Muri iki cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa cyatangijwe ku wa mbere tariki ya 09/02/2015, Prof Rugege yatangaje ko na mbere yo kuburanisha izo manza umucamanza azajya abanza gufata iminota mike yo gukangurira abitabiriye urubanza kurwanya ruswa, abereka ububi bwayo akanabasaba kuyikumira.

Umuyobozi w’urukiko rw’ikirenga yanatangaje ko muri iki cyumweru bazanakangurira abaturage ububi bwa ruswa babicishije mu biganiro bazanyuza ku maradiyo ndetse n’amatereviziyo atandukanye, bakazabakangurira uburyo bwo kuyirinda ndetse babasaba gutungira agatoki ubuyobozi aho babonye ibikorwa bijyana na ruswa.
Yagize ati “Kurwanya ruswa ni urugamba tugomba gufatanya twese, niyo mpamvu muri iki cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa tuzibanda cyane mu gukangurira abaturage ububi bwa ruswa, tubereka uburyo imunga ubukungu bw’igihugu, ndetse tukanabasaba kuzajya badutungira agatoki aho batswe ruswa kugira ngo abayaka bakurikiranwe”.

Icyumweru cyo kurwanya ruswa kizasozwa ku wa Gatanu tariki ya 13/02/2015 mu Karere ka Musanze, imihango yo kugisoza ikazabimburirwa n’urugendo rwo kwamagana ruswa ruzakorwa n’abacamanza bakorera muri ako karere, abaturage ndetse n’abayobozi bashinzwe ibijyanye n’ubutabera, bakazanakoreza ku biganiro ndetse n’udukino dutandukanye tuganisha mu kurwanya ruswa.
Roger Marc Rutindukanamurego
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ibibazo byose biterwa na ruswa n’imanza ziyishamikiyeho ziratwereka ko ingufu zacu tuzishize hamwe ibyo bibazo byose byakuka maze tukaba muri societe izira ruswa kandi urebye umuyoboro twihaye nk’abanyarwanda tuzabigeraho