Ikibazo cy’abahigi bo muri Congo bamaze iminsi bafatirwa mu karere ka Rusizi bavuga ko baje guhiga cyagarutsweho n’inzego z’umutekano zikorera muri aka karere aho abantu bibaza inyamaswa baba baje guhiga kandi basize amashyamba akomeye iwabo.
Nzakamwita Celestin w’imyaka 44 y’amavuko yarohamye mu ruzi rw’akagera maze arapfa. Ibi byabereye mu mudugudu wa Rubumba, mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera tariki 28/02/2014.
Nsanzabugabo Sylivere w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kagoma I mu kagari ka Kibingo, mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yasanzwe iwe mu rugo yitabye Imana kuri uyu wa 28 Gashyantare 2014.
Umwana w’imyaka 7 witwa Nizeyimana Fils wo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi ahita apfa ubwo abo bari kumwe barimo bamuhererekanya nuko arabacika agwa mu mazi ahita atwarwa arapfa.
Mu mudugudu wa Nyamiyaga wo mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza, tariki 26/02/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore wari mu kigero cy’imyaka 16 witwa Claude waragiraga inka.
Ntanga Emmanuel w’imyaka 62 y’amavuko yahitanwe n’impanuka y’imodoka itwara abagenzi tagisi minibus yabereye mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Nyamata Ville mu mudugudu wa Nyabivumu mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Niyigaba Rodrigue w’imyaka 25 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera azira gufatanwa ibiti 10 yari yarahinze mu kibanza cy’inzu ye.
Abagabo babiri barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugwirwa n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo bayacukuraga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu mudugudu wa Muyoboro mu karere ka Bugesera.
Abasore batatu bose bari mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko bakomoka mu mirenge ya Gihango na Ruhango yo mu karere ka Rutsiro bari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa bihungabanya umutekano no gukorana na FDLR.
Umugore umwe yapfuye naho abandi bantu 5 bakomerekera mu mpanuka y’imodoka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe, ubwo Toyota Coaster ya Agence “Impala Express” yavaga Rusizi yerekeza i Kigali, yarengaga umuhanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki 26/02/2014.
Muri iyi minsi mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero haravugwa imiryango imaze igihe iharaye gushyingira rwihishwa abakobwa babo mu gihugu gituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakaba basabwa kubyitondera.
Mukampabuka Liberatha w’imyaka 66 n’umwisengeza we witwa Tuyishime w’imyaka 13 batuye mu Kagali ka Kirebe mu Murenge wa Karambo ho mu Karere ka Gakenke batewe n’abantu bataramenyekana babahonda ibyuma mu mutwe babasiga ari intere.
Abagabo babiri, umwe w’imyaka 36 n’undi w’imyaka 34 hamwe n’umukobwa w’imyaka 27 bafatiwe mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera barimo kugurisha imodoka yinjurano.
Umusore witwa Nzitakuze Ildephonse wo mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi ikorera muri uyu murenge azira gukubita nyina ikibando mu mutwe akamukomeretsa bikabije.
Nyuma y’iminsi ine Nkurikiyumukiza Innocent wigaga kuri E.S. Kagogo mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera akaburirwa irengero, umurambo we wabonetse mu gitondo cyo ku itariki ya 25/02/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ifite purake RAC 650 L, yakoze impanuka irenga umuhanda igwa igaramye gusa ku bw’amahirwe nta muntu wahaguye kuko hakomeretsemo abantu 2 mu bantu 17 bari bayirimo.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu kimwe n’Abanyecongo bambukiranya imipaka ihuza akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma bavuga ko hari hakwiye gushyirwaho imipaka izwi kandi igaragara kugira ngo hakurweho ikibazo ko umuntu ashobora kuyirenga agahanwa n’amategeko atabizi.
Umugore wo mu mu mudugudu wa Miyaga mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara, akekwaho kuba yarahinze urumogi aruvanze n’amasaka.
Nyuma y’iminsi umunyeshuri witwa Nkurikiyumukiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera na n’ubu umurambo we nturabone.
Umugabo witwa Hasengimana Jean Paul w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, nyuma yo gufatanwa ibendera yari yibye ku Kagali ka Ndatemwa gaherereye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.
Mu gusoza umuganda ngarukwa kwezi wabaye tariki 22/02/2014, abaturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bashimiwe n’ubuyobozi bw’akarere uruhare bagira mu kwirindira umutekano kugeza aho bafata bamwe mu babahungabanyiriza umutekano bitwaza intwaro.
Umurambo wa Bizimana Jean w’imyaka 34 y’amavuko wagaragaye iwe mu nzu mu mudugudu wa Tara mu kagari ka Gihira mu murenge wa Ruhango mu gitondo cya tariki 21/02/2014, iruhande rwaho hari uducupa turindwi tw’inzoga ya African Gin turimo ubusa, bikaba bikekwa ko yiyahuje iyo nzoga.
Mukashema Marie Jeannette, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu mudugudu wa Rumuna, akagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga arasaba ubuyobozi kumufasha haba mu kumwimura cyangwa kumurindira umutekano kuko abaturanyi be, barimo abamwiciye umugabo mu mwaka wa 2010, bamubuza amahwemo bakamutoteza bamwita umurozi.
Umunyeshuri witwa Nkurikiyumuiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yarohamye mu kiyaga cya Burera mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22/02/2014 ubwo yatorokaga ikigo agiye kumesera kuri icyo kiyaga.
Ibihuha ngo ni kimwe mu bintu umwanzi w’igihugu ashobora kuboneramo icyuho cyo kugirira nabi Abanyarwanda, nk’uko byavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo ku mutekano yabereye i Kayonza tariki 21/2/2014.
Umugabo witwa Ntirujyinama Jean Claude wo mu murenge wa Byumba mu kagari ka Murama mu mudugudu wa Rurambi, akarere ka Gicumbi, arakekwa ko yateye umugore we bashakanye witwa Muhorakeye Epiphanie icyuma munda amara yose ajya hanze.
Umugabo witwa Murwanashyaka ari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatwa akurikiwe n’umugore we (bombi bafite imodoka); aho uwo mugabo ngo yari ajyanye murumuna w’umugore (muramu we) kumusambanya.
Umugabo utamenyekanye umwirondoro we yiciwe mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana, mu ijoro rishyira kuri uyu wa 21/02/2014, akaba yishwe n’abaturage yarimo yibira imyumbati ahagana ku isaha ya saa saba z’ijoro.
Ku nshuro ya gatanu imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yongeye gufatirwa mu cyuho tariki 20/02/2014 itwaye ibiti bitemewe gucuruza by’Umushikiri ibijyanye kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Umurambo wa Iwimbabazi Theodette ufite igikomere mu mutwe watahuwe mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Shyira mu Mugezi wa Mukungwa kuri uyu wa Kane tariki 20/02/2014 nyuma y’uko hari hashize icyumweru aburiwe irengero.