Umuvugizi w’ingabo z’ u Rwanda Koroneli Nzabamwita Joseph aratangaza ko imgabo z’u Rwanda zitazacika intege mu butumwa zirimo bwo kugarura amahoro I Darfur muri Sudan kuko zizi icyazijyanyeyo.
Nk’uko tubikesha itangazo rya Minisiteri y’Ingabo z’igihugu, kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Ukwakira 2011 ahagana isaa mbiri z’umugoroba Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro I Darfur zaguye mu gaco k’abitwaje itwaro bazirasaho, babiri ku ruhande rw’u Rwanda bahasiga ubuzima.
Abayobozi bakuru ba Polisi y’igihugu n’ingabo z’igihugu bakoze amahugurwa y’iminsi ine yo kuganira no gusangira amakuru ku bikorwa byo kubungabunga umutekano mu mahanga, ibi bikaba byari mu rwego rwo kunoza imikorere cyane cyane ko n’ubwo ibikorwa by’ingabo na polisi bitandukanye ariko byuzuzanya.