Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie ndetse n’Umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mutiganda Francisca bamaze kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Uhagaze François aravugwaho kugira ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Muhanga acukuramo ku nyungu ze bwite bikabangamira imikorere y’abandi bacukuzi.
Amakuru agera kuri Kigali today aravuga ko umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise n’umwungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Habarurema Isaie ndetse n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie two mu ntara y’i Burasirazuba baba beguye ku mirimo yabo nk’abayobozi b’uturere.
Kuva mu kwezi kwa Nzeri kugeza mu kuboza 2014, igiciro cy’ibirayi ku masoko hirya no hino mu Rwanda cyagaragaye nk’icyari kiri hasi ugereranije no mu myaka yabanje, ibi bikaba biterwa n’ingamba zafashwe mu kuzamura umusaruro w’ibirayi.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gisagara biganjemo abacuruzi baravuga ko bakurikije uburyo nta mafaranga yagaragaye mu munsi mukuru wa Noheri, wagirango uyu mwaka nta yabaye.
Umuhanzi Niyonkuru Albert uzwi ku izina rya Dig Dog niwe wegukanye irushanwa ryari rihuje abahanzi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ryiswe Kinyaga Award, ryasorejwe mu nzu mberabyombi y’akarere ka Nyamasheke kuri Noheri ya 2014.
Ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Noheri, Kigali Today yanyarukiye hirya no hino mu mujyi wa Kigali yumva uko abatuye umurwa mukuru bakiriye uyu munsi ndetse n’uko biteguye gusoza umwaka wa 2014.
Icyegeranyo cyakozwe mu Karere ka Nyanza kiragaragaza ko mu ijoro rishyira tariki 25/12/2014 nta kibazo cy’umutekano muke cyigeze kigaragara, haba urugomo ruturuka ku businzi, impanuka cyangwa indi impamvu y’imirwano.
Bamwe mu batuye Akarere ka Ngoma bavuga ko isura y’iminsi mikuru ya Noheri ndetse n’indi nka pasika igenda ihinduka ugereranije na mbere, kubera uburyo ibyo kwinezeza cyane mu tubari bigenda bigabanuka kwitabira insengero bikiyongera.
Inama yahuje abayobozi bashinzwe uburezi n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ku wa 24/12/2014, yibanze ku isuku nkeya igaragara mu bigo by’amashuri harimo ibiheri byateye abanyeshuri aho barara.
Abaturage bo mu Karere ka Rulindo barasabwa kugira isuku mu byo bakora byose kugira ngo bagire ubuzima bwiza butarangwamo amavunja, ndetse bakanirinda amakimbirane yo mu miryango kuko biri mu bidindiza iterambere ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Rwanda burasaba ubw’Akarere ka Kisoro muri Uganda ubufatanye mu kurwanya abantu baza mu Karere ka Burera bagashuka urubyiruko bakarujyana muri Uganda ngo bagiye kuruha akazi.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baravuga ko ikibazo cyo kutagira amazi gikomeje kuba ingorabahizi kuko bamaze igihe kinini bayategereje n’ubu bakaba bakivoma mu mibande.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yahaye abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi iminsi 7 bakaba barangije gukemura ikibazo cy’umwanda ari nawo ahanini ukurura kurwara amavunja.
Kamuhanda Emmanuel utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko nyuma y’imyaka 10 amenye ko afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yiyakiriye, ubu akaba amaze kwiteza imbere muri byinshi.
Imirenge 8 kuri 13 yo mu karere ka Ngororero ifite inyubako ziva cyangwa zangiritse ibisenge, nyamara yose ifite amazu yasanwe cyangwa yubatswe mu gihe kitarenze imyaka itatu.
Bamwe mu bakora imirmo y’ubucuruzi ku dusanteri twa Kamuhanda na Ruyenzi two mu Murenge wa Runda, baratangaza ko mu kwizihiza umunsi wa Noheri batabonye abaguzi nk’uko byari bisanzwe mu birori by’imyaka yatambutse.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu Karere ka Rusizi, Bajyinama Athanase yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 20/12/2014, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.
Nubwo bagomba kwishimisha mu buryo butandukanye abaturage bo mu karere ka Gakenke barasabwa kudasesagura bishinze ko barimo kurya iminsi mikuru ugasanga nyuma yayo bahuye n’ikibazo kandi nta handi baba barabitse kuburyo hashobora kubagoba.
Mu gihe kuri uyu wa 25 Ukuboza Abanyarwanda bizihiza Noheri yibutsa abakirisitu ivuka rya Yezu, Kigali Today yatembereye mu bice binyuranye mu mujyi wa Kigali ibarebera uko umunsi wifashe.
Mu gihe abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose bari mu byishimo bya Noheri, imiryango 10 yo mu karere ka Ngoma irizihiza uyu munsi icumbikiwe n’abaturanyi kuko amazu yabo yasambuwe umuyaga uvanze n’imvura nyinshi byaguye ku gicamunsi cya tariki 24/12/2014.
Abakozi 250 bakorera kampani NBC (Now Business Center) yubaka inyubako y’ishuri ry’ubukerarugendo mu Murenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze batangaza bamaze amezi atatu badahembwa bikaba bigiye gutuma barya iminsi mikuru isoza umwaka nabi nta mafaranga yo kwifata neza.
Mu gihe kenshi usanga igihe cya Noheri abantu benshi bahitamo kujya mu nsengero ndetse bakanakesha, mu mujyi wa Nyagatare ho abenshi bari mu tubari babyina abandi mu nzu z’urubyiniro zimwe mu nsengero zifunze imiryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mushya, madamu Kamanzi Jackline avuga ko ubunararibonye afite mu rugamba rwo guteza imbere umugore azakomeza kubukoresha ajya inama n’abandi aho ari ho hose bizaba ngombwa.
Inama y’umutekano yaguye yahuje inzego zitandukanye mu karere ka Rutsiro tariki 23/12/2014 yaganiriye ku kibazo cy’uburyo bwo gukaza umutekano muri iyi minsi mikuru ya Noheri n’ubunani hakaba hafashwe ingamba zo gukaza amarondo.
Mu gihe hasigaye iminsi 10 ngo igihe ntarengwa cy’amezi atandatu FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi ku bushake kirangire, abarwanyi 163 gusa nibo bamaze gushyira itwaro hasi akaba aribyo igihugu cya Angola giheraho gishyigikira ko igihe FDLR yahawe nikirangira izaraswa.
Nk’uko bitangazwa na bamwe mu batuye akarere ka Rulindo ngo babazwa n’uburyo ubuyobozi butareka ngo bahinge amasaka kandi yera mu karere kabo.
Mu ruzinduko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yagiriye mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatatu tariki 24/12/2014 yasabye ko abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage n’abatita ku nshingano zabo bagomba guhanwa by’intangarugero.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mukuru wa Noheri kuri uyu wa 25 Ukuboza, mu mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi abaturage baho baravuga ko bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa byazamuye ibiciro cyane cyane umuceri, inyama n’ibirungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko buzishyura Ndamage Sylvain ibye byasenywe nyuma y’uko kari kamuhaye ibyangombwa byo kubaka hadakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga, kagahindukira kakamusenyera.
Ikipe ya APR FC ni yo yinjiye mu minsi mikuru n’akanyamuneza nyuma yo kunyagirira Kiyovu Sports kuri stade Amahoro ibitego 5-0 bitumye ishimangira umwanya wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere yakinwaga umunsi wayo wa 11.
U Rwanda nta kibazo rufitanye n’ibindi bihugu, rwiteguye FDLR yaza irwana cyangwa itarwana kandi ntacyo rutwawe n’icyemezo cyo guhagarika inkunga k’u Bubiligi; nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa Leta akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.
Ku nshuro ya gatanu Inyarwanda Ltd yateguye igikorwa ngarukamwaka gihuza ibyamamare byo mu Rwanda n’abafana babyo, aho abakinnyi ba sinema, abahanzi, abanyamakuru, abaririmbyi, n’abandi bazwi cyane mu Rwanda bamaze kwemeza ko bazakitabira.
Mu mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, hakozwe umukwabu hatahurwa litiro 150 z’inzoga z’inkorano, amacupa 42 ya Kambuca n’amasashe 400, ubuyobozi bukaba buvuga ko amakuru y’ahacururizwaga ibi binyobwa bitemewe bwayahawe n’abaturage.
Polisi y’igihugu yahawe ibikoresho byo kuyifasha gupima imodoka zirekura ibyuka bihumanya ikirere bizatangira gukoreshwa guhera tariki 1/1/2015, hamwe n’ibindi byuma byo gupima urusaku rubangamira abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kurushaho kuba inyangamugayo no kubera buri wese urugero rwiza.
Mu ijoro rishyira kuwa 24/12/2012 inzego z’ibanze mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera zifatanyije n’iz’umutekano zakoze umukwabu maze bafata inzererezi n’indaya 100 zirimo 39 Abarundi badafite ibyangombwa.
Ku cyumweru tariki ya 21/12/2014 nibwo inkuru yasakaye ko umugabo witwa Kwitonda utuye mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yamaze gushiramo umwuka atari arwaye.
Umwaka wa 2015 uzatangira ushyushye mu mupira w’amaguru harimo gutangiza shampiyona y’abana batarengeje imyaka 15 umuyobozi wa FERWAFA yavuze ko azegura nidatangira ariko igihanzwe amaso cyane ni shampiyona y’icyiciro cya kabiri yagaragayemo impunduka nyinshi.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa abayobozi mu nzego z’ibanze zo muri ako karere ko nta muyobozi w’umurenge cyangwa w’akagari uzongera kwihanganirwa yatanze amakuru y’ibinyoma mu isuzuma ry’ibikorwa bya gahunda za Leta.
Abagabo batatu barashakishwa nyuma yo gutoroka bagata imodoka bari barimo itwaye impombo zatwaraga amazi bari bibye bagiye kuzigurisha mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu bagize amatsinda y’ababana n’ubwandu bwa sida mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko n’ubwo hari intambwe imaze guterwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ngo hakiri byinshi byo gukorwa cyane cyane mu gukomeza kwigisha.
Abaturage n’abakozi bo mu Karere ka Nyabihu barishimira intambwe yatewe mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye mu mwaka wa 2014, haba mu baturage, no mu nzego z’ubuyobozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46, yamaze kugezwa muri gereza ya Rusizi, nyuma yufatwa bigoranye ubwo yari yihishe mu karere ka Karongi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ubw’imirenge n’inzego z’umutekano bafashe umwanzuro wo guhagurukira ikibazo cy’abanyarwanda bajya gufata indangamuntu z’i Burundi kuko gishobora guhungabanya umutekano kidafatiwe ingamba zikomeye
Inka eshanu zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bufaransa ubwo bari mu nama ya 12 y’umushyikirano zorojwe abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Mu gihe byari byitezwe ko ikibazo abaturage bafitanye n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura kirangira burundu kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014, byarangiye abaturage batemeye imyanzuro yafashwe n’inzego zitandukanye.
Petronilla Nyirabakunda w’imyaka 80 utuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke amaranye igihe icyifuzo cyo kuzabona umunyamakuru wa RBA Jean de Dieu Tuyishime uzwi cyane ku izina rya Jado Fils.