Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma buributsa abahinzi ko bagomba kuvuza ibihingwa byabo indwara zinyuranye kugira ngo babashe kongera umusaruro.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara ruravuga ko kwiga imyuga rukaba rwaranatangiye kuyibyaza umusaruro biruha kwizera ko ejo harwo hazaba heza kurushaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bakibangamiwe n’uburyo bwo gukora ingendo ndende n’ubwikorezi hagati y’umujyi wa Huye n’akarere kabo kuko nta modoka zitwara abagenzi zihari.
Senateri Mukasine Marie Claire aranenga uburyo hari bamwe mu baturage batita ku mashyamba yabo kandi ariyo afatiye runini ibinyabuzima byinshi nabo ubwabo.
Igitego cya Sunrise ku munota wa 79 cyatumye iyi kipe inganya na Rayon Sports igitego 1-1 bituma Rayons Sports itungukira ku gutsindwa kwa APR FC ngo ibe yarangiza umunsi wa cyenda ari yo iyoboye shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Abayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, baratungwa agatoki mu kuba inyuma y’abakoresha bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge ndetse bakanaha icyuho ruswa, gusa abenshi muri bo bakabihakana.
Umuryango mpuzamahanga uhuza imijyi ifite icyerekezo cyo kubungabunga ibidukikije (ENO Progamme) washyize umujyi wa Nyanza uherereye mu Ntara y’Amajayepfo y’u Rwanda ku rutonde rw’imijyi itoshye ku isi (Green Cities)muri uyu mwaka wa 2014.
Ubuyobozi n’abaturage b’akarere ka Nyanza bakomeje gukora ibishoboka byose ngo umujyi waho urusheho gukurura Bamukerarugendo maze bajye bakirwa n’umwuka mwiza wuzuyemo amafu n’amahumbezi aterwa n’ibiti byatewe.
Bwanakweri Samuel na Ntaganzwa Yotam bafungiwe kuri station ya polisi ya Nyagatare bakekwaho ubujura bw’inka. Ubuyobozi bwa Polisi busaba abantu bacuruza inyama kujya babaga inka bafitiye ibyangombwa by’ubugure.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rugwiza Umurenge wa Rugendabari barinubira kuba ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG (Rwanda Energy Gorup), cyarabakupiye umuriro w’amashanyarazi kandi barawushyiriweho n’abakozi b’icyo kigo.
Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije Ndereyimana Joseph ibyaha bitatu birimo kwica uwari umugore we no kwihekura, n’ubwinjiracyaha mu kwihekura mu ntangiriro z’icyumweru gishize.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi n’abandi bantu 3 kuva tariki 24/11/2014 bakekwaho gutwika amakara mu biti kimeza byitwa Imikinga.
Perezida wa Sena n’abandi basenaeri bifatanyije n’abaturage mu muganda usoza Ugusyingo batera ibiti kuri hegitari 20 mu kagali ka Terimbere mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro.
Gahunda yo guha impunzi amafaranga zikajya zirwanaho aho gukomeza kuziha ibiribwa ntizakorwa mu Nkambi ya Kiziba ahubwo impunzi ziyirimo zizakomeza guhabwa ibiribwa kuko ngo bigagaragara ko hari ikibazo cy’ibiribwa mu Karere ka Karongi.
Abanyeshuri barangiza amashuri muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) barinubira gutunguzwa ikizami cyo gusobanura igitabo kirangiza amashuri kuko gisaba gutegurwa neza kandi kigahabwa amanota menshi.
Irushanwa rihuje abahanzi bo mu karere ka Rusizi na Nyamasheke (Kinyaga Awards) ryagarageje ko muri ako karere hari urubyiruko rufite impano muri muzika bityo ko rizagaragaza abahanzi bashya bakunzwe kandi b’abahanga.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) barahurira mu nama ya 16 isanzwe y’abakuru b’ibihugu ibera i Nairobi muri Kenya ku cyumweru tariki 30/11/2014.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa tariki 29/11/2014, abaturage bo mu karere ka Bugesera ahatangirijwe icyo gikorwa ku rwego rw’igihugu bagaragaje ko na bo bamaze kumenya ububi bwa ruswa.
Mu rwego rwo kurwanya imyotsi ituruka ku bicanwa yoherezwa mu kirere hamwe n’indwara z’ubuhumekero ndetse n’iziterwa n’umwanda, umushinga DelAgua urimo gutanga imbabura zikoresha ibicanwa bike kandi zitagira imyotsi hamwe n’ibikoresho biyungurura amazi ku miryango 17437 yo mu karere ka ngororero.
Igitego kimwe APR FC yatsinzwe na Gicumbi FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 29/11/2014 gishobora gutuma iyi kipe itakaza umwanya wa mbere.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko usibye kuba ibiti birwanya isuri ndetse bikanatanga umwuka mwiza abantu bahumeka, ngo bibafite akamaro by’umwihariko ku bijyanye n’ubuhinzi bwabo bw’ibishyimbo.
Jeannette Mushimiyimana wasigajwe inyuma n’amateka, abeshejweho no kubumba inkono kandi bimurinda kuba yasabiriza, kuko abasha kubona imyenda yo kwambara akabasha no gukuramo ikimutunga.
Imiryango 245 y’abatishoboye bo mu mirenge ya Ruhango na Byimana mu karere ka ruhango mu ntara y’amajyepfo, yagabiwe ingurubezo korora na Croix-Rouge y’u Rwanda, mu rwego rwo kuyifasha kwivana mu bukene kuri uyu wa gatanu tariki 28/11/2014.
Imbunda 603 n’amasasu yazo agera ku bihumbi 10 zatanzwe n’abarwanyi ba FDLR hamwe n’abandi ba rwanyi b’abanyekongo bari mu mitwe yitwaza intwaro zangijwe na Monusco taliki ya 28/11/2014, mu rwego rwo gushishikariza n’abandi bafite intwaro kuzitanga zikangizwa, aho kuztunga bakaba bazikoresha mu guhungabanya umutekano no (…)
Abakorerabushake ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu turere twa Rwamagana na Bugesera, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bafashije imiryango 15 y’abatishoboye yo mu karere ka Rwamagana bayishyikiriza umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’abantu 40 y’uyu mwaka wa 2014-2015.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bibumbiye mu itsinda ryiswe “Duteraninkunga” borojwe amatungo magufi n’umuryango VSO ubashimira ko bazigamira ejo hazaza habo bakirinda kurira kumara.
Ibyaha bikomeza kwiganza mu karere ka Nyamasheke ni ugukubita no gukomeretsa, mu ghe ibyaha birimo gusambanya abana n’ubujura biza ku rwego rwa kabiri, ubuhemu no guhoza ku nkeke bikaza ku mwanya wa gatatu.
Mu karere ka Gakenke mu ntara y’amajyaruguru, batoye komite nshya ihagarariye abafatanyabikorwa b’akarere (JADF), yasimburaga iyari imaze imyaka ibiri iyobora ikaba yari icyuye igihe.
Intara y’Iburasirazuba hamwe n’inzego nkuru z’igihugu nka za Minisiteri, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28/11/2014, bateraniye i Rwamagana mu nama nyunguranabitekerezo igamije kunoza igenamigambi ry’ibikorwa biteganyijwe gukorwa mu turere twose tuyigize mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2015-2016.
Masozera Pierre niwe watorewe kuba umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gasabo mu matora yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28/11/2014.
Urwego rw’Umuvunyi rurasaba abaturage gukomeza kugaragaza ubufatanye narwo batunga agatoki aho bakeka icyaha cya ruswa, bakanatangira amakuru ku gihe aho baba babonye yagaragaye kugira ngo ikoneze icike mu Rwanda.
Nyirahabimana Claudine utuye mu mudugudu wa Nyagatoma mu kagari ka Nkoto mu murenge wa Rutare ari mu maboko ya polisi ikorera mu murenge wa Rwamiko akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umuturanyi we.
Mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare busaba abaturage gucika ku kunywa inzoga yitwa umugorigori kuko ishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo dore ko itujuje ubuziranenge, bamwe mu baturage b’akagari ka Nyamirama bavuga ko nta kibi cyayo kuko ikorwa mu bigori n’uburo gusa kandi nta wundi (…)
Abagize inama rusange y’ubuyobozi bwa Koperative Umwarimu SACCO bemeza ko mu myaka itandatu iyo koperative imaze ishinzwe, ngo yatumye umushahara muke uhabwa mwalimu, ubaviramo ibikorwa bikomeye batari kugeraho batayizigamyemo.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) yatangije igikorwa cy’umuganda mu nkambi z’impunzi mu rwego rwo kuzifasha kubugabunga aho ziri no gukora bimwe mu bikorwa byazifasha kwiteza imbere.
Abaturage batuye umurenge wa Mugano mu karere ka Nyamagabe bafite ibibazo by’imanza zitarangira kubera ko umurenge utabibafashamo ngo imanza ziba zavuye mu nkiko zirangizwe ahubwo bagahora mu nzira.
Abarwanyi 26 ba FDLR n’abagize imiryango yabo 19 bagejejwe mu nkambi i Kisangani ahagomba gutuzwamo abarwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi ku bushake basabye abasigaye mu mashyamba kurambika intwaro hasi.
Ubwo yagendereraga akarere ka Huye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr. Alvera Mukabaramba, yavuze ko yishimiye uburyo mu Karere ka Huye basaranganya ingengo y’imari baba bahawe mu gufasha abatishoboye.
Abaturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, bafatanyije n’abayobozi batandukanye bo muri ako karere ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agakiro ka Miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera baba bafite bene wabo cyangwa se n’abandi bazi bakiri mu mashya ya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, mu mutwe wa FDLR, kubahwiturira bagataha bakaza gufatanya n’abandi kubaka u Rwanda.
Minisitiri w’ubuhinzi Mukeshimana Gérardine, arasaba abahinzi n’abayobozi bo mu ntara y’amajyaruguru gufatanya muri gahunda zo guteza imbere ubuhinzi muri iyi ntara.
Polisi y’igihugu iri guhugura abagize community policing ububi bw’indwara ya Ebola n’uburyo bayirinda kugira ngo bagire uruhare mu kuyikumira ndetse banamenye uko bakwitwara baramutse babonye umuntu uyirwaye.
Ahitwa i Kibeho mu karere ka Nyaruguru hari kubera imihango yo kwibuka ku nshuro ya 33 Bikira Mariya nyina wa Yezu abonekeye abakobwa b’Abanyarwandakazi.
Ababana na virusi itera SIDA mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya amakimbirane ndetse no gukumira icuruzwa ry’abantu, ngo kuko biri ku isonga mu bikomeza gukwirakwiza virusi itera SIDA.
Abahungu bahoze ari mayibobo n’abakobwa bahoze mu buraya mu mujyi wa Rusizi 18 bahawe impamyabushobozi zitandukanye mu myuga bamazemo iminsi biga, izabafasha guhinduka abantu bazima bafite ejo heza hazaza.
Umushinga Millennium Villages Project wahaye inkunga abahinzi n’abanyabukorikori bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera moto nini izajya ituma bageza umusaruro wabo ku masoko dore ko byabagoraga.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe barishimira uburyo ubuhinzi butangiye kugenda neza babikesha umushinga wo kuhira imyaka baterwa mo inkunga na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), nyuma y’igihe kinini abaturage bahura n’ikibazo cy’izuba rikaba nyirabayazana w’inzara yakunze kubibasira.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umukino wagombaga guhuza ikipe ya Espoir na Gicumbi mu cyumweru gishize ugomba gusubirwamo nubwo byari byatangajwe mbere ko ikipe ya Espoir yatewe mpaga.