Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze gukoresha amahirwe bafite bakiteza imbere, kuko umurenge wabo ufite ubutaka bwera neza, ndetse ukaba unakira ba mukerarugendo benshi.
Ikipe y’igihugu ya Kenya ikinira mu rugo, yatangiye irushanwa rya CECAFA inganya na Ethiopia ubusa ku busa mu mukino wabereye kuri stade Nyayo International Stadium i Nairobi kuri uyu wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Mu irushanwa ya volleyball ahuje ibihugu byo mu karere ka gatanu ririmo kubera i Kigali, u Rwanda rwatsinzwe na Misiri amaseti 3-1, rukaba rugomba gushakira amahirwe yo gukomeza mu irushanwa rutsinda Kenya mu mukino uba kuri uyu wa kane tariki 28/11/2013 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Amamiliyoni y’abatuye ku mugabane wa Afurika batagira umuriro w’amashanyarazi aho batuye ngo bashobora kutazongera guhangayikishwa no kubura umuriro muri telefoni zabo zigendanwa kuko hamaze kumurikwa ikoranabuhanga rizajya rikoreshwa mu gushyira umuriro muri telefoni hakoreshejwe imirasire y’izuba n’iyo ryaba ari rike kandi (…)
Abanyecongo bahungishije inka zabo mu Rwanda bahawe gehitari 160 zo kuba baragiyeho inka zabo muri Gishwati, kandi bavuga ko babanye neza n’Abanyarwanda. Izi nzuri zahawe Abanyecongo ziri mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu.
Ubwo yaganirizaga abaturage bo mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuwa 25/11/2013, Hon. Senateri Bernard Makuza yabasabye imbabazi z’uko umubyeyi we, Anastase Makuza, atarwanyije amacakubiri mu gihe yayoboraga.
Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko mu Rwanda 44% by’abana bafite indwara yo kugwingira naho 11% bakagira ibiro bidahuje n’uko bareshya akaba ari yo mpamvu hashyizwe ingufu muri gahunda y’iminsi 1000 yo kurwanya imirire mibi ku mwana ugisamwa kugeza ku myaka ibiri.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga uzaba tariki 03 Ukuboza uyu mwaka, Komisiyo y’Igihugu y’Abafite Ubumuga yagiranye ikiganiro n’abaforomo n’abaganga bo mu Karere ka Gakenke baganira ku nzitizi z’abafite ubumuga mu rwego rw’ubuzima.
Mu ruzinduko Intumwa z’umuryango w’abibumbye zagiriye muri gereza ya Nyanza tariki 27/11/2013 zatangajwe n’uburyo abayifungiyemo bafashwemo ngo kuko bafunzwe mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Habineza Theogene wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza, afunzwa kuva tariki 25/11/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 313 yatanzwe n’abaturage nk’imisanzu yo kubaka ibyumba by’amashuri.
Mu biganiro bya « Ndi Umunyarwanda » bikomeje mu karere ka Karongi kuri uyu wa 27/11/2013, Ambasaderi Polisi Denis yasobanuye ko gusaba Imabazi bitareba abakoze Jenoside gusa, ahubwo ngo bireba buri muntu wese wumva afite kwicuza kuba yarakozwe mu izina rye no kuba ataragize icyo akora ngo ntibeho.
Modeste Rubyigana w’imyaka 42, wo mu murenge wa Kamembe na mugenzi we Mwembezi Evariste ukomoka muri Uganda bafanywe amadorari ibihumbi 63050 hamwe n’izindi noti 41 z’amafaranga y’u Rwanda byose ari amakorano. Bafatanwe kandi idupfunyika 7 tw’impapuro zikora amafaranga.
Kansanga Ndahiro Marie Odette yagaragajwe ko ariwe mukandida umwe rukumbi uhatanira umwanya w’umusenateri uhagarariye intara y’Uburasirazuba wari umaze igihe utagira uwicayemo kuva madamu Mukabalisa wari senateri yatorerwa kuba umudepite mu matora yabaye mu kwezi kwa Nzeli uyu mwaka.
Nzabandora Damien bakunze kwita kazungu na mugenzi we Tuyisenge Ignace bari mu maboko ya Polisi bakekwaho kwivugana Musabyimana Pascal wakoraga akazi k’ubuzamu ku iduka rya Sibomana David mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Bamwe mu baganga mu karere ka Muhanga baragaragaza ko ikibazo cy’abagore banduza abana batwite agakoko gatera SIDA, kuri ubu ari abakobwa baba badafite abagabo bemewe n’amategeko.
Abakinnyi ba filime bakomoka mu Rwanda barahamagarirwa kwiyandikisha kugirango hazavemo abazakina muri filime izaba irimo umukinnyi w’icyamamare wo muri Nigeria witwa Ramsey Nouah.
Minisitiri w’Umutekano, Sheik Mousa Fazil Harelimana, yatanze ubuhamya ku kababaro yatewe n’abamushinjije kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ngo ubu urwo rwango yarurenze akaba yibona mu Bunyarwanda atitaye ku bashakaga kumufungisha.
Ubwo yasozaga ku mugaragaro icyiciro cya 48 cy’amahugurwa ahabwa abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro bagatahuka kuvbushake, umugenzuzi mukuru mu gisirikare cy’u Rwanda, General Major Jack Nziza, yashimiye aba bantu bagera kuri 75 kubera urugero rwiza batanze bitandukanya na FDLR bagahitamo gutahuka mu gihugu cyabo.
Rose Yakaragiye utuye mu mudugudu wa Nyamaganga akagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga atangaza ko yamaze igihe yananiwe kwakira uburyo yabyaye umwana ufite ubumuga bw’ingingo hafi ya zose.
Umuhinzi wa kijyambere witwa Shiragahinda Augustin utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, avuga ko yahisemo guhinga kijyambere ibishyimbo kuko bimuha umusaruro mwinshi bityo nawe akabona amafaranga atubutse.
Mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma haravugwa abantu bataramenyekana bikinga ijoro bakamenagura ibirahuri byo ku mazu y’abantu.
Abarimu, abaganga n’abandi bantu bajijutse bari mu muryango wa FPR -Inkotanyi ariko batari mu nzego z’umuryango, bagiye kwifashwa mu kagari n’imidugudu mu kwigisha abaturage kugira ngo impinduramatwara igamije iterambere igerweho kandi ku buryo bwihuse.
Umugore witwa Mukansanga Primitive utuye mu kagari ka Kimaranzara mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera yajyanwe n’abaturage ku biro bya polisi bamushinja kugira amarozi.
Kubwimana Fidel na Nsengeyukuri bafatanywe litiro 25 za Kanyanga mu mudugudu wa Rugogwe akagari ka Rubona mu murenge wa Bweramana mu gitondo cya tariki 27/11/2013.
U Rwanda na Congo Brazzaville bararebera hamwe uburyo bafasha Abanyarwanda baba muri icyo gihugu bambuwe uburenganzira ku buhunzi, nyuma y’aho itariki ntarengwa yo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda ishyiriwe mu bikorwa.
Abaturage bo mu karere ka Kirehe bamaze gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko bashima iyi gahunda bakanatanga ubuhamya bugaragaza ko bitandukanyije n’amacakubiri.
Abahanzi bagize itsinda rya Urban Boys, ku wa gatandatu w’icyumweru gitaha ku itariki 7.12.2013 bazamurika alubumu yabo ya kane bise “Kelele”, ibi birori bikaba bizabera muri Stade Nto (Petit Stade) i Remera guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Komiseri muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, Marie Claire Mukamusonera, avuga ko ibikomere Abanyarwanda bafite bizamarwa no kwicara hamwe bakabiganiraho, dore ko nta Munyarwanda udafite ibyamukomerekeje mu mutima uretse ko bitandukanye.
Mu gihugu cy’Ubudage, ipusi (abandi bita injangwe) iherutse gukinisha terefone igendanwa ya nyirabuja maze itabaza serivisi zishinzwe ubutabazi.
Mu gihe hasigaye iminsi ine gusa ngo Henry abe amaze umwaka yitabye Imana, Mushiki we akaba na Nyampinga w’u Rwanda 2012 Mutesi Aurore, ntarabyiyumvisha ahubwo akomeje kumva ko ari inzozi ko igihe kizagera agakanguka.
Mu mikino ya Volleyball irimo guhuza amakipe y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, kuri uyu wa kabiri tariki 26/11/2013, u Rwanda rwatsinze u Burundi amaseti 3-0, naho Misiri itsinda Kenya amaseti 3-2.
Guhera ku tariki ya 25 Ugushyingo – 1 Ukuboza, u Rwanda rurakira irushanwa rya Zone V muri Volleyball ribera i Kigali. Uganda, Egypt, Burundi, Kenya n’u Rwanda niyo makipe ari muri iri rushanwa.
Umuturage w’i Las Vegas ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika witwa Mark Parisi, aherutse gutangaza mu kiganiro cy’ubuzima gihita kuri CBS, ko yagurishije kamwe mu dusabo twe tw’intanga (testicule). Amafaranga yahawe ngo azayagura imodoka yo mu bwoko bwa Nissan 370Z.
Uwambajemariya Florence, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, arashishikariza urubyiruko rwo muri ako karere guharanira icyabateza imbere biga bashyizeho umwete, batava mu ishuri kuko aribo bazaragwa u Rwanda.
Ibiganiro kuri gahunda ya « Ndi Umunyarwanda » byatangijwe ku rwego rw’umurenge mu Karere ka Karongi kuwa 25-11-2013 birimo gutanga umusaruro mwiza bijyanishijwe n’icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.
Abahanzi b’abanyarwanda Phionah na Nyamitali basigaye mu irushanwa rya Tusker Project Fame 6 barasaba Abanyarwanda kubatora ari benshi kugirango bongere amahirwe yo kuguma muri iryo rushanwa.
Mu Murenge wa Rwimbogo ho mu Karere ka Gatsibo, umuturage yakomerekejwe n’imbogo imuvuna akaboko, Imana ikinga akaboko ntiyamwica kuko abaturage bahise batabara barayimukiza.
Uwashema Marie Claire warokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu mwaka wa 1994, agaragaza ko nyuma yo gucengerwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, yasabye imbabazi Abahutu ngo kuko yajyaga abafata nk’abagome bose bitewe n’ibibi bamwe mu Bahutu bakoze kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Njyanama z’imirenge n’abaperezida b’amakomisiyo bagize imirenge yose igize akarere ka Rusizi barasabwa gukorera hamwe n’izindi nzego baharanira iterambere ry’abaturage bakanarwanya akarengane akariko kose gakorerwa abaturage bashinzwe.
Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuraga ahari kwagurirwa uruganda rukora sima (CIMERWA) yashimiye aho imirimo yo kubaka uru ruganda igeze kuko ngo nyuma y’amezi 6 abasuye yasanze imirimo iri kwihuta cyane.
Ubwo yasozaga ku mugaragaro imurikagurisha ryaberaga mu karere ka Nyagatare, Ministiri w’imari n’igenamigabi, Amb.Claver Gatete, yashimye urugaga rw’abikorera mu Rwanda uruhare rumaze kugaragaza mu kunganira Leta muri gahunda zitandukanye z’iterambere ry’igihugu.
Umuryango wita ku guteza imbere ubuzima HDP (health development and performance) watangiye gahunda yo gufasha urubyiruko mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere nyuma yo kubona ko mu Rwanda hari ikibazo ku rubyiruko kuko rutabona services n’amakuru ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Mu ijoro rishyira tariki 26/11/2013 mu mudugudu wa Rugarama na Nyabivumu mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera hakozwe umukwabo maze uta muri yombi inzererezi 31 ndetse n’Abarundi 13 badafite ibibaranga.
Ubuyobozi n’abaturage bo mu murenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, baremeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” izabaha umwanya wo kubohoka ku Banyarwanda kandi abakuru bakabwiza ukuri amateka y’u Rwanda abakiri bato kugira ibyabaye nabo bitazababaho.
Intumwa yihariye y’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari agiye kunzenguruka akarere kugira ngo arebe uburyo ibiganiro hagati ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23 byasozwa.
Nizeyimana Rajab na Nizeyimana Yahya bose bafite imyaka 19 y’amavuko batawe muri yombi mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 24/11/2013 bazira kwiba ibikoresho by’abanyekongo byifashishwa mu burobyi.