Umusore witwa Nzeyimana Valens w’imyaka 20 y’amavuko, wari utuye mu Mudugudu wa Kinyana, Akagali ka Nyagishozi, mu Murenge wa Kageyo ho mu Karere ka Gatsibo, yitabye Imana tariki 02/02/2014 azize umuriro w’amashanyarazi.
Mu gasenteri ko mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera mu kizu kitabagamo abantu hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Nshimiyimana Alexis w’imyaka 39 y’amavuko bikekwako yaba yishwe n’inzoga dore ko atajyaga akoza mu kanwa ibyo kurya.
Mu mpera z’icyumweru gishize, imvura nyinshi ivanze n’inkuba yaguye mu kagali ka Kavumu, umurenge wa Busogo mu karere ka Musanze yahitanye abana babiri bari munsi y’imyaka 10, abatuye aka kagali bakavuga ko hakwiye kuboneka imirindankuba kuko ari kenshi bibasirwa n’iki kiza.
Umusore witwa Nshimiyimana w’imyaka 18 y’amavuko, arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage kubera akekwaho gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 10 y’amavuko.
Inzu y’uwitwa Ngerageze Jean Bosco utuye mu mudugudu wa Rwankonjo akagari ka Rukizi Mu murenge wa Cyumba akarere ka Gicumbi yafashwe n’inkongi y’umuriro ibyari mu nzu byose birashya birakongoka.
Kuva ku itariki 30/01/2014, abakozi batanu b’akarere ka Nyamasheke barimo batatu bahoze mu kanama k’amasoko mu mwaka wa 2011 ndetse n’Aba-Enjenyeri (Engineers) babiri, bafungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga muri aka karere, cyakora icyo bafungiye ntikiratangazwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 03/02/2014 mu masaha ya saa tatu n’igice, imodoka yo mu bwoko bwa Dyna ifite nomero ziyiranga RAB 954 G yagonze inzu y’ubucuruzi mu mujyi wa Nyamagabe ariko ntawahasize ubuzima cyangwa ngo akomereke.
Mu ijoro rishyira tariki 02/02/2014, mu kagali ka Ndatemwa, umurenge wa Kiziguro ho mu Karere ka Gatsibo, hibwe ibendera ry’igihugu, ku biro aka kagali gakoreramo, abaryibye kugeza ubu ntibaramenyekana.
Umurambo wa Nsengumuremye Jean w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Gatandanda nyuma y’imisi ine uyu musore yaraburiwe irengero, uyu musore wo mu karere ka Nyamasheke yari amaze iminsi acumbitse mu karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe , mu kagari ka Cyangugu aho yakoraga imirimo yo kwikorera imizigo bakunze kwita karani ngufu.
Habimana Yotamu amaze imyaka hafi ibiri yarahungiye iwabo kwa nyina mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, bitewe n’umugore we witwa Nyirandimukaga Coleta babyaranye abana barindwi wamuhozaga ku nkeke, akamubuza umutekano.
Amazu abiri yari arimo abapangayi y’umuturage witwa Nambajimana Jean Bosco utuye mu murenge wa Kamembe yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa kumi n’ebyiri zo ku mugoroba wo kuwa 31/01/2014 arashya arakongoka.
Abaturage b’akagali ka Buramira mu murenge wa Kimonyi ho muri Musanze, nyuma y’uko babonye ko igisimba cyitazwi cyiri kuruma abantu ku bwinshi, biyemeje kugihiga, baza kubivumbura ari bitatu babasha kwicamo kimwe.
Abakozi ba sosiyete ya MICON REAL Line Ltd harimo n’umwe wari ushungereye aho bashinga amapoto ku muhanda wa Kigali –Huye bakubiswe n’amashanyarazi y’ikigo cya EWSA bajyanwa mu bitaro bya Nyanza ari indembe.
Tagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 676 C yavaga mu Mujyi wa Rubavu yerekeza i Kigali yakomeze impanuka, abagenzi batatu bahita bitaba Imana, abandi umunani barakomereka.
Umusore witwa Kaneza uri mu kigero cy’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Nyakigarama mu kagari ka Shyogo ko mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 29/01/2013 yateye icyuma abantu babiri ahita atoroka.
Umugabo witwa Niringiyimana w’imyaka 38 y’amavuko yiyahuye tariki 29/01/2014 yimanitse mu mugozi, ibyo bikaba byarabereye mu murenge wa Ngeruka mu kagari ka Murama mu mudugudu w’Ikoni mu karere ka Bugesera.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gitwa akagaroi ka Rutabo umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 30/01/2014 ashinjwa gusambanya mushikiwe w’imyaka 7.
Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko DAF yerekezaga mu majyepfo yagonganye na Taxi Hiace yari itwaye abagenzi yerekeza i Kigali; abari muri Hiace hapfamo 3, abandi 14 barakomereka, naho Abatanzaniya bari batwaye ikamyo barahunga.
Mbarubukeye Shadalake w’imyaka 36 y’amavuko, avuga ko we aho kugirango azajye yiba abaturage azatungwa no gukora ibitemewe n’amategeko we yise “kwiba Leta.”
Abagabo batatu bari bacumbitse mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana bafungiwe kuri station ya polisi ya Kigabiro bakurikiranyweho kwiba inka ngo bashakagamo amafaranga yo kuryamo inyama no kugura amayoga yo ku munsi mukuru w’Ubunani.
Abantu 17 bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Ruhengeri, kuva tariki 26/01/2014, aho baza bavuga ko bariwe n’igisimba batazi ubwoko bwacyo, kikabakomeretsa ndetse kikaba gishobora no kuba cyahitana ubuzima bw’umuntu.
Musabyimana Augustin yitabye Imana saa mbiri n’igice z’ijoro tariki ya 28/01/2014 agonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yamugongeye mu mudugudu wa Mutobo akagari ka Mahembe umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Abakozi batatu bakoraga muri koperative yo kubitsa no kuguriza ya Kiziguro Isonga Sacco (KISACCO) bafunzwe bazira kunyereza umutungo ungana na miliyoni 5, naho umucunga mutungo w’iyi koperative we yahise aburirwa irengero, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego z’umutekano.
Abantu batandatu bakomerekejwe bikomeye n’igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyaturutse mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2014 mu kayira kari inyuma y’ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu mujyi wa Musanze.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bakekwaho icyaha cyo gutema inka y’umuturanyi wabo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
Umugore n’umugabo batuye mu murenge wa Muhanga mu karere Muhanga bari mu makimbirane ashingiye ko bashakanye bemeranijwe amafaranga nyuma ntiyaboneka.
Abagore babiri (Uzamurera Elizabeth w’imyaka 35 y’amavuko na Kabatesi Christine w’imyaka 34 y’amavuko) bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi barujyanye mu mujyi wa Kigali.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka ubwo yari igeze mu kagari ka Buvungira murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke. Cyakora abantu babiri bari bayirimo barokotse nta cyo babaye.
Umugabo witwa Harelimana Vedaste w’imyaka 60 yatoraguwe mu kinani ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/01/2014 mu Mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yitabye Imana.
Umwana witwa Kwizera Dieudonne w’imyaka 10 ku gicamunsi yagonzwe n’imodoka y’ivatiri, Toyoya Corona ifite ikirango RAA 807 L, igufwa ry’ukuguru k’uwo mwana rihita ricika.