Umugore witwa Mutimukwe Clemantine w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha nyuma yo kwica umugabo we Niyomugabo Innocent w’imyaka 29 y’amavuko amukubise igiti mu mutwe.
Murekatete Josiane na Mubandakazi Marie Claire bari batuye mu mudugudu wa Nyarurama mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bakubiswe n’inkuba tariki 11/02/2014 ahagana saa cyenda n’igice z’amanywa barimo batera intabire bombi bahita bapfa.
Abatuye umurenge wa Kimonyi muri Musanze, baremeza ko bamaze kwivugana ibikoko bigera kuri bine birya abantu, bakaba barabigezeho binyuze mu mukwabo wakozwe n’abaturage bafatanyije n’inzego z’umutekano.
Umurambo w’umugabo watoraguwe mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi tariki 10/02/2014 ariko bayobewe uwo ari we kuko nta cyangombwa bamusanganye.
Abanyarwanda barindwi bacumbikiwe kuri station ya polisi ya Kigabiro muri Rwamagana bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwiba inka 20 mu gihugu cya Tanzaniya, bakajya kuzibagira mu isoko ry’ahitwa Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe muri Rwamagana.
Abayobozi batatu ba koperative y’abajyanama b’ubuzima mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bafunze bakurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni icumi n’ibihumbi magana atanu ya koperative y’abajyanama b’ubuzima bo muri uwo murenge.
Umusore witwa Joseph w’imyaka 18 yatawe muri yombi ku bufatanye bw’inzego za polisi n’abaturage nyuma yaho yari amaze igihe ashakishwa amaze gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 10.
Mbarimombazi Candari w’imyaka 26 y’amavuko wari utuye mu mududugu wa Kiniga mu Kagali ka Nyamiyaga mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza tariki 9/02/2014 yakubiswe n’inkuba ari iwe mu rugo ahita apfa naho umugore we n’umwana bagwa igihumure.
Umusore witwa Murindahabi Martin w’imyaka 47 y’amavuko, afungiye kuri sitasitiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo guha abapolisi ruswa y’ibihumbi ijana kugirango bamurekure ajyane ibiti by’umushikiri yari atwaye.
Ahagana mu ma saa tanu n’igice ku cyumweru tariki 09/02/2014, insoresore eshatu zatawe muri yombi kuri Nyabugogo mu gace kazwi ku izina rya marato (marathon) zikekwaho kwiba umucuruzi miliyoni zisaga 15.
Bernard Niyongamije wayoboraga ikigo cy’amashuri abanza cya Mukura giherereye mu kagari ka Kagano mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 06/02/2014 azize impanuka ya moto.
Abana batatu b’abakobwa bafite imyaka 17, barimo babiri biga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye n’undi wabyariye iwabo, bagejejwe kuri Sitatiyo ya Polisi ya Runda tariki 5/2/2014; bazanywe n’abamotari bari babakuye i Kanombe bavuga ko banze kubishyura.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAB 304R yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yabuze feri igonga ipoto y’amashanyarazi ihita igwa mu muferege. Mu bantu bane yari itwaye hakomeretsemo babiri, abandi barayirokoka.
Abamotari bo mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru bagejejweho inkunga Umukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana, yari yabemereye ubwo yabagendereraga mu ntangiriro z’uku kwezi ijyanye no kubafasha kwirindira umutekano.
Abanyarwanda 10 batahutse bavuye muri Congo tariki 06/02/2014 banze kwakirwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko byagaragaye ko bari baratahutse bakongera gusubira muri Congo.
Umushoferi utashoboye kumenyekana yafatiwe mu mudugudu wa Runyonza mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza saa sita z’ijoro tariki 6/02/2014 apakira ibiti byitwa imisheshe imodoka arayita atinya ko yatabwa muri yombi.
Gatete Habiyakare w’imyaka 30 y’amavuko afunzwe akurikiranyweho kwica umwana w’imyaka 6 y’amavuko witwa Mukankurunziza Falida amuteye icyuma mu gutwi ahagana saa saa tatu z’ijoro rishyira tariki 07/02/2014.
Umukecuru w’imyakaka 68 witwa Mukakaniziyo Esperance wari utuye mu kagari ka Nyagahanga, umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 6 Gashyantare mu gitondo cya kare, bamusanze iwe mu rugo yishwe.
Mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba mu kagari ka Ngondore mu mudugudu wa Karambo habereye impanuka y’imodoka ya STRABAG igonga abantu batatu umwe muri bo ahita apfa.
Umugabo witwa Augustin Nyaminani w’imyaka53 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Murambi akagari ka Jurwe mu murenge wa Kibangu mu karere ka Muhanga, bivugwa ko ku ya 05/02/2014 yaba yakubishwe n’inkuba agahita ahasiga ubuzima.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore hafungiye umugabo w’imyaka 48 y’amavuko, nyuma yo gushinjwa gufata ku ngufu akana k’agakobwa k’imyaka 6 y’amavuko.
Umugabo witwa Bucyanayandi Vincent utuye mu Mudugudu wa Maya, Akagali ka Kigabiro mu Murenge wa Gasange, Akarere ka Gatsibo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarore azira gutema inka y’umuturanyi we akayica.
Abantu bane bari bavuye mu karere ka Burera bari baje ku itabaro mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Nyankenke bakubiswe n’inkuba bose ibagira indembe.
Muri iki gihe twitegura kwinjira mu bihe bigwamo imvura nyinshi, ikaba ikunze gusenyera abantu, guteza isuri ndetse mu ntara y’iburengerazuba hakaba hamaze iminsi hibasiwe n’inkuba, abafite amazu bo mu karere ka Ngororero barashishikarizwa gufata amazi no gushyiraho imirindankuba.
Mu mudugudu wa Maya mu kagari ka Nyaruka mu murenge wa Cyumba ho mu karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 20 witwa Nyirabizeyimana Cyirata Gato.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wa taliki ya 3/2/2014 mu karere ka Rubavu yangije amazu y’abaturage, umwe akubitwa n’inkuba ahita ajyanwa kwa muganga.
Mu gihe mu midugudu yose igize umurenge wa Gacurabwenge, hashyizweho gahunda zo gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, haracyari imwe mu miryango rikigaragaramo.
Ubuyobozi bwa Police y’u Rwanda bwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uturere turindwi tugize Intara y’Uburengerazuba. Aya masezerano agamije gushimangira ubufatanye bwari busanzwe hagati ya Police n’ubuyobozi mu kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo no gukumira ibyaha bitari byakorwa.
Umugabo utuye mu mudugudu wa Nyakarambi, akagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yafashwe n’umurenge wa Manihira yoherezwa kuri polisi tariki 03/02/2014 kugira ngo akurikiranwe ku cyaha akekwaho cyo gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko.