Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare mu karere ka nyagatare bavuga ko batitabira kubitsa amafaranga mu bigo by’imari kubera ko banki ari iz’abifite, abandi bo bemeza ko hari amafaranga aba ari macye kuburyo bitari ngombwa kuyajyana muri banki.
Banki nkuru y’igihugu irashishikariza abaturage mu karere ka Rulindo kugura impapuro nyemezamwenda zashyizwe ku isoko na Leta kuko zifasha byinshi ku bazazigura no ku gihugu muri rusange mu bijyanye no gutanga inyungu.
Abaholandi bayobowe na Christian Robergen wungirije minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubuholandi, basuye umuhinzi mworozi Ruzibiza Jean Claude, ufite kampani yitwa Rwanda Best ikora ibijyanye n’ubworozi bw’inkoko n’ubuhinzi biyemeza gukorana nawe mu gusakaza ubuhinzi bwa kijyambere mu baturage.
Abaturage bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera bahangayikishijwe no kuba hari amavomo amaze umwaka nta mazi ageramo, kandi nyamara amavomo y’abaturage ku giti cyabo yo ageramo amazi.
Abaturage bo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi nyuma yo kumurikirwa umunara wa Tigo ngo bagiye kujya bahamagara biboroheye ndetse banagure ibikorwa byabo by’ubucuruzi babashe kwiteza imbere.
Umusaza Cyakoki Bernard wo mu kagari ka Bwiyorere mu murenge wa Mpanga akarere ka Kirehe nyuma yo kwiyahura kuri uyu wa kane tariki 13/11/2014 abaturage bakomeje guterwa urujijo n’impamvu yamuteye kwiyahura.
Mu gihugu cy’Ubufaransa, umugabo ufite imyaka 55 yigize umunyamakuru w’ikinyamakuru cyitwa France Culture, kugira ngo akurikirane amaserukiramuco cyangwa amarushanwa y’indirimbo gakondo zishingiye ku muco muri icyo gihugu.
Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Tubane James ashobora kumara andi mezi abiri atagaragara mu kibuga nyuma yo kugira ikibazo cy’amaso gitumye kugeza ubu atari yaboneka mu mukino wa shampiyona w’ikipe ye.
Amakipe 14 ni yo agomba kwitabira isiganwa ku mugare rizenguruka igihugu cy’u Rwanda, nyuma yaho igihugu cya Algeria gitangarije ku munota ko kitacyitabiriye iri rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya gatandatu.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwsihyura mu karere ka Karongi rwahamije Munyemanzi Albert na Nzakamayimana Charles icyaha cyo gucuruza ibiyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, bahita bakatirwa amezi umunani y’igifungo, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Umuforomo witwa Barayavuga Jean de Dieu w’imyaka 42 y’amavuko wo mukigo nderabuzima cya Nyamata, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gushaka gusambanya umurwayi yararimo kuvura.
Abaturage bo mu mudugudu wa Njambwe mu kagari ka Murambi ho mu karere ka Rusizi bamaze imyaka ibiri bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kuba batabona inkunga bagenerwa na leta itangwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe bitewe n’uko umudugudu wabo wasimbutswe.
Mu gikorwa cyo gukangurira abakene kugira imitekerereze n’imigirire yo kwivana mu bukene, abanyamuryango ba Croix-Rouge y’u Rwanda mu karere ka Ngororero banasezeranyije abo baturage ko igihe cyose bari mu bibazo batazatereranwa.
Umushinga uhuza abashinzwe iby’ingufu ku rwego rw’isi w’impuguke zo muri Kaminuza ya Cambridge iri mu Bwongereza na Malaysia witwa Smart villages; uvuga ko ingufu z’amashanyarazi ku baturage ari ngombwa mu iterambere ryabo kurusha uko babitekereza, kandi ko bishoboka ko zaboneka biturutse ku bushake bw’abafata ibyemezo no (…)
Unuyobozi bw’intara y’Iburengerazuba burasaba komite nshya yatorewe kuyobora urugaga rw’Abikorera (PSF), kongera ingufu mu bufatanye no kubyaza umusaruro amahirwe iyo ntara ifite.
Abana bagera kuri batatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke barashinjwa gusambanya mugenzi wabo uri mu kigero cy’umwaka umwe.
Bamwe mu bakozi ba leta bakorera mu karere ka Gakenke baravuga ko ikiruhuko gisigaye gihabwa ababyeyi mu gihe bibarutse kidahagije, kuko babona ko uretse kuba hari ingaruka bishobora kugira ku mwana ngo bishobora kugira n’ingaruka ku muryango muri rusange.
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Rulindo baranenga imyitwarire ya bamwe muri bagenzi babo bagorobereza mu tubari, rimwe na rimwe bakarara mu gasozi kubera gukunda inzoga.
Bamwe mu batwara imodoka zijya cyangwa ava mu karere ka Nyaruguru barishimira ko muri aka karere hagiye kubakwa gare, kuko kuba nta yari ihari byajyaga bituma bakorera mu kajagari.
Itsinda ry’abacamanza bo muri Kenya bagiriye urugendo-shuli mu ishuli rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu karere ka Nyanza baje kwigira ku mikorere y’ubucamanza mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014
Abaturage batuye mu mirenge ya Muhororo, Gatumba, Bwira, Kavumu na Ndaro bishimiye ko bubakiwe ikiraro cy’abanyamaguru gikozwe ku buryo bwa gihanga. Icyo kiraro kiri ku mugezi wa Kirombozi, uri hafi y’imbibi z’imirenge ya Muhororo na Bwira.
Mu biganiro kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda abakozi b’akarere ka Nyaruguru bamazemo iminsi ibiri, abari muri ibi biganiro baratangaza ko iyi gahunda ifasha ababana bakora kumenyana, kugirango bafashanye komorana.
Abantu batanu bari bagiye gukura ingwa yo gusiga kunzu bagwiriwe n’ikirombe giherereye mu kagari ka Rukumba, umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi, bane muri bo bahita bapfa undi umwe arakomereka bikabije.
Guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni bimwe mu bituma ridacika burundu, nk’uko byatangajwe n’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese ubwo yamurikaga igitabo cy’imfashanyigisho igamije kurushaho gusobanura byimbitse ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi ishoboye kunganya n’ikipe ya kabiri ya Marooc mu mukino wa gicuti wabereye kuri sitade ya Complexe Sportif de FES, i Marrakech.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko kuba baramaze gusobanukirwa neza n’akamaro k’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), byatumye barushaho kwitabira gutanga umusanzu wabo ku buryo batakirembera mu rugo.
Mu Karere ka Karongi, muri iki cyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge bari mu biganiro bigamije kureba uko abaturage mu midugudu bumva gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo barebere hamwe ahakiri inzitizi n’icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda barusheho kwiyumva nk’ Abanyarwanda aho kwirebera mu ndererwamo z’ibibatandukanya.
Mu ruzinduko Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagiriye mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kwiteza imbere bagera kuri byinshi, abasezeranya ko ibyo bubatse nta muntu abanyarwanda bakwemerera ko abisenya.
Umukinnyi w’inyuma w’ikipe ya Espoir, Ndikumana Hamad Katauti ndetse n’umufasha we Oprah, batangaza ko bameranye neza mu rukundo aho kuva kuri uyu wa kane bari kumwe i Rusizi aho ikipe uyu mukinnyi akinira iherereye.
Itsinda ry’abasirikare baturutse muri Cote d’Ivoire, Senegal n’u Burundi bari bamaze ibyumweru bibiri bigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda ku guhangana n’icyorezo cya SIDA, bemeza ko batunguwe n’intera kigezeho n’uburyo gahunda z’ubuzima zikorana mu gisirikare.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Burera, Uwambajemariya Florence, arasaba abaturage kurwanya icuruzwa ry’abantu bita ku burezi bw’abana babo kandi batanga n’amakuru y’abo bazi bakora ibintu nk’ibyo.
Abaturage baturiye ikiyaga cya Kibare cyo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo cy’uko amazi y’icyo kiyaga bari basanzwe bavoma asigaye asa nabi, bagakeka ko biterwa n’isuri imanuka ku misozi ikiroha mu mugezi w’Akagera na wo wakuzura ukisuka muri icyo kiyaga.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya indwara zitandura kuri uyu wa 14/11/2014, abaturage bibukijwe ko atari ngombwa kujya kwisuzubimisha ari uko bumvise barwaye, ahubwo nibura bakajya bagana muganga rimwe mu mwaka.
Nyuma y’aho umuyobozi wa komisiyo y’igihugu y’itorero, Rucagu Boniface anengeye icyivugo cy’intore za Nyamasheke, kuri ubu ngo cyaba kigiye guhindurwa kugira ngo gihuzwe n’ibindi byivugo biri mu tundi turere tugize igihugu.
Abakozi bagize komite mpuzabikorwa z’uburere mboneragihugu bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kurushaho kwigisha abaturage kumenya inshingano zabo, kuko kugeza ubu hari abaturage batarasobanukirwa neza uko bagomba gukorana n’abayobozi bitoreye bagahora bagendera mu kigare no mu rujijo rwo kudasobanukirwa.
U Rwanda rwakiriye inguzanyo ingana na miliyoni 51$ z’amadolari y’Amerika yatanzwe n’igihugu cya Korea y’epfo (akabakaba miliyari 36 z’amafaranga y’u Rwanda), agamije kubaka ibikorwaremezo bitandukanye by’uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (UR).
Bosco Habumugisha wo mu Mudugudu wa Rutare, Akagari ka Buvumu, mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, aherutse gutanga imbabazi ku bangije imitungo y’ababyeyi be mu gihe cya jenoside. Izo mbabazi yatanze ku batazimusabye ni iz’amafaranga asaga ibihumbi 700 bagombaga kumwishyura.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) ryarangije kwemeza ko igihugu cya Guinée Équatoriale ari cyo kizakira igikombe cya Afurika cya 2015.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu karere ka Kirehe kuri uyu wa 14/11/2014, yasabye abaturage b’ako karere n’Abanyarwanda bose guhaguruka bagakoresha ubushobozi bwabo bakigobotora inkunga z’abagiraneza.
Imidugudu 850 mu turere twa Muhanga na Karongi niyo izafashwa mu bikorwa byo kuboneza imirire, mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana batarengeje imyaka ibiri, n’abagore batwite ku nkunga y’ubuholandi.
Ikipe ya AS Muhanga yo mu cyiciro cya kabiri ikomeje imyiteguro ya shampiyona y’iki cyiciro aho intego ari ukwifashisha abakinnyi bakomoka muri karere ka Muhanga yizera ko bazayifasha guhita izamuka.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Karongi rurasaba ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo imihigo rwihaye yo muri uyu mwaka wa 2014-2015 rushobore kuyesa 100%. Iyi mihigo y’urubyiruko rwa Karongi ngo isubiza ibibazo bizitira urubyiruko mu iterambere harimo ibyo mu bukungu, ubuzima, imibereho myiza, uburezi n’ikoranabuhanga.
Guhera mu mpera z’uku kwezi za Ugushyingo 2014, ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-South riri mu karere ka Huye rizatangira guhugura abantu mu myuga itandukanye mu gihe cy’amezi atatu kandi nta mafaranga bazatanga.
Abagize Forumu yo mu karere ka Ngororero yunganira ubuyobozi muri gahunda zitandukanye z’ubuzima, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abakobwa batwara inda bakiri bato ndetse n’ubwitabire mu kuboneza urubyaro bikiri ku rugero rwo hasi.
Ikipe ya Meubles Decarte yo mu gihugu cy’u Busuwisi ni yo yabaye iya mbere yo ku mugabane w’u Burayi mu kugera mu Rwanda ije kwitabira irushanwa rya Tour du Rwanda rigomba gutangira kuri iki cyumweru.
Abahinzi bo mu mirenge yose igize akarere ka Gatsibo, barasabwa kwitabira gahunda yo kwibumbira hamwe mu matsinda ya twigire muhinzi, kugira ngo babashe kugezwaho inyongeramusaruro ku buryo bworoshye bityo n’umusaruro wabo urusheho kwiyongera.
Mujawamariya Florentine na Akimanizanye Angélique nyuma yo kuva mu ishyamba rya Karehe muri Sud Kivu barishimira ko bageze mu Rwanda, gusa bakagira imbogamizi zo kumenya aho bari batuye kuko batacyibuka neza n’amazina y’ababyeyi babo.
Umushoramari witwa Uwineza Jean de Dieu wakoraga ibikorwa bitandukanye by’ubuhinzi, ubworozi, ubucuruzi ndetse akaba yari afite n’ibagiro rya kijyambere mu mujyi wa Nyamata, yaburiwe irengero nyuma yo kugenda atishyuye abamukoreraga ndetse n’abamugemuriraga ibikoresho bitandukanye.
Abarema isoko rya Kibare ryo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuhahirane hagati y’abaturage b’akarere ka Kayonza n’ab’intara ya Kagera muri Tanzaniya bugenda neza, ariko ngo haracyari ikibazo cy’uko ibyo abo ku ruhande rw’u Rwanda bohereza muri Tanzaniya bikiri bike.
Dr Vuningoma James, umunyamabanga uhoraho mu nteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco, yatangaje ko hagiye gutangizwa gahunda yo kubarura Inganda z’umuco mu Rwanda, hagamijwe kumenya umubare w’abantu bagize inganda z’umuco mu Rwanda, ikazafasha kandi guteza imbere umuco nyarwanda hashyirwa imbaraga mu kuzamura abahanzi, (…)