Abanyamuryango 133 bagize Koperative “Tuzamurane” y’abahinzi b’inanasi bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, barishimira iterambere bavuga ko bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 9 bahawe ubuzima gatozi bakaba bafite n’uruganda rwumisha inanasi aho ikiro kimwe kigura amadorari 15, (+10,000FRW).
Mu mpera z’iki cyumweru imikino y’igikombe cy’amahoro cy’umwaka wa 2015 riraba rigeze muri kimwe cya 16 (1/16) aho amakipe arindiwi yarokotse ijonjora rya mbere aza kwiyongera ku yandi makipe 25.
Ikigo cya HVP Gatagara cyubatse ku gasozi kitiriwe amizero mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, ku wa 26 Gicurasi 2015 habereye umuhango ngarukamwaka wo kwibuka Padiri Fraipont Ndagijimana washinze icyo kigo mu mwaka wa 1960 agamije kwita ku buzima bw’abafite ubumuga.
Nduhuye Adrien w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kirima, Akagari ka Munini mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera ku wa 26 Gicurasi 2015, nyuma yo gukubita umukuru w’umudugudu wa Muremera, Safari Gaspard, akanasenya agakuta kanditseho indangagaciro z’uyu mudugudu.
Mu nama Umuryango Mpuzamahanga uharanira Ubutabera, International Justice Misison (IJM), wagiranye n’inzego zifasha mu kumva ibibazo by’abantu ku wa 26 Gicurasi 2015, wabasabye gufatanya kugeza ubutabera ku wahohoteye kuko ari imwe mu ngamba zo gukumira ihohoterwa no kurirwanya.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barakangurirwa kujya bashyira mu bikorwa bidatinze ibyemezo by’inkiko kugira ngo urubanza rurangizwe ku neza, kuko bitabaye ibyo hitabazwa imbaraga kandi bikagira ingaruka mbi.
Ikigo gishinzwe gutanga amasoko ya Leta (RPPA) kiratangaza ko idindira ry’imishinga myinshi mu Rwanda ridaturuka ku itangwa ry’amasoko ubwaryo, ahubwo ko rituruka ku bashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga iba yatangiwe amasoko hakiyongeraho no gutinda gusohoka kw’ingeno y’imari.
U Rwanda rwateguye inama mpuzamahanga ku kurinda abasivili mu bikorwa byo kubungabunga amahoro izaba kuva tariki 28-29 Gicurasi 2015 igamije gushyiraho uburyo buhambye bw’uko abasivili bagomba gucungirwa umutekano mu bihe by’intambara n’imvururu.
Mu busitani bw’Ibiro by’Umurenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, ahagana mu saa kumi n’ebyiri z’igitondo kuri uyu wa 26 Gicurasi 2015, hatoraguwe igisasu cya grenade yo mu bwoko bwa Stick, kugeza ubu uwakihashyize akaba ataramenyekana.
Umuyobozi w’Ishami ryerekeranye n’ibya Politiki no kwimakaza Uburere Mboneragihugu muri Polisi y’igihugu, SSP Teddy Ruyenzi, asaba urubyiruko kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu, no kubungabunga umutekano wacyo.
Umugabo witwa Karekezi yagwiriye n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan ahita yitaba Imana.
Abagabo bo mu Kagari ka Rwoga, Umurenge wa Ruhango, mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’abagore babo basigaye bagirana amakimbirane, aho kugira ngo bahukanire iwabo ahubwo bakajya kwikodeshereza mu byo bise “Ghetto” wagereranya n’ikibahima.
Nyuma y’aho ikipe y’Isonga irangirije ku mwanya wa nyuma n’amanota 18 muri Shampiona y’icyiciro cya mbere n’amanota 18,ndetse bikayiviramo no gusubira mu cyiciro cya kabiri, ubu amakipe akomeye yo mu Rwanda yatangiye kuyikura mo bamwe mu bakinnyi bari bayifatiye runini aho ubu iri kuvugwa cyane ari ikipe ya Rayon Sports.
Abanyeshuri umunani biga mu mwaka wa gatandatu muri ETO Mibirizi baraye bagenda kubera amakimbirane bafitanye n’umuyobozi w’ishuri ryabo, kuko yanze kubajyanira ibyangombwa bazakoreraho ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye hamwe n’iby’abandi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).
Ministeri ishinzwe Imicungire y’ibiza n’Impunzi, MIDMAR, yaburiye abatekereza gufatirana impunzi z’Abarundi mu bibazo zirimo, bagashora abagore n’abakobwa mu busambanyi, cyangwa abashaka abakozi bo mu rugo, bagashaka gukoresha abana bataragera ku myaka y’ubukure.
Mu masaha ya saa yine z’ijoro zo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite puraki RAC 218 V yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yataye umuhanda igonga inzu abantu bari mu modoka bavamo ari bazima uretse umushoferi wakomeretse ku maboko.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko ingeso y’ubuharike ikunze kumvikana muri ako karere ituruka ahanini ku bwumvikane buke hagati y’abashakanye bukurura amakimbirane, abagabo bagahitamo kuzana abandi bagore.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko ingoma zose zagiye ziyobora u Rwanda nta n’imwe yigeze ibageza ku iterambere nk’iryo bagezeho ubu, bakifuza ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe azaba atakibashije kuyobora.
Abaturage amagana n’amagana baturutse mu mirenge yose y’Akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa 25 Gucurasi 2015 bakiye bidasanzwe intore z’Abadahingwa bo muri aka karere bari bakubutse mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda mu gusaba ko Itegeko Nshinga rihinduka rikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamamaza.
Abashinzwe gucunga imitungo yasizwe na bene yo mu turere tw’icyaro baravuga ko bakomerewe n’ikibazo cy’amikoro akiri make bigatuma batuzuza neza ibyo basabwa, bagasaba ko bakongererwa ubushobozi ngo babashe kuzuza neza inshingano zabo.
Mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, hari abarokotse Jenoside bangirijwe imitungo mu gihe cya jJnoside ariko bakaba barayobewe uwo bazayishyuza.
Umunyezamu usanzwe ufatira ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi ariwwe Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame aratangaza ko mu gihe cy’icyumweru kimwe aba yamenye niba aguma mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’aho amasezerano ye arangirana n’uyu mwaka w’imikino
Imvura yaguye ijoro ryose cyane cyane mu bice by’ibirunga yateye umwuzure mu Mujyi wa Musanze amazi afunga umuhanda wa Musanze-Rubavu hafi ya Hoteli Faraja abagenzi n’imodoka bavaga i Rubavu n’ab’i Kigali bari bahagaze bategereje ko agabanuka bagakomeza urugendo. Aya mazi kandi aturuka mu birunga ngo yatwaye umwana (…)
Abaturage 17 bo Karere ka Musanze bafashe amafaranga y’urunguze izwi nka Banki Lambert, ubu baricuza nyuma y’uko bagize ikibazo gikomeye cyo kubona ubwishyu, bamwe ibyabo bikaba byaratejwe n’abandi bikaba ari ko bigiye kubagendekera.
Abapolisi 30 barimo Abanyarwanda ndetse n’Abagande, kuva ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi 2015, bateraniye mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi i Gishari mu Karere ka Rwamagana, mu mahugurwa y’ iminsi ine agamije kongerera ubushobozi Polisi zombi mu bijyanye n’ubufatanye bwo kwitegura ndetse no guhangana n’ibiza.
Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda, Busingye Johnston, arasaba abaturage gukurikiza imyanzuro inkiko ziba zategetse kandi hakagaragazwa uwatsinze n’uwatsinzwe, bityo ubutabera bukagerwaho uwarenganye akarenganurwa.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye inama y’abafatanyabikorwa mu guteza imbere umurimo ibera i Kigali kuva tariki 25-26 Gicurasi 2015 gushakira ibisubizo ikibazo cy’ubushomeri, bugeze aho gutuma abantu benshi bava muri Afurika bakomeje kurohama mu nyanja ya Meditarane, bazira kujya gushaka imirimo i Burayi.
Abagize koperative “Twiteze imbere Kitabi”, KOTEKI y’abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, barasaba iki kigo kubahemba amafaranga bamaze amezi agera ku munani bakorera ariko badahembwa kandi ngo bakeneye kwikenura no gutunga imiryango yabo.
Ku wa mbere tariki ya 25 Gicurasi 2015, abaturage bahagarariye abandi mu byiciro bitandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo bashyikirije inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ubusabe bw’abantu basaga 1 000 000 basaba ko ingingo yo mu itegeko nshinga igena umubare wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo abagore bahawe ijambo badakwiye kwirengagiza nkana inshingano bafite mu miryango ngo bitume bahora bahanganye n’abagabo babo.
Impunzi zisaga 2000 zari zarahungiye mu gihugu cya Namibia ntizigaragara mu nkambi zari zaracumbikiwemo, hakaba hari impungenge ko zaba zaratorotse.
Mu muhango wo kwibuka no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu byahoze ari amakomini ya Kigoma na Tambwe, mu cyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, wabaye kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, abaturage bo mu Karere ka Ruhango bibukijwe ko bagomba gufata iya mbere mu kurwanya abapfobya Jenoside.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza aravuga ko nyuma y’uko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi wari waribagiranye, ubu ugaragaza impinduka nyinshi zikomeye mu iterambere haba mu bikorwaremezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi n’ibindi, ibyo kandi bikaba bigaragara no mu mibereho y’abaturage.
Oda Paccy uri kuvugwaho gusubiza Lick Lick mu ndirimbo ari gukora yise “Ntabwo mbyicuza”, aravuga ko atayikoreye Lick Lick ahubwo ko yayikoze abwira abantu bose bibwira ko umuntu yabeshwaho na bo.
Umunyamerika Floyd Mayweather Jr, ukina umukino w’iteramokofe, niwe uyoboye urutonde rw’abakinnyi b’imikino itandukanye ku isi, bafite amafaranga menshi, nyuma yo gutsinda umuteramakofe mugenzi we, Manny Pacquiao wo muri Filipine.
Umuryango w’ivugabutumwa USEI Ministries (Unite, Save and Evangelize International Ministries) wafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu Murenge wa Remera, Akarere ka Ngoma iboroza amatungo magufi ndetse ibaha n’ibiribwa mu gihe bibuka ababo bazize Jenoside.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ruhango buravuga ko bugaya cyane abaganga basebeje umwuga wabo bagira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bukavuga ko hamaze gufatwa ingamba z’uko nta muganga uzongera kuvutsa ubuzima umuntu, ahubwo ko agomba kubusigasira nk’uko yabyigishijwe.
Ihuriro ry’abagore bo mu Karere ka Kayonza ryasabye ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda ivugururwa kugira ngo umukuru w’igihugu, Paul Kagame, azabashe kwiyamamariza indi manda.
Mu isiganwa mpuzamahanga ku maguru rizwi ku izina rya Kigali International Peace Marathon ryabereye mu Rwanda kuri iki cyumweru taliki ya 24 Gicurasi 2015 ryarangiye Kenya yihariye imyanya ya mbere mu gihe Eric Sebahire yabaye uwa gatatu muri Kilometero 21 naho Ruvubi Jean Baptiste aba uwa kabiri muri kilometero 42.
Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Rulindo bahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP baravuga ko yabafashije kwiteza imbere.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Rwabicuma bibutse abari abaforomo, abarwayi n’abarwaza biciwe mu Kigo Nderabuzima cya Cyaratsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara batujwe ku midugudu mu mirenge itandukanye barahamya ko bimaze guhindura imibereho yabo ku buryo batatekerezaga, aho bamaze kunguka byinshi mu bijyanye n’imibereho, ndetse bakaba banazamuka mu iterambere.
Amakipe y’abakobwa ya Muhanga na Kamonyi yaraye ashyamiranye hafi no kurwana nyuma y’uko ikipe ya Muhanga izamuye ikibazo cy’uko Kamonyi yakinishije abakinnyi batabyemerewe kandi basabwa kwigaragaza ntibikorwe bagahita bitahira.
Mu gihe mu Rwanda bimenyerewe ko Inkware ari inyoni z’agasozi ziba mu mashyamba ndetse zikaba zitangiye gucika, ikigo “Eden Business Center”, giherereye mu Kagari ka Ruyenzi, mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi cyorora inkware zo mu rugo kandi abayobozi bacyo bahamya ko zitanga umusaruro.
Abakora umwuga w’ubukanishi bwa moto mu Mujyi wa Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bafite amahirwe menshi yo kubona akazi kurusha abize amashuri asanzwe kuko bahorana impapuro zisaba akazi.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Muhanga baranenga uburyo hari zimwe mu nyongeramusaruro zibageraho zipfunyitse mu buryo butujuje ubuziranenge.
Abayobozi mu nzego zigira uruhare mu igenamigambi mu Rwanda bumvikanye ko bagiye gushyira mu igenamigambi bakora umuhigo wo guhanga imirimo mishya, kugira ngo gahunda yo guhanga imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka igerweho.