Mu Rwanda harimo kuba amarushanwa y’ubwiza azahitamo umukobwa uzahagararira u Rwanda muri Nigeria mu marushanwa ya Miss Africa Calabar.
Hari abantu bavuga ko bakunda ubunyobwa ariko bakabutinyira ko bugira amavuta menshi, bityo bukaba bwatera indwara zitandukanye ziterwa no kurya amavuta menshi, nyamara abahanga mu buzima bw’abantu, bavuga ko ubunyobwa ari bwiza cyane cyane ku buzima bw’umutima.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no guharanira imirire myiza, Umuryango AEE watanze ibiti 2,080 bya avoka byo gutera muri Huye na Nyaruguru, biba bikeya kuko byifuzwaga na benshi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje itegeko ryongera kujyana abatuye mu Bufaransa bose muri Guma mu Rugo izamara ukwezi ikazarangira ku itariki ya 1 y’ukwezi kwa cumi na kabiri.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020, umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu wa APR FC Ishimwe Kevin yahagaritswe by’agateganyo n’ubuyobozi bwa APR FC azira gusuzugura umutoza we.
Amakipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 na 20 yamenye amatsinda azaba aherereyemo mu mikino ya CECAFA izanashakirwamo itike y’igikombe cya Afurika.
Minisiteri y’Ibidukikije yatangaje ko ubusabe bw’u Rwanda bw’uko Pariki ya Mukura-Gishwati yashyirwa mu murage w’isi bwemewe, ubu ngo ikaba yemewe iyo Minisiteri ikavuga ko ari ikintu gikomeye ku gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 28 mu Rwanda habonetse abantu 45 bashya banduye COVID-19, kuri uwo munsi mu bari barwaye ntawakize.
Umuyobozi w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya avuga ko mu matora yabaye ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020 yuje uburiganya mu mvugo ikomeye, mu cyo yise "amatora akojeje isoni".
Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020, Umuryango Imbuto Foundation wizihije isabukuru y’imyaka 15 umaze ufasha abana b’abakobwa ari bo Inkubito z’Icyeza, kwigirira icyize, bakiga bagatsinda kugira ngo bazagire ejo heza.
Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti mu gusobanura filime, asanga uyu mwuga akora ari umwe mu myuga yiyubashye kandi ihemba neza, ariko kugira ngo ubigereho, bisaba kumenya icyo Abanyarwanda bashaka.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2020, mu kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Musanze habaye igikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge biherutse gufatirwa mu Karere ka Musanze no mu nkengero zaho.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 27 Ukwakira 2020 yemeje Iteka rya Perezida rishyiraho Urwego rwitwa RAEB ruzaba rushinzwe guhuza ibikorwa by’ubushakashatsi ku mikoreshereze y’ingufu za Atomike (Atomic Energy) no kuzibyaza umusaruro.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ibigo by’amashuri bitagombye kongera amafaranga byaka abanyeshuri bitabanje kugirana inama n’ababyeyi b’abana, ngo bumvikane ku cyakwiyongera bitewe n’ibikenerwa bitari bisanzwe.
Ikipe y’igihugu ya Mozambique bita Inzoka z’Imbarabara (Os Mambas) ifite imikino ibiri izahuriramo na Cameroun mu itsinda rya Gatandatu mu gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika.
Bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda AMavubi bakina hanze y’u Rwanda, baratangira kuhagera kuri uyu munsi, mu gihe Kevin Monnet-Paquet we ibye bitaramenyekana
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi mu Kagari ka Rusiza yafashe Mutuyimana David wiyitaga komanda wa sitasiyo ya Bugeshi akambura abamotari.
Kuba imibare y’abangavu baterwa inda mu Rwanda yiyongera buri mwaka, ndetse 20,5% bakaba ari abana batarengeje imyaka 11 y’ubukure, ikosa rirashyirwa ahanini ku babyeyi bashinjwa kutabaganiriza.
Perezida Abdelmadjid Tebboune yajyanywe mu bitaro bya gisirikare mu murwa mukuru Alger nyuma y’uko abamwegereye bose babasanzemo covid-19.
Perezida w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Musenyeri Filipo Rukamba, avuga ko kuba u Rwanda rwarabonye Karidinali ari ikimenyetso cy’uko Papa yitaye ku Rwanda kandi yifuza kuba hafi Abanyarwanda.
Luís Carlos Almeida da Cunha wamenyekanye nka NANI ni umwe mu bakinnyi bakomoka muri iki kirwa gituwe n’abaturage bari munsi ya miliyoni imwe.
Ikipe ya Rayon Sports n’umuterankunga wayo mukuru SKOL Brewery Ltd bagiranye ibiganiro na komite nshya ya Rayon Sports
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro itandukanye harimo umwanzuro uvuga ko ibikorwa by’imikino y’amahirwe bizafungura mu byiciro, nyuma yo kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa (…)
Amakipe ya Kaminuza ya UTB mu bagabo no mu bagore yamuritse imyenda mishya anatanga urutonde rw’abakinnyi azakoresha muri shampiyona ya Volleyball.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryamaze gutangaza ingengabihe ya shampiyona ya Volleyball y’umwaka wa 2019/2020.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kabiri tariki ya 27 Ukwakira 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020, mu Rwanda umuntu wa 35 yishwe na COVID-19.
Umuryango utari uwa Leta witwa ‘Nature Rwanda’ ugamije kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima, watangije umushinga wo kubungabunga umugezi wa Mpenge ukomeje kwibasirwa n’abakomeje kuwangiza bamenamo imyanda n’abahinga ku nkombe zawo.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko guhera tariki 02 Ugushyingo 2020, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda rizasubukura ikoreshwa ry’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Amateka y’u Rwanda, mu bitabo binyuranye yanditsemo, avuga ko ku itariki ya 27/10/1946, aribwo Umwami Rudahigwa yavuze isengesho yihesha Yezu Kristu, ndetse anamutura Igihugu cye n’abaturage be.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yavuze ko gutabwa muri yombi kwa Mugenzi ari inkuru nziza kuko byereka abakoze Jenoside ko badashobora gucika ubutabera nk’uko babyibwiraga.
MPC Padiri utangiye kwamamara mu muziki w’u Rwanda, agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Sergent Major Robert wamamaye ku izina rya Sergent Robert kubera morale ye n’indirimbo ze zikundwa na benshi.
Umuryango w’Abibumbye (ONU) uvuga ko ibihugu bikize bikora icyo uyu muryango wise kujugunya imodoka zishaje mu bihugu bikennye byiganjemo ibyo muri Afurika, aho izi modoka ngo zigira uruhare mu kwanduza ikirere n’umwuka abantu bahumeka.
Ibihugu bya Koreya y’Epfo, Oman na Vietnam byoherereje ababihagararira mu Rwanda, bakaba bagejeje inyandiko z’ubutumwa bwabo (credential letters) kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 27 Ukwakira 2020.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko umuco w’isuku muri uwo Mujyi watangiye kudohoka, bugatunga agatoki ahanini amashantiye y’ubwubatsi kuko ari ahantu henshi, gusa ngo hari n’ahandi hagaragara icyo kibazo cy’umwanda.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko 90% by’abantu bapfuye bazize icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda, bari basanzwe barwaye indwara zitandura, ikaba ari yo mpamvu hakenewe kongerwa ingufu mu kuzirwanya.
Kakule Mugheni Fabrice uheruka gusoza amasezerano muri Rayon Sports, yamaze gusinyira ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya.
Amakuru aturuka mu Buholandi aravuga ko Polisi y’iki gihugu yataye muri yombi Umunyarwanda ariko utavugwa amazina, ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abatuye mu gice cyahariwe kubakwamo inganda kutihurira kugurisha ubutaka bwabo n’abashoramari igihe batumvikanye ku biciro by’ubutaka bifuza.
Bamwe mu bagore batunze ingo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inka bagabiwe muri gahunda ya Girinka zabakuye ku guca inshuro, ubu bakaba ari abakire bitunze.
Mu rwego rwo gukumira amakimbirane n’ibindi bibazo bikomeje kudindiza iterambere ry’imiryango, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatangije umushinga ugamije gutoza urubyiruko n’abashakanye indangagaciro z’umuryango utekanye mu guteza imbere umuryango, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kurinda abana icyabahungabanya.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) itangaza ko igikorwa ngarukamwaka cyo gutoranya abarinzi b’igihango kigamije ku isonga gutanga amasomo agamije gushishikariza Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, kwigira ku bikorwa byiza by’abarinzi b’igihango.
Umunyarwanda Ruterana Fernand Sauveur yatorewe kuyobora akarere Gatanu (zone 5), kamwe mu turere turindwi tugize impuzamashyirahamwe y’umukino wa volleyball ku mugabane wa Afurika (CAVB).
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 7 bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi abakize bakaba ari 18.
Amatora rusange ateganyijwe ku itariki ya 28 Ukwakira 2020 muri Tanzania ntavugwaho rumwe n’amashyaka, imiryango Mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’indorerezi. Bamwe baravuga ko mu matora hashobora kuvuka imvururu, nyuma y’uko hari abakumiriwe gukurikirana amatora.
Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Ukwakira 2020, inka eshanu z’uwitwa Muhutu Samuel w’imyaka 67 y’amavuko zikubiswe n’inkuba zihita zipfa.
Umunyarwanda Félicien Kabuga ushinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yavanywe mu Bufaransa ajya gufugirwa muri Gereza y’Urukiko ruzamuburanisha i La Haye mu Buholandi.
Abahanzi b’ibyamamare muri Tanzania bakomeje gususurutsa abaturage mu bikorwa byo kwiyamaza ku bazahatanira umwanya wa Perezida.
Raporo ya Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irerekana ko hari abarimu 1,566 mu mashuri ya Leta bari mu kazi badafite ibyangombwa bibashyira mu kazi.