U Rwanda rugiye gutangira kubaka ubutabera bugendera ku mategeko mpuzamahanga, uburenganzira bwa muntu no gukorera mu mucyo rubifashijwemo na guverinoma y’u Buholandi, nyuma y’uko basinye amasezerano y’imikoranire yimbitse mu butabera.
Umugabo witwa Nsengamungu w’imyaka 43 wo mu Kagari ka Kabakobwa mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi yagwiriwe n’ikirombe kuwa 11/11/2014 ari gucukura amabuye yo kubaka amazu mu isambu ye ahita yitaba Imana.
Abatuye ikirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro baratangaza ko imibereho yabo itari myiza kubera ko babuzwa kuroba mu kiyaga cya Kivu kandi bateza imyaka kuko hera igihingwa cy’ikawa gusa.
Nyuma y’ubwiyongere bw’indwara ya Malariya buteye inkeke mu mirenge imwe n’imwe y’akarere ka Nyanza, hashyizweho ingamba z’ubukangurambaga buhuriweho n’umuryango Imbuto Foundation buzakorerwa mu mirenge yose igize aka karere.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East ) ryatangije ku mugaragaro gahunda yiswe urubuga rw’abana (Space for Children ) aho abana biga amashuri abanza mu biruhuko bazajya bahabwa amasomo ku myuga itandukanye.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango baratangaza ko hari abagwa mu bikorwa byo guca inyuma abagore babo bakuruwe n’abandi bagore babashukisha imitungo.
Ibitaro bya Rwinkwavu biri mu karere ka Kayonza ntibikigira ikibazo cyo kubona umwuka wa Oxygene uhabwa abarwayi bawukeneye, nyuma y’aho biboneye imashini ikurura umuyaga wo mu kirere ikawuyungurura ikavanamo uwo mwuka wa Oxygene.
Abatuye ku kirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro barasabwa kuba maso babungabunga umutekano w’igihugu, bahangana n’umwanzi wese w’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC butangaza ko butazigera bwima amahirwe yo kujya mu kibuga rutahizamu wabo Jimmy Mbaraga, uherutse kugaruka mu Rwanda nyuma yo kuva muri iyi kipe atayibwiye.
Ishimwe Honoré w’imyaka 19 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyabihu, yakinnye umukino w’urusimbi asheta telefoni ye igendanwa yo mu bwoko bwa SmartPhone barayimurya maze intambara irarota, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 12/11/2014.
Imirimo yo kubaka inyubako akarere ka Nyamagabe kazakoreramo yari iteganyijwe gutahwa mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama 2015 iragenda icumbagira bitewe n’intege nke za rwiyemezamirimo wapataniye imirimo yo kuyubaka.
Irushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda 2014” rifite umwihariko ko uyu mwaka uzaryegukana ashobora guhita anafata umwanya wa mbere ku mugabane wa Afurika, cyane ko batatu ba mbere kuri uyu mugabane bazarigaragaramo.
Imiryango itatu yo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Kagari ka Nyabisindu, yahawe inkunga y’amabati nyuma y’uko ibisenge by’amazu ituyemo bitwawe n’umuyaga mu mvura nyinshi imaze iminsi igwa.
Ikipe ya Musanze FC itangaza ko yarangije kwemeza ko uwari umutoza wungirije Nyandwi Idrissa ari we ugiye kuba atoza iyi kipe nk’umutoza mukuru nyuma y’igenda ry’uwari umutoza wayo Okoko Godfroid werekeje muri Mukura FC.
Alexandre Kayumba, umufundi wubaka muri sitade Huye, kuri uyu wa gatatu tariki ya 12/11/2014 yari yivuganywe na mugenzi we bakorana mu mirimo y’ubwubatsi muri sitade Huye bita Remy, bapfa ibibazo byo kudahembwa.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera bemeza ko imbuto y’ibishyimbo by’imishingiriro bahawe n’umuryango w’ubuhinzi AGRA (Alliance for a Green Revolution Agriculture) wazamuye umusaruro wikuba inshuro eshatu babona amafaranga biteza imbere.
Umuryango PRO-FEMMES/TWESE HAMWE wamuritse bwa mbere igitabo gikubiyemo amategeko, amahame n’ingingo zigamije gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsinda. Igikorwa cyabereye mu karere ka Ngororero kuwa 12 Ugushyingo 2014.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bwana Bosenibamwe Aime, yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo mu muganda wo gukorera umurima wa kawa ungana na hegitari 22 kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 /11/2014.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ishaka gushyiraho gahunda yo gufasha abahinzi gukora ubuhinzi burambye kandi bukarwanya ibura ry’ibiribwa.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Nyamarebe mu kagali ka Gakenke, Umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bahiriye mu nzu mu ijoro rishyira tariki 12/11/2014 umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, naho mugenzi wabo we ntiyagira icyo aba.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi baravugavko mu mezi atatu ari imbere bashobora guhura n’ikibazo cy’inzara kubera ko urutoki rwari rubatunze n’imyumbati bari biteguye gusarura byangijwe n’ibiza biherutse kubibasira.
Mu nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo iri mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi, ku wa 11/11/2014, hageze abanyarwanda 25 batahutse bava muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo.
Abagenda mu modoka z’amasosiyete atarwa abagenzi mu muhanda Rusizi- Kigali, bavuga ko batanyurwa na serivise bahabwa kuko ngo bamwe babata mu nzira mu gihe abandi bavuga ko basigara baguze amatike yabo bamaze no kwishyura.
Minisitiri wo mu Buholandi ushinzwe ubucuruzi n’ubufatanye mu iterambere, Lilianne Ploumen, atangaza ko yishimiye igikorwa cyo kwandikisha ubutaka mu Rwanda kuko gifitiye abaturage akamaro mu bijyanye n’iterambere ryabo.
Nyiransabimana Elevanie wo mu Mudugudu wa Ruramba, Akagari ka Masaka mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi yishe umugabo we Hakuziyaremye Félix amushyira mu musarani, bimenyekana nyuma y’iminsi ibiri agiye kwaka umuti wo kumuhishira ku muvuzi gakondo.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugène aratangaza ko iyo umuturage yishe mugenzi we nawe aba yiyishe, bityo akabasaba kubana mu mahoro.
Ababyeyi bo mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, barahamagarira abandi guharanira kubana neza mu ngo zabo, kuko ngo umuryango uranzwemo amakimbirane bigira ingaruka ku bana babo, bityo ugasanga abana barabikuranye nabo bakumva ko ari uko bagomba kubaho.
Mu Ntara y’Iburasirazuba, hamaze gutangizwa umushinga w’ingufu z’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba utegerejweho kugeza amashanyarazi ku ngo ibihumbi 49 n’ibigo by’amashuri 1000 byo muri iyi Ntara mu gihe cy’imyaka 4, ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 19.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yarangije gushyira hanze abakinnyi 21 ari buhagurukane na bo kuri uyu wa gatatu berekeza muri Maroc gukina umukino wa gicuti n’iki gihugu kuri uyu wa gatanu.
Rutahizamu w’ikipe ya Real Madrid Cristiano Ronaldo yakoresheje urubuga rwe rwa Facebook mu guhakana amakuru yavugaga ko akoresha igitutsi gikomeye iyo ashaka kuvuga umukinnyi bahora bahanganye Lionel Messi.
Imodoka yo mu bwoko ba TOYOTA Hilux yafatiwe mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Shyara mu Kagari ka Kabagugu mu Mudugudu wa Kabagugu itwaye ibiti by’umushikiri cyangwa se Kabaruka bitemewe kugurishwa.
Itsinda ry’abapolisi (FPU) 140 barimo ab’igitsinagore 17 bagarutse mu Rwanda nyuma y’umwaka bari bamaze umwaka mu gihugu cya Mali mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu butumwa bwa Loni buzwi nka MINUSMA (Multidimensional Integrated Stabilisation Mission in Mali).
Ubwo akarere ka Nyamasheke kitabaga komisiyo ishinzwe imicungire y’imari n’umutungo wa Leta (PAC) mu nteko ishinga amategeko, tariki 14/10/2014, karezwe gusesagura umutungo wa leta no gutangira ubusa ibya leta babikoze nkana, aho byagaragaraga muri kontaro bagiranye na rwiyemezamirimo bari bahaye isoko bakamuha amafaranga (…)
Mu ijoro ryo kuwa 9/11/2014 ahagana saa yine z’ijoro, umurinzi w’ibirombe bya gasegereti mu ruganda rwa Rutongo mines yasanze umuturage mu gasantere kari mu Kagari ka Kivugiza, Umurenge wa Masoro, Akarere ka Rulindo amurasa akoresheje imbunda y’uburinzi aramwica.
Inzozi z’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 zo kwerekeza mu gikombe cy’isi zaraye zirangiye ubwo iyi yatsindwaga na Algeria amaseti 3-0, mu mukino ubanziriza uwa nyuma w’iri rushanwa rikomeje kubera mu Misiri.
Uburyo bwo kwita ku bana bagaburirwa ku bigo by’amashuri bigaho bwatumye muri uyu mwaka w’amashuri urangiye abana bagera kuri 200 bo ku ishuri ribanza rya Mihabura riri mu Kagari ka Nyange, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi bagaruka mu ishuri, mu gihe abagera kuri uwo mubare buri mwaka bataga ishuri bakajya kwirirwa (…)
Mu murenge wa Nyarubaka, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayigizemo uruhare, bibumbiye mu ishyirahamwe “Twisungane”; rigamije kubafasha mu iterambere no gukosora amateka mabi yaranze imibanire y’Abanyarwanda.
Umugore witwa Nyirantezirembo utuye mu Mudugudu wa Matyazo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, yasize umwana we, Irambona Patrick wari ufite amezi ane (4) ku nkombe y’uruzi rwa Nyirashyushyu ajya kwahira ubwatsi bw’amatungo, agarutse asanga uruzi rwamutwaye.
Abarobyi mu Kiyaga cya Kivu bavuga ko bafite impungenge ku musaruro w’amafi yo mu bwoko bw’isambaza ushobora kuba muke kubera ifi bita “Rwanda Rushya” ngo irya isambaza na zo zirobwa muri iki kiyaga.
Umubare w’abanyeshuri bitabira gufatira amafunguro ku ishuri uracyari hasi mu bigo by’amashuri byo mu karere ka Nyamagabe, bitewe n’impamvu z’ubukene no kutumva akamaro kabyo kwa bamwe mu babyeyi.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rusizi, abaturage basabwe kwamagana abakomoka muri ako karere bagikora politiki igamije gusenya ubumwe Abanyarwanda bamaze kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyamuryango ba Koperative Umurenge Sacco Murundi, ishami rya Karambi yo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ntibemeranywa n’icyemezo cyo guhagarika imirimo yo kubaka inyubako ya Sacco iryo shami rya Karambi rizakoreramo.
Mu gihe abaturage b’umudugudu wa Kabeza, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo bavuga ko barembejwe n’urugomo bakorerwa n’abarembetsi bakura inzoga ya Kanyanga mu gihugu cya Uganda, ubuyobozi bw’uyu murenge bubizeza ko iki kibazo kiza gukemuka ku bufatanye bw’urwego rushinzwe umutekano rwa DASSO rugiye guhabwa moto y’umutekano.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Murenge wa Cyeza, Akarere ka Muhanga, Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batanze imbabazi ku babangirije imitungo babuze ubushobozi bwo kwishyura.
Umugabo witwa Niyonzima Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Ngororero, kuri uyu wa 11/11/2014 yagwiriye n’igiti ahita yitaba Imana, ubwo yatamega ibiti byo kubaza ku musozi wa Sakinnyaga uri mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi.
Perezida Paul Kagame atangaza ko Abanyarwanda bakwiye gusubiza amaso inyuma bakareba ibibazo by’umutekano mucye biri hirya no hino ku isi, bigatuma bishimira ko batuye mu gihugu kirangwa n’umutekano usesuye ariko bakanafata ingamba zo gutuma bazawuhorana.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) butangaza ko nta kindi bwafasha ikipe ya Rayon Sports ku kibazo yagiranye na Police FC kubera umukinnyi Sina Jérôme, kirenze kubahuriza mu kanama gashinzwe imyitwarire kakabagira inama kuko impande zombi zakoze amakosa.
Abatuye akarere ka Ngoma baributswa ko kubyara abana bashoboye kurera ari ingenzi mu mibereho myiza y’umuryango kuko abana benshi batateganirijwe batera ikibazo mu muryango yaba mu burere, kubitaho ndetse no gukurikirana imibereho yabo.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugura impapuro nyemezamwenda (bond de tresor) ku bwinshi mu rwego rwo kwizigamira no gufasha leta gukomeza gukwirakwiza ibikorwaremezo mu gihugu cyose.