Champions League: Manchester United izahura na Bayern Munich muri ¼ cy’irangiza

Muri tombola y’uko amakipe azahura muri ¼ cy’irangiza mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League), yabaye ku wa gatanu tariki 21/3/2014, ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza yatomboye kuzakina na Bayern Munich yo mu Budage.

Uwo ni umwe mu mikino izaba ikomeye, hagendewe ku mateka y’aya makipe muri iryo rushanwa ndetse n’amazina ayo makipe yombi afite ku isi.

Gusa Bayern Munich niyo irimo guhabwa amahirwe menshi yo kuzakomeza muri ½ cy’irangiza kuko ihagaze neza muri shampiyona kuko irusha Borushia Dortmund iyikurikiye amanota 20, ndetse bikaba bigaragara ko izatwara igikombe mu minsi micye.

Luiz Figo, Umunya Portugal wamamaye muru ruhago akanatwara umupira wa zahabu muri 2000 niwe wagize uruhare muri iyo tombola.
Luiz Figo, Umunya Portugal wamamaye muru ruhago akanatwara umupira wa zahabu muri 2000 niwe wagize uruhare muri iyo tombola.

Iyo kipe yatwaye igikombe cya Champions League umwaka ushize kandi ihagaze neza mu gikombe cy’igihugu, kandi no mu mikino ya ‘Champions League’ iheruka gukina yitwaye neza muri 1/8 isezerera Arsenal yo mu Bwongereza.

Manchester United ifite ibikombe bitatu bya Champions League ihagaze nabi muri iki gihe. Iryo rushanwa niryo isigayemo gusa, kuko muri shampiyona yamaze gutakaza burundu amahirwe yo gutwara igikombe ndetse n’ayo kuza mu makipe ane ya mbere.

Bayern Munich yatwaye igikombe ubushize iri mu zihabwa amahirwe yo kucyegukana uyu mwaka.
Bayern Munich yatwaye igikombe ubushize iri mu zihabwa amahirwe yo kucyegukana uyu mwaka.

Indi mikino ya ¼ cy’irangiza izahuza FC Barceloen yatomboye kuzahura na Atltico Madrid, zihanganiye igikombe muri shampiyona ya Espagne kuko FC Barcelone irushanwa inota rimwe na Atletico Madrid iri ku mwana wa kabiri.

Real Madrid ifite agahigo k’ibikombe icyenda bya ‘Champions League’ yatomboye kuzahura na Borushia Dortumund yo mu Budage yageze ku mukino wa nyuma umwaka ushize, naho Chelsea yo mu Bwongereza itombora kuzakina na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa.

Imikino ibanza ya ¼ cy’irangiza izaba tariki ya 1/4/2014, amakipe yanditswe mbere akabanza gukinira mu rugo ku buryo bukurikira:

FC Barcelona (Espagne) vs Club Atlético de Madrid (Espagne)
Real Madrid CF (Espagne) vs Borussia Dortmund (u Budage)
Paris Saint-Germain (Ubufaransa) vs Chelsea FC (u Bwongereza)
Manchester United FC (Ubwongereza) FC Bayern München ( u Budage)

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

turishimye chane kubyo mutugezaho

FIDEL yanditse ku itariki ya: 13-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka