Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Gicumbi biyemeje ko bagiye gukora bashyira imbere inyungu z’umuturage banamufasha guhindura imyumvire kuburyo mu mwaka wa 2015 nta muturage wo muri aka karere uzaba ukiri munsi y’umurongo w’ubukene.
COMFORT INN GUEST HOUSE iherereye mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara yasangiye Noheli n’ubunani n’abatishoboye biganjemo inshike zarotse Jenoside yo muri mata 1994 batuye muri uyu murenge.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Akimpongo, Akagari ka Mutovu mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu, mu rucyerera rwo kuri uyu wa mbere tariki ya 29/12/2014 batewe n’Imbogo 3 zibasira imyaka yabo, mu gihe bagize ngo ni inka bagiye kuzirukana zirabakomeretsa.
Ikipe yo mu Misiri ya Zamalek iri mu kiriyo cy’urupfu rw’umukinnyi wayo ukiri muto Yousef Mohi waraye witabye Imana nyuma y’impanuka y’imodoka yabaye kuri iki cyumweru tariki 28/12/2014.
Umukino wo hagati w’ikipe ya APR FC Sibomana Patrick Papy agiye kumara ibyumweru bibiri atajya mu kibuga nyuma yo kuvunikira mu mukino ikipe ya APR FC yanyagiyemo Kiyovu ibitego 5-0 tariki 24/12/2014.
Bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bashimira Leta y’u Rwanda yabakiriye, ariko bakavuga ko bashimira byimazeyo uburyo abaturanyi babo babakiriye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kujya bajya muri Uganda bafite ibyangobwa kandi banyuze ku mupaka ahemewe n’amategeko.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurahamagarirwa kwibumbira mu makoperative rugakorera hamwe rukaba rwanaterwa inkunga.
Imiryango itandukanye yo mu Karere ka Gisagara yabanaga itarasezeranye imbere y’amategeko ubu ikaba yarasezeranye, iratangaza ko byahinduye imibereho yari ifite cyane cyane ku bagiranaga amakimbirane.
Abaturage bo mu Murenge wa Kigina n’uwa Nyamugali mu Karere ka Kirehe bahangayikishijwe n’imbwa batazi aho iturutse yinjiye muri iyo mirenge ku mugoroba wo kuwa 27/12/2014 ari nako igenda iruma uwo isanze, abagera kuri 11 bakaba bamaze kugera mu bitaro bya Kirehe.
Abarwayi bagana ikigo nderabuzima cya Kirehe bakomeje kwinubira kuvurwa batinze bamwe bikabaviramo kurara batavuwe.
Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.
Abashofeli batwara imodoka na moto baratangaza ko mu masaha ya ninjoro babangamirwa cyane n’abatwara amagare baba badafite ibinyoteri by’inyuma ku magare yabo, akenshi bikabateza impanuka.
Abaturage bo mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara, baratangaza ko imihigo y’ingo yatumye bagera kuri byinshi mu iterambere muri uyu mwaka turimo gusoza.
FDLR yatangaje ko nyuma ya taliki 2/1/2015 abagize akana k’umuryango w’abibumbye (UN) aribo bazi ikizaba, kuko uyu mutwe wo ukomeje gutsimbarara ko uzataha mu rwanda binyuze mu biganiro wifuza na leta y’u Rwanda.
Ubwo yasuraga urubyiruko rugize umuryango ‘Umumararungu’ w’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi baba mu nzu yubatswe ku nkunga yavuye muri “One Dollar Campaign”, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabijeje ko igihugu cyabo kibashyigikiye kandi kizakomeza kubarinda gusubira mu icuraburindi ryabagize impfubyi.
Abaturage bo mu murenge wa Burega n’uwa Buyoga barishimire iyubakwa ry’ikiraro kigiye kubakwa hagati y’iyi mirenge, kuko bazabasha guhahirana neza ubusanzwe byabagoraga kubera umugezi wacaga hagati y’iyi mirage ihana imbibe.
Abatuye umurenge wa Murama ho mu karere ka Ngoma,barasaba ko ishuri ryahoze ricumbikira abanyeshuri rya ES.Rukira,ryahindurwa ishuri ry’imyuga kuko inyubako ziri shuri ziri kononekara kubera amashuri atagikoreshwa yose kandi yaratwaye ingufu ababyeyi na leta yubakwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Gihundwe na Mibirizi kugaragaza uruhare bagize mu micungire y’amafaranga y’ubwisungane mu buvuzi buzwi nka mitiweli no kwishyuza ibyo batakoze, nyuma ya raporo yakozwe n’ubugenzuzi bw’intara y’uburengerazuba ku micungire mibi y’amafaranga y’ubu bwishingizi.
Gufata neza ibikorwa remezo begerezwa cyane imihanda no kongera ibyumba by’amashuli y’uburezi bw’ibanze niyo ntego abaturage b’akagali ka Nyagatare bafite mu bikorwa by’umuganda w’umwaka utaha.
Mbere y’iminsi ine kugira ngo itariki ntarengwa FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi, uyu mutwe uratangaza ko ko witeguye kuba washyizw intwaro hasi ku bushake.
Nkundimana Valens, utuye mu kagari ka Migendezo, umurenge wa Cyinzuzi, akarere ka Rulindo, umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye, akaba avuga ko we na bagenzi be bafite ibyo bakora ariko nta bushobozi bafite.
Ibibanza bikora ku muhanda nibyo bifite agaciro mu murenge wa Runda kuko aribyo bihabwa icyangombwa cyo kubyubakamo. Ku bw’iyo mpamvu abaturage bafite amasambu adakora ku muhanda, bemerera ubuyobozi gucishamo umuhanda ku buntu kugira ngo nayo agire agaciro.
Ku biro bya Polisi ya Murambi mu murenge wa Murambi mu karere ka Rulindo, hafungiye umusore w’imyaka 32, wo mu murenge wa Masoro, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana wo mu muryango we ku ijoro rya Noheri tariki 24/12/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, aratangaza ko aka karere kafashe ingamba z’uko abarimu bazajya bakarabya abana baje ku ishuri basa nabi, nyuma y’aho inama y’umushyikirano iherutse yemereje ko isuku ikwiye kwitabwaho.
Amakuru aturuka mu gihugu cy’Ubuhinde atangaza ko uwari umutoza w’ikipe y’igihugu cy’u Rwanda Stephen Constantine yarangije kwemerera iki gihugu kugitoza mu myaka iri imbere.
Abaturage batuye mu kagali ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bahinduye imyumvire yo gusesagura amafaranga mu minsi mikuru yabarangaga mu minsi yashize, aho wasangaga abantu bizihiza iminsi mikuru ku buryo budasanzwe.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, yatangiranye imirimo ye igikorwa cy’umuganda yakoreye mu murenge wa Jali, aho afatanyije n’abaturage bakoze imirwanyasuri ifite uburebure bwa bwa hegitari 5,5 mu ishyamba rya Jali riherereye mu kagali ka Nyaburiba umudugudu wa Nyarurembo.
Abahinzi bo mu Karere ka Ruhango cyane cyane abahuye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo yose igakurirwa hasi, barahamya ko ikibazo bahuye nacyo gishobora kubonerwa umuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabakorera ubuvugizi ku kibazo cy’ibura ry’ishwagara muri ako karere.
Umugabo witwa Uwimana Augustin w’imyaka 38 utuye mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro yatewe uruguma n’umuturanyi we ubwo yageragezaga kujya gukiza umwana we yakubitaga, kuwa kane Tariki ya 25/12/2014.
Igitaramo kidasanzwe cyiswe “Nyanza Twataramye” cyabaye ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 26/12/2014 mu Karere ka Nyanza ahazwi nko ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda mu Rukali no ku Rwesero cyibukije benshi iby’umuco wabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bufatanije na Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere barasaba abaturage ubufatanye mu kurandura burundu ibiyobyabwenge n’ikoreshwa ryabyo, batanga amakuru aho babizi.
Abagore babiri n’abana bane bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko nyuma yo kuva muri RDC babuze amikoro yo kubageza aho bakomoka.
Abahinzi b’ibobere bo mu Murenge wa Kibungo mu Kagari ka Mahango baravuga ko icyo batazibagirwa muri uyu mwaka wa 2014 ari igihombo cy’imbuto y’ibobere bari bakomoye.
N’ubwo abantu bahora bashishikarizwa kugira isuku yabo naho batuye usanga hari aho batabikora neza, ku buryo bibaviramo kurwara amavunja ugasanga umuntu ntagishobora kugenda bitewe n’uko ibirenge byose biba byarafashwe n’amavunja.
Nyuma y’ukwezi kumwe gusa mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi hibwe ibendera ry’igihugu, mu gitondo cyo ku wa 26/12/2014, mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu irindi bendera ryaburiwe irengero
Umukecuru w’imyaka 54 witwa Cyurinyana Theophila utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Byumba avuga ko kuba ashaje bitazamubuza gukomeza kuba umuhwituzi w’umurimo.
Ikigo cy’urubyiruko cy’i Kayonza “Kayonza Youth Friendly Center” kiri kwigisha imyuga urubyiruko 480 muri gahunda cyihaye yo gufasha urubyiruko kwivana mu bushomeri.
Abasore babiri bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibiro 42 by’urumogi ubwo bashakaga kurucikana barugemuye i Kigali mu gitondo cyo kuwa 27/12/2014.
Abanyamusanze banywa igipende bavuga ko bakunda kukinywa kuko ngo kibafata mu nda nk’abafashe amafunguro ya saa sita kandi gihendutse ugereranyije ibindi binyobwa, bityo bikabafasha gucunga amafaranga make binjiza bakuye mu biraka bakagira icyo basagurira imiryango yabo.
Kamaliza Florance, umworozi w’inkwavu wo mu Karere ka Kamonyi aravuga ko ubworozi bw’inkwavu butavuna kandi umuntu abukoze neza bwabashaka kumuteza imbere.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu mwaka wa 2014 abantu babarirwa muri 30 bafatiwe muri iyo pariki bari gukora ibikorwa bitewe biyangiza byatuma urusobe rw’ibinyabuzima biyituyemo bihura n’ingorane.
Umuyobozi wungirije w’inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Kapiteni Atari Eliazal aravuga ko kwegura kw’abayobozi b’Akarere bidakwiye guca intege abaturage kuko nta gikuba cyacitse.
Abaturage batuye mu Karere ka Gicumbi baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 barangije bahuye n’ikibazo cy’inzara kubera ko imvura yabangirije imyaka.
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, polisi y’igihugu yafashe litiro 2700 z’ibiyobyabwenge bikoze mu biyoga by’ibikorano bifite agaciro ka miriyoni 2 n’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda, ahagana mu ma saa tanu z’amanywa zo ku wa 25/12/2014.
Nyuma y’iminsi ubuyobozi bw’isoko rya Kimironko na rwiyemezamirimo wapatanye gukora isuku muri iri soko banengwa isuku nke yagaragaraga mu bimoteri byaryo, baravuga ko bafashe ingamba zo gutuma akazi kongera kugenda neza nka mbere.
Abanyamakuru n’abayobozi b’akarere ka Muhanga baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 hagaragaye impunduka nziza mu mikoranire y’impande zombi.