Inzego zitandukanye za Leta n’iz’abikorera, zashyize hamwe kuri uyu wa gatatu tariki 18/12/2013, mu gutangiza ubukangurambaga busaba Abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira servisi z’imari n’ubwizigame.
Mu gihe hasigaye iminsi irindwi kugira ngo hizihizwe umunsi mukuru wa Noheli, bamwe mu baturage bo mu karere ka Kirehe bavuga ko amafaranga yabuze kuko ubundi wasangaga bishyushye one ubu akaba atari ko bimeze.
Mu rwego kuvugurura umusaruro w’ibikomoka ku mata kugira ngo bibashe gupigana ku isoko mpuzamahanga, aborozi bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bahawe ibikoresho bya kijyambere bifite agaciro karenga miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2013, abacamanza bose bakora mu nkiko z’igihugu batangiye umwiherero ugamije kuganira kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo mu duce tunyuranye two mu Kagari ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ihafatira abakora inzoga zitemewe bita “Ibikwangari” maze nabyo bimenerwa imbere y’abaturage nyuma yo kugaragarizwa ububi bwabyo.
Ishuri rikuru ry’Abadivantisiti b’Abalayiki rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ku nshuro ya mbere ryahaye impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuli bagera kuri 223 barangije muri iri shuli mu mwaka wa 2013.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Horizon, yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa 18/12/2013 mu mudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamugari mu murenge wa Gasaka wo mu karere ka Nyamagabe ariko Imana ikinga ukuboko ntihagira uhasiga ubuzima.
Ku nshuro ya kane Inyarwanda Ltd yateguye igikorwa ngarukamwaka gihuza ibyamamare byo mu Rwanda n’abafana babo aho abakinnyi ba sinema, abahanzi, abanyamakuru, abaririmbyi, n’abandi bazwi cyane mu Rwanda bagera kuri 60 bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa kizwi nka “Inyarwanda Fans Hangout”.
Ubuyobozi bw’abikorera mu karere ka Rubavu bwahisemo gushyira ibikorwa by’imurikagurisha (expo) hafi y’amazi kugira ngo abazaryitabira bashobore no kureba ubwiza bw’akarere nk’amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Bamwe mu bafatabuguzu ba MTN bagerageje gushyira amakarita yo guhamagara muri telefoni zabo bikanga, baratangaza ko batishimiye uburyo byabiciye gahunda kandi n’iyi sosiyete ntibisegureho ku gihe.
Inzego zishinzwe umutekano mu mujyi wa Goma mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Congo zikomeje kwitwaza inyeshyamba za M23 zigahohotera Abanyarwanda bajyayo mu bikorwa bitandukanye.
Urwego rushinzwe ingengo y’imari muri minisiteri y’imari n’igenamigambi rurasaba buri Munyarwanda kwimakaza umuco wo kwizigamira, bazigama byibura 30% by’ibyo binjiza kuko aribwo bazigira ndetse bagatuma n’igihugu kigera kuri iyo ntambwe.
Umuryango Imbuto Foundation watanze ibikoresho by’imyidagaduro ku kigo cy’urubyiruko cyatangijwe mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kabiri, tariki 17/12/2013 yemeje ko umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani ugomba gukazwa kugira ngo abaturage babashe kwishima uko bikwiriye kandi nta kibahungabanyije.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rutsiro zakoze umukwabu mu mirenge yose igize akarere tariki 17/12/2013 zita muri yombi inzererezi n’ibirara 125 mu rwego rwo gukumira ibishobora guteza umutekano muke.
Ubukungu bw’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2013 ngo burakomeza kuzamuka, aho mu mezi atatu ya mbere (igihembwe cya mbere) bwazamutse ku muvuduko wa 6%, mu cya kabiri buzamuka kuri 5.7%, kandi ngo hari icyizere ko imibare y’ibihembwe byakurikiyeho (itaratangazwa) yifashe neza, nk’uko Banki nkuru y’Igihugu (BNR) yabitangaje.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Kiyovu Sport na APR FC kuwa 14 Ukuboza 2013, waje gusubikwa bitunguranye ukaba wimuriwe muri Mutarama 2014 ariko igihugu uzakinirwaho nticyatangajwe.
Umushinga wa SWISSCONTACT wo mu gihugu cy’Ubusuwisi, kuri uyu wa 17/12/2013, wagaragarije Leta y’u Rwanda aho ugeze wubaka ibyumba bitandatu by’amashuri yigisha imyuga mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Abajura babiri bitwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG bateye mu rugo rw’umugabo witwa Mukeshimana Narcisse mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi bamwiba amafaranga asaga ibihumbi magana abiri n’ibikoresho byo mu nzu birimo agatabo ka banki na telephone.
Umugore witwa Bankundiye Christianne aravuga ko abayeho nabi cyane nyuma y’amezi hafi ane ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bumuhungishirije iwabo i Nyamasheke, ngo kubera umugabo we washakaga kumwicana n’abana barindwi.
Nyuma y’imyaka ibiri ahagaritse amashuri kubera amikoro n’uburwayi bw’ababyeyi be, Josiane Uwimana w’imyaka 18 utuye mu karere ka Rutsiro agiye gusubira mu ishuri abifashijwemo n’ubuyobozi bw’akarere.
Abacuruzi benshi bo mu karere ka Muhanga bavuga ko badafite imashini zitanga inyemezabwishyu (fagitire) kubera ko zihenze abandi bakavuga ko batabonye amasomo yo kuzikoresha.
Kurwanya icyakongera gusubiza Abanyarwanda mu icuraburindi no kureba ikibahuza kandi kibafitiye inyungu, nibyo byasabwe abanyeshuli ba kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare kuri uyu wa 09 Ukuboza 2013.
Ambassaderi wa Leta zunze ubumwe z’America mu Rwanda Donald W. Koran, arashimira uburyo inkunga leta y’igihugu cye itanga mu bikorwa byo kurwanya Malariya ikoreshwa neza mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye umugore wo muri ako karere ukurikiranyweho ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano n’iterambwoba, akaba acumbikiwe kuri station ya polisi ya Ngororero.
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu marushanwa Nyafurika yabereye i Marrakech muri Maroc ku itariki ya 16/12/2013, Rayon Sport yo mu Rwanda yatomboye kuzahura na AC Leopard yo muri Congo-Brazzaville, naho AS Kigali ikazakina na Academie Tchite y’i Burundi.
Nshimyumuremyi Cephas, umwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Kabaya mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze yihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga akoresheje ibimera biboneka mu karere akoreramo, none nyuma y’amezi arindwi atangije umushahara we ubu amaze kugira umushinga ubarirwa agaciro k’amafaranga agera kuri (…)
Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege Rwandair yungutse umuyobozi w’indege wa mbere w’Umunyarwanda uzajya atwara indege nini yo mu bwoko bwa Boeing 737.
Urubyiruko 450 rwo muri paruwasi ya Crête Congo Nil ruturuka mu mirenge itanu yo mu karere ka Rutsiro rwihaye intego yo kujya kubera intangarugero urundi rubyiruko bagenzi babo kugira ngo babashishikarize gukunda Imana no kwitabira gahunda za leta zigamije iterambere.
Intore zatorezwaga mu karere ka Ngoma mu cyiciro cya mbere cyo gutoza urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka wa 2013 izi ntore zasabwe kuba intangarugero mu byo zizakora byose kandi zigaharanira kubaka ubumwe mu Banyarwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko Umunyarwanda atari ubyitirirwa, byaba bishingiye ku kuvuka cyangwa igice abarizwamo ahubwo ko ari uharanira ineza y’abandi Banyarwanda, “akihesha agaciro”, akirinda kwiyoberanya no kuvuga abantu kurusha kuvuga ibintu.
Nyuma y’uko abaturage bororera hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo mu gace ka Rubavu barambwiwe kujya batanga amafaranga mu basirikari ba Congo babaga babatwariye amatungo ngo bayasubizwe, ubu haravugwa ko umushumba yambuye imbunda umusirikari wa Congo wari uje kwiba inka agakizwa n’amaguru, ariko ngo bagenzi be bakaba noneho (…)
Akarere ka Nyamagabe kemeje ko guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha hazatangira kubahirizwa amabwiriza adasanzwe yo gucunga umutekano ngo hatagira umuturage n’umwe uzongera guhutazwa no kwamburwa utwe kandi ngo Inkeragutabara zikazaba ku isonga y’iyo gahunda kubera ubumenyi n’uubunararibonye zifite.
Nyuma y’uko yumvise neza gahunda ya ‘Ndi umunyarwanda’ umukobwa witwa Nyirabenda Jeanne wo mu karere ka Gisagara yafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi mugenzi we BampireJeanne kuko ngo yamwangaga cyane yarananiwe kumwakira abitewe no kuba umubyeyi w’uyu Bampire yarishe abo mu muryango wa Nyabenda muri Jenoside yakorewe (…)
Tombola yabereye i Nyon mu Busuwisi yerekanye uko amakipe y’ibihanganye ku mugabane w’Uburayi azahura muri 1/8 cy’irangiza, hakaba harimo imikino imwe benshi bemeza ko izaba ikomeye cyane nk’aho Arsenal yo mu Bwongereza yatomboye kuzahura na Bayern Munich yo mu Budage, naho Manchester City nayo yo mu Bwongereza itombora FC (…)
Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu mbere tariki 16/12/2013 perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragarije Abanyarwanda uko igihugu gihagaze kuri ubu mu ijambo yavugiye mu ngoro y’inteko Ishinga Amategeko.
Abagize inteko zishinga amategeko mu bihugu by’u Burundi, u Rwanda na Kongo biyemeje ko bagiye guhwiturira leta z’ibyo bihugu gutanga imisanzu bitagitanga ndetse bikishyura n’imyenda myinshi bibereyemo umuryango wa CEPGL ngo kuko bizawufasha kubyuka no kwihutisha iterambere abaturage bo mu biyaga bigari bakeneye.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage zataye muri yombi inzererezi n’abadafite ibyangombwa bibaranga bagera kuri 25.
Mbarushimana Viateur w’imyaka 40, ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda mu karere ka Ruhango azira guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 30 kugira ngo ababarirwe icyaho cyo gucuruza kanyanga.
Abayoboke b’idini ya Methodiste Libre ryo mu Rwanda biriwe mu birori ku cyumweru tariki ya 15/12/2013 ubwo muri iryo dini batangaga inshingano z’ubupasiteri ku bantu batanu mu mihango yabereye ahitwa Kibogora mu karere ka Nyamasheke.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Alpha Rwirangira yongeye gutangaza ko kuri Noheli azataramira abana bato ba hano mu Rwanda nk’uko asanzwe abigenza mu mpera z’umwaka.
Umugabo ukora umwuga wo kwamamaza no gushishikariza abantu kujya bahahirana n’ikigo akorera yahanishijwe kuzatanga amande angana na miliyoni 36 z’amafaranga y’u Rwanda azira ko ngo yakomanze ku rugo yashakaga kumenyesha iby’ubucuruzi bwe kandi kuri urwo rugo batajya bihanganira ababakomangira ku miryango.
Imodoka yo mu bwoko bita Fuso yagonze umwana w’imyaka 10 wabarizwaga mu kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera, ajyanwa kwa muganga ariko agerayo yashizemo umwuka.
Ngo hari ababona umuntu ucecetse bidasanzwe bakamwita umufilozofe, babona uwambaye uko yishakiye bakamwita umufilozofe, ariko ngo ntabwo aribyo kuko ubundi umufilozofe ngo ari umuntu uba afite ibitekerezo biri ku rwego rwo hejuru kandi uba akwiye kumvwa kuko amurikira sosiyeti nk’uko Dr. Nzeyimana Isaïe w’umuhanga muri (…)
Ubwo Intore zo mu karere ka Nyamagabe zasozaga icyiciro cya mbere mbere cy’urugerero cyigizwe no gutozwa wabaye kuwa gatandatu tariki ya 14/12/2013, zasabwe kuzarangwa n’ibikorwa bifite intego mu cyiciro cy’urugerero cyizakurikiraho kuko ari bwo zizatanga umusaruro Abanyarwanda bazitegerejeho.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wari usanzwe ari perezida w’ishyaka rya FPR-Inkotanyi yaraye yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora uwo muryango mu myaka ine iri imbere nk’uko byavuye mu matora yabaye ku cyumweru tariki 15/12/2013, aho yatowe n’abantu 1948 muri 1957 batoye; akaba yatsinze Sheikh Abdul Karim Harelimana (…)
Rayon Sport yageze ku mwanya wa kane ku rutonde rw’agatarenganyo rwa shampiyona y’u Rwanda ubwo yatsindaga Marine FC ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa 10 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 15/12/2013.
Umuraza Landrada, komiseri muri komisiyo y’igihugu y’itorero arasaba intore zigiye ku rugerero kutazihanganira na rimwe umuntu wese washaka guhungabanya Ubunyarwanda. Ibi yabivugiye mu muhango wo gusoza icyiciro cya mbere cy’urugerero rw’intore zikabakaba 700 zatorezwaga mu ishuri rya APEGA Gahengeri mu karere ka Rwamagana (…)
Umwana w’umukobwa w’imyaka 11 wo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza umaze iminsi arumwe n’imbwa ubu aragaragaza ibimenyetso nk’iby’inyamaswa aho yemera kurya gusa ibyo bataye hasi akabitoza umunwa ndetse hakiyongeraho no kumoka nk’imbwa.