Umugabo witwa Kasiro Fidel w’imyaka 39 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa umufuka w’ibiro 15 by’urumogi yacururizaga iwe mu rugo.
Umugabo witwa Evariste utuye mu murenge wa Kigabiro muri Rwamagana ari mu maboko ya Polisi azira ko amaze igihe akorana imibonano mpuzabitsina n’umwana we, bikaba byaratangiye awigisha uko bakoresha agakingirizo kandi bakabishyira mu bikorwa.
Umugabo ushinjwa ubumutekamutwe yatawe muri yombi muri gare ya Nyabugogo nyuma y’igihe yari amaze ashakishwa kubera kwishyuza abagenzi ababeshya ko agiye kubagurira amatike, kandi nta ajanse (agences) n’imwe akorera.
Umugore witwa Mukashyaka Jeanette w’imyaka 32 y’amavuko arwariye mu rugo iwe mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke nyuma y’uko tariki ya 18/02/2014 yakubiswe bikabije n’umugabo we Siborurema Diogène w’imyaka 35.
Amazu 14 yo mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba umudugudu w’amarembo, yarafunzwe nyuma yo gutahura ko acumbikwamo n’indaya ndetse n’inzererezi zitagira ibyangombwa zatezaga umutekano muke muri uyu mudugudu.
Umurambo w’umugore witwa Nyiransanzineza Captolline w’imyaka 61 watoraguwe mu mugende w’amazi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18/02/2014 mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke .
Abarundi 6 bafashwe binjira mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bakoresha inzira zitemewe gukoreshwa, abo Barundi bo bavuga ko iyo nzira ariyo ibabera hafi.
Havugimana w’imyaka 19 y’amavuko yapfuye arohamye mu kizenga cy’amazi y’urugomero rw’umuceri rwo mu gishanga cya Gatare kiri mu kagari ka Rango mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki ya 18/02/2012 mu mudugudu wa Nyarucyamu ya 2 mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye, umugabo Evariste Nkurunziza yatemaguwe n’abajura bamusiga ari intere.
Nsanzamahirwe Thadee w’imyaka 34 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe cya Gasegereti na Koruta ahita yitaba Imana, icyo kirombe kiri mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Gitaraga mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera.
Nabagize Damascène w’imyaka 28 y’amavuko yatewe icyuma mu ijosi agwa mu nzira bari kumujyana kwa muganga, ubwicanyi bwabereye mu murenge wa Cyanika mu kagari ka Nyanza umudugudu wa Buhiga muri santere ya Mugombwa mu ijoro rishyira tariki 18/02/2014.
Umugabo witwa Nkundimana Emmanuel w’imyaka 27 y’amavuko yishe umugore wa mukuru we Mukaminani Clothilde w’imyaka 31 y’amavuko amukubise ikibando mu mutwe agapfa ataragezwa kwa muganga.
Umugabo witwa Rwamakuba wari utuye mu Mudugudu wa Rucumbo, Akagali ka Nyabicwamba mu Murenge wa Gatsibo ho mu Karere ka Gatsibo, yitabye Imana, umugore we n’abana babiri bahita bajyanwa mu bitaro bikaba bikekwa ko bariye uburozi.
Umusore w’imyaka 21 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 mu murenge wa Mutete, akagari ka Gaseke.
Abagabo 6 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba yo mu karere ka Gicumbi nyuma yo kwica umujura warurimo atobora iduka ry’ibicuruzwa mu murenge wa Mutete.
Polisi y’u Rwanda ikomeje gusaba abacuruzi kwitonda bakajya bagenzura amafaranga bishyurwa cyane cyane mu masaha y’umugoroba, kuko aribwo abatekamutwe babonamo icyuho cyo gutanga amafaranga y’amakorano.
Mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kayonza hakomeje gufatirwa abaturage bahinga ibiti by’urumogi mu ngo za bo kandi bamwe bafatwa ibyo biti byaramaze gukura.
Mu masaha ya nyuma ya saa sita ku cyumweru tariki 16/02/2014, imodoka yagonze umumotari wari uhetse umugenzi, uwari utwawe avunika akagaru ariko uwabagonze yanga kumujyana kwa muganga biba ngombwa ko abaturage bahagoboka barabimutegeka.
Mu rwego rwo kwereka Abanyarwanda ko badakwiye gukoresha ibiyobyabwenge no kwirinda ingaruka zabyo, taliki 14/2/2014 polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Rubavu yamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni zirenge 52.
Anastase Kanyanzira w’imyaka 62 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 14/02/2014, abandi batatu barakomereka.
Mu murenge wa Byumba mu mudugudu wa wa Rugarama, akagari ka Nyarutarama, mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Collola RAA 316 ya Auto Ecole la Naissance igonga umwana ahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Land Cruiser y’ibitaro bya Kirinda ho mu karere ka Karongi, yavaga i Kigali yerekeza mu majyepfo, yagonze ikamyo yari yapfiriye ku muhanda, hahita hapfa umuntu umwe, abandi batatu barakomereka.
Mutimukeye Jonas w’imyaka 15 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyabikiri, Akagali ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore ho mu Karere ka Gatsibo, afunzwe azira gufata umwana w’imyaka umunani y’amavuko ku ngufu.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasitiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bazira gukubita uwitwa Nyandwi Vincent w’imyaka 29 y’amavuko bakamwica ubwo yari aje kubiba.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Nyamasheke yatangiye ibiganiro n’abaturage bigamije gukumira ibyaha kugira ngo babashe kubungabunga umutekano uko bikwiye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aributsa Abanyaburera ko ibendera ry’igihugu bagomba kuryubaha kuko ryereka Abanyarwanda bose. Ngo kurikinisha ni ugukora amahano.
Umwana witwa Uwimana Emmanuel w’imyaka 10 yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo arapfa ubwo yarimo koga mu murenge wa Ruhuha mu kagari ka Gatanga mu mudugudu wa Kibaza mu karere ka Bugesera.
Umwana w’imyaka 12 wo mu kagari ka Rusura, umurenge wa murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki ya 12/2/2014 yafashwe bugwate amasaha umunani n’ingabo za Congo zikorera mu gace ka Kibati nyuma yuko zitabashije gutwara inka zari ku mupaka w’u Rwanda na Congo.
Abasore babiri bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyon ya Nyamata mu karere ka Bugesera, bafashwe bakorera abandi ibizamini byo kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota-Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yavaga i Musanze ijya i Kigali yakoze impanuka, abagenzi 17 barakomereka, batatu bakomereka ku buryo bukomeye.