Leta ya Kongo yagaragaje itangazo rivuga ku gikorwa cya FDLR cyo gushyira intwaro hasi ku bushacye, igikorwa inenga uburyo cyagenze.
Gucururiza hasi mu muhanda bishobora guteza impanuka bamwe mu bagenzi, bikanabangamira uburyo bwo kugenda mu muhanda, kuko abagenzi babura aho bahigamira imodoka bitewe n’imyaka iba idanditse hasi mu muhanda.
Ku muganda usoza uwanyuma w’ukwezi umwe mu baturage battari bitabiriye umuganda uzwi ku izina rya sembweni Laurent, yatukanye n’umukuru w’umudugudu bapfa ko amubajije impamvu atitabiriye umuganda.
Mu rwego rwo kubaka ubushobozi bw’abaturage ngo babashe kugira imibereho myiza, ibitaro bya Munini biri mu karere ka Nyaruguru byashyize imari mu murenge SACCO, “Wisigara Munini” bituma icyo kigo cy’imari kibasha guha inguzanyo abaturage biteza imbere.
Abakiriya bagana banki y’abaturage ishami rya Rutsiro barinubira ko icyuma gitanga amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga kizwi ku izina rya ATM kimaze hafi ibyumweru bibiri kidakora bityo bakaba babangamiwe no kutabonera amafaranga igihe.
Mu karere ka Kamonyi muri iki gihembwe cy’ihinga A hagaragaye uburwayi bwa Kabore n’ubwa Mozayike bwibasiye igihingwa cy’imyumbati, ku buryo irenga 90% yose yari ihinze ku buso bwa hegitari ibihumbi 15 yarwaye yose mu mwaka ushize wa 2014.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba muri aka karere nta mashuri y’inshuke ahagije ahari ngo bituma abana bagejeje igihe cyo kwiga babura icyo bakora bakirirwa bazerera.
Nyuma y’uko ubwato bukoze mu mbaho bwari butwaye abantu bavaga mu murenge wa Rugarika berekeza mu wa Mageragere, burohamye muri Nyabarongo; abantu 11 nibo barohowe ari bazima na ho abandi basaga 12 ntibaraboneka.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko nubwo begerejwe umuyoboro w’amazi meza, baheruka kuwuvomaho bakiwufungura kuburyo ngo babona ntacyo ubamariye muri iki gihe kuko nta mazi ukibaha.
Mu migitambo cya misa ya gatatu yaberaga kuri paruwasi Gatorika ya Byumba abakirisitu bitabiriye gutura Imana amaturo atandukanye bayishimira ibyo yabakoreye mu mwak wa 2014.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baratangaza ko muri iyi minsi mikuru basanga hari ibyahindutse ku bijyanye n’ibiciro by’imyaka ku masoko.
Mu gihe ubwinshi bw’abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Kirehe bukomeje gufata indi ntera, Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere ikomeje kubagwa gitumo aho mu mpera z’umwaka wa 2014 yafatanye ibiyobyabwenge abagera kuri 18 bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Kirehe.
Itsinda rihuriweho n’intumwa zihariye mu karere k’ibiyaga bigari zigizwe n’umuryango wabibumbye, Martin Kobler uyobora MONUSCO, Boubacar Diarra uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’Afurika, Koen Vervaeke uhagarariye umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Russell D. Feingold uhagarariye Amerika na Frank de Coninck uhagarariye u (…)
Abatuye mu duce twa Nyamirambo kugera Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bamaze amasaha atatu y’umugoroba wo kuwa 02/01/2015 mu mwijima, nyuma y’uko ikigo EUCL gifunze umuriro ngo umusore witwa Sibomana wari wuriye icyuma gisakaza amashanyarazi adafatwa n’umuriro w’amashanyarazi.
Ikigo ngezuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali no kujya mu zindi ntara byagabanutse, ariko uburyo byahindutse ngo bukazasobanurwa ku wa mbere, hanyuma bitangire gukirikizwa ku wa kabiri tariki 06/01/2014.
Abagabo batatu bari mu maboko ya polisi bakekwaho ubufatanyacyaha mu gikorwa cyo kwinjiza ibicuruzwa bya magendu bigizwe n’inzoga hamwe n’amavuta yo kwisiga.
Abakirisitu Gatorika bo mu Karere ka Gicumbi bishimiye uburyo umunsi w’Ubunani usoza umwaka wa 2014 ndetse unatangira uwa 2015 wagenze, kuko nta mvura yaguye ngo ibabuze kuwizihiza.
Umuvugizi wa polisi y’Igihugu akaba anakuriye ubugenzacyaha mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Superintendent (CSP) Hubert Gashagaza aratangaza ko umutekano muri rusange wagenze neza mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2014 mu turere twose two muri iyi Ntara.
Viviane Mukampore, umuhinzi wabigize umwuga wo mu karere ka Huye, aratangaza ko ubuhinzi bushobora gutunga umuntu aramutse abugize umwuga.
Kapiteni w’ikipe ya Liverpool Steven Gerrard yarangije kwemeza ko uyu mwaka ari wo wanyuma akiniye ikipe yamureze kuva ari muto, ku cyo yise icyemezo gikomeye mu buzima bwe bwose.
Abarwayi bivuriza ku bitaro bya Nyagatare barinubira serivise bahabwa cyane aho bishyurira ngo babone imiti cyangwa babarisha bava mu bitaro.
Abavandimwe bavukana kuri se na nyina babyutse barwanira isambu umwe ashaka kwivugana undi ngo amukubite isuka yahingishaga ariko Imana ikinga ukuboko ntiyamuhitana.
Bamwe mu bagize imiryango y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR batashoboye gutaha mu Rwanda cyangwa kujya mu nkambi ya Kanyabayonga, kuva tariki ya mbere batangiye kwishyira mu maboko ya MONUSCO kugira ngo bajyanwe mu nkambi ya Kanyabayonga batazagerwaho n’imirwano ishobora kuba mu guhashya FDLR.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye imyitozo ikaze kuri uyu wa 02/01/2015 yitegura isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu cya Misiri (Tour Of Egypt) riteganyijwe muri uku kwezi kwa mbere.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no kurwanya umwanda mu baturage, akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo kubaka ibimoteri 1676 mu karere hose, aho muri buri mudugudu hazubakwa ibimoteri bine.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bya gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12ybe) byo mu Karere ka Huye bavuga ko hari abanyeshuri bangiza ibikorwaremezo byo ku mashuri bigaho, batumwa ababyeyi kugira ngo bazabirihe bagahitamo guta ishuri. Icyo gihe igikurikiraho ngo ni ukujya kwingingira umunyeshuri kugaruka.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Mukingi akagari ka Rwinyana mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke uri mu muryango w’abaturanyi babo.
Mu igenamigambi ry’akarere ka Ngororero, ingo 51,240 zingana na 70% by’ingo zose zituye aka karere zigomba kuzaba zikoresha imbuto z’indobanure kandi bakazihinga ku buso buhujwe hakurikijwe igihingwa cyatoranyijwe muri buri gace.
Bagirinshuti Jean Baptiste ukorera isosiyete ya Airtel ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amakarito 53 y’inzoga yitwa Zebra Waragi ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu modoka y’akazi.
Umurambo w’uwitwa Nzabamwita Protais w’imyaka 50 wari umaze hafi icyumweru baramubuze, umurambo we bawusanze mu kirombe mu mudugudu wa Gitarama akagali ka Bugina ,mu murenge wa Gihango hpo mu karere ka Rutsiro.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro iranenga akarere uburyo gakomeje gushorwa mu manza na ba rwiyemezamirimo kubera amadeni kababereyemo, inama njyanama isaba ko habaho ibiganiro kugirango iki kibazo gikemuke.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kwizihiza umunsi mukuru w’ubunani kuko baba bahaye agaciro cyane umunsi wa Noheri, bityo bigatuma ari wo bizihiza cyane kurusha ubunani.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon avuga ko mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2014-2015, igice kinini cy’abaturage kingana na 80% bagomba kuzaba batuye mu midugudu, kandi ngo ubukangurambaga bwaratangiye.
Abakuru b’imidugudu 617 yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bitangiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bazi ko bazayasubizwa none kugeza n’ubu ngo ntibarayabona.
Abayobozi batandatu bakora muri serivisi zitandukanye bafashwe n’inzego z’umutekano bakekwaho gukoresha nabi amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Ntambara Jean Damascene w’imyaka 22 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Remera, Akarere ka Ngoma, yafatiwe mu mujyi wa Kigali akekwaho kwica umusaza Bihayiga Augustin wo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare yakoreraga amuziza amafaranga.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bakomeje kubabazwa n’uko akarere kabo nta bikorwa by’iterambere bahabona ndetse hari ibyo bizezwa n’abayabozi bakabitegereza bagaheba, bakibaza ikibitera mu gihe mu yindi mijyi y’uturere baturanye babona ihora izamuka uko bwije n’uko bukeye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’i Burengerazuba irashima uburyo abaturage bitwaye mu bihe bisoza umwaka wa 2014 no gutangira umwaka wa 2015, kuko nta byaha byinshi byagaragaye uretse umugore umwe wakubiswe n’abantu bataramenyekana mu Karere ka Ngororero akajyanwa mu bitaro, hakaba hari gukorwa iperereza.
Urusengero rw’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ruherereye mu Kagari ka Nyangwe mu Murenge wa Gahunga ho mu Karere ka Burera, rwagwiriye abakirisitu bane bahita bitaba Imana mu gihe abandi 24 bakomeretse, mu gitondo cyo kuwa Kane tariki 1/1/2015.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi Meddie Kagere yarangije gusezererwa n’ikipe yakinagamo ya Klubi i Futbollit Tirana kubera umusaruro muke yagaragaje nyuma y’amezi atandatu yonyine yerekeje muri iyi kipe yo muri Albania.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abagatuye kwirinda ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2015 kugira ngo gahunda Leta yihaye zigamije iterambere rishobore kugerwaho.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi barasabwa kwitwararika bagatangira umwaka neza badakora ibikorwa byatuma bahungabanya umutekano.
Abayoboke b’idini Maranatha Paruwase Gasharu rikorera mu Mujyi wa Muhanga, mu Karere ka Muhanga, barashinja ubuyobozi bwa Paruwase yabo kunyereza amafaranga y’impano agenerwa abana babo mu munsi mikuru ya Noheli n’ubunani.
Tariki ya 31 Ukuboza buri mwaka ni umunsi uba utegerejwe n’abantu benshi bishimira ibyo baba baragezeho mu mwaka ushize, cyangwa se bababajwe n’ibibi byababayeho, banateganya kwinjira mu mwaka mushya n’imigabo n’imigambi inyuranye.
Umwaka wa 2015 uratangiye, umwaka abakunzi b’imikino mu Rwanda bahanze amaso ko ushobora gukomereza ku byiza byagaragaye mu wo twaraye dusoje. 2014 muri rusanjye yabaye nziza mu mikino mu Rwanda, aho Volleyball, Amagare n’umupira w’amaguru bigaragaje bihagije. Dore bimwe mu bihe by’ingenzi byaranze uyu mwaka twasoje.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Gatsibo butangaza ko mu nka zari zibwe izigera kuri 19 zatangiye gusubizwa ba nyirazo, eshanu muri zo zikaba arizo zimaze gutangwa. Ni mu gihe hari hamaze igihe havugwa ubujura bw’inka muri aka karere.
Mu Karere ka Muhanga hakomeje kugaragara abakobwa babyarira mu ngo iwabo kubera gutwita inda zitateguwe, bigatuma abana bavuka batitabwaho uko bikwiye kuko ba nyina nta bushobozi baba bafite bwo kubitaho.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha wabaye kuwa kabiri tariki 30/12/2014, Muzungu Gerald uherutse gutorerwa kuyobora Akarere ka Kirehe yatangaje ko atagiye gutangirira ku busa ahubwo agiye gukomereza kuby’abamubanjirije.