Nyuma y’uko ibiganiro bigamije gusinya amasezerano y’ubufatanye n’imigenderanire hagati y’igihugu cya Ukraine n’Umuryango w’Ubumwe bw’Iburayi (Union Europeenne) bihagarariye, muri icyo gihugu hakomeje imyigaragambyo ikomeye, igamije gusaba perezida Viktor Ianoukovitch kuva ku butegetsi.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EACSOF) riratanga amahugurwa ku bahagarariye abandi mu karere ka Nyamagabe hagamijwe gushimangira uruhare rw’abaturage mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’iburasirazuba (EAC).
Umunya-Cote d’Ivoire ikinira ikipe ya Manchester City mu Bwongereza, Yaya Toure, yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2013 na BBC, gihabwa umukinnyi wa ruhago wahize abandi bose bakomoka mu mugabane wa Afurika buri mwaka.
Abatuye intara y’Amajyaruguru, cyane cyane abatuye akarere ka Musanze, bari gukurikirana imurikagurisha rito (Mini expo 2013) riri kubera kuri stade Ubworoherane kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Nyuma yo gutsindwa na Uganda igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere muri CECAFA, Amavubi yongeye gutsindwa igitego 1-0 na Sudan ku wa mbere tariki 2/12/2013, bituma amahirwe yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza aba makeya cyane.
Sebera Charles w’imyaka 18 y’amavuko, nyuma y’imyaka 5 ari inzererezi “mayibobo” mu mujyi wa Ruhango, yafashe icyemezo cyo kubihagarika ahubwo yiyemeza gufasha n’abandi bakibirimo.
Ubuyobozi bw’amashuri mu karere ka Rubavu bwashyizeho gahunda zifasha abana mu kiruhuko aho kujya mu miryango bakabura icyo gukora bakazerera, abandi bakajya ku kiyaga cya Kivu bashobora gukora impanuka zo kugwa mu mazi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu burakangurira abaturage kudahishira uburiro (restaurants) bugaragaza umwanda kuko ugira ingaruka ku buzima bw’abaturage. Hari amazu yahoze ari depots z’amakara ariko zigatanga ifunguro rijyanye n’abafite ubushobozi bucye.
Umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tonzi , yageze mu Rwanda kuwa gatanu tariki 29.11.2013 avuye muri Amerika aho yari yaragiye kubyarira mu mpera z’ukwezi kw’Ukwakira 2013
Umuhanzi Patrick Nyamitali kuri ubu akeneye ubufasha bw’Abanyarwanda bose ngo abe yagira amahirwe yo kwegukana insinzi muri TPF6 kuko uretse kuririmba neza, mu bizashingirwaho harimo no gutorwa n’abantu benshi.
Mu rwego rwo gushimangira umuco wo kwaka inyemezabuguzi buri gihe uko ugize icyo agura mu iduka, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyashyizeho uburyo bwo gutombola maze abanyamahirwe baka izo nyemezabuguzi zitanzwe n’imashini (Electronic Billing Machines) bagatombola ibintu bitandukanye.
Politiki ya Leta yo gukumira ruswa mu gihugu ibangamirwa na bamwe mu bayobozi bahutaza abaturage cyangwa abakozi bamenye ko babatanzeho amakuru ku ihohoterwa cyangwa ruswa babaketseho.
Muhawenimana Claudine w’imyaka 21 yafatanwe ikiro kimwe cy’urumogi arutwaye ku igare mu kagari ka Kampeta umudugudu wa Pamba mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera.
Abasirikare 21 baturuka mu bihugu umunani bigize urwego rw’ibihugu byo mu burasirazuba bw’Afurika rushinzwe gutabara aho rukomeye EASF(Eastern Africa Standby Force) bahuriye i Nyakinama mu karere ka Musanze ngo bamare iminsi itanu biga uko batanga ubutabazi mu mazi manini nk’inyanja n’ibiyaga.
Ubwoko bw’ibiryo bumwe na bumwe ngo bufasha abantu kugumana imisatsi myiza kurusha uko bakoresha imiti, amavuta n’ibindi bintu binyuranye abantu benshi bakoresha ngo imisatsi yabo ise neza.
Abahanga mu by’ubuzima bw’imitsi barabasaba abagabo barwara umutwe ukomeye igihe bakoze imibonano mpuzabitsina kutazajya bijundika abo baba bayikoranye kuko ngo atari no ba gitera, impamvu ziri ahandi.
Abanyarwanda bane bakekwaho kwica Dickson Tinyinodi ukomoka mu gihugu cya Uganda wari umuvanjayi ku mupaka wa Gatuna bakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rw’Akarere ka Gicumbi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora mu Rwanda, Prof. Kalisa Mbanda, aremeza ko uburyo iyo komisiyo ifasha Abanyarwanda kwihitiramo ababayobora neza mu buryo bw’amatora adafifitse bikwiye kubatera ishema kuko ngo hari ibihugu byinshi abaturage batajya bagira uruhare na ruto mu kwihitiramo ababayobora, ndetse ngo hakaba n’ahandi (…)
Umugore utuye mu karere ka Nyagatare yagiye gusaba icumbi kuri station ya polisi ya Kigabiro mu cyumeru gishize nyuma y’uko kuwa tariki 29/11/2013 yari amaze guha abantu batazwi amafaranga ibihumbi 40 ngo bayamubikire nyuma yo kumubeshya ko inzego z’umutekano ziri gusaka abantu bose mu nzira iva Rwamagana yerekeza i (…)
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Daihatsu yari ipakiye amakara yakoze impanuka mu Kagali ka Munyana,Umurenge wa Minazi mu karere ka Gakenke, abagore babiri barimo barakomereka umwe ku buryo bukomeye.
Itorero “Revival Temple” riri i Remera ku Giporoso rivuga ko imbuga iri imbere y’urusengero yagaragaye mu mabonekerwa ko ari isoko y’amazi ibihugu biza kuvomaho amazi yo gukiza ababituye. Ngo niyo mpamvu habera igiterane ngarukamwaka n’ubu kirimo gukorwa, nk’uko Umuyobozi w’iryo torero yabitangaje.
Nk’umunyamakuru mperutse kugirana ikiganiro n’umugore umwe ntavuze, musabye kwivuga kugira ngo ntibeshya ku mazina ye n’icyo akora ntungurwa n’uko yatangiye yivuga ko agira ati: “ Nitwa madamu.. yongeraho amazina ye ndetse n’icyo ashinzwe mu bijyanye n’akazi”. Ibi byatumye nibaza niba ari ngombwa kwivuga mu ruhame cyangwa (…)
Umuyobozi wungirije wa Kaminuza ya Kibogora ushinzwe Amasomo, Dr Dariya Mukamusoni, yemeza ko umuganda rusange ari urugero rwiza rutoza abakiri bato gukunda igihugu no kugikorera, bityo urubyiruko rukaba rusabwa kuwitabira.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kumva neza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” n’umutima wabo wose kuko ari ishingiro ryo kwiyubakira igihugu kitarangwamo umwiryane.
Urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye ndetse n’igororamuco rurashimira Perezida Kagame kubera ko babasha kunywa amata bayakesha inka makumyabiri yabagabiye. Izo nka zariyongereye nyuma y’uko zimwe muri zo zabyaye, bakaba bafite inka zibarirwa muri mirongo itatu.
Urukiko rw’i Tokyo ruherutse gusaba ibitaro bimwe byo mu Buyapani kwishyura miliyoni 38 z’amayeni (angana n’amayero ibihumbi 281) y’impozamarira, umugabo w’imyaka 60 kubera ko iri vuriro ryamuhaye ababyeyi b’abakene nyamara we abamubyaye bari abakire.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite ikirango RAC 456 D yari iri gupakira ibiti byo gutera mu muganda wabaye tariki 30/11/2013 mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza yagushije abantu 21, umunani muri bo barakomereka bikabije.
Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Shanita Namuyimbwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bad Black uherutse gufatirwa mu Rwanda yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo abatuye isi yose batangire kwinjira mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunane, abaturage batuye mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare runini mu kwibungabungira umutekano kuko aribwo abagizi ba nabi baba barekereje guhuguza utw’abandi.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo bavuga ko kugira ngo ubumwe n’ubwiyunge bugerweho hakiri byinshi bikwiye kwitabwaho birimo kutishishanya, guhuriza hamwe mu kwiyubakira igihugu, kutiyumvamo ikibazo kijyanye n’amoko n’ibindi.
Muri ibi bihe byegereza Noheli n’Ububanani, ngo buri wese ashobora gufasha abandi gusoza umwaka no gutangira undi neza, agasangira iby’afite n’abatabigira, nk’uko Uruganda rwa Bralirwa rufite ikinyobwa cya Coca-Cola rubisaba.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball ukinwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, yerekeje i Nairobi muri Kenya mu mikino y’igikombe cya Afurika izaba kuva kuwa mbere tariki ya 2-7/12/2013.
Minisitiri w’umutekano, Mussa Fazil Harerimana, arahamagarira abatuye akarere ka Gisagara kwitabira inyigisho ziri muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” zikabafasha kubana no kubabarirana maze amateka mabi yaranze u Rwanda akibagirana bakaba umwe.
Mu mazu mashyashya aherutse kuzuzwa ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), harimo iyagenewe ibiro abayubatse batashyizeho inzira inyurwamo n’amagare y’abafite ubumuga bajya muri etaji. Ubuyobozi bw’ibi bitaro buvuga ko buzabikosora.
Mukunzi Mutabazi w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Tsima mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza yakomerekejwe n’imbogo yo muri Parike y’Akagera mu gitondo cya tariki 30/11/2013.
Nyuma y’uko bivuzwe ko mu karere ka Rubavu hari ibikorwa byo kunyereza abagabo n’abasore, ubuyobozi bw’akarere ka Rubvau buvuga ko abagabo n’abasore batanyerezwa ahubwo hafatwa inzererezi kandi zikajyanwa mu kigo ngororamuco.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bidagaduye, barishima ubwo “Tigo” isosiyete icuruza iby’itumanaho mu Rwanda ndetse n’umushinga “Ni Nyampinga” bajyaga kwerekana bimwe mu bikorwa byabo muri ako gace.
Niyodusenga Placide ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Murama wo mu karere ka Kayonza afungiye i Kibungo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.
Nyuma yo gutsinda Uganda amaseti 3-0 mu mukino wa nyuma w’imikino y’akarere ka gatanu yaberaga i Kigali, u Rwanda rwabonye itike yo gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi mu mukino wa volleyball kuko rwaje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Misiri, naho Kenya ifata umwanya wa gatatu.
Banki itsura amajyambere (BRD) yahaye Minisiteri y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) miliyoni mirongo itatu yo kugura amabati yo kubaka inzu z’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe.
Ubwo yasuraga abaturage bo mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga ku wa 30/11/2013, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yahumurije abaturage ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” itagamije gushyira inkeke ku Bahutu.
Rurangirwa Laurent w’imyaka 39 y’amavuko utuye mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Musasa mu kagari ka Nyarubuye yivuganye Nyirarume witwa Nsanabandi Froduard w’imyaka 61 y’amavuko mu ijoro rishyira tariki 29/11/2013 bapfuye amasambu y’imiryango yabo batumvikanagaho.
Abasirikare basaga 3.200 bari muri batayo enye basohoje ubutumwa bwabo bwo gucunga umutekano mu ntara ya Darfur, bashimiwe uruhare bagize mu guhindura ubuzima bw’abaturage bacungiraga umutekano babigisha gukora amakara yo gucana.
Umugabo witwa Harerimana Elias w’imyaka 45 y’amavuko wari utuye mu mudugudu w’Uwimpunga mu kagari ka Rwinume mu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Gashanga ubwo yarobaga amafi.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 10.8 yabonye mu mezi icyenda y’uyu mwaka, itanga icyizere kuri iyo banki ko ngo mu gihe gito izaba yabaye ikigo cya mbere mu Rwanda cyunguka kurusha ibindi.
Abajura bateye mu rugo rw’umucuruzi witwa Mvuyekure Ismael maze bamufatiraho imbunda niko guhita bamutwara amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29/11/2013.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kuba bagaragara mu bucuruzi bukoresha fagitiri z’impimbano, nyuma y’uko hashize iminsi mu mujyi wa Rusizi hafatwa ibicuruzwa bituruka muri congo bije kugurishirizwa mu Rwanda.
Jean Havugimana, umuyobozi w’akagari ka Ishwa ko mu murenge wa Nkombo, yongeye gutabwa muri yombi azira gufata ruswa. Iyi ibaye incuro ya gatatu afugwa kandi azira ruswa ituruka mu mitego ya kaningini ifata injanga.
Ikibazo cy’abantu bitwikira ijoro bakamena ibirahuri by’amazu y’abantu mu karere ka Ngoma cyageze mu kagali ka ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo, mu gihe iki kibazo cyari kimaze iminsi kivugwa mu kagali ka Mahango bituranye.