Umuntu umwe urembye cyane arwariye mu bitaro bya Nyamata azira gukubitwa n’inkuba we na bagenzi be bane ku mugoroba wo kuwa 24/1/2014, ubwo inkuba yakubitaga abantu batanu mu mvura yaguye ku mugoroba. Abandi bane cyakora bahise bazanzamuka, mu gihe uyu mugenzi wabo akomeje gukurikiranwa n’abaganga.
Umugabo witwa Kanakuze Fidele w’imyaka 30 y’amavuko yishe nyina umubyara witwa Kabarerwa Patricia w’imyaka 72 y’amavuko amutemye ijosi n’umusaya kubera ko yaramubujije kwinjiza indaya munzu.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 23/01/2014 yasenye igikuta cy’isoko rya Ruhuha kingana na metero 20, umuvu w’amazi wavuye muri iryo soko ukaba wahise ujya mu nzu y’umuturage witwa Nyiribakwe Silas w’imyaka 81 y’amavuko maze utwara ibyari mu nzu byose.
Umwana w’umwaka umwe n’igice witwaga Ishimwe mwene Ndayambaje Emmanuel na Nyirahabimana Evelyne wo mu mudugudu w’Isoko mu kagari ka Juru mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatwawe n’isuri arapfa.
Ahagana ku isaha ya saa cyenda z’ijoro mu gitondo cy’itariki ya 24/1/2014, ikamyo y’ibeni yagonze inzu ahitwa i Tumba hafi y’aho itagisi zitwa abajya Tumba zikatira, maze inkuta z’inzu zigwira umwana w’umusore wari uyiryamyemo arapfa.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 23/01/2014 yafashe umwanzuro wo gufunga utubari dukorerwamo kandi ba nyiratwo badutuyemo. Ibi ngo bigamije kubungabunga umutekano ndetse no kubahiriza amasaha yashyizweho yo gufunga no gufungura utubari tw’inzoga.
Abantu bataramenyekana bibye ibendera ry’igihugu ku biro ry’Akagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 22/01/2014.
Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka abakozi bose hamwe bagera ku 10 bakoreraga amakompanyi atwara abagenzi ya Intenational, African Tours, La Colombe na RFTC, bahagaritswe ku kuzi.
Mukabemeye Patricia w’imyaka 45 ufite umugabo n’umwana umwe utuye mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma, kuwa 21 Mutarama 2014 yafatanwe utubure 48 tw’urumogi arucururiza iwe mu rugo.
Hagumimana Jean Damascene w’imyaka 48 utuye mu Kagali ka Rugimbu, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke avuga ko afite agahinda ko yakubise umugore ageza n’ubwo akuramo inda.
Umuvugizi w’ishami rya Police y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) Chief Inspector of Police (CIP) Ndushabandi JMV aratangaza ko guhana abanyamakosa atari ubugome kuko ari cyo amategeko abereyeho.
Ubwato bwari butwaye abantu 4 bwahuye n’umuyaga mwinshi mu kivu kuri uyu wa kabiri tariki 21/01/2014, bituma bukora impanuka babiri (Nyirajyambere Anasitasie na Mariya Eugenie) baburirwa irengero.
Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonganye na Toyota Dyna ifite ikirango RAB 969 Q ku mugoroba wa tariki 21/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa i Rusera ho mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza.
Umugabo witwa Ngamije Felicien w’imyaka 26 y’amavuko wo mu murenge wa Rilima mu kagari ka Kabeza mu mudugudu wa Karambo mu karere ka Bugesera, ari mu maboko ya polisi nyuma yo guteshwa umugore we ubwo yashakaga kumwica.
Umugore witwa Uwamahoro Beatrice w’imyaka 35 yahitanywe n’umugabo we witwa Habimana Emmanuel, mu gihe ubwo uyu mugabo yaherukaga gufungwa azira amakimbirane yatezaga mu rugo rwe, uyu mugore ariwe waje gusaba y’uko yafungurwa akamufasha kurera abana babyaranye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Ntaganira Nathan n’umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere muri ako kagari (IDP), Imaniriho Anathalie, bakurikiranyweho gukoresha amashyamba ya Leta yo muri ako kagari mu nyungu zabo bwite.
Ntirenya Faustin na Uwizeye Theoneste bo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, barwariye ku kigo Nderabuzima cya Nyagihanga nyuma yo gutwikwa na lisansi bari bamaze kwiba.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko abagizi ba nabi bamaze iminsi bateza umutekano mucye mu karere ka Musanze baba bihisha mu bisambu, amazu atuzuye n’ahantu hari urumuri rucye, bityo hakaba hafashwe ingamba zikaze ngo ibi bitazongera.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Mudakemwa Pascal azira kwica umugore we Mukamutsinzi Valentine w’imyaka 35.
Abaturage bo m murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, batangaza ko bahangayikishijwe n’umusore witwa Rukundo Emmanuel utega abantu nijoro, batakwirukanka ngo bakize amagara yabo, akaba yabagirira nabi.
Umusore w’imyaka 19 witwa Abarame Jean wari utuye mu Kagali ka Byibuhiro mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke yitabye Imana tariki 20/01/2014 aguye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali [ CHUK] nyuma yo guterwa icyuma azize ko yanze gusomywa ku nzoga umwana w’imyaka 14.
Abakuru b’imidugudu 533 igize akarere ka Ruhango bahawe telefoni zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo ka buri munsi. Abakuru b’imidugudu biyemeje ko noneho bagiye kujya batangira amakuru ku gihe.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 40 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Umusore witwa Rwagasore Godfrey w’imyaka 24 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera arimo kwakira amafaranga y’abaturage ababwira ko azabazanira amapoto y’amashanyarazi.
Umugore witwa Mukandutiye Beatrice utuye mu murenge wa Musenyi mu kagari ka Gicaca mu mudugudu wa Cyanika mu karere ka Bugesera inzu ye yahiye irakongoka bitewe nuko yatekeraga munzu ku mashyiga atagezweho.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendant Francis Gahima aratangaza ko bamwe mu bajura bibye ibikoresho muri Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke bamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibikoresho hafi ya byose bikaba byaramaze gufatwa.
Bagaragaza Jean Damascene wari utuye mu mudugudu wa Bugaraga, akagari ka Buriba, umurenge wa Rukira ,Akarere ka Ngoma, umurambo we watoraguwe mu kiyaga cya Rwabizigira tariki 17/01/2014 yatawemo nyuma yo kwicwa.
Abamotari bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bagiye kurushaho kurwanya amakosa aranga bamwe na bamwe mu muhanda kandi bakarushaho kubungabunga umutekano kugira ngo akazi kabo gakorwe neza, bityo na bo biteze imbere.
Dusabimana Emmanuel utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, afite ikibazo cy’umugore bashakanye byemewe n’amategeko, ariko uwo mugore akaba amaze amezi atandatu yarasize umugabo we mu rugo akajya kwibera mu wundi murenge.
Bamwe mu bakekwaho ubujura butandukanye mu karere ka Musanze batawe muri yombi, bakaba barafatanywe ibikoresho byo mu rugo ndetse n’ibiribwa bibye ahantu hatandukanye, bitwikiriye ijoro.