Bamwe mu bakozi biganjemo abakora akazi ko mu biro bibumbiye muri KUC (Karongi Unity Club) bavuga ko kuba bafata umwanya bagakora siporo bituma bashira amavunane aturuka ku kumara umwanya munini bicaye, bikanabafasha kwirinda indwara zimwe na zimwe ziterwa no kuba umubiri utabona imyitozo ngororamubiri.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bagaragarijwe amafoto yafashwe n’urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwiga mu mashuri yisumbuye no muri kaminuza ndetse n’urutiga afite ubutumwa butandukanye buganisha ku mahoro, rubishishikarijwe n’umuryango Never Again Rwanda binyuze mu marushanwa.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba muri aka karere nta bibuga by’imyidagaduro bihari ari imwe mu mpamvu zituma abana bari mu biruhuko ndetse n’urubyiruko muri rusange rwishora mu biyobyabwenge.
Umuryango Les Onze du Dimanche uhuza abakora siporo batabigize umwuga bo mu Karere ka Muhanga, Kuwa 21/12/2015, wahaye abana bato noheli ugamije gukangurira ababyeyi kwita ku bana babo no kubahuza ngo bafatanye kwishimira iminsi mikuru isoza umwaka.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Ngororero bakomeje kuvuga ko batishimiye amafaranga y’intica ntikize bongerewe ku mushahara wabo mu rwego rwo kubazamura mu ntera.
Abafashamyumvire mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gisagara bavuga ko kwigisha abaturage amategeko, inshingano zabo ndetse n’uburenganzira bw’abagize umuryango, ari bumwe mu buryo bwafasha mu gukumira ihohoterwa mu muryango.
Bamwe mu baturage bo mu muRenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bishimiye ikigo nderabuzima cyabegerejwe muri uyu murenge, ngo kuko bakuriweho imvune baterwaga n’ingendo ndende bakoraga bajya kwivuza.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Gishubi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko bishimira kuba bajya mu bandi bakungurana ibitecyerezo byo kwiteza imbere, kuko kera bitashobokaga kuko nta mugore wari ufite ijambo.
Tariki ya 22-08-2013 ni bwo uwari umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda na mugenzi we Angel Maria Villar wa federasiyo ya Espanye basinyanye amasezerano y’ubufatanye yiganjemo cyane cyane kuzamura ruhago y’abana aho bamwe mu bana b’abanyarwanda bazajya bajya mu mashuri y’umupira w’amaguru muri Espagne.
Bamwe mu bafatabuguzi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN bo mu karere ka Kayonza bavuga ko babangamirwa n’indirimbo zizwi ku izina rya Caller Tunes zumvwa n’umuntu ubahamagaye, bitewe n’uko izo ndirimbo baba batarazisabye kandi rimwe na rimwe ngo ntibamenya ko zahujwe n’imirongo [nomero] bakoresha.
Umushinwakazi w’umunyabugeni, Zhu Tian, yakoze inkweto ndende (haut talons) z’abagore, zisa n’uruhu rw’abantu, kandi ziriho ubwoya bw’abantu, zitwa « Babe ».
Abakecuru b’incike umunani bo mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe inzu ifite agaciro k’amafaranga y’ u Rwanda asaga miliyoni 41 yo kubamo.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Muyira, Akagari ka Nyundo mu Mudugudu wa Mugari habonetse gerenade eshatu ziri mu muferege hafi y’umuhanda, ariko bigaragara ko zimwe muri zo zari zishaje.
Ishami ry’urwego rw’umuvunyi rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abakozi ba Leta riratangaza ko amakuru akenewe n’umunyamakuru cyangwa umuntu wese ushaka kumenya amakuru agomba gutangwa nta yandi mananiza.
Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda iraburira abantu batsindwa imanza ntibishyure ibyo batsindiwe ko bakwiriye kwishyura vuba na bwangu kandi ku neza, bitaba ibyo bakitegura inkundura yo kubishyuza ku ngufu ibyo batsindiwe bizajya byiyongeraho ikiguzi cy’abaje kubishyuza ku ngufu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yanenze Sony Pictures Entertainment, ikigo cyo muri icyo gihugu gitunganya Filimi, kuba cyarahagaritse kwerekana Filimi “The Interview”, ivuga ku iyicwa rya perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un.
Abagore bibumbiye muri Koperative “COVAMAYA Imirasire” y’ababoshyi b’uduseke ibarizwa mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera baratangaza ko kumenya gusoma no kwandika byatumye bongera umusaruro ukomoka mu bikorwa byabo kuko batakibura amasoko kandi mbere barayatakazaga.
Umunyamerika w’imyaka 46 yarashwe n’imbwa ye mu kuboko kw’ibumoso bimuviramo kujya mu bitaro, ku bw’amahirwe ntiyakomereka bikabije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko mu minsi ishize indwara ya Sida yari ihangayikishije cyane kuko wasangaga ihitana umubare w’abantu batari bacye cyane cyane ku mugabane wa Afurika, gusa kuri ubu ngo ntibikiri ikibazo cyane kuko usanga bamaze no gusobanukirwa n’ububi n’uburyo bashobora kwirindamo virusi (…)
Nkurunziza Gaston umukinnyi wa filime n’amakinamico nyarwanda utuye mu mujyi wa Kigali avuga ko Sinema mu Rwanda ikiri kure, ariko akizera ko izagera ku rwego rushimishije biturutse ku bakinnyi bagenda bagaragaza impano zidasanzwe muri uwo mwuga.
Abaturage batuye Umurenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe cyane cyane urubyiruko barishimira ko nibabona amashanyarazi bizabakura mu bukene kuko bazihangira imirimo isaba ingufu z’amashanyarazi bityo bakagera ku iterambere.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Stephen Constantine asanga ikipe ye yitwaye neza ku mukino yanganyijemo n’Abarundi 0-0 ariko akavuga ko ari ngombwa ko bakina imikino myinshi nk’uwo ngo bazamure urwego rw’imikinire.
Umubyeyi Nyirahabimana Esther w’imyaka 45 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Nyakarekare, Akagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, aravuga ko ahangayikishijwe cyane n’abana be bakomeje guta urugo kubera ingaruka z’amakimbirane aterwa n’umugabo we umuca inyuma.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo basanga umunsi wa Noheri ari umunsi nk’iyindi dore ko hari n’abatawizihiza bakigumira mu mirimo yabo isanzwe ya buri munsi, ahubwo bakizihiza ubunani kuko baba bishimira ko barangije umwaka bahumeka umwuka w’abazima.
Umuryango utabara imbabare wa Croix-y’u Rwanda ukomeje koroza imiryango itishoboye muri gahunda ufatanyamo na leta mu kuzamura abaturage.
Mu mvura yaguye ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki ya 19/12/2014, mu Karere ka Rulindo inkuba yakubise umuntu ahita apfa.
Umuhinzi w’ibihumyo witwa Eularie Dusenge utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gahanga, avuga ko umurimo wo guhinga ibihumyo yiyemeje gukora kuva mu mwaka w’2010, umutunze kandi ukaba umuha amafaranga yenda kungana n’ay’umwarimu warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0).
Hakizimana Soter Céléstin, umunyarwanda uba mu gihugu cya Niger aratangaza ko akurikije uko u Rwanda rumaze gutera imbere asanga nta mpamvu yatuma umunyarwanda akomeza kwitwa impunzi.
Urubyiruko rw’umuryango Barakabaho Foundation rwakoze umuganda ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyateguwe n’uyu muryango warenze benshi muri bo bari impfubyi abandi bandagaye nyuma ya Jenoside ubwo uyu muryango washingwaga.
Inama ya Biro politike y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 20/12/2014, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiye ingamba zikomeye bamwe mu banyamuryango babonwa nk’abataye umuco, yiyemeza gushyira ingufu mu kuzamura ubukungu, umutekano, ubuzima bwiza n’iterambere ry’Abanyarwanda (…)
Pierre Tuyizere w’imyaka 30 wo mu kagari ka Buranga mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke kuri ubu ari mu maboko ya Police akurikiranweho gufata ku ngufu umucecuru w’imyaka 65 witwa Reniya Nyanzira nawe wo mu kagari ka Buranga muri uyu murenge wa Nemba.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara bavuga ko batishoboye ariko ubufasha bwo kubakirwa bukaba bwaratinze kubageraho mu gihe ahandi mu Rwanda hagenda hagaragara ibikorwa byo kubakira abatishoboye, barasaba ko bwakwihutishwa kuko babayeho nabi.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge iherereye mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baratangaza ko ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda bakuramo inda kigenda kirushaho gukaza umurego uko iminsi igenda icyanamo, aho bavuga ko ahanini giterwa nirari ry’ikigihe kimwe n’umuco wo kudahana abana.
Abagore bo mu murenge wa rukara mu karere ka Kayonza bihaye gahunda yo gufashanya gutura heza, ibyo bakaba babikora bareba bamwe muri bagenzi babo bafite inzu zatangiye gusaza bakajya kubaha umuganda wo kuzikurungira no kuzisubiriza.
Mu gihugu cya Irlande umugore usa n’uwapfuye kubera ko ubwonko bwe butagikora, abaganga biyemeje kumufasha gukomeza kubaho kubera ko atwite n’ubwo ababeyi b’uwo mugore batabyemera.
Hateguwe umunsi uzahuza urubyiruko n’ibindi byamamare mu Rwanda wiswe Mirror Day, mu rwego rwo kubafasha gusuzima amaso inyuma y’ibyo baciyemo kandi bakishimira ibyo bagezeho byiza ari nako bishimana n’umuryango Nyarwanda.
Niyonsenga Jean Damascene na Uwimana Fransoise batuyemudugudu wa Taba akagari ka Shangi, umurenge wa shangi mu karere ka Nyamasheke, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga, bashinjwa guteka umutwe kuri mukuru wabo bakamurya amafaranga bamubwira ko bazamujyana mu bacunga umutekano bazwi nka Dasso.
Mu gihe cy’ibyumweru bitatu urubyiruko ruri mu biruhuko rumaze rwitabira urugeroro, ruravuga ko rumaze gutozwa ibintu byinshi rubano ko bizarugirira akamaro imbere hazaza, rugashimira cyane uwazanye gahunda yo guhuriza hamwe urubyiruko mu gihe cy’ibiruhuku.
Ihuriro ry’imiryango ya Sosiyete Sivile ku rwego rw’Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’iburasirazuba (EACSOF), risobanurira ibyiciro bitandukanye by’Abanyarwanda imikorere y’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’inyugu bafite mu kubyaza umusaruro imigenderanire n’ubuhahirane byoroherejwe mu bihugu biwugize.
Bamwe mu bayobozi ba SACCO zo mu karere ka Burera batangaza ko hari bamwe baka inguzanyo muri ibyo bigo by’imari bakingingirwa kuzishyura bamwe bo ngo bakanangira ntibazishyure kandi ngo bafite ubushobozi bwo kwishyura.
Umukinnyi usiganwa ku magare mu Rwanda Ndayisenga Valens ari mu bakinnyi batanu banyuma bazatoranywamo umukinnyi w’umunya Afurika witwaye neza mu magare muri 2014.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasabye abantu guhora biteguye guhangana n’ibibazo byaba iby’abanyarwanda ubwabo cyangwa ibiterwa n’abandi, aho we yijeje ko kubera ubutwari bwaranze imikorere y’abanyarwanda “nta n’umwe washobora kubambura uburengenzira bwo kubaho”.
Abaturage mu karere ka Rutsiro bakurikiranye inama y’igihugu y’umushyikirano yasojwe kuri uyu wa 19/12/2014 bishimiye imyanzuro yayivuyemo basaba ko umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yazakurikirana ishyirwa mu bikorwa byayo.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye abasore babiri aribo; Musemakweri David w’imyaka 25 y’amavuko na Nkurunziza Jean Marie w’imyaka 23 y’amavuko, nyuma yo gufatanwa ibikoresho bitandukanye byagiye byibwa mu mazu y’abaturage.
Mu Kagari ka Ruronde mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro haturikirijwe igisasu cyari cyaratezwe n’abacengezi, kuwa gatanu tariki ya 19/12/2014 ku isaha ya saa sita n’iminota 50 z’amanywa.
Abanyarwanda basanzwe mu mirimo itandukanye mu gihugu basoje amahugurwa yateguwe n’ingabo z’igihugu (RDF) ku gutegura amahugurwa n’uburyo utanga amahugurwa agomba kwitwara kugira ngo ubumenyi atanga bwumvikane.
Ahishakiye Anaclet w’imyaka 22 y’amavuko uvuka mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga yafashwe n’abashinzwe umutekano mu rukerera rwo ku wa 19/12/2014 yiba insinga z’amashanyarazi mu Mujyi wa Nyanza, babiri bari kumwe nawe baracika.
Abaturage bafite amatungo mu kagari ka Rusura mu murenge wa Busasamana bavuga ko bacyeneshejwe no guturira ikibaya kibagabanya na Kongo kirimo abasirikare bababira amatungo, mu gihe iki kibaya cyagombye kubafasha guteza imbere ubworozi.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe batewe ubwoba na malariya ikomeje gufata indi ntera muri aya mezi atatu ashize.