Imvura yari nke ariko yiganjemo inkuba n’imirabyo yaguye ku gicamunsi cyo kuwa 18/1/2014 yahitanye umugabo witwa Ngayaberura Jean Claude w’imyaka 32 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rugunga mu mudugudu wa Nyarukombe mu karere ka Bugesera.
Abantu bataramenyekana bishe Ujemumucyo Philippe wari utuye mu murenge wa Karenge, naho umugore we Uwimana Vestine baramukomeretsa bikomeye, mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 17/1/2014.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango kuri uyu wa Gatanu tariki 17/1/2014, wataye muri yombi uwitwa Bayavuge Pascal w’imyaka 20 y’amavuko ari kumwe n’umwana w’umukobwa amusambanyiriza mu macumbi “lodge.”
Bandebukondi Pascal w’imyaka 46 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nzuki mu Kagali ka Nkomero mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakubiswe umuhini mu mutwe n’umugore we ajyanwa kwa muganga atabasha kuvuga kubera uburyo yari amerewemo nabi cyane.
Abasore batatu : Niyonshuti Oscar, Uzakunda Laurent na Kabera Appolinaire bacumbitse mu mudugudu wa Kamatovu mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bafashwe ku gicamunsi cya tariki 17/01/2014 batetse inyama z’ihene biyemerera ko bari bibye.
Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyatoraguwe mu murima w’umuturage ubwo yahingaga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Batima mu mudugudu wa Kamudusi mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umugabo witwa Rwatangabo Reverien watoraguwe mu ruzi rw’akagera tariki 17/01/2014 mu gice giherereye mu murenge wa Gashora mu kagari ka Biryogo mu karere ka Bugesera.
Gatanazi Cyprien w’imyaka 20, ukomoka mu murenge wa Zaza akagali ka Nyagasozi, kuri uyu wa 16/01/2014, yafatanwe urumogi ibiti 39 by’urumogi aho yari yateye mu murima w’ibigori uri mu gikari iwe.
Umwarimu kuri Centre Scolaire ya Gasasa mu karere ka Nyabihu n’undi w’imyaka 34 wari ucumbitse ahitwa Mahoko muri Kanama ho mu karere ka Rubavu bafunzwe bacyekwaho kwiba inka ebyiri mu ijoro rishyira ku wa 16/01/2014.
Ikibazo cy’abantu bicwa n’ikivu gikomeje gutera inkeke abaturiye iki kiyaga hamwe n’abaza kucyogamo, mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko ntacyo bwabikoraho uretse kuburira abantu kwirinda kujya mu kivu batazi koga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu burashimira uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano no kugaragaza abashobora guhungabanya umutekano nyuma yo kugaragaza ko hari abantu bari bamaze iminsi bacyekaho gukora ibikorwa bibi.
Umunyeshuri witwa Tuyishime Jean Pierre yitabye Imana bitunguranye nyuma yo kugezwa ku ishuri n’abari bamuherekeje ndetse amaze no kwerekwa ishuri agomba kwigamo.
Mu gihe Minisiteri y’ubuzima idahwema kwiyama abakora ubuvuzi gakondo badafite ibyangombwa no kwirinda kuvura indwara badashoboye, mu murenge wa Gacurabwenge, uwitwa Nyiransabimana Eugenie yapfiriye ku muvuzi gakondo naho umwana we bahamukura ari intere.
Umugabo witwa Shirimpaka Jean Marie Vianney wo mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Kaboshya ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inka eshatu z’inyibano.
Abatuye umurenge wa Kibungo barasabwa kwitondera kugura ibintu abantu baba batembereza bagurisha amafaranga make kuko biba birimo ibijurano byaguteza ibibazo igihe waba ubiguze ukabifatanwa.
Nshakabyanga Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 32 14/01/2014 yishyize mu mugozi ashiramo umwuka. Uwo mugabo yari atuye mu kagari ka Juru ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza. Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma (Autopsy).
Umusore witwa Mungarakarama Simeon utuye mu kagali ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma, yasize buji mu cyumba agiye kugura ikarita ya telephone agarutse asanga inzu yose iri gushya.
Abahinzi ku giti cya bo n’amakoperative akora ubuhinzi mu bice birimo inzuri mu karere ka Kayonza ngo barinubira uburyo bakubitwa n’abashumba bakurikirana inka mu nzuri igihe baboneshereje.
Ntakirutimana Sylvain wo mu kagari ka Rubumba mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 13/01/2014 yateye icyuma uwitwa Semana Jean bapfa telefoni Semana yavugaga ko mugenzi we yamwibye.
Umufungwa witwa Barayavuga Innocent wari ufungiye muri gereza nkuru yo mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi yatorotse aburirwa irengero ubwo bari bagiye mukazi hanze ya gereza tariki 13/01/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bukomeje igikorwa cyo gukura abana b’inzererezi mu muhanda bagashyirwa mu kigo ngorora muco bazakurwamo bashyirwa mu miryango yabo, abasabistwe n’ibiyobyabwenge bakoherezwa i Wawa.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ishami rya Kabarore, nyuma yo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Ubuyobozi bw’akagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bwafashe icyemezo cyo kubuza abashumba kugendana inkoni kuko ngo zikoreshwa mu bikorwa by’urugomo.
Umugabo witwa Nkurizanabo w’imyaka 25 y’amavuko, arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije na Polisi n’abaturage nyuma yo gukubita umugore we Mukantuye Xaverine w’imyaka 25 y’amavuko akamukomeretsa mu mutwe.
Mbabarempore Emmanuel yakubitiwe mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kugeza ubwo ashizemo umwuka nyuma y’uko abaturage bamuguye gitumo arimo yiba ihene akazica imitwe.
Ikamyo nini yavaga mu gihugu cya Tanzania yarenze umuhanda iragwa nyuma yuko umushoferi ananiwe kuyikata ubwo yari ageze mu ikona ahitwa Kaboza, mu kagali ka Kigabiro, umurenge wa Murama mu karere ka Ngoma.
Sindikubwabo Vedaste w’imyaka 29, utuye mu mudugudu wa Amahoro akagali ka Karenge, umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, arwariye mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo kugerageza kwiyahura agakurwamo n’abantu aho yari yimanitse mu giti mu ijoro ryo ku wa 12/01/2014.
Umusore w’imyaka 19 witwa Nsigayehe wo mu mudugu wa Rugaragara mu kagari ka Nyakabungo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi arwariye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa n’abantu bari batabaye aho yari agiye kwiba.
Ntivuguruzwa yaburiwe irengero ubwo yari agiye kuroba mu kiyaga cya Cyahoha ya ruguru ku gice kiri mu murenge wa Mayange mu kagari ka Mbyo mu mudugudu wa Kabyo mu karere ka Bugesera.
Umugore witwa Munganyinka Josephine w’imyaka 28 y’amavuko arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo gushaka kwiyahura anyweye ibinini byica imbeba ariko ntiyapfa ahubwo aza gutabarwa ajyanwa kwa muganga.