Imirimo y’isana ry’umuhada wa kaburimbo uturuka mu nce za Remera na Kacyiru ukagera mu gice gihurirwaho n’urujya n’uruza cya Nyabugogo, yabangamiye nyinshi muri gahunda zihakorerwa ahanini zijyanye n’impera y’umwaka.
Nyabushanja Bucyana Augustin ufite imyaka irenga 70 arasaba inzego zibifite mu nshingano kumurenganura akagarurirwa amadolari 6000 yaburiye muri Fina Bank ya Rubavu ubwo yayabitsaga kuri konti ye taliki ya 24/6/2009 ngo ajye kuyafatira muri Uganda yahagera agasanga amafaranga yarafashwe n’undi muntu wiyitiriye amazina rye.
Nyuma y’imfu zitandukanye n’uburwayi bw’ibisazi bikomoka ku mbwa byafashe abantu mu mirenge inyuranye yo mu karere ka Nyanza mu minsi mike ishize ubu imbwa zigera kuri 17 zimaze gupfa zihawe umuti wo kuzica.
Bizimana Evariste na Mugengana Jean bo mu murenge wa Kaduha mu karere ka Nyamagabe bakatiwe gufungwa umwaka umwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gasaka mu karere ka Nyamagabe nyuma yo kubahamya ubujura bukozwe nijoro mu bikikije inzu ituwemo.
Abaturage b’akarere ka Bugesera barishimira ko serivise yo kwandikisha ingwate yorohejwe kuko banki arizo zisigaye zandikisha ingwate mu kigo gishinzwe kwihutisha iterambere, ingwate z’abakiliya bazo baka inguzanyo dore ko mbere umukiriya ariwe wigiraga i Kigali ku cyicaro cya RDB.
Umukwabu wakorewe mu kagali ka Gahima, umurenge wa Kibungo tariki 30/12/2013, wafatiwemo umubyeyi waraye abyariye mu rugo niko guhita yihutishwa ajyanwa kwa muganga aho guhita asubizwa iwabo nk’uko abandi barindwi byabagendekeye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi na polisi mu karere ka Rubavu bashyize ingufuri ku miryango urusengero rwa Goshen Holy Church rukoreramo mu Mbugangari nyuma y’uko abapasitori n’abakirisitu bafatanye mu mashati kubera kutumvikana ku byemezo byafashwe n’abayobozi bakuru b’iri torero bakorera Muhanga.
Abanyarwanda bane biga Goma, abarwanyi ba FDLR bane hamwe n’Abanyecongo 18 bavuga Ikinyarwanda bahejejwe mu buroko bwitwa T2 buri mu mujyi wa Goma kubera kubura amafaranga yo kwigura.
Biteganyijwe ko guhera muri Muratama umwaka wa 2014 ku mafaranga y’ishuri ababyeyi bajyaga bishyurira abanyeshuri ku bigo biri mu karere ka Ruhango haziyongeraho amafaranga ibihumbi bitanu.
Ibigo byo kubitsa no kuguriza bizi nka za SACCO-Imirenge bikeneye ko umutekano wabyo ucungwa ku buryo budasanzwe kuko hari aho ibi bigo byibasiwe n’ubujura bukoresheje imbunda ariko ngo amikoro make aracyari imbogamizi kugira ngo bigerweho.
Ikipe ya Rayon Sport irangije umwaka wa 2013 iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, ikaba yabishimangiye ku cyumweru tariki ya 29/12/2013 ubwo yatsindaga Musanze FC ibitego 2-1 kuri Stade Ubworoherane i Musanze.
Ubuyobozi bw’akakarere ka Rwamagana bwijeje abaturage bo murenge wa Gahengeri wo muri ako karere, ko amazi basaba azaba yabonetse mu gihe kitarenga amezi abiri. Abo baturage bavuga ko ikibazo cy’amazi kibahangayikishije kuko ngo bahurira ku iriba rimwe riri mu kabande, ari utugari dutanu.
Kubera ko ngo hari ababyeyi badohotse ku gufasha abana kwishima no gukura basobanukirwa n’iminsi mikuru inyuranye, abanyamuryango b’ikipe y’abakuze ya Les Onze du Dimanche yo mu karere ka Muhanga bateguye umunsi mukuru wo kwizihiza no kwifuriza abana noheri nziza, dore ko ivuka rya yezu ngo ari umunsi ukomeye w’abana.
Mu gihe hakigaragara abana bata amashuri, Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari ingamba zinyuranye zo guhangana n’iki kibazo harimo no kwigisha ababyeyi ko badakwiye gutuma abana bava ku ishuri.
Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Ruvumera ho mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga baturiye ruhurura, ibarizwa ahazwi ku izina rya Sprite baravuga ko bahangayikishijwe n’umwanda ukomeje kugaragara muri iyi ruhurura.
Kubera ingamba zafashwe, abanyeshuri batwaye inda mu karere ka Nyabihu mu mwaka wa 2013 baragabanutse cyane ugereranije n’abazitwaye mu mwaka wa 2012.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu na Minisitiri ushinzwe Ibiza no gucyura impunzi hamwe n’abayobozi b’uturere twose mu Rwanda bahuriye mu nkambi ya Kiyanzi iherereye mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gushaka uko Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bajyanwa mu turere dutandukanye bityo bakava mu Nkambi.
Abaturage bo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro basabye imbabazi Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, bamusezeranya ko batazongera gukererwa umuganda, nk’uko byagenze kuri uyu wa gatandatu tariki 28/12/2013, ubwo yajyaga kwifatanya na bo mu muganda agasanga batarahagera.
Nyuma y’imyaka irindwi umuryango AMI ukorana n’abaturage bo mu Mirenge yose igize Akarere ka Huye, muri gahunda yo guhuriza hamwe abahemutse ndetse n’abahemukiwe mu gihe cya Jenoside, uyu muryango ngo ugiye kugabanya aho wakoreraga. Impamvu ni ukuba umuterankunga w’uyu mushinga yarahagaritse inkunga.
Niyibizi Jean de Dieu ucururiza mu mujyi wa Gakenke afite imashini yongera umuriro mu matara ya NURU banyonze pedale nk’iy’igare ugashyiramo u muriro ukoreshwa mu gihe kingana n’ibyumweru bibiri.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Gakenke baganiriye na Kigali Today tariki 27/12/2013 batangaza komuri iyi minsi mikuru bitandukanye n’indi myaka yatambutse kuko ibiciro by’ibicuruzwa ku isoko bitahindutse ngo bizamuke.
Mu gihe umwaka wa 2013 ugenda wegera umusozo, Kigali Today irafatanya n’abakunzi bayo bakurikirana amakuru itangaza mu rurimi rw’ikinyarwanda (www.kigalitoday.com) mu gusubiza amaso inyuma hibukwa iby’ingenzi byaranze ubuzima bwa benshi mu Banyarwanda mu 2013
Umurambo wa Habimana Berchmans w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Nyiramazinga ugabanya umurenge wa Byiamana n’uwa Mbuye, mu mudugudu wa Mucubi akagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo rwahuriye mu busabane busiza umwaka, runaboneraho kuganira kuri zimwe gahunda za leta abenshi mu rubyiruko batagira amahirwe yo gusobanukirwaho nka gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na Gahunda yo “Kwigira.”
Aba banyarwanda bagera kuri 76 bavuye mu buhungiro muri Congo batangaza ko bari bamaze iminsi myinshi mu buzima bwo kubabara, kubera ko ngo batisanzuraga mu gihugu cyabandi ariko kuri ubu ibyishimo bikaba ari byose nyuma yo kugaruka mu rwababyaye.
Umuryango (Foundation) “Hope and Peace Foundation” uhuriza hamwe urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’urubyiruko rufite ababyeyi bagize uruhare muri jenoside hano mu Rwanda, ufite gahunda yo gushimangira gahunda ya “Ndi umunyarwanda” mu rubyiruko.
Abasore n’inkumi 212 bo mu karere ka Rutsiro bahawe impamyabumenyi zemeza ko hari ubumenyi bungutse mu bijyanye no gukoresha mudasobwa n’ubudozi, kuri uyu wa Gatanu tariki 27/12/2013.
Abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko imiyoborere myiza yagize uruhare mu gutuma batera intambwe bagana ku iterambere. Ibi babitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 27/12/2013 mu muhango wo gusoza ukwezi kw’imiyoborere myiza, icyiciro cya mbere.
Abaturage bo mu karere ka Burera bavuga ko guturira umupaka bibafitiye akamaro kuko ibyo baba badafite bajya kubihaha mu gihugu baturanye maze bigatuma habaho ubuharirane hagati y’abaturage batuye ibihugu byombi.
Mu mujyi wa Karongi hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa igorofa y’amazu ane rizaba rifite agaciro ka miliyoni zirenga 950 z’amafaranga y’u Rwanda. rikazubakwa ahahoze inyubako y’urukiko rw’umurenge wa Bwishyura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko igihangayikishijwe n’ikibao cy’imirire mibi kigaragara mu bana bari munsi y’imyaka ibiri, ariko ikemeza ko gahunda yatangije y’iminsi 100 ya mbere yo kwita ku buzima bw’umwana ari imwe mu nzira zo gukemura iki kibazo.
Mu gihe usanga ku mupaka wa Kagitumba Abanyarwanda bava guhaha Uganda baza bafite ibyo bahashyeyo, ku rundi ruhande Abagande bahashye mu Rwanda bo binyurira mu mugezi w’Umuvumba bahunga imisoro y’iwabo.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyavuze ko guhera mu kwezi kwa kane k’umwaka wa 2014, abacuruzi batazatanga inyemezabuguzi y’imashini yabugenewe (EBM), bazajya bacibwa ihazabu kuva kuri miliyoni eshanu kugeza kuri miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda, hakurikijwe agaciro k’ibicuruzwa umuntu afite.
Umwana w’imyaka 17 witwa Muhawenimana Jean Bosco, avuga ko atabashije gukomereza amasomo ku kigo yagiye kwigaho bitewe n’uko abarimu bavugaga ko arangaza abandi bana bazaga kumushungera bitewe n’uko nta maboko yavukanye.
Imirwano itaramaze igihe kinini hagati y’abarwanyi ba FDLR n’ingabo z’umuryango w’abibumbye ziri muri Congo (MONUSCO) yatumye bamwe mu barwanyi ba FDLR batangira gushishikariza imiryango yabo gutaha mu Rwanda.
Abagabo babili, abagore 5 n’abana 12 bashubijwe mu guhugu cya Congo kuri uyu wa gatanu tariki 27/12/2013 nyuma yo kuvumburwa ko ari Abanyecongo batuye Rutchuro bari baje mu Rwanda biyita Abanyarwanda batahutse kugira ngo bahabwe ibyo impunzi z’Abanyarwanda zihungutse zigenerwa.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wo mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yemera ko yari agiye kwiyicira nyina umubyara na bene nyina akoresheje umuti wica imbeba kubera ko ngo bari banze kumugurira imyenda azambara kuri Noheri.
Umukwabu wakorewe mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kayumba mu mudugudu wa Kayenzi mu karere ka Bugesera wataye muri yombi inzererezi 11 n’abarundi 2 badafite ibyangombwa bibaranga.
Ubuyobozi bwa sosiyete icukura ayo mabuye GMC (Gatumba Mining Concssion)bwatangaje ko bufite gahunda yo guteza imbere abaturage bakikije aho icukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Gatumba mu rwego rwo kubana neza nabo.
Mu rwego rwo gushishikariza abahinzi kwita ku gihingwa cya kawa, akarere ka Ngororero kakoresheje amarushanwa y’abahinzi ba kawa mu kwita kuri icyo gihingwa (kubagara, gusasira, gukata, gutera imiti n’amafumbire, …) maze abayatsinze bahabwa ibihembo bitandukanye.
Ngiruwonsanga Jean Bosco w’imyaka 21 y’amavuko yitabye Imana nyuma yo gukubitwa bikabije azira kwiba ibigori mu murima w’uwitwa Munyengango Theophile ku gicamunsi cyo kuwa 26 Ukuboza mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo.
Abashinzwe urubyiruko mu karere ka Karongi baratangaza ko umwaka wa 2013 usize habonetse ubwandu bushya butatu gusa mu rubyiruko rwipimishije. Ibi ngo byatewe nuko hashyizwe imbaraga nyinshi mu bukangurambaga n’amahugurwa menshi y’abo bise Abakangurambaga b’Urungano.
Umugabo witwa Ntahondi Jean Bosco w’imyaka 33 y’amavuko ufite akabari mu Murenge wa Mayange mu kagari ka Kibirizi mu mudugudu wa Rugazi mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata nyuma yaho irondo rimufatanye litiro 46 za kanyanga.
Ingo zisaga 500 zituye imidugudu ine y’ahitwa Shami mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera zivoma mu kiyaga cya Cyohoha y’amajyepfo nyuma y’aho ikigo cya EWSA gifashe icyemezo cyo gufunga ivomero rusange abo baturage bavomagaho.
Niyonsaba Seraphine w’imyaka 19 y’amavuko na Nyirahabimana Tharicissie w’imyaka 48 y’amavuko bivuwa ko ariwe nyina w’uyu Niyonsaba bafatiwe mu Murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo saa kumi n’imwe z’umugoroba tariki 26/12/2013 bafite amafranga ibihumbi 16 y’amakorano.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, butangaza ko imiryango itandatu yo muri uwo murenge iturukamo abantu bapfuye bagwiriwe n’urusengero yafashwe mu mugongo bu buryo bushoboka ihabwa ibintu bitandukanye.
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka, Rayon Sport yicaye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo kunyangira Esperance ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa kane tariki ya 26/12/2013.
Umurambo wa Hakizimana Emmanuel wari mu kigero cy’imyaka 34 watoraguwe mu kiyaga cya Kadiridimba tariki 26/12/2013 ahagana saa mbiri za mugitondo ahitwa mu Gacaca ho mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wari utuye mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yapfuye nyuma yo guterwa igiti mu mutwe n’umwe mu basore barimo barwana ubwo batahaga bavuye kwishimira Noheli.
Polisi y’u Rwanda irashimira ubufatanye mu kubungabunga umuteka no kwitwara neza byaranze abatuye mu ntara y’Uburasirazuba mu gihe cy’umunsi mukuru wa Noheli, ku buryo ngo muri iyo ntara yose nta kibazo cy’umutekano na kimwe cyaharanzwe.