ruhando rwa muzika nyarwanda, ryahisemo kujya gukorera muri ‘Infinity Records’ ntacyo bapfuye.
Mu rwego rwo kurwanya Malariya, ubusanzwe mu bigo nderabuzima bya Leta, haba inzitiramibu zihabwa abagore batwite mu gihe baje kwipimisha inda, bakongera kuzihabwa mu gihe baje gukingiza urukingo rw’amezi icyenda nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Bugesera.
Sano Patrick ni umwe mu bakora umuziki mu Rwanda wemeza ko yabitangiye mu mwaka wa 2007, akaba yarakoranye n’abantu benshi batandukanye b’ibyamamare hano mu Rwanda.
Abadepite bagize impungenge ku buryo bwo kwirinda COVID-19 basanze mu bigo binyuranye by’amashuri yo mu Murenge wa Gacaca mu Karere a Musanze, nyuma yo kubona ko amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo atari kubahirizwa uko bikwiye.
Mu barwayi 12 ba Coronavirus baraye bagaragaye mu karere ka Nyamagabe, harimo abakinnyi 11 b’Amagaju iri kwitegura imikino ya Playoffs
Nyuma y’uko hari abagaragaje ko hari aho Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwibeshye mu kugena ibiciro by’ingendo, rwasohoye ibiciro bishyashya birimo ko Nyabugogo-Huye ari amafaranga 2,560, naho Huye-Kibeho bikaba amafaranga 630.
Kubarura amajwi mu matora yo guhatanira umwanya wa perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika biragana ku musozo, aho hasigaye kubarura muri leta enye hakamenyekana utsinda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA), cyatangije gahunda yo kongera ubwiza n’ubwinshi bw’amabuye y’ubwubatsi, ndetse n’ibikomoka ku nkoko n’ingurube hamwe n’ibiribwa by’ayo matungo.
Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangije igikorwa cyo gushyira utwuma tw’ikoranabuhanga (GPS) kuri zimwe mu nyamaswa mu rwego rwo gukomeza kumenya aho ziherereye, uko ubuzima bwazo buhagaze n’ibindi, hakaba haherewe ku nyamaswa nini.
Umusaza w’imyaka 72 wo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana mu Kagari ka Buhanda bamusanze yapfiriye hafi y’urugo rwe ariko impamvu y’urupfu rwe ntiyahise imenyekana, dore ko nta kimenyetso cyagaragaye ku mubiri we ko yaba yishwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 05 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 18 bashya banduye COVID-19, naho abandi 10 mu bari barwaye bakaba bakize.
Umujyanama wa Perezida Donald Trump mu by’umwuka, Paula White-Cain, avuga ko abamalayika baturutse muri Afurika no muri Amerika y’Epfo bakaba baje gufasha Donald Trump gutsinda amatora aho akomeje kurushwa n’uwo bahanganye Joe Biden uhagarariye ishyaka ry’Abademocrate.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Rukundo Emmanuel. Arakekwaho icyaha cyo gusambanya umwana agahita acika.
Mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryasohotse mu 2018 no mu iteka rya Minisitiri w’Ubuzima rya 2019, gukuramo inda ntibyemewe, gusa harimo ingingo iteganya ukutaryozwa mu mategeko icyaha cyo gukuramo inda.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko ahantu hakorerwa massage mu Rwanda hemerewe gufungura imiryango no gusubukura imirimo ihakorerwa, ariko hubahirizwa amabwiriza yo gukomeza kwirinda icyorezo cya COVID-19.