Umuzamu warindaga imashini n’ibindi bikoresho bifasha kuhira imyaka y’abaturage ku kiyaga cya Rumira mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yishwe n’abantu bataramenyekana.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze abana babiri ubwo bajyaga ku ishuri maze umwe ahita yitaba Imana naho undi arakomereka bikomeye akaba arimo kuvurirwa mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Tuyisenge Theoneste w’imyaka 38 y’amavuko wo mu dugudu wa Mujabagiro, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano ho mu karere ka Nyamasheke, yakubise unugore we Nyirambarushimana Beatrice w’imyaka 47 amuvuna ukuboko bapfuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 8, uyu mugabo yashakaga ko banywera inzoga.
Siborurema Damien wari ufite inzu itunganya umusatsi (salon de coiffure) mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro ararira ayo kwarika nyuma y’uko abajura bamucunze ku jisho adahari nijoro bakamwiba ibintu hafi ya byose byari muri iyo nzu byabariwe agaciro k’ibihumbi 430.
Ibendera ryo ku biro by’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro ryabuze mu ijoro rishyira tariki 07/01/2014, ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bakomeza kurishakisha riza kuboneka tariki 09/01/2014, ritoraguwe mu muferege.
Bizimana Joseph w’imyaka 80 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza urugo rwe n’ibyari birurimo byafashwe n’inkongi y’umuriro bisigara ari umuyonga.
Umugabo witwa Bigirimana Samuel w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Mareba mu kagari ka Bushenyi mu mudugudu wa Bukamba mu karere ka Bugesera, yitabye Imana nyuma yo kunywa amacupa atatu y’inzoga y’inkorano.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zirahamagarira abaturage bose kugira amacyenga ku kintu batizeye cyise no gutanga amakuru mu gihe babonye abantu batazi, nyuma yo gufata ibikoresho bya gisirikare birimo grenade zigera kuri eshanu zagombaga gukoreshwa mu guteza umutekano mucye mu karere ka Rubavu.
Abaturage bo mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, batangaza ko abacuruza kanyanga baturuka mu tundi turere duturanye n’akarere kabo babateza umutekano muke kuko bahanyura bagiye kuyirangura muri Uganda bafite intwaro za gakondo zirimo ibisongo, ibyuma, imipanga n’ibindi ngo kuburyo uwo bahuye bashobora kumugirira nabi.
Mu mvura itari nyinshi bikabije yaguye kuwa 9/1/2014 mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rushaki inkuba yakubise umwana w’umukobwa w’imyaka 18 witwa Mukandayisenga Donatha ahita apfa.
Umwana witwa Ncunguyinka Patrice wari uri mu kigero cy’imyaka ibiri yapfiriye mu nzu mu ma saa moya z’ijoro rya tariki 09/01/2014, ariko icyamwishe ntikiramenyekana. Uwo mwana yarerwaga kwa nyirasenge utuye mu kagari k’Urugarama mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza ahazwi ku izina rya Videwo.
Umurambo w’umusore w’imyaka 29 witwa Rusibana Leon Cariopi , kuri uyu wa 10/01/2014, watoraguwe ku kiyaga cya Muhazi mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi.
Mu gishanga cya Nyirakiyanzi ho mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, hatoraguwe umurambo w’uwitwaga Nzabarinda Celestin wari uzwi ku izina rya Gapenzi. Igice cyo hejuru cy’umubiri we cyari gitabye mu misitwe y’intabire y’umuceri.
Mu duce dutandukanye tw’umurenge wa Musambira, ho mu karere ka Kamonyi, haravugwa ikibazo cy’ubujura bw’amatungo yiganjemo inka. Umwe mu babukora yatawe muri yombi atangaza ko amatungo biba bayajyana kuyagurisha.
Abantu batatu muri 11 bibye ibikoresho mu kigo cya Sosiyete y’Abashinwa kiri mu karere ka Nyamasheke bagakomeretsa n’abazamu babiri mu ijoro rishyira tariki 7/01/2014, batawe muri yombi mu gitondo cya tariki 9/01/2014, ku bufatanye bwa Polisi yo muri aka karere n’abaturage.
Mu murenge wa Bwishyura akagari ka Kibuye mu karere ka Karongi kuwa gatatu tariki 08/01/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwavutse rudashyitse. Umurambo w’uwo muziranenge wari upfunyitse mu ishashi iri mu ikarito mu nsi y’umuhanda.
Niyitegeka Angelique wakoraga muri koperative yatsindiye gukora isuku mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza yapfuye ku wagatatu tariki 08/01/2014 yishwe n’amashanyarazi.
Moto y’umukuru w’ibiro by’ubutaka mu karere ka Rutsiro, Muhimpundu Janvier, yibwe n’umuntu utabashije kumenyekana tariki 08/01/2014 ayivanye aho yari iparitse ku karere.
Nteziyaremye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko yishe Mukabaganwa Alphonsine w’imyaka 48 wari umubereye mukase amukubise isuka mu mutwe ku mugoroba wa tariki 8/01/2014 ngo bapfuye y’uko amurogera abana.
Alfred Uwiragiye w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yishe mukuru we witwa Harindintwali Félix amutemye bitewe n’ubwumvikane buke bari basanzwe bafitanye bushingiye ku masambu.
Ngirabanzi bakunda kwita Kabandari wo mu mudugudu wa Matahiro mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza yatwitse inzu y’umugore yari yarataye ihiramo ibikoresho byose n’imyaka yari irimo.
Munyemana Jean de Dieu wo mu mudugudu wa Cyamburara mu kagari ka Buhabwa mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza arwariye mu bitaro bya Gahini nyuma yo gukomeretswa n’imbogo tariki 07/01/2014.
Mu nama y’umutekano y’akarere ka Gakenke yabaye tariki 08/01/2013, Umuyobozi w’Akarere, Nzamwita Deo yasabye abayobozi b’imirenge gucishaho akanyafu abaturage batitabira gukora irondo babaca amande ngo ni byo bizatuma bitabira gukora irondo.
Nteziyaremye w’imyaka 21 utuye mu Mudugudu wa Cyumba, Akagali ka Karambo ho mu Murenge wa Karambo tariki 07/01/2014 yadukuriye nyina w’imyaka 63 witwa Ntawibarinkuru aramukubita ageza n’ubwo amukomeretsa amuziza amafaranga yamugurije.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14,utuye mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma avuga ko yafashwe ku ngufu n’umusore w’imyaka 17 ku mugoroba wa tariki 07/01/2014 ubwo yari yagiye kuvoma ahitwa Mbonyi.
Nyirashumbusho Jacqueline w’imyaka 22 wo mu karere ka Rusizi acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu karere ka Nyamagabe nyuma yo gufatanwa ibiro 30 by’urumogi abikuye mu karere ka Rusizi abizana mu karere ka Nyamagabe.
Mukanyandwi Slyverie w’imyaka 51 y’amavuko wari utuye umudugudu wa Muhororo ya kabiri akagari ka Buhoro mu murenge wa Ruhango, bamusanze mu nzu ye yishwe anizwe tariki 07/01/2014.
Muri santire ya Mukamira mu karere ka Nyabihu mu ikorosi riri aho umuhanda Mukamira-Ngororero uhurira n’uwa Musanze-Rubavu, habereye impanuka torotoro yari ipakiye icyayi igonga ivatiri ariko nta wapfuye.
Mu gicuku cy’ijoro rishyira itariki 07/01/2014, abajura bataramenyekana bateye ingando (chantier) ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda wa kaburimbo mu karere ka Nyamasheke, biba ibikoresho birimo imashini isudira n’ikurura amazi ndetse bakomeretsa n’abazamu baharindaga.
Umwana witwa Debola Ishimwe w’imyaka 14 uvuka mu kagari ka Gaseke, umudugudu wa Nyamabuye umurenge wa Mutete yarohamye mu mugezi witwa Muyanze ahita apfa.