Abantu batatu bo mu Mudugudu wa Gisagara mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke bagwiriwe n’umusozi ubwo bari bagiye kuvoma mu nsi yawo bahita bitaba Imana.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rutunganya Kawa rwagabiye abahinzi baruzanira Kawa, inka, ibikoresho ndetse n’agahimbazamusyi k’amafaranga, mu rwego rwo gusangiza abahinzi ba kawa ku nyungu babonye mu ikawa babaguriye bakayitunganya hanyuma bakayijyana ku isoko mpuzamahanga.
Nubwo terefone zizwi mu gufasha abantu mu itumanaho bikoroshya akazi, abakozi bakorera mu karere ka Gicumbi baravuga ko kuvugira kuri terefone umwanya munini bituma hadatangwa servise nziza.
María Alejandra Samaniego, umugore wo mu gihugu cya Kolombiya, kubera umujinya udasanzwe yanditse ibitutsi bitabarika ku modoka y’umunzi we babanaga nyuma yo kumufata aryamanye n’undi mugore.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abakiriya bayo ko yungutse miliyari 14.1 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka wa 2014, ndetse ko mu gihembwe cya gatatu cyawo nacyo cyavuyemo inyungu ya miliyari 4.2 RwF; mu gihe izindi banki zikorera mu Rwanda ngo zitabonye inyungu nk’iyo.
Ingabo z’u Rwanda zivuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfour muri Sudan zirashimwa ibikorwa byiza zisizeyo birimo kurihira abana amashuri, guhuza impande zombi zishyamiranye n’ibikorwa by’umuganda byose byiyongera ku nshingano nyamukuru yazijyanye yo kirinda umutekano.
Abasore bane bari abarwanyi ba FDLR n’abana babiri bakoranaga na bo, kuri uyu wa 27/11/2014 bahisemo gutahuka mu Rwanda aho kujya Kisangani aho abandi barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi bajyanwe mu nkambi yabateguriwe.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyumba mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye buratangaza ko bwasanze gukorana n’inzego z’abagore mu gukusanya imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitanga umusaruro.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mudugudu wa Mukamba mu Kagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, kuwa 26/11/2014 basinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umurenge wa Byumba mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere no guhindura imyumvire ikirangwa muri iyi miryango.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA) ku bufatanye n’Ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisiti rya Kigali (INILAK) batangiye kwigisha abagize amakoperative yo mu Rwanda, mu rwego rwo kuyarinda gusenyuka bitewe n’ubumenyi buke mu micungire yayo.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi (UCI) yasohoye urutonde rw’uko abakinnyi bakurikirana ku mugabane wa Afurika, aho umunyarwanda Ndayisenga Valens aza ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gutwara Tour du Rwanda.
Ishyirahamwe nyarwanda ry’abanyamakuru (ARJ) ryamenyesheje Urwego rw’Umuvunyi hamwe n’urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) ko n’ubwo hagiyeho itegeko ryerekeye kubona amakuru, hakiri ikibazo cy’inzego zimwe na zimwe zititabira gusubiza umunyamakuru usabye kuvugana nazo.
Abantu basanze umurambo w’umugabo mu kiyaga cya Kivu ariko kugeza na n’ubu ntiharamenyekana icyamwishe.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera ngo bafite ikibazo cy’itumanaho rya telefone ritameze neza kubera ko mu duce dutandukanye two muri uwo murenge nta rezo ya telefone ihagera.
Inzego zinyuranye zirasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umugezi wa Sebeya kuko ufitiye runini igihugu haba mu gutanga amazi akoreshwa ahantu hatandukanye ndetse no mu gutanga umuriro w’amashanyarazi.
Mu Kagali ka Kiruhura gaherereye mu Murenge wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, bahagurukiye kurandurana ku buryo bwihuse ibibazo bya hato na hato bikunze kuvuka hagati y’abaturage, bikunze kuba intandaro yo kugirirana nabi.
Mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, haracyagaragara abaturage bafite umwanda mwinshi haba ku mubiri cyangwa ku myamboro, bamwe bakavuga ko babiterwa n’ubukene abandi bakavuga ari imyumvire ikiri hasi, bagasaba ubuyobozi gukora ubukangurambaga butandukanye.
Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (National Cooperatives Confederation of Rwanda/ NCCR ) rwatoye abayobozi bashya, bashyize imbere guhangana n’ikibazo cy’abigwizaho imitungo y’abanyamuryango ba za koperative.
Umuryango Mpuzamahanga udaharanira inyungu ushingiye ku myemerere “Women Foundation Ministries” ukaba ugamije gukomeza imiryango binyuze mu gufasha abagore urategura igikorwa ngarukamwaka cyo gushima Imana (Thanks Giving) kigiye kuba ku nshuro ya munani.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu Karere ka Kayonza barasabwa kugaragaza uruhare rwa bo mu iyubakwa ry’amazu bazatuzwamo. Amazu bubakirwa yubakwa n’umuganda rusange w’abaturage, ariko rimwe na rimwe abubakirwa ntibagaragara muri bene uwo muganda.
Ikipe y’igihugu y’abagore y’umukino wa Sitting Volleyball yatsinze Misiri seti eshatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri petit stade Amahoro.
Abakozi bashinzwe imibereho myiza y’abarturage mu turere 10 twakira kurusha utundi Abanyarwanda batahuka bava mu buhunzi, bari kwibutswa uburyo bakwiye kujya baha ikaze Abanyarwanda batahuka bakanabafasha gusubira mu buzima busanzwe.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi”, ikomeje kuzamuka ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), aho urwasohotse kuri uyu wa kane tariki ya 27/11/2014 ruyisize ku mwanya wa 90 ku isi.
Umukino wahuzaga amakipe abiri yo muri Mombasa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa kabiri, wahagaritswe utarangiye nyuma yaho abafana bashinjije bagenzi babo gukoresha amarozi ngo batsinde.
Ubwo abakozi 14 bari bamaze kwinjira mu kirombe kiri mu murenge wa Muhanga saa sita tariki 26/11/2014, umusozi wabaridukiyeho bageze muri metero umunani batatu bahasiga ubuzima.
Abagenzi b’Abarusiya bari bateze indege kuru uyu wa gatatu tariki 26 Ugushyingo 2014 ngo byabaye ngombwa ko babanza gusohoka bagasunika indege kugira ngo ishobore guhaguruka.
Bamwe mu bahejejwe inyuma n’amateka batuye mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe mu mibereho yabo ku buryo ngo batagishaka kwirirwa mu byondo babumba.
Umugabo witwa Munyaneza Athanase uri mu kigero cy’imyaka 26 yafashwe n’abaturage bafatanyije na polisi afite urusinga rureshya na metero 15 n’igice bivugwa ko rwari rugenewe kugeza amashanyarazi kuri santeri y’ubucuruzi ya Ntendezi no ku kigo cya Leta gishinzwe ibijyanye n’ubuhinzi (RAB) kiri mu Murenge wa Ruharambuga.
Depite Nyiragwaneza Athanasie arasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana guhinga igihingwa cya Soya ku bwinshi kuko ifite isoko rikomeye ry’Uruganda Mount Meru Soyco ruri mu karere ka Kayonza rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa.
Abaturage 72 batishoboye bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa 26/11/2014, binyuze mu giterane “Murambi Shima Imana”, bahawe abishingizi muri gahunda ya “parrainage” igamije gufasha abaturage batishoboye kuva mu bukene bwaba ubwo mu mutwe cyangwa mu mitungo.
Abarwanyi ba FDLR 28 n’abagize imiryango yabo 62 bagomba kujya Kisangani tariki ya 26/11/2014 bagejejwe Kanyarucinya hafi y’umujyi wa Goma hasanzwe ikigo cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yizwa intwaro, DDR (Désarmement, Démobilisation et Réinsertion).
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ngo bahangayikishijwe n’umuntu wiyita umuvuzi gakondo uvura amagini, nyabingi n’ibindi kuko ngo abaca amafaranga menshi, kandi ngo bamwe batangiye gutahura ko uwo muvuzi ari umutekamutwe.
Niyogushimwa Benjamin w’imyaka 2 wo mu Mudugudu wa Rubayi mu Kagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamashe yitabye Imana aguye mu mwobo ufata amazi yo ku nzu.
Abakuriye umushinga Higa ubeho wakoreraga muri USAID washoje ibikorwa byawo mu Karere ka Kamonyi, barishimira ko usize abagenerwabikorwa bungutse ubumenyi bwo kwirwanaho. Ni nyuma y’imyaka itanu ishize uyu mushinga ufasha abatishoboye kugera ku iterambere ry’imibereho myiza n’iry’ubukungu.
Abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza, umwe usanzwe ayobora akagari ka Myiha mu Murenge wa Muhororo ubu ari mu maboko y’ubutabera, naho undi wo mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda akaba yaratorotse ajyanye n’amafaranga akurikiranyweho.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhashya buratangaza ko babashije kurwanya ubujura bw’inka babikesha guhoza ijisho ku bakekwaho kuba ari bo biba. Ni nyuma y’uko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Huye hagiye haboneka ubujura bw’inka bukabije mu minsi yashize.
Bamwe mu borozi bororera mu karere ka Kayonza ngo barinubira ubujura bw’inka bumaze iminsi bugaragara muri ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, barishimira isanwa ry’ikiraro cyo ku mugezi wa Karuruma ngo kuko mbere kitarasanwa bahuraga n’ingorane mu kugeza umusaruro wabo w’ubuhinzi ku isoko.
Nubwo hari ababyeyi bamaze gusobanukirwa na gahunda yo kwita ku mwana bamugenera ifunguro ryuzuye, haracyari ikibazo kuri gahunda y’imbonezamikurire aho umwana agomba kubuzwa ikibi hadakoreshejwe inkoni usanga itaracengera mu babyeyi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko imbuto y’imyumbati bahawe yaje mu mirenge imwe n’imwe naho ikaba nke ku buryo hari imirenge itageze mo, kandi ngo bari bateguye intabire zo guhingamo none zibereye aho.
Abagore babiri Joselyne Mukandayizera na Claudine Ingabire bafungiye kuri sitasiyo ya Police i Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi bakaba bemera icyaha bavuga ko babyinjijwemo n’abasanzwe bacuruza ibyo biyobyabwenge.
Urugaga rw’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rutsiro rwemeza ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda muri rusange imaze gushinga imizi muri ako karere gusa ngo haracyari imbogamizi zirimo kutagira imfashanyigisho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/11/2014 Abaturage batunguwe no kuza kurema isoko nk’uko bisanzwe mu ga santere ka Gisiza mu murenge wa Musasa ho mu karere ka Rutsiro batungurwa no gusanga ryafunzwe.
Umwana witwa Kwizera uri mu kigero cy’imyaka 2,5 kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2014 yaguye mu mugezi wa Kamiranzovu aho bakunda kwita ku Gisenyi mu murenge wa Kagano ahita apfa.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Mudugudu wa Rugeyo ya Kabiri mu Murenge wa Mwili wo mu Karere ka Kayonza baravuga ko bafite inzara bagasaba inzego z’ubuyobozi kubagoboka.
Abasirikare 10 ba Monusco bakomoka mu gihugu cya Ukraine hamwe n’umunyekongo umwe ubasemurira bafatiwe ku kibuga cy’indege cya Goma bafite imyenda y’abasirikare barinda perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014.
Abasirikare 75 baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba bashinzwe kuyobora abandi basirikare batoya kuri uyu wa 26/11/2014 basoje amahugurwa bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo.
Inzira ya Gari ya moshi izagera mu Rwanda izaturuka mu ntara ya Bihanga muri Uganda ikanyura i Mbarara igakomeza Kagitumba igera i Kigali, mbere yo gukomeza mu Burundi.
Mu bari barashakanye batandukana muri iki gihe, hagenda habonekamo abo bivugwa ko bafashijwe na bagenzi babo kwiga, hanyuma bamara kubona akazi bagasaba ubutane.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014, biteganyijwe abarwanyi ba FDLR bari Kanyabayonga bajya Kisangani baciye ku kibuga cy’indege cya Goma.