Rusizi: Abishe umugore nyuma yo kumusambanya bahamijwe icyaha bahabwa ibihano binyuranye

Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwa Mukandabasanze Dorothée w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, Akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi bakatiwe igihano cyo gufungwa burundu undi umwe agabanyirizwa ibihano.

Ubwo urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwasomaga uru rubanza kuwa 09/02/2015, rwahamije Mbonimpa Mamereti, Uwizeyimana Karumiya, Habyarimana Jean Claude na Nahimana Eugène ibyaha bibiri; icyo gusambanya Mukandabasanze n’icyo kumwica.

Aba bagabo bahamijwe icyaha cyo gusambanya umugore ku ngufu barangiza bakamwica.
Aba bagabo bahamijwe icyaha cyo gusambanya umugore ku ngufu barangiza bakamwica.

Nyuma yo gusuzuma ibyaha aba bagabo baregwa, Mbonimpa Mamereti, Uwizeyimana Karumiya na Nahimana Eugène urukiko rwabahanishije igifungo cy’imyaka 7 ku cyaha cyo gusambanya Nyakwigendera n’igifungo cya Burundu ku cyaha cy’ubwicyanyi bakoreye uwo mugore.

Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwemeje ko Habyarimana Jean Claude agabanyirizwa ibihano agafungwa imyaka 2 ku cyaha cyo gusambanya nyakwigendera ku gahato ariko kubera ko habayeho impurirane y’ibyaha bakanamwica akaba agomba guhanishwa igifungo cy’imyaka 17.

Impamvu yatumye urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rugabanyiriza Habyarimana igihano ni uko yemeye icyaha hakiri kare ndetse akanafasha ubucamanza kugera ku makuru yari akenewe muri uru rubanza.

Aba bagabo kandi basabwe kuzatanga amafaranga yo kurera abana nyakwigendera yasize dore ko nta mugabo yari afite.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Eeeeeeeeee!mubakatire urubakwiye kuko birenze ubwenge bwamuntu mbega abagabo?

Job yanditse ku itariki ya: 10-02-2015  →  Musubize

Eeeee,noneho Isi Irarangiye Pe Nukubahana Rwose Kd Nabandi Nkabo Barebereho

Aisha yanditse ku itariki ya: 10-02-2015  →  Musubize

Mbega Amahano Mubakatiye Urubakwiye

Kazungu yanditse ku itariki ya: 9-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka