Kuwa gatandatu tariki ya 22/11/2014, abakirisitu basengera mu itorero rya ADEPR Congo-Nil bahawe ubuhamya na Alice Umwali wiyemerera ko yagiye ikuzimu akagaruka, asaba abo bakirisitu gusenga cyane ndetse no kwirinda amadayimoni aba ku isi kuko nawe yabaye ku isi ari igini.
Umukobwa wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Andele Lara ufite isura nk’iy’umuririmbyikazi Rihanna, yabaye icyamare aho avuka ku buryo abantu bamwitiranya n’uwo muririmbyikazi, ndetse ngo byanatumye amazu atandukanye akora imyenda amuha akazi ko kuyamamaza.
Abagize inama njyanama y’umujyi wa Kigali bari mu mwiherero w’iminsi ibiri kugira ngo baganire uburyo bakwihutisha ibikorwa by’iterambere n’ubwiza, ku mikorere y’umujyi n’ibyo bategerejweho mu gufasha umujyi gutera imbere, ariko begera n’abaturage bakagira uruhare mu kugira uyu munjyi mwiza.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu bavuga ko bafite ikibazo cyo kubona aho bashyingura abantu bitabye Imana kubera imiturire yabo.
Umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François arasaba urubyiruko ruri mu biruhuko gukoresha neza ibiruhuko bagafasha ababyeyi, ndetse bakanakora indi mirimo ibafasha mu rwego rwo kwirinda ko bakwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens niwe wegukanye Toour du Rwanda 2014 kuri iki cyumweru nyuma yo kurangiza agace ka nyuma ka kilometero 114 ari uwa kabiri.
Kuva mu ntangiriro z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2014-2015, ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwahinduye uburyo bwakoreshwaga mu guha imirenge n’utugari amafaranga yo gukoresha mu mirimo ya buri munsi (frais de fonctionnement), aho ubu umurenge usabwa kwinjiriza akarere amafaranga menshi nawo ugahabwa menshi.
Mu gihe abanyarwanda bamwe bajya muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo bagashimutwa bamwe mu baturage bakomeje gushaka kujyayo baciye inzira zitemewe. Igikomeje gutera amakenga ni uburyo abagore n’abakobwa bakiri bato aribo bakunze gufatirwa mu nzira zitemewe bashaka kujya Kongo aho bavuga ko baba bagiye gusura (…)
Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2014 karimo gukinwa kuri icyi cyumweru tariki 23/11/2014 karazenguruka mu mujyi wa Kigali aho abasiganwa bazenguruka inshuro icyenda intera ya kilometero 12,6.
N’ubwo u Rwanda rwakajije ingamba zo kubuza amashashi kwinjira mu Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, abaturage baturiye umukapa wa Gatuna bavuga ko inzira z’ubusamo banyuramo bajya mu gihugu cya Uganda ari imbogamizi zo guca amashashi burundu.
Nyuma yo kubona ko abanyeshuri bari mu biruhuko bapfusha umwanya wa bo ubusa kuko nta gahunda y’ibyo bagomba gukora ihamye baba bafite, kuri uyu wa gatandatu tariki 22/11/2014, mu gihugu hose hatangijwe itorero ry’abanyeshuri bari mu kiruhuko.
Mu gihe bamwe bibaza impamvu maraliya ikomeje kwiyongera kandi harafashwe ingamba zikomeye zo kuyirwanya hifashishijwe inzitiramubu, abashinzwe ubuzima mu karere ka Ngoma barakangurira abafite inzitiramubu kuzikoresha neza ngo babashe kuyihashya.
Umugabo witwa Ntakibagira Léopord wo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kanjongo mu Kagari ka Kibogora agiye kugezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gushinjwa kugira uruhare rwo kwica umwana yibyariye wari ufite amezi 6 amuhaye aside.
Inzego za Leta zigize amatsinda yo gutabara byihuse no gukumira icyorezo cy’indwara ya ebola zakoze imyitozo yo kureba uburyo zakwifata mu gihe hagaragara ibimenyetso by’iyo ndwara mu Rwanda, nyuma y’amahugurwa zari zimazemo icyumweru agamije kunoza ingamba zo gukumira no kurwanya Ebola.
Mahirwe Nadine w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, niwe munyamahirwe wegukanye imodoka ya 6 mu irushanwa ryateguwe na MTN ryiswe Sharama.
Nk’uko byagaragajwe mu nama yahuje abahinzi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, ku wa kane tariki ya 21/10/2014, akajagari kagaragara mu gishanga cya Rwansamira giherereye mu nkengero z’umujyi wa Muhanga niko gatuma umusaruro uba mukeya.
Umukecuru witwa Ziripa Nyiramakuba wakubiswe n’umunyamabanga nshigwabikorwa w’Akagari ka Ruhinga, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe witwa Bosco Harerimana, arasaba kurenganurwa akishyurwa amafaranga y’indishyi yemerewe.
Mu gihe bamwe mu batuye akarere ka Ngororero bakomeje gusaba ubuyobozi kubegereza amashanyarazi bafata nk’ipfundo ry’iterambere, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko intambwe bamaze gutera mu gukwirakwiza amashanyarazi mu karere itanga ikizere ko azagezwa hose mbere y’igihe cyateganyijwe.
Ikipe ya Rayon Sports ivuye inyuma inshuro ebyiri ishobora kunganya na Kiyovu Sports ibitego 2-2 mu mukino aba bakeba b’ibihe byose bahuriragamo kuri uyu wa gatandatu, ku munsi wa munani wa shampiyona.
Mu murenge wa Nyagisozi ho mu karere ka Nyaruguru hashyizweho inzu yakira abahuye n’ihohoterwa mu rwego rwo kuharuhukira kugirango bitabweho.
Imiryango itatu y’Abanyarwanda birukanwe mu gihigu cya Tanzaniya batuzwa mu murenge wa Musaza akarere ka Kirehe, bakomeje kwishimira uko bakiriwe n’uburyo babayeho mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwishimiye gahunda y’itorero yatangijwe izajya ikora mu birihuko n’ikindi gihe urubyiruko rudahugiye mu masomo, kugirango urubyiruko rubone urubuga rwo kuganiriramo no kwiga indangagaciro na kirazira biranga umuco Nyarwanda.
Umunya Eitrea Debesay Mekseb ni we utwaye agace kabanziriza akanyuma ka Tour du Rwanda ya 2014, nyuma yo kuva i Huye akagera i Nyamirambo ari wa mbere mu nzira y’ibirometero 127 na metero 700.
Bamwe mu barema isoko rya rugarika riherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko iri soko byananiranye ko rirema kuva mu gitondo, bagakeka ko biterwa n’uko ryimuwe aho ryaremeraga mbere.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 22/11/2014, hirya no hino mu gihugu habereye igikorwa cy’umuganda cyahuriwemo n’intore ziri ku rugerero n’abatoza bazo. Kigali Today yabahitiyemo amwe mu mafoto agaragaza uko iki gikorwa kitabiriwe n’uru rubyiruko.
Sosiyete sivile yo mu karere ka Gakenke yiyemeje gushishikariza abagore gukunda umurimo no kwitabira gahunda yo kuzigama kugirango nabo barusheho kwitezimbere kuko abagore bakiri bace mubijyanye no kubitsa no kugurizanya.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu murenge wa rugarama mu karere ka Gatsibo, bemeza ko nyuma y’aho batangiye gukoresha ifumbire ya Ire mu buhinzi bwabo, umusaruro ugenda wiyongera ku buryo bushimishije.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’ubuyobozi bw’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East), bashishikarije abahoze bakoresha ibiyobyabwenge(ba mayibobo) ndetse n’abanyonzi biga umwuga kwirinda ibiyobyabwenge.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge ya Butare, Gikundamvura, Bugarama, Muganza na Nyakabuye ituriye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, barasabwa guhindura imyumvire yabo birinda kujya gucisha abana ibirimi kuri ba magendo.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru ya bamwe mu bakozi bubaka ibiro by’akarere ka Kamonyi i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; bakoze igisa n’imyigaragambyo bakanga gukora tariki 19/11/2014; ababakoresha n’ubuyobozi bw’akarere bahagurukiye ikibazo amafaranga ya bo bayahabwa nyuma y’iminsi ibiri.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera bitabira amatsinda yo kwizigama no kugurizanya baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari iciriritse kugirango bibashe kugenda neza.
Umushinga wa Irrigation and Mechanization ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, ukomeje kwegera abaturage mu kubakangurira gahunda yo kwitabira gukoresha imashini zihinga, muri gahunda ya leta yo gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi.
Umushinga wo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, ugiye kongra gusubukurwa ku buryo mu kwezi kwa gatanu 2015 uzaba ugeze kuri 30% wubakwa, bibaye nyuma y’uko umushoramari wawo yari yarahisemo kuwuhagarika.
Ku nshuro ya kane, kuri uyu gatanu tariki 21/11/2014, u Rwanda rwongeye gushyira ku isoko ry’imari n’imigabane impapuro zisaba kuyiguriza miliyari 15 z’amafaranga y’u Rwanda azishyurwa nyuma y’imyaka irindwi; akaba ari amafaranga agamije kubaka ibikorwaremezo binyuranye.
Nyirasekuye Daphrose n’umuhungu we Jean Claude Ruserurande bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Gatunda bakekwaho gukubita bikabije umukuru w’Umudugudu wa Gikunyu, Akagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda witwa Gasinde Evariste w’imyaka 50 y’amavuko bikamuviramo urupfu.
Abanyenyanza n’inkengero zaho babarirwa mu bihumbi n’ibihumbi babyukiye ku mihanda yo mu karere ka Nyanza bategereje kureba isiganwa ry’amagare rya « Tour du Rwanda », maze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014 ubwo abasiganwaga bahasesekaraga bakirwa nk’abakwe.
Umukinnyi w’ikipe ya Team Rwanda Kalisimbi, Biziyaremye Joseph, ni we wegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2014 (Rubavu-Nyanza) kareshya n’ibirometero 184 kakinwe kuri uyu wa gatanu tariki 21/11/2014.
Umucungamutungo w’ishami ry’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) rya Nyabirasi mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro yaburiwe irengero ubwo yatahurwaga ho kunyereza imisanzu ya MUSA none akomeje gushakishwa.
Bamwe mu batuye umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo barokotse Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 n’abayikoze cyangwa abasahuye imitungo y’abandi baremeza ko ubwiyunge bushoboka bagendeye ku buryo babashije kongera kuvugana batabitekerezaga.
Abagore bakwiye gutinyuka imyuga bamwe bafata nk’iy’abagabo kuko icy’ingenzi ari uko umuntu akora umwuga we awukunze kandi akumva ko umuhesheje ishema.
Nyuma y’aho akarere ka Rusizi gakomeje kugaragaza ko ariko gafite imyenda myinshi y’ubwisungane mu kwivuza mu ntara yose y’iburengerazuba kandi ariko gafite ubukungu bufatika muri iyo ntara, byatumye abashinzwe ubugenzuzi mu bijyanye n’amafaranga ku rwego rw’intara y’iburengerazuba boherezwa muri ako karere kugira ngo (…)
Koperative y’abikorera bahoze mu gisirikare (Kigali Veterans Cooperative Society/K.V.C.S) iravuga ko mu batwara ibinyabiziga hari ababihagarika ku mihanda ariko ntibishyure amahoro basabwa n’iyo koperative; ikaba ibaburira ko barimo kwica amategeko ya Leta agenga itangwa ry’amahoro.
Umugore w’umuherwekazi ufite imyaka 67 y’amavuko wo mu gihugu cy’Ubuyapani, kuri uyu wa gatatu tariki 19 Ugushyingo 2014 yatawe muri yombi akekwaho kwivugana uwa kane mu bagabo be barindwi bamaze gutabaruka akoresheje uburozi bwa siyanire (cyanure).
Ubuhamya butangwa n’umuvugabutumwa, uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’uwayigizemo uruhare bushimangira ko hagunda ya “Ndi Umunyarwanda” n’ijambo ry’Imana byuzuzanya kuko byose bihamagarira abantu kubana neza mu mahoro, bakubahana, bakoroherana, bakagira ubumwe n’ubwiyunge kandi buri wese agaharanira guha agaciro (…)
N’ubwo akarere ka Gakenke kari gasanzwe kazi ko gafite abantu bafite ubumuga 5041 siko bimeze kuko umushinga wita ku gutanga uburezi n’uburere ku bafite ubumuga (EEE Project) wagaragaje ko abafite ubumuga muri aka karere bageze ku 8596 kandi 67% muri bo babuvukanye.
Bamwe mu baturage bo mu gasantere ka Katarara gaherereye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batewe impungenge n’umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ugaragara ahetse umwana we kandi nta bushobozi afite bwo kumwitaho mu buryo bwa kibyeyi.
N’ubwo abanyehuye bishimira ko hari byinshi byiza bagezwaho na serivisi z’ubutabera, baracyafite imbogamizi yo kuba hari bamwe batemerewe kuburanira mu rukiko rw’ibanze rwo mu karere batuyemo, ahubwo bakajya kuburanira mu rwo mu Karere ka Gisagara.
Mu gitondo cyo kuwa 21/11/2014, mu isoko rya Ruhango ryo mu Karere ka Ruhango hazindukiye imirwano hagati y’abacuruzi ba caguwa n’aba bodaboda, yatewe n’impinduka zo kuba gare y’Akarere ka Ruhango yarimuriwe muri isoko kuko aho yakoreraga hari hato.