Abanyeshuri 30 biga mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnique barahiriye ko ku bwende bwabo biyemeje kuba abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakaba ngo biyemeje gukurikiza amahame, amategeko n’amabwiriza by’uwo muryango.
Abasirikare bakuru 46 bakomoka mu bihugu by’Afurika y’Uburasizuba kuri uyu wa 24/03/2014 batangiye amasomo yo gukarishya ubwenge mu bijyanye no kugarura amahoro aho yahungabanye.
Umugabo wo mu gihugu cy’Ubushinwa yavumbuye amayeri yo kumara hafi umwaka wose arya ibiryo by’abaherwe mu ndege no mu kibuga cy’indege, mu gice cy’abaherwe ahitwa muri VIP abicyesha itike y’urugendo rumwe yishyuye mu mwaka ushize.
Mushinzimana Phocas w’imyaka 35 n’umugore we Vumiriya Chantal w’imyaka 32 batuye ahitwa Kabonabose mu murenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi bakubiswe n’inkuba ibasanze aho bari bicaye mu inzu mu ijoro rishyira tariki 24/03/2014 ariko ku bw’amahirwe ntiyabambuye ubuzima.
Nizeyimana Samuel wo mu mudugudu w’Akabuye mu kagari ka Cyimbazi mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, arwariye mu bitaro bya Rwamagana nyuma y’uko, tariki 23/03/2014 yagerageje kwiyahuza umuti wica udukoko uzwi nka “Kiyoda” ariko agatabarwa n’abaturage atarashiramo umwuka.
Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye kuwa 14/03/2014 yemeje ko ubuyobozi bw’akarere bwatangira gutegura uko hashyirwaho amakipe akomeye azajya ahagararira akarere mu marushanwa atandukanye cyane cyane ko ako karere kiyujurije sitadi.
Abapolisi b’igitsinagore mu Rwanda barishimira ko ubu polisi yabemereye kujya bakorera akazi hafi y’ingo zabo, kuko ngo bizabafasha gukora akazi neza badahangayikiye kuba kure y’ingo zabo ndetse ntibice n’akazi kabo.
Urubyiruko rwo mu muryango wa FPR-Inkotanyi rurasabwa kuba ibisubizo aho kuba ibibazo n’umutwaro ku gihugu, nk’uko byavugiwe mu mahugurwa yahuje abagize inzego z’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri uwo muryango mu ntara y’Iburasirazuba.
Ikipe ya Real Madrid ntiyabashije kwikura imbere ya mukeba wayo FC Barcelone mu mukino wa shampiyona wazihuje mu ijoro ryo kuwa 24/03/2014 kuri stade ya Santiago Bernabeau bikarangira FC Barcelona itsinze Real Madrid ibitego 4-3.
Intore z’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees) zirasabwa guzishyira mu bikorwa inshingano zazo kandi zigafata ingamba zihamye mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bikorwa n’abantu bakorana n’umwanzi bakoresheje intwaro zirimo Grenade n’imbunda.
Umuyaga n’imvura idasanzwe byibasiye akagari ka Ruhingo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ku gicamunsi cyo kuwa 22/03/2014 byangije amazu 19 n’imyaka myinshi yiganjemo insina 3000 zari zihetse ibitoki biremereye.
Mu giterane gisoza umwiherero w’iminsi itatu abashumba bakuru bo mu itorero ADEPR bakoreye mu karere ka Rwamagana, umuvugizi w’iryo torero, Pasitori Sibomana Jean yavuze ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” baganiriyeho izatuma amacakubiri yaranzwe mu itorero ADEPER avugutirwa umuti.
Rayon Sport yafashe umwanya wa mbere muri Turbo National Football League nyuma yo gutsinda mukeba wayo APR FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wabereye kuri Stade ya Kigali ku cyumweru tariki 23/3/2014.
Umuryango w’Urubyiruko rw’u Rwanda ruharanira guhangana n’ihinduka ry’ibihe RYACA, tariki 22/03/2014 wizihirije Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi ku Kivu mu Karere ka Karongi hanakorwa amashusho y’indirimbo yawo “Umwuka mwiza” y’ubukangurambaga ku gufata neza ikirere habungabungwa ibidukikije.
Nyuma yo gutangira imirimo ye ku mugaragaro tariki 19/03/2014, umuyobozi mushya w’intara y’Uburengerazuba, madamu Caritas Mukandasira, yakurikijeho urugendo rw’iminsi ibiri yagiriye mu karere ka Rutsiro tariki 20-21/03/2014 agamije kuganira n’abayobozi n’abaturage ndetse no kureba aho ako karere kageze kesa imihigo y’umwaka (…)
Senateri Niyongana Gallican, umwe mu bagize biro politiki y’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD), aratangaza ko kuva iri shyaka ryashingwa mu mwaka wa 1991 ryaharaniraga ubumwe bw’Abanyarwanda bose, agasaba abayoboke baryo gushyigikira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Mu nama z’inteko rusange bita Kongere abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakorete mu mirenge yose igize akarere ka Karongi kuwa 23 Werurwe 2014, abayobotse uyu muryango n’abaturage benshi bamuritse ibyo bagezeho mu bice bitandukanye by’ubuzima bwabo bwa buri munsi harimo umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori, imihigo yo (…)
Mu midugudu yegereye umupaka wa Congo ariyo Gasutamo n’Iyobokamana mu kagari ka Mbugangari umurenge wa Gisenyi, taliki 22/3/2014, hagaragaye impagarara n’abasirikare benshi ku ruhande rwa Congo bavuga ko u Rwanda rwigabije ubutaka bwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge n’Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA), bavuze ko kuba imisoro y’ipantante, iy’imitungo itimukanwa ndetse n’imisoro ku bukode bw’amazu isigaye yakwa na RRA, bizatuma umuhigo wa miliyari 6.5 z’amafaranga ako karere kiyemeje, ugerwaho muri uyu mwaka wa 2013-2014.
Minisiitri ushinzwe umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Jacqueline Muhongayire yasabye Abanyabugesera ko urumuri rw’icyizere bashyikirijwe ruzakomeza kubafasha komora ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.
AS Kigali yakomeje umuhigo wo kwitwara neza mu rugo ubwo yatsindaga Difaa El Jadida yo muri Maroc igitego 1-0 mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAf Confederation Cup), wabareye kuri Stade ya Kigali ku wa gatandatu tariki ya 22/3/2014.
Mu gihe mu gihugu hamaze iminsi humvikana ubwumvikane buke mu miryango itandukanye, itsinda ry’abagore b’ibyiringiro bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko kuri ubu bahagurukiye gukemura ibibazo by’abagabo n’abagore bibera mu ngo.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bari gushishikarizwa gukoresha imisarani igezweho ya ECOSAN mu rwego rwo kwimakaza isuku n’isukura mu ngo zabo ndetse no kugira ngo bazabone ifumbire yo gufumbiza imyaka yabo.
Minisitiri w’ubuhunzi n’ubworozi, Dr Agnes Karibata, yagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo gukangurira no kwigisha abaturage akamaro ko guhuza ubutaka no kubasobanurira ko umushinga LWH (Land and Water Harvesting) ugamije kubafasha kwiteza imbere no kuvugurura ubuhinzi bwabo bw’amaterasi y’indinganire.
Ubuyobozi bw’umuryango Imbuto Foundation buvuga ko nyuma yo gufasha abagore banduye virusi itera Sida kutanduza abana batwite, ubu igikorwa cyo gukumira agakoko gatera Sida kigeze mu rubyiruko. Mu karere ka Rubavu hamaze guhugurwa urubyiruko 113000.
Abaturage babarirwa muri 555 bo mu Karere ka Karongi basoje amasomo yo kwandika, gusoma no kubara , kuri uyu wa gatanu tariki 21 Werurwe 2014, binyuze mu iterero rya ADPR ku nkunga y’umuryango Global Communities ubicishije mu mushinga USAID EJO HEZA barishimira ko bavuye mu mubare w’injiji bakaba bagiye kujyana n’abandi (…)
Abana babiri bo mu murenge wa Nzige mu karere ka Rwamagana, barimo umwe w’imyaka 13 n’uruhinja rw’umwaka umwe n’amezi atandatu, ku wa Kane tariki 20/3/2014 bishwe n’abandi bana mu buryo butandukanye.
Athanase Habinshuti wo mu mudugudu wa Kivumu mu kagari ka Rukaragata mu murenge wa Mushishiro ho mu karere ka Muhanga, asanga iyo benshi mu banyarwanda bakora nk’uko yakoze bagahisha abatutsi bahigwaga nk’uko yabikoze, nta maraso menshi yari kumeneka mu ghugu.
Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini (GS Gahini) bavuga ko n’ubwo batabona bashoboye, kuko babasha kwigana na bagenzi ba bo badafite ikibazo kandi kenshi abatabona bagatsinda cyane kurusha abanyeshuri badafite ikibazo.
Abanyamakuru bakora mu myidagaduro ku maradiyo atandukanye barashinjwa kuzamura abahanzi kubera ko baziranye nabo cyangwa hari amafaranga babahaye kandi badafite ibihangano nyabyo bitanga ubutumwa. Bamwe mu bahanzi bemeza ko kuzamuka mu muzika udafite umuyoboro w’abanyamakuru bidashoboka mu gihe mbere byaterwaga (…)
Nta rwego rwa leta cyangwa ikigo cya leta gikwiriye gutangaza isoko kidafite ingengo y’imari yo kuryishyura kuko biri mu biteza igihombo ba rwiyemezamirimo kandi ngo uzajya agira uruhare mu gutinda kwishyura rwiyemezamirimo azajya abiryozwa.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri ¼ cy’irangiza mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League), yabaye ku wa gatanu tariki 21/3/2014, ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza yatomboye kuzakina na Bayern Munich yo mu Budage.
Abadepite b’abagore mu nteko ishinga amategeko muri Kenya baraye bivumbuye basohoka mu nama yari irimo kwiga ku itegeko rirebana n’ubuharike, bukomeje guteza impagarara muri icyo gihugu.
Niwebasa Cecile na Minani Felix bari mu maboko ya polisi bazira guteka no gucuruza icyoyobyabwenge cya Kanyanga.
Umuyobozi w’Akarere ka Korongi Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Isimbi Dative arasaba abakirisito bo mu iterero rya ADPR muri Paruwasi ya Gacaca kubaka Ubunyarwanda bahereye ku bukirisito, kuko ngo Ubunyarwanda bwasenyutse.
Abapolisi 50 barimo abayobora sitasiyo za Polisi n’abakuriye ubugenzacyaha mu gihugu, bashishikarijwe gukora akazi kabo neza no kwegera buri gihe abo bayobora, bakabaha ubumenyi utandukanye, bubafasha gushyira mu bikorwa ibyo bashinzwe, nk’uko babihuguwe mu mahugurwa bari bamazemo iminsi basoje kuri uyu wa Gatanu tariki (…)
Uburyo bw’ikoranabuhanga mu gucunga imiti buzwi mu Cyongereza nka ELMIS (Electronic Logistics Management Information System) bwatangijwe mu bitaro by’uturere n’ibitaro by’icyitegererezo mu gihugu cyose bwitezweho kunoza serivisi z’ubuzima n’imicungire y’imiti.
Inama ya Koperative yo kuzigama no kugurizanya, Zigama CSS, yanzuye ko izajya itera inkunga abanyamuryango bakomerekera mu kazi kugera ku mafaranga miliyoni eshatu, kunganira imishinga y’abafasha b’abanyamuryango; ndetse na servisi z’imari zikazabegerezwa, aho ngo bashobora gufatira amafaranga kuri banki iyo ari yo yose (…)
Mu gikorwa cyitwa Film Premiere & Award Gala cyizabera i Kigali ku cyumweru tariki 23/03/2014 hazongera gutangwa igihembo kuri filimi ngufi ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda izatsinda muri filime eshatu zihanganye.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu karere ka Nyamagabe ruributswa kugira umuco wo kuzigama muri bike rufite ngo kuko umuntu atazigama ari uko arenzwe, ahubwo umuntu akwiye kuzigama mbere na mbere, akabona kwinezeza hanyuma.
Ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bugamije kumenya no kwirinda indwara yo kujojoba, abatuye akarere ka Nyagatare bakanguriwe ko ugaragaweho iyo ndwara yakwihutira kugera kwa muganga kuko iyi ndwara ivurwa igakira, mu gihe utayivuje imuteza ibibazo no kubangamirwa cyane mu bandi ndetse na buri wese akaba abangamiwe.
Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma muri Leta zunze, Oklahoma Christian University iratanga bwa mbere mu Rwanda impamyabumenyi ku banyeshuri 38 barangije icyiciro cya gatatu mu ishami ryayo yigishirizamo iby’ubukungu mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kwimuka aho yakoreraga mu ntara y’Amajyepfo, ikaba yimukiye mu nyubako yahoze ari iy’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA, Rwanda Revenue Authority mu karere ka Nyanza kugira ngo yegere kandi yorohereze abaturage uburyo bwo kubaha serivisi nziza z’umutekano n’ubundi bufasha (…)
Koperative yo kubitsa no kuguriza yitwa Coopec Dukire yakoreraga mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro, itagikora iki gihe, irashishikariza abo yagurije amafaranga hamwe n’abahamwe n’icyaha cyo kunyereza umutungo wayo kuyishyura kugira ngo na yo ibone uko isubiza abari abanyamuryango bayo amafaranga yabo bari (…)
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne, aratangaza ko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi nta muntu uzahura n’ihungabana ngo abure ubufasha kuko muri ako karere bamaze kwitegura icyunamo ku buryo buhagije.
Umunyeshuri w’umukobwa wiga iby’ubuganga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko agiye gushyira mu cyamunara ubusugi bwe abinyujije ku rubuga rwa internet, aho yifuza kugurisha ubusugi bwe ku musore cyangwa umugabo uzemera gutanga amadorali ibihumbi 400.
Mu ishuri rya Nyagatare aho kaminuza nkuru y’u Rwanda ifite ishami bateguye igikorwa cyo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’iri shami rya kaminuza nkuru y’u Rwanda mu mihango iza kuba ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 21/03/2014.
Mu muhango wo kwakira urumuri rutazima mu karere ka Rwamagana wabereye ku musozi wa Mwurire kuwa 20/03/2014, abaturage b’akarere ka Rwamagana basabwe kwakira uru rumuri mu mitima yabo nk’ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bavuye mu icuraburindi u Rwanda rwashowemo n’amahano ya Jenoside, bakinjira mu mucyo utanga icyizere (…)
Sgt. Banzirabose Jean Bosco wari umurwanyi wa FDLR aricuza ko hafi ya kimwe cya kabiri cy’ubuzima bwe yakimaze mu mashyamba ya Congo akanakurizamo ubumuga, avuga ko yataye igihe cye mu bintu bidafite umumaro none ageze mu zabukuru ntacyo yigejejeho.